Mu ijoro ryo ku itariki ya 09 Werurwe 2021 Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze bafashe uwitwa Niyonsenga Fulgence w’imyaka 23 ucyekwaho kwiba moto y’umumotari witwa Ndagijimana Etienne w’imyaka 22. Byabereye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Mugina mu Kagari ka Nteko , Umudugudu wa Kona.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 11 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 118 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 99, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1436. Abantu babiri mu bari barwaye bitabye Imana i Kigali. Abo ni umugore w’imyaka 64 n’umugabo w’imyaka 79. Abarembye ni cumi na babiri, nk’uko imibare (…)
Umujyanama mu by’uburinganire n’ubwuzuzanye mu Muryango mpuzamahanga wita ku burenganzira bw’abana n’uburinganire (Plan International Rwanda), Celine Babona Mahoro, avuga ko igitsina gore kikibangamiwe n’imico n’imigenzo nyarwanda.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko mu bakingiwe COVID-19 kuri uyu wa Kane tariki 11 Werurwe 2021 harimo abakorera mu ma Hoteli yo muri Kigali, harimo n’azakira abazitabira inama ya #CHOGM2021.
Minisiteri ya Siporo n’Umujyi wa Kigali basuye ahantu hatandukanye muri Kigali hashobora kuzubakwa ibibuga by’imikino itandukanye
Kuri uyu wa Kane tariki 11 Werurwe 2021, Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madame Jeannette Kagame, bakingiwe icyorezo cya Covid-19.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa ryamaze koherereza amakipe yo mu cyiciro cya mbere amabwiriza azagenderwaho mu gihe shampiyona izaba isubukuwe
Maracana Stadium yo muri Brézil, imwe muri Stade zikomeye ku isi, igiye kwitirirwa Pelé ufatwa nk’umwe mu bihangange mu mupira w’amaguru ku isi, akaba Umwami wa ruhago iwabo muri Brazil. Leta y’icyo gihugu, yatangaje ko bigiye gukorwa mu rwego rwo kumwubaha no kumushimira akiriho.
Hagumirema Déogratias wo mu Kagari ka Nkora, Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, aratabariza umwana we umaze imyaka 12 afashwe n’indwara idasanzwe, aho bagerageje kumuvuza ubushobozi bwabo bukarangira.
Umunyamabanga Mukuru w’umuryango Commonwealth w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Patricia Scotland, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije kureba aho imyiteguro yo kwakira inama ya CHOGM igeze.
Imiryango 43 ituye mu Mirenge ya Bugeshi na Mudende yasenyewe n’umuyaga udasanzwe ku mugoroba wok u ya 10 Werurwe 2021.
Amakipe ya FC Barcelone ikinamo igihangange Lionel Messi na Juventus ikinamo Cristiano Ronaldo yasezerewe mu mikino ya 1/8 cy’irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’i Burayi (UEFA Champions League).
Urukiko rukuru urugereko ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka rusubitse urubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, kubera ibura rya bamwe mu bunganizi mu mategeko, rubategeka ko baboneka mu iburanisha ry’ejo.
Ubushinjacyaha n’umwunganizi wa Nsabimana Callixte barasaba urukiko gufatira ibihano umwunganizi wa Paul Rusesabagina kubera gushaka gutinza urubanza nkana.
Patrick Mazimpaka ufite ubumuga bw’uruhu avuga ko akaga yahuye nako mu mikurire ye yatewe n’ubwo bumuga, katahagaritse inzozi ze zo kuzaba icyamamare muri muzika.
Amategeko avuga ko nta muntu ushobora guhanwa kubera gukora ikibujijwe cyangwa kwanga gukora igitegetswe bitari icyaha hakurikijwe amategeko y’igihugu cyangwa mpuzamahanga mu gihe byakorwaga. Icyaha gishobora gukorerwa ahantu hatandukanye kugera no mu rukiko aho uwitezwe kuburanishwa cyangwa undi muntu urimo ashobora gukora (…)
Ku wa Gatatu tariki ya 10 Werurwe 2021, abapolisi b’u Rwanda 240 batangiye kujya mu gihugu cya Sudani y’Epfo i Malakal, mu butumwa bw’Umuryango w’abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri icyo.
