Kunywa amazi muri rusange ni byiza ku mubiri w’umuntu, icyakora hari ubushakashatsi bwemeza ko amazi ashyushye ari meza kurushaho.
Kaje Elie yagizwe Kapiteni w’ikipe ya REG BBC asimbuye Kazingufu Ally werekeje muri APR BBC mu gihe Ngando Bienvenue yagizwe umutoza wa kabiri wungirije. Ni impinduka zikozwe nyuma y’uko uwari kapiteni w’iyi kipe Kubwimana Kazingufu Ally yerekeje muri APR BBC mbere y’uko umwaka w’imikino utangira.
Inzego z’umutekano mu Murenge wa Kitabi, Akarere ka Nyamagabe zirashakisha umugabo witwa Hakizimana Celestin, ukekwaho guhohoterwa umwana we w’imyaka 11.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Kamena 2021, abatuye mu Mujyi wa Kigali n’abandi babyifuza baritabira isiganwa rizwi nka “Kigali Night Run” rikinwa mu masaha ya nijoro.
Abayobozi b’umushinga wo kubungabunga icyogogo cy’umugezi wa Muvumba mu Karere ka Gicumbi “Green Gicumbi”, bavuze ko amaterasi bakoreye abaturage azatanga umusaruro w’ibishyimbo wikubye inshuro zirenga eshatu uwo babonaga.
Ubuyobozi bw’Ikigo QA Venue Solutions Rwanda gicunga inyubako ya Kigali Arena, bwatangije ubukangurambaga buha amahirwe yo gukorera ibirori by’ubukwe muri Kigali Arena ku buntu, ku bateganya kurushinga hagati ya Nyakanga na Nzeri 2021.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, yihanganishije umuryango w’umugore w’imyaka 54 witabye Imana i Kigali azize Covid-19. Iyo Minisiteri yanatangaje ko ku wa Gatatu tariki 09 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 64 bakize Covid-19. Abayanduye ni 114 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,548. Abarembye (…)
Nyuma y’uko mu mwaka ushize wa 2020 u Rwanda rwandikishije pariki ya Nyungwe ku rutonde rw’Umurage w’isi, guhera kuri uyu wa 9 kuzageza ku wa 11 Kamena 2021, abahagarariye inzego zinyuranye zita ku muco, ku bidukikije, ku maparike no ku butaka, barimo kwigira hamwe ibikwiye gushyirwa mu nyandiko izafasha mu gutuma Pariki ya (…)
Komisiyo y’amatora muri Ferwafa yatanagaje ko abakandida babiri ari bo bemerewe kwiyamamaza mu matora azaba tariki 27/06
Polisi y’u Rwanda yatangiye kugirana ibiganiro nyunguranabitekerezo n’abagura ibikoresho byakoreshejwe ndetse bakanabicuruza, ibikunze kwitwa ubucuruzi bwa ‘okaziyo’, mu rwego rwo kujya hafatwa ibiba byibwe.
Mutesi Jolly wabaye Miss Rwanda 2016, yageze muri Tanzania nk’umwe mu bagomba gutegura irushanwa ry’ubwiza rya Miss East Africa Beauty Pageant, rizabera muri icyo gihugu.
Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda ryafashe abantu 16 mu Mujyi wa Kigali mu bihe bitandukanye batwaye ibinyabiziga basinze banarengeje amasaha yagenwe yo kuba abantu bageze mu rugo. Umunani (8) muri bo bafashwe mu ijoro ryo ku Cyumweru, batanu (5) bafatwa mu ijoro ryo ku wa Mbere, mu gihe abandi (…)
Abaganga batatu mu Karere ka Rubavu bafunzwe bazira gukoreshwa impapuro mpimbano n’uwitwa Safari Olivier kubera kurenza amasaha yo gutaha.
Intumwa y’u Rwanda Ihoraho mu Muryango w’Abibumbye (UN), Valentine Rugwabiza, yavuze ko Leta y’u Rwanda ibabazwa no kuba hari ibihugu by’ibinyamuryango bitagaragaza ubushake bwo guta muri yombi abashinjwa Jenoside babihungiyemo mu myaka 27 ishize, agasaba Loni gushyiraho akayo.
Kuri uyu wa Kane harasubukurwa Shampiyona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru, aho umukino utegerejwe ari uzahuza ikipe ya Police Fc na Rayon Sports
Hashize iminsi humvikanye amakuru y’itabwa muri yombi ry’abantu bakekwaho kunywa no gukoresha ibiyobyabwenge. Aba barimo ibyamamare bisanzwe bizwi mu Rwanda ari bo umuhanzi Jay Polly na Olivier Kwizera usanzwe ari umukinnyi w’ikipe ya Rayon Sports.
