Mu mukino wa kabiri wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro, Amavubi yatsinze Centrafrika ibitego bitanu ku busa. Amavubi yatsinze igitego ku munota wa gatatu gusa w’umukino, ku mupira watanzwe nabi n’umunyezamu wa Centrafrika, Muhadjiri Hakizimana ahita awohereza mu izamu. Mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira, (…)
Madamu Mujawashema Candide, Umunyarwandakazi uba mu gihugu cy’u Bufaransa, yakusanyije Amafaranga y’u Rwanda miliyoni 76 binyuze mu muryango “Africa Jyambere” yashinze, yiyemeza kuza ku ivuko mu Murenge wa Ruli yubakira abaturage umuyoboro w’amazi ureshya na 9.5 Km.
Inkuru ivuga urupfu rwa Israel Mbonyi yasakaye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 06 Kamena 2021 biturutse ku muntu wabishyize ku mbuga nkoranyambaga (YouTube), ariko uwavugwaga ko yapfuye yahise abivuguruza.
Nyuma y’impaka zikomeye zabaye hagati y’umuhanzi Mariah Carey na Jay-Z ufite inzu itunganya umuziki yitwa ‘Roc Nation’ nk’uko byagarutsweho n’ibinyamakuru bitandukanye, zatumye abo bahanzi batandukana nyuma y’imyaka bari bamaze bakorana.
Abakinnyi bazahagararira u Rwanda mu mikino paralempike izabera I Tokyo, baratangaza ko bahagaze neza mu myitozo mbere yo kwerekeza ahazabera iyi mikino mu kwezi gutaha
Mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge habaye igikorwa ngarukamwaka cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa kiba buri tariki 6 Kamena.
Hari abaturage bo mu Karere ka Nyaruguru bavuga ko mu myaka ine bamaze bahawe inka muri gahunda ya Girinka, bamaze kuva mu cyiciro cy’abakene cyane ubu bakaba bari mu cy’abifashije.
Umunyeshuri wiga mu mwaka wa Gatanu w’amashuri abanza kuri GS Rukomo wagarutse ku ishuri nyuma y’umwaka atiga, arakangurira bagenzi be kwirinda guta ishuri kuko kenshi n’imirimo birukiramo bakora nta cyo ibagezaho kuko akenshi banabamburwa.
Abamotari bakomeje gusaba ubuyobozi bufite mu nshingano ibijyanye n’ubwishingizi bw’ibinyabiziga gukurikirana ikibazo cy’izamurwa ridasanzwe ry’ubwishingizi bwa moto, aho bemeza ko ari umwanzuro ukomeje kubagiraho ingaruka, bamwe bakaba batangiye kuva muri ako kazi.
Abaturiye Pariki y’Igihugu ya Gishwati-Mukura, nyuma y’aho baretse ubushimusi bw’inyamaswa, ubucukuzi no kwangiza ibiti, bakitabira gahunda zirebana no kuyibungabunga; basanze ari byo bibafitiye akamaro kuko ari bwo iterambere ryabo ryazamutse byihuse, bakaba bageze ku rwego bishimira, yaba mu bukungu no kugira uruhare mu (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yatangaje ko ku Cyumweru tariki 06 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 54 bakize Covid-19. Abayanduye ni 34 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,245.
Abanyeshuri 64 barangije kwiga mu Ishuri rya Green Hills Academy bahawe impamyabumenyi ku wa Gatandatu tariki 05 Kamena 2021, bakaba bagiye kwiga muri kaminuza zikomeye zo hirya no hino ku isi. Uyu muhango witabiriwe na Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, akaba yabasabye kuzagarukana ubumenyi buteza imbere (…)
Abantu 11 bari mu maboko ya Polisi bazira gutwara ibinyabiziga basinze banarenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19. Polisi y’u Rwanda iratangaza ko itazigera na rimwe yihanganira abatwara ibinyabiziga basinze, kuko ari intandaro y’impanuka za hato na hato zibera mu mihanda zigahitana benshi.
Nyuma y’uko umuhanzikazi Marina ashyize hanze indirimbo nshya yise “I’m sorry”, bamwe mu bayumvise batekereje ko arimo gusaba imbabazi ku kuba yaravuye mu nzu ifasha abahanzi yitwa The Mane mu minsi ishize.
Ntazinda Augustin warokokeye i Ruramira avuga ko yirukanywe ku ishuri, yigira inama yo gusaba Burugumesitiri kumuhindurira ubwoko ngo abashe gukomeza kwiga ariko aramuhakanira, ava mu ishuri atyo.