Uruganda rukora ibinyobwa bisembuye n’ibidasembuye, SKOL Brewery Ltd (SBL), rwiyemeje guteza imbere uburinganire mu bakozi barwo rubasaranganya amahirwe ahari mu byiciro byose.
Minisitiri w’Intebe wa Côte d’Ivoire, Hamed Bakayoko, yitabye Imana ku wa Gatatu tariki 10 Werurwe 2021 afite imyaka 56 y’amavuko. Yashizemo umwuka arimo kuvurirwa mu Budage. Itangazo rya Guverinoma ya Côte d’Ivoire riravuga ko yazize Kanseri, akaba ari na yo yivurizaga aho mu Budage.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 10 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 85 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 67, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1457. Umuntu umwe mu bari barwaye yitabye Imana, abarembye bakaba ari cumi na batandatu, nk’uko imibare ibigaragaza.
Banki y’Amajyambere y’u Rwanda (BRD), ishami ryayo rishinzwe inguzanyo z’abanyeshuri, yageneye abanyeshuri bigira ku nguzanyo ya Leta itangazo ribasobanurira imitangire ya Buruse n’imikoreshereze yayo.
Umugabo witwa Nyabyenda Alphonse ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akekwaho icyaha cyo gutunda ibiyobyabwenge. Uyu mugabo w’imyaka 30 y’amavuko, yafatiwe mu mujyi wa Musanze mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki 10 Werurwe 2021, yahishe udupfunyika 2,650 tw’urumogi muri bafure za Radio.
Mu Kagari ka Nyarutembe Umurenge wa Rugera muri Nyabihu, haravugwa amakuru y’ibendera ry’igihugu ryafatiwe k’ushinzwe umutekano mu mudugudu, hakekwa ko ryajyanyweyo n’umuturage bagiranye amakimbirane.
Abavandimwe babiri, Janvière Niyonshuti na murumuna we Evelyn Mukeshimana, barangije amasomo muri kaminuza bibuka impano yo guhanga imideri bafite kuva bakiri batoya, maze bashinga ateliye ikora imyenda, ku buryo batigeze baba abashomeri.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rwatangije amashuri atanu yigisha imyuga n’ubumenyingiro (TVET), yubatswe mu magereza atanu yo mu gihugu kugira ngo abagororwa bahabwe ubumenyi buzazamura imibereho yabo nyuma yo kurangiza igihano.
None ku wa Gatatu tariki ya 10 Werurwe 2021, Urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya mipaka, rwemeje ko Paul Rusesabagina akomeza kuburana afunze.
Robert Kyagulanyi wamenyekanye ku mazina rya Bobi Wine, mu nama idasanzwe yagiranye n’abarwanashyaka be ndetse n’abanyamakuru, yongeye guhamya ko ari we watsinze amatora yabaye muri Mutarama 2021, aho ngo yagize amajwi 54% naho Museveni watangajwe ko ari we watsinze, yari yabonye 38%.
Mu ijoro ryakeye mu Murenge wa Rugera mu Karere ka Nyabihu, abagizi ba nabi biraye mu isambu ya Ntamezayino Jean Bosco iri ku buso bwa ari 40 batemagura ibitoki birimo, ibigiye kwera n’ibindi bigiye kwana, hakaba hamaze kubarurwa ibigera kuri 51 byatemwe.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 10 Werurwe 2021 u Rwanda rwatangije gahunda yo gukingira impunzi n’abasaba ubuhunzi baturuka mu bihugu bitandukanye bya Afurika bakuwe muri Libya bacumbikiwe mu nkambi y’agateganyo ya Gashora mu Karere ka Bugesera.