Mu rwego rwo kurushaho kwicungira umutekano, abatuye mu Murenge wa Kamubuga, wo mu Karere ka Gakenke, bishatsemo ibisubizo bakusanya miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana inani (2,800,000 FRW) bagurira DASSO ikorera muri uwo murenge moto nshya, bubakira n’ubukarabiro ibiro by’Umurenge.
Abahinzi ba kawa bo mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko babangamirwa n’ubuto bw’igiciro ihabwa kandi kigahindagurika ndetse n’ubuke bw’ifumbire mvaruganda bagenerwa bigatuma bateza uko bikwiye.
Mu bihe byashize, Abanyafurika bakunze kwishyura ifatabuguzi ku biciro bihanitse kugira ngo babashe kureba amarushanwa akomeye abera hirya no hino ku Isi. Ibi ntibikwiye. Muri Afurika kureba imikino by’umwihariko umupira w’amaguru bigomba korohera buri wese.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze, baratangaza ko “Imihigo ya ba Mutima w’Urugo”, irimo gufasha kuzana impinduka mu midugudu kubera gushyigikira iterambere rirambye ry’abayituye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi hamwe n’Umushinga wa Leta y’u Rwanda ugamije kubungabunga icyogogo cy’umugezi w’Umuvumba (Green Gicumbi), berekanye amahegitari y’ubutaka bw’abaturage bemeye ko hashyirwa amaterasi n’ibiti, mu rwego rwo kurengera ibidukikije mu gice cy’Amajyaruguru y’igihugu, kandi na bo bakahabonera inyungu (…)
Ni kenshi twumva ngo imfungwa runaka cyangwa umugororwa yatorotse gereza. Ese iyo uwatorotse atawe muri yombi ahanishwa iki?
Ku wa Kabiri tariki ya 8 Kamena 2021, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yasuye abapolisi b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo (UNMISS), abashimira akazi keza bakora ariko anabibutsa gukomeza kwirinda Covid-19.
Umwanditsi w’ibitabo, Jean Nepo Ndahimana Ruhumuriza, avuga ko isambanywa ry’abana ari ishyano ritagira gihanura kandi bikwiye kubabaza buri munyarwanda wese, bityo agafata ingamba zigamije kurirandura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda, iratangaza ko ku wa Kabiri tariki 08 Kamena 2021, Covid-19 yishe abagore babiri b’imyaka 45 i Huye na 43 i Kigali. Iyo Minisiteri iratangaza kandi ko Covid-19 yishe abagabo babiri b’imyaka 61 na 33 i Kigali. Abayanduye ni 127 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba (…)
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera n’abagize Inama njyanama y’ako Karere, batangije ubukangurambaga bwiswe ’Gate roll’, aho abayobozi bahagarara ku bikingi by’amarembo y’ikigo cy’ishuri, mu gihe abanyeshuri binjira cyangwa basohoka mu kigo bakabibutsa kwambara agapfukamunwa neza, kuva ku ishuri kugera mu rugo, no kuva mu rugo (…)
Muri Afurika y’Epfo haravugwa inkuru y’umugore wibarutse abana 10 inshuro imwe, aca agahigo ko kubyara abana benshi icyarimwe mu mateka y’isi nyuma y’uwitwa Halima Cisse wabyaye abana icyenda muri Maroc muri Gicurasi.
Nyuma y’igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 27 Jenocide yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge, cyabaye ku ya 6 Kamena 2021, abafatanyabikorwa batandukanye bari barishyize hamwe bubakira inzu umubyeyi Meya Sengarama, bahise bamushyikiriza imfunguzo zayo arayitaha, abashimira byimazeyo kubera (…)
Abakinnyi b’ikipe ya Rayon Sports bakoze imyitozo ibanziriza iya nyuma, yo gutegura umukino uzayihuza na Police FC kuri uyu wa Kane
Konkombure (concombre) ni imboga zitamenyerewe cyane mu Rwanda, ariko abantu benshi bagenda bazimenya kuko zirimo kugera ku masoko atandukanye ndetse n’abahinzi cyane cyane abahinga mu bishanga batangiye kwitabira ubuhinzi bwazo, kuko bavuga ko zitanagora cyane kuzihinga. Ariko se izo konkombure zimaze iki ku bazirya, (…)
Ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Kamena 2021, hagaragaye amashusho (videwo) y’aho Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yarimo asuhuza abaturage umwe agahita amukubita urushyi.
Ubuyobozi bw’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru bwasabye abaturage bari barahunze iruka ry’ikirunga cya Nyiragongo gusubira aho bari batuye, cyakora busaba abari batuye ahangijwe n’iruka ry’ibirunga gutegereza gushakirwa ahandi.
Mu kiganiro ubyumva ute cyo ku wa Mbere tariki 07 Kamena 2021 kuri KT Radio, umukobwa wari umutumirwa muri icyo kiganiro, mu buhamya bwe yagaragaje inzira z’inzitane yanyuzemo aho umugabo wari umukozi mu bitaro yamusambanyije amutera inda ubwo yajyaga kwivuza, ibyari inzozi zo kuba umubikira bihinduka umuruho.
