Impunzi zibarirwa mu bihumbi mu Rwanda zashyizwe mu byiciro kugira ngo zishobore guhabwa ubufasha bw’ibiribwa nyuma y’igihe bavuga ko amafaranga bagenerwa ku kwezi ntacyo abamarira.
Munezero Jean ni umwarimu mu ishuri ry’imyuga rya ESTB i Musanze akaba asaba ubufasha bumushoboza gukomeza gufashwa n’imashini mu kuyungurura amaraso kuko impyiko ze zidakora kandi ubwo buvuzi buhagaze ngo ntiyamara ibyumweru bitatu agihumeka, ariko akanifuza gufashwa ngo abe yajya kwivuriza mu Buhinde agasimburirwa impyiko.
Ubuhinzi bw’inkeri mu Rwanda, busa n’aho ari bushya kuko si igihingwa wabona muri buri gace nk’ibishyimbo, ibijumba cyangwa ibindi bimenyerewe mu Rwanda. Gusa muri iyi myaka ya vuba, ubuhinzi bw’inkeri bugenda bwiyongera ndetse havuka na koperative zikora imitobe n’ibindi mu nkeri ndetse na Entreprise Urwibutso ya Sina (…)
Abaturage n’abayobozi b’Akarere ka Ruhango baravuga ko icyumweru batangije cy’Isibo kigomba gusozwa ibibazo by’abana bataye amashuri byakemutse bagasubira mu kwiga.
Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’ingabo z’u Rwanda Paul Kagame, yazamuye mu ntera bamwe mu bofisiye, anabaha inshingano, abandi bazamurwa mu ntera gusa.
Uwari umutoza wa AS Muhanga Nduwantare Ismail Jean Marie Vianney yamaze guhagarikwa n’iyi kipe nyuma yo gutakaza imikino itatu ya mbere muri shampiyona.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Indangamuntu (NIDA), kiratangaza ko serivisi z’ikoranabuhanga mu kwandukuza abantu bapfa mu bitabo by’irangamimerere, zigeze kuri 43%. Ibi bipimo bifatwa nk’ibikiri hasi, ugereranyije n’intumbero y’ibipimo Leta yifuza kugeraho mu kwitabira iyo gahunda.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) butangaza ko bwataye muri yombi Kagaba Jean Baptiste wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyeru mu Karere ka Burera, hamwe na Zirimwabagabo Dieudonné, ushinzwe uburezi muri uwo Murenge.
Guillaume Mandjolo wari Minisitiri w’ubutwererane mpuzamahanga, kuva ku itariki 10 Gicurasi 2021 yahagaritswe na Polisi ya Repubulika Iharanira Demekarasi ya Congo (RDC), akurikiranyweho ibihumbi 100 by’Amadolari ya Amerika yaburiwe irengero muri Minisiteri yari ayoboye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu, Gatabazi JMV, araburira abantu bagitunda ibiyobyabwenge bazwi ku izina ry’abarembetsi bo mu Karere ka Burera, abasaba kubivamo bakihuriza mu makoperative atanu, mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere bakareka ibyo bikorwa byangiza igihugu kuko na bo bibagiraho ingaruka.
Uyu mugabo yafunzwe akiri umwana mu 1953 ubwo we na bagenzi be bahuye bagasangira bikarangira biraye mu bantu bari kumwe bashaka kubaka amafaranga ngo bakomeze banywe inzoga dore ko amafaranga bari bafite yari abashiranye.
Ubuyobozi bw’ingabo za Malawi bwatangaje ko umusirikare wabo wari mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yaguye mu mirwano ku wa 10 Gicurasi 2021.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yanditse ubutumwa bwo kwihanganisha imiryango y’umugore w’imyaka 89 (i Nyamagabe) n’umugabo w’imyaka 93 (i Ngororero) bitabye Imana bazize icyorezo cya COVID-19.
Ubushakashatsi bugaragaza ko iyo umubiri utakaje ubushobozi bwo kugenzura ukwiyongera k’uturemangingo tw’umubiri (cell division), ari byo bitera kurwara kanseri.
Ikipe ya Chelsea FC izahura na Leicester City ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’igihugu mu Bwongereza (FA CUP), ku wa Gatandatu tariki ya 15 Gicurasi 2021 saa kumu n’ebyiri n’iminota 15 z;umugoroba (18:15), umukino uzerekanwa kuri Star Times ukazasifurwa na Michael Oliver.
Mu Karere ka Nyamasheke hari imiryango 117 igizwe n’abantu 631 ubu barimo gusembera nyuma yo gukurwa ku musozi bari batuyeho kuko watsutse urabasenyera wangiza n’ibindi byinshi.
Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayislamu mu Rwanda (RMC), buratangaza ko umunsi mukuru wo gusoza igisibo gitagatifu cy’ukwezi kwa Ramadhan (Eidil-Fit’ri), uteganyijwe ku wa Kane tariki 13 Gicurasi 2021.
Ikipe ya Kiyovu Sports yatsinze Gasogi United ibitego bine kuri kimwe ku Isabukuru y’imyaka 57 Kiyovu Sports imaze ishinzwe, mu gihe ikipe ya Rutsiro FC yanganyije na Rayon Sports igitego kimwe kuri kimwe.
Abaperezida b’Inkiko z’Ikirenga ‘Chief Justices’ baturuka mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community ‘EAC’ ), bateraniye i Kigali mu nama y’iminsi itatu (10-12) yiga ku bibazo bitandukanye biri mu Karere ndetse n’uburyo bwo kwegereza ubutabera abaturage hagamijwe ku bageza ku iterambere (…)
Nyuma y’uko mu minsi ishize mu bitaro bya Ruhengeri havuzwe ikibazo cy’impfu zikabije z’abana bavuka batagejeje igihe, ibyo bitaro byatanze ibisobanuro kuri icyo kibazo bigaragaza n’ingamba byafashe mu rwego rwo kugikemura.
Umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura n’Umuyobozi wa Polisi y’Igihugu, IGP Dan Munyuza, bari mu ruzinduko muri Tanzaniya mu biganiro bigamije ubufatanye mu mutekano hagati y’ibihugu byombi.
Umuryango w’Abibumbye uvuga ko abasirikare 120 bo muri Ethiopia bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro bakomeje kwanga gusubira iwabo bavuga ko batinya kwicwa, bamaze kwandika basaba ubuhungiro no kurindirwa umutekano mu buryo mpuzamahanga aho bari muri Sudani.
Igisirikare cy’igihugu cya Chad ku Cyumweru tariki 9 Gicurasi 2021, cyatangaje ko cyatsinze inyeshyamba z’umutwe wa FACT urwanya Leta y’icyo gihugu.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ryatangaje ko tariki ya 29 Gicurasi 2021 ari bwo hazaba amatora ya Komite Nyobozi y’iryo shyirahamwe.
Amategeko avuga ko umwana atitangira ikirego ariko nanone bigaterwa n’imyaka afite. – Abana bakiri bato batarageza ku myaka cumi n’ine(14) ababyeyi cyangwa ababarera ni bo babatangira ikirego mugihe umwana yahohotewe kuko aribo babana nabo, gusa nanone muri iyi minsi harimo icyuho cy’uko ababarera ahanini bikomeje (…)
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi washyikirije Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa (PAM/WFP), ishami ry’u Rwanda inkunga y’amayero ibihumbi magana atanu (500,000) kugira ngo ribashe guhangana n’ingaruka ryagizweho na COVID-19.
Mu nama yahuje ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerezuba mu Rwanda n’iya Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika iharanira Demikarasi ya Congo (RDC) bemeje ko amahuriro yabikorera agiye gukorera hamwe mu gushaka ibibazo bibangamira abikorera.
Umuyobozi w’Akarere ka Gicumbi Ndayambaje Félix avuga ko gukora ibirori bikurikirwa no kwiyakira no kudohoka kw’abayobozi byatumye ubwandu bwa COVID-19 bwiyongera.
Polisi y’u Rwanda ikomeje gusaba abatwara abagenzi ku magare kubahiriza amategeko agenga umuhanda, kuko bakigaragara bayarengaho aho bagenda bafashe ku makamyo kandi ari kimwe mu bikomeje guteza impanuka.
Perezida Salva Kiir wa Sudani y’Epfo yaseheshe Inteko Ishinga Amategeko yari iriho mu gihugu cye, kugira ngo hashyirweho Inteko Ishinga Amategeko ihuriweho n’impande zombi zihanganye muri icyo gihugu, nk’uko byemejwe mu masezerano y’amahoro yo mu 2018.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe, Uwamahoro Bonaventure, avuga ko kwanga kwiteranya kw’abayobozi mu nzego z’ibanze ari byo byatumye umubare w’abandura Covid-19 wiyongera muri ako karere.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda IGP Dan Munyuza kuri uyu wa mbere tariki ya 10 Gicurasi yagiriye uruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Tanzaniya aho yahuye na mugenzi we uyobora Polisi yo muri icyo gihugu IGP Simon Nyakoro Sirro banagirana ibiganiro.
Imibare yashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda, iragaragaza ko uturere dutatu two mu Burengerazuba no mu Majyaruguru twabonetsemo abarwayi bashya benshi.