Umwe mu barokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu cyahoze ari Kibungo, Philibert Ruhezamihigo, avuga ko iyo uvuze Inkotanyi uba uvuze ubuzima kuko ari zo zabagaruriye icyizere cyo kubaho.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko imicungire y’umutungo n’abantu ikozwe kinyamwuga izatuma abanyerezaga bakanakoresha nabi ibya rubanda bakurikiranwa kandi bagacika ku mikorere itanoze.
Duherutse kubagezaho inkuru zivuga ku bimenyetso bya dépression, ingaruka zayo zirimo n’ikomeye yo kwiyahura. Twifashishije imbuga zandika ku buzima, tugiye kurebera hamwe impamvu zishobora kuba intandaro yo kurwara dépression.
Beterave ni uruboga rusigaye rugaragara cyane ku masoko hirya no hino mu gihugu. Bamwe bafata beterave nk’ibintu bigenewe gukorwamo imitobe kubera ibara ryayo ryiza rijya gusa n’iritukura rutuma umutobe wavanzwemo beterave uba usa neza cyane.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga Umukuru w’Umudugudu uzajya agarura abana bari bataye ishuri azajya ahembwa.
Habanabashaka Thomas umenyerewe muri filime z’uruhererekane zinyuzwa kuri YouTube, akaba umuhanzi w’umuraperi warimo kuzamuka ndetse agakundwa kubera gutebya no gusetsa yapfuye.
Umwe mu bigisha ijambo ry’Imana wamamaye cyane cyane ku mugabane wa Afurika n’ahandi ku isi, TB Joshua, yitabye Imana afite imyaka 57 y’amavuko.
Umunyamabanga mukuru wa Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Kurwanya Jenoside CNLG, Dr. Jean Damascene Bizimana avuga ko Perezida Kayibanda Gregoire yandikiye Umuryango w’Abibumbye LONI awusaba kugabanyamo igihugu kabiri, igice kimwe kigaturwa n’Abatutsi ikindi Abahutu.
Abantu batandukanye bakunda guhuza ubusirimu no kunywa inzoga, aho ubona n’utari usanzwe azinywa agerageza gukoresha uburyo bwose bushoboka ngo na we azinywe kugira ngo abarirwe mu mubare w’abasirimu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru buvuga ko ingamba bwafashe zo kurwanya imirire mibi zirimo kugabanya imibare yo kugwingira kw’abana, abagifite icyo kibazo bakaba ari ababyawe n’abakobwa bakiri bato.
Mu gitabo cy’umuhanuzi Amosi muri Bibiliya (Amosi 4:9) havuga ko ’gikongoro’ ari inzara iterwa no kurumbya imyaka cyangwa konerwa n’uburima. Akarere ka Nyamagabe kahoze ari Perefegitura ya Gikongoro, na ko kagiye kavugwamo inzara, bitewe n’ubutaka burumba kubera guhora butembanwa n’isuri.
Karasira Aimable Uzaramba uherutse gutabwa muri yombi n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) tariki 31 Gicurasi 2021 akurikiranyweho ikindi cyaha gishya cyiyongera ku byavuzwe mu minsi ishize byo guhakana no guha ishingiro Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 n’icyaha cyo gukurura amacakubiri.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatandatu tariki 05 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 42 bakize Covid-19. Abayanduye ni 49 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,211.
Icyemezo Facebook yafashe cyo gufunga konti za Donald Trump mu gihe cy’imyaka ibiri cyatangajwe nyuma y’uko inama nkuru ishinzwe ubugenzuzi bw’ibigo bitandatukanye, yanze ko Facebook mbere yari yafunze Konti za Trump kuri Facebook mu gihe kitazwi kuko nta gihe cyari cyatangajwe ko icyo gihano kizarangirira.
Mu mbwirwaruhame z’abayobozi batandukanye mu Karere ka Musanze, usanga babwira abaturage ko Umujyi wabo ari uwa kabiri nyuma ya Kigali. Bamwe muri abo baturage na bo bemeza ibivugwa n’ubuyobozi bakaba basanga Umujyi wa Musanze, nta gushidikanya ari umujyi ukurikira Kigali mu iterambere.