Umuhanzikazi Teta Diana wamamaye mu ndirimbo gakondo, akaba yibera muri Suwede (Sweden), yashyize ahagaragara umuzingo (album) mushya w’indirimbo warutegerejwe n’amatsiko menshi.
Mu ruzinduko Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille akomeje kugirira mu Mirenge inyuranye igize uturere tw’Intara y’Amajyaruguru, aributsa abavuga rikumvikana kuba intangarugero ku bo bayobora, banoza n’izindi nshingano zifasha abaturage kugana iterambere.
Abakozi b’Akarere ka Ruhango baratangaza ko kuganira kuri ‘Ndi Umunyarwanda’ bizagira uruhare mu kongera kububakamo ubumwe mu kazi kabo ka buri munsi.
N’Golo Kante ni umukinnyi ukunzwe cyane kandi urimo kuvugwa cyane muri iyi minsi kubera uko akina neza ndetse akanagira n’imyitwarire myiza muri bagenzi be bakinana, abamufana bo batangiye no kuvuga ko akwiye guhabwa igihembo cya ‘ballon d’or’ ubundi gihabwa umukinnyi w’umupira w’amaguru witwaye neza mu mwaka wose.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko ubucuruzi buciriritse bwambukiranya umupaka bwasubiye inyuma kubera icyorezo cya Covid-19, bukaba bumaze guhomba ku kigero cya 70%.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bakoze mu bikorwa byo kubaka imihanda n’ibyumba by’amashuri ntibahembwe, baravuga ko kutabonera amafaranga yabo ku gihe byakomeye mu nkokora imihigo y’ingo bahize.
Senateri Dr. Emmanuel Havugimana, avuga ko Musenyeri Bigirumwami Aloys atigeze yemera gutsindwa n’ibitekerezo by’ivangura, akanatekereza ko yabera urugero abashaka kubaka u Rwanda, barwanya akarengane.
Nshimiyimana Augustin ufite ipeti rya Colonel mu mutwe w’inyeshyamba za FDLR yafatiwe mu Burasirazuba bwa Congo-Kinshasa, akaba ngo yarafashwe n’abantu bambaye imyenda ya gisirikare. Bivugwa ko yafashwe ku Cyumweru tariki 06 Kamena 2021, afatiwe mu rusengero rw’ahitwa i Ngungu muri teritwari ya Masisi nk’uko umuvugizi wa (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) mu Rwanda yatangaje ko ku wa Mbere tariki 07 Kamena 2021, mu Rwanda abantu 29 bakize Covid-19. Abayanduye ni 62 bituma umubare w’abamaze kwandura bose hamwe uba abantu 27,307. Abakirwaye ni 693 mu gihe abarembye ari 10. MINISANTE yatangaje kandi ko uyu munsi abantu 4,153 bahawe doze ya (…)
Niyomugabo Alphonse warumwe n’igitera mu mwaka wa 2019 yaravuwe arakira ndetse ubu ariga nk’abandi.
Inkingo za Pfizer ibihumbi mirongo itanu na magana atatu (50,300), zagejejwe ku bigo nderabuzima n’ibitaro bya Leta hirya no hino mu Rwanda, aho zigiye guhabwa abagejeje imyaka 75 y’amavuko.
Abana biga mu ishuri rya Wisdom School babifashijwemo n’ubuyobozi bw’ishuri n’ababyeyi babo, bakusanyije amafaranga 1,356,600 FRW, bafasha abarwayi bakennye cyane bari mu bitaro bya Ruhengeri.
Mu mukino wa kabiri wa gicuti wabereye kuri Stade Amahoro, Amavubi yatsinze Centrafrika ibitego bitanu ku busa. Amavubi yatsinze igitego ku munota wa gatatu gusa w’umukino, ku mupira watanzwe nabi n’umunyezamu wa Centrafrika, Muhadjiri Hakizimana ahita awohereza mu izamu. Mbere gato y’uko igice cya mbere kirangira, (…)
Madamu Mujawashema Candide, Umunyarwandakazi uba mu gihugu cy’u Bufaransa, yakusanyije Amafaranga y’u Rwanda miliyoni 76 binyuze mu muryango “Africa Jyambere” yashinze, yiyemeza kuza ku ivuko mu Murenge wa Ruli yubakira abaturage umuyoboro w’amazi ureshya na 9.5 Km.
Inkuru ivuga urupfu rwa Israel Mbonyi yasakaye ku mugoroba wo ku Cyumweru tariki 06 Kamena 2021 biturutse ku muntu wabishyize ku mbuga nkoranyambaga (YouTube), ariko uwavugwaga ko yapfuye yahise abivuguruza.