Hoteli y’Akarere ka Burera ari yo “Burera Beach Resort Hotel” yubatse ku Kiyaga cya Burera, igiye gutezwa cyamunara nyuma y’uko akarere gasabwe kuva mu mushinga w’ubucuruzi, bugaharirwa abikorera aho byagaragaye ko kadashoboye kuyicunga.
Lt Gen Ndima Kongba Constant washyizweho na Perezida Félix Tshisekedi ngo ayobore Kivu y’Amajyaruguru no kuyobora ibikorwa birwanya imitwe yitwaza intwaro igahungabanya umutekano w’abaturage, yakiriwe mu mujyi wa Goma, atangaza ko agiye kurangiza intamabara zibera mu gice yahawe kuyobora.
Ikipe ya Police FC yasubiriye Musanze FC iyitsinda ibitego bibiri kuri kimwe mu gihe Sunrise FC inyagira Mukura VS ibitego bine kuri bibiri.
Nyuma y’uko Amalon avuye mu nzu ifasha abahanzi ya DJ Pius, izwi nka 1K Entertainment, yasimbuwe na Babo ku masezerano yo gukorana n’iyo nzu mu gihe cy’imyaka 3.
Mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, hari abasenyewe n’umuvu bayoboweho n’imiferege yanyujijwemo ibihombo bya fibre optique.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, bavuga ko batakirembera mu ngo, babikesha kwishyura Ubwisungane mu kwivuza hakiri kare.
Banki ya Kigali n’Ikigo Inkomoko Entrepreneur Development byafunguye irushanwa ngarukamwaka rya gatanu ryiswe "BK-Urumuri", aho 25 ba mbere bahabwa amahugurwa yo guteza imbere ubucuruzi, hakavamo n’abahabwa inguzanyo izishyurwa hatariho inyungu.
"Nabaye muri Ruviri (ni ko twitaga ku kimoteri cya Nyanza ya Kicukiro), ni ho ibyari bidutunze byavaga, twaryaga bya bitoki mushyira muri mondisi(poubelle),... ariko ubu ndi umugabo nditunze, mfite umugore n’abana batatu", Munyemana.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu mu Rwanda (NIDA) buvuga ko nta mafaranga y’amande acibwa abatinze kwandikisha abana bavutse, bityo bugasaba abantu bose kugenzura ko banditse mu bitabo by’irangamimerere.
Amabwiriza yashyizweho umukono na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, agaragaza ko ubuyobozi bwa Gym buzajya bwuzuza ibisabwa na Ministeri ya Siporo buzajya bugeza ubusabe bwanditse muri Minisiteri ya Siporo n’umuyobozi wa RDB, hakorwe igenzura rizajya rishingirwaho hatangwa igisubizo.
Hari abantu barya avoka kuko bazikunda gusa, ariko batazi icyo zimara mu buzima bwabo, nyamara ubushakashatsi bwagaragaje ibintu bitandukanye byagombye gutuma umuntu ayongera ku mafunguro ye, ndetse ababyeyi bakibuka kuzongera ku byo bagaburira abana babo.
Ku wa Gatandatu tariki ya 08 Gicurusi 2021 ahagana saa sita z’amanywa, Polisi yafatiye abantu 60 mu nzu ya Mukamwiza Elina w’imyaka 80. Nyuma yo gusuzuma abo bantu byagaragaye ko umunani muri bo bari bafite ubwandu bwa COVID-19. Bafatiwe mu mu Karere ka Karongi mu Murenge wa Rubengera, bafashwe ku bufatanye n’inzego (…)
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, yasabye abaturage bo mu Murenge wa Kivuye gukoresha neza amafaranga bagiye kujya bahembwa mu mirimo Leta ikomeje kubahangira, abereka uburyo umuntu yakira ahereye ku kilo kimwe cy’ubunyobwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Habarurema Valens, aratangaza ko ibiganiro byo kuzahura umubano hagati y’u Rwanda n’u Burundi bitanga icyizere cy’uko Abarundi bakoze Jenoside ku Mayaga bakurikiranwa.
Umuyobozi w’umuryango urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International Rwanda), Ingabire Marie Immaculée, avuga ko mu gihe cyo kubahiriza amabwiriza ajyanye no kwirinda Covid-19, ruswa yiyongereye kubera ko serivisi nyinshi zari zifunze.
Abaturage bo mu mudugudu wa Nyarubande mu Kagari ka Mbugangari mu mujyi wa Gisenyi, batangaza ko ‘poste de santé’ bahawe yatumye batandukana no kujya kugura imiti ya magendu mu mujyi wa Goma, rimwe na rimwe bakagura idahuye n’uburwayi bwabo.