Minisiteri ya Siporo yatangaje amabwiriza azagenderwaho mu gusubukura imikino irimo n’iy’abatarabigize umwuga. Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 31/05/2021, yashyizeho amabwiriza mashya arimo no gusubukura imikino ikinirwa hanze hatari mu mazu y’imikino.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyakabanda, Akagari ka Nyakabanda II, Umudugudu wa Kariyeri ho mu Karere ka Nyarugenge bamaze iminsi bashakisha umuti w’ikibazo cy’umuturanyi wabo, akaba ari Umunyarwandakazi ariko bavuga ko afite ubwenegihugu bw’u Bubiligi.
Abanyapolitiki bo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, bafashe umwanzuro wo kongera ibihe bidasanzwe (state of siege) mu Ntara za Kivu y’Amajyaruguru na Ituri mu gihe cy’iminsi 15 kuko n’ubu ibitero by’inyeshyamba bigikomeje muri ako gace gaherutse no guhura n’iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo mu kwezi gushize.
Mu rwunge rw’amashuri rwa Musave (GS Musave) mu Murenge wa Gakenke mu Karere ka Gakenke, haravugwa inkuru y’umwarimukazi ukekwaho kwiba mugenzi we bakorana amafaranga mu Mwarimu SACCO akoresheje telefone.
RIB nk’Urwego rw’Ubugenzacyaha, Polisi nk’Urwego rukumira icyaha cyangwa rukakiburizamo kitaraba rukarinda n’umutekano w’abantu n’ibintu, n’Ubushinjacyaha ni inzego zuzuzanya mu kazi ka buri munsi ariko zifite n’ibyo zitadukaniyeho. Aha usanga bamwe bitiranya izi nzego kugeza n’aho batabasha kuzitandukanya kandi ari inzego (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 4 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 101 bakize Covid-19. Abayanduye ni 43 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,162.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda (RDF) yakoze impinduka mu ngabo z’u Rwanda, hakaba harimo abazamuwe mu ntera ndetse bahabwa n’inshingano nshya.
Polisi y’u Rwanda, Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC) ku bufatanye na Ambasade y’u Budage mu Rwanda, batangije umushinga w’igerageza wo kwifashisha imbwa mu gutahura uwanduye Covid-19, ukazamara amezi atatu.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi umunyezamu wa Rayon Sports Kwizera Olivier, aho akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha ibiyobyabwenge.
Mu duce tunyuranye two hirya no hino mu gihugu cy’u Rwanda, hagenda humvikana amazina yibazwaho na benshi byumwihariko abatemberera muri utwo duce basanzwe batahatuye, abenshi bagasetswa n’ayo mazina ndetse bakagira n’amatsiko yo kumenya inkomoko yayo.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda "Amavubi" yatsinze iya Centrafrika ibitego 2-0 mu mukino wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro
Ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Karongi ku wa Kane tariki 03 Kamena 2021 bwaregeye urukiko mu mizi umugore ukekwaho kwica umugabo wahoze ari umukunzi we akoresheje icyuma.
Abana n’abarezi mu Karere ka Kamonyi baravuga ko gahunda y’umukuru w’umudugudu mu ishuri yagaruye kandi yimakaza ubumwe bw’abanyeshuri, ikanagira uruhare mu kurwanya ikibazo cy’abana bata amashuri.
Umubikira Sr Solange Uwanyirigira, watangije gahunda yitwa ’Huye-Kundwa Kibondo’ muri 2017, ubu ni umwe mu basurwa n’abakozi b’utundi turere tw’Amajyepfo, aho baba baje kureba uko yarwanyije imirire mibi n’igwingira mu bana bato.
Mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Cyabingo mu Kagari ka Muramba haravugwa inkuru y’umugabo usanzwe ukora akazi ko kuvura wafatiwe mu cyuho asambana n’umwarimukazi, bakaba barimo baca inyuma umugabo w’uwo mwarimukazi.
Muri iki gihe Abanyarwanda bakangurirwa kohereza abana bose ku ishuri, hari abatekereza ko byagenda neza kurushaho hashyizweho abajyanama b’uburezi.
Umuhanzikazi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Aline Gahongayire, yasohoye indirimbo “Hari impamvu pe” yanditse, akanasohora mu myaka 11 ishize. Mu 2009 ni bwo Gahongayire yasohoye bwa mbere indirimbo “Hari impamvu pe”, irimo ubutumwa bukangurira abantu gushima Imana nubwo banyura mu bikomeye.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango yatangije icyumweru bise icy’umujyanama kigamije gusura ibyo abajyanama bateganyiriza abaturage kugira ngo harebwe aho bigeze bishyirwa mu bikorwa, hagendewe kuri gahunda z’icyerecyezo cy’imyaka irindwi.