Ikipe ya FC Zürich ikina mu cyiciro cya mbere mu Busuwisi, yandikiye ikipe ya APR FC ibasaba ko bayiha Byiringiro Lague akayisura mu gihe cy’iminsi 10
Umunsi Mpuzamahanga wahariwe umugore wizihijwe tariki 08 Werurwe 2021, usize abenshi mu batuye Akarere ka Rulindo bamwenyura, aho mu muhango wo kuwizihiza, imiryango inyuranye yatahanye inka, intama n’ibiryamirwa.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatoye itegeko rishyiraho ikigo gishinzwe ibijyanye n’isanzure (Rwanda Space Agency ‘RSA’), ikemeza ko nigitangira gukora kizazanira inyungu igihugu biciye mu bigo bitandukanye.
Itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange ryasohotse mu igazeti ya Leta nimero idasanzwe yo ku wa 27/09/2018, rifite ingingo 335. Ni byiza ko umenya neza ibirimo kugira ngo usobanukirwe ibyo ushobora gukora bikaguteza ibibazo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kabiri tariki 09 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu babiri (2) bishwe na COVID-19. Abayikize ni 122, bituma abamaze kuyikira bose baba 18,033 naho abanduye bashya baba 120, nk’uko imibare ibigaragaza.
Rayvanny, umwe mu nkingi za mwamba mu nzu itunganya umuziki Wasafi ya Diamond Platinums wo muri Tanzania, yafunguye inzu ye bwite ifasha abahanzi mu muziki.
Bwanyahinga François w’imyaka 109 wo mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi, arirahira Perezida wa Repubulika amushimira ko nyuma yo kumugezaho ibikorwa remezo binyuranye ngo amuhaye n’urukingo rwa COVID-19.
Ousmane Sonko utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Senegal yatawe muri yombi tariki 03 Werurwe 2021 akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu, biba intangiriro y’imyigaragambyo y’abamushyigikiye biganjemo urubyiruko, ikaba imaze kugwamo abagera ku munani.
Imfungwa n’Abagororwa bo muri Gereza ya Mageragere bashimiye Leta yabatekerejeho ikabakingira Covid19 mu ba mbere mu Rwanda, bakavuga ko yaberetse ko nubwo bagonzwe n’itegeko ariko batari ibicibwa.
Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo mu Mujyi wa Kigali rwategetse ko Idamange Iryamugwiza Yvonne afungwa iminsi 30 y’agateganyo, kubera impamvu zikomeye zishingiye ku byaha aregwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bufatanyije n’inzego z’umutekano bwatwitse bunamena ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga zitemewe, bikaba bifite agaciro ka miliyoni 200 n’ibihumbi 100 y’Amafaranga y’u Rwanda.
Mu ma saa tatu z’igitondo cyo kuri uyu wa kabiri tariki 9 Werurwe 2021, umwana w’umukobwa uri mu kigero cy’imyaka itatu y’amavuko, yakuwe mu kidendezi cy’amazi basanga yamaze gushiramo umwuka.
Umuhanzi John Ntawuhanundi wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Inyanja’, yitabye Imana ku cyumweru tariki 7 Werurwe 2021, aguye mu bitaro bya CHUK, akaba asize indirmbo nyinshi yiteguraga gusohora.
Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Maraba mu Karere ka Nyaruguru, Rose Nyiraneza, ari mu maboko ya RIB kuva tariki 8/3/2021 akurikiranyweho amafaranga asaga miliyoni umunani yanyerejwe.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC) rwiyemeje gutanga Miliyoni 30 z’Amadolari ya Amerika yo gufasha abagezweho n’ingaruka z’ibyaha byahamye Umunyekongo Bosco Ntaganda. Abagizweho ingaruka n’ibyaha byahamye uwo Ntaganda wahoze ayobora inyeshyamba, harimo abana bashyizwe mu gisirikare (child soldiers), abafashwe ku ngufu (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Werurwe 2021, Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) hamwe n’Ikigo gishinzwe Ubuzima (RBC), bazindukiye mu gikorwa cyo gukingira Covid-19 abari muri gereza ya Nyarugenge (i Mageragere).
Djihad Bizimana ukinira Waasland Beveren yo mu Bubligi ndetse n’ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi, yambitse impeta umukunzi we Dalida Simbi