Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatanu tariki 05 Werurwe 2021, abantu 69 bakize COVID-19 naho umuntu umwe (1) ikaba yamuhitanye. Abakirwaye bose hamwe ni 1418, abarembye muri abo bakaba ari 11, abashya banduye icyo cyorezo ni 92 nk’uko imibare ibigaragaza.
Ku wa Gatanu tariki ya 05 Werurwe 2021, Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku isi Papa Francis yasuye igihugu cya Irak. Uru rugendo rwabaye urw’amateka dore ko bidasanzwe ko umuyobozi ukomeye mu idini Gatolika agirira uruzinduko mu gihugu nka Irak kizwiho gukomera ku mahame y’Idini ya Islam. Muri iki gihe kandi Irak irangwamo (…)
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke, bafite ibyishimo n’icyizere cy’uko ibyago byo kwandura icyorezo cya Covid-19 bigiye kugabanuka, nyuma y’aho baherewe urukingo rwayo kuva ku wa Gatanu tariki 5 Werurwe 2021.
Muri iyi minsi, mu kigo cy’abatumva ntibanavuge cy’i Huye habonetse abana b’abakobwa barwaye indwara y’amayobera bakunze kwita Tetema.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Werurwe 2021 nibwo hari hategerejwe kumvwa inzitizi zitangwa na Paul Rusesabagina zituma adashobora kuburana mu mizi. Ni urubanza ruri kuburanishwa n’urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruherereye mu Karere ka Nyanza.
Mu gikowa cyo gukingira Covid-19 mu Karere ka Bugesera, hateguwe ahantu 16 ho gukingirira abantu bari mu byiciro bitandukanye batanga serivisi zisaba guhura n’abantu benshi. Aho abantu bikingiriza ni ku bitaro by’Akarere ka Bugesera ndetse no ku bigo nderabuzima 15 bibarizwa muri ako Karere.
Nyuma y’ihagarikwa ry’umutoza mukuru wa Uganda Cranes, Jonathan MacKinstry, abatoza bungirije ari bo Abdallah Mubiru na Livingstone Mbabazi bahamagaye abakinnyi 31 bazatoranyamo 25 bazakina na Burkina Faso tariki ya 24 Werurwe 2021 i Kampala muri Uganda, ndetse na Malawi tariki ya 30 Werurwe 2021 mu mujyi wa Lilongwe.
Umuvugabutumwa Niyomwungere Constantin yavuze ko kuzana Rusesabagina Paul mu Rwanda yabitewe n’agahinda yatewe n’intimba y’abana b’impfubyi ndetse n’abapfakazi kubera ingaruka z’ibitero by’umutwe w’iterabwoba Rusesabagina yayoboraga.
Nyuma y’uko Urukiko Rukuru rwanze gukuraho icyemezo gifunga Paul Rusesabagina kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Werurwe 2021, we yakomeje avuga ko yashimuswe akazanwa mu Rwanda binyuranyije n’amategeko.
Mu Mudugudu wa Kaseramba ho mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, hari ingo zibarirwa muri 30 zituwe n’abavuga ko bamaze imyaka itatu bashinze amapoto ngo bagezweho amashanyarazi, ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.
Umunyarwanda Tuyizere Etienne yegukanye umwanya wa mbere ndetse n’umudali wa zahabu, naho Niyonkuru Samuel nawe w’u Rwanda aza ku mwanya wa gatatu
Inzego z’ubuzima mu Bwongereza zatangiye guhura n’akazi katoroshye nyuma y’iminsi mike batangiye gutera urukingo rwa mbere rwa covid-19 ku bantu barengeje imyaka 80, kuko barimo kuva mu rugo bitemewe.
Urukiko Rukuru ruburanisha urubanza rwa Rusesabagina Paul n’abo bareganwa, ku wa Mbere tariki ya 01 Werurwe 2021 rwasuye gereza ya Mageragere aho afungiye rumusabira kongererwa amasaha yo gutegura urubanza rwe ndetse agahabwa na mudasobwa.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije amaze gukingirwa COVID-19. Ni mu muhango wo gutangiza gahunda yo gukingira iki cyorezo uri kubera mu Bitaro bya Masaka biherereye mu Murenge wa Masaka mu Karere ka Kicukiro.
Ikipe ya Liverpool igeze ku mwanya wa karindwi nyuma yo gutsindwa na Chelsea igitego kimwe ku busa. Ni umukino wabaye ku wa kane tariki ya 04 Werurwe 2021 kuri sitade ya Liverpool izwi nka Anfield.
Umuyobozi w’ibitaro bya Gisenyi, CSP Dr Tuganeyezu Oreste, asaba abaturage kudatinya urukingo rwa Covid-19 kuko rubafasha guhangana n’icyo cyorezo kandi ntacyo rwangiza mu mubiri.
Urubanza rwa Paul Rusesabagina n’abo baregwa hamwe rwakomeje kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Werurwe 2021, Rusesabagina akaba yasabye guhabwa igihe cyo kwitegura kuburana.
Ku nkunga ya Leta y’igihugu cy’u Buhinde, u Rwanda muri iki gitondo cyo ku wa Gatanu tariki 05 Werurwe 2021, rwakiriye inkingo 50,000 za Covid-19 zo mu bwoko bwa AstraZeneca.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Werurwe 2021, abantu ba mbere bakingiwe Covid-19 nk’uko byari biteganyijwe muri gahunda ya Minisiteri y’Ubuzima, nyuma yaho inkingo zisaga ibihumbi 300 zigereye mu Rwanda.
Umunyarwanda Cassa Mbungo André utoza Bandari yo muri Kenya, yongeye guhabwa igihembo cy’umutoza w’icyumweru ku nshuro ya gatatu yikurikiranya
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Kane tariki 04 Werurwe 2021, mu Rwanda umuntu umwe yapfuye azize COVID-19. Abantu 113 bayikize barataha. Abakirwaye bose hamwe ni 1396, abarembye muri abo bakaba ari 11, nk’uko imibare ibigaragaza.
Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko guhera ku wa Gatanu tariki 05 Werurwe 2021, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli gihinduka ku buryo bukurikira:
Abanyeshuri barindwi (7) bapfuye abandi barakomereka ubwo ibyuma abantu bakunda gushyira ku mbaraza z’inzu mu rwego rwo kurinda umutekano w’abazinjiramo (railings), byavunikaga bagahanuka bavuye kuri ‘etage’ ya kane.
Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Gatabazi JMV, arasaba abaturiye Pariki y’Igihugu y’Ibirunga kutagendera ku makuru atizewe bumva, bagaharanira gukora babyaza umusaruro imirima yabo.
Nyuma y’uko inkingo za Covid-19 zagejejwe mu Rwanda ku wa Gatatu tariki 3 Werurwe 2021, indege za Kajugujugu n’imodoka zirimo kuzenguruka igihugu zizigeza mu turere mu rwego rwo kwitegura gutangira gukingira.
Idamange Iryamugwiza Yvonne yitabye Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, kuri uyu wa Kane tariki 4 Werurwe 2021, aho ari kuburana ku byaha bitandatu ubushinjacyaha bumukurikiranyeho.
Igikomangoma Harry avuga ko yasize umuryango w’i Bwami mu Bwongereza akajya gutura muri California kuko yari afite ubwoba ko ‘amateka mabi yazisubiramo’.
Ku munsi wa gatatu wa shampiyona nyafurika y’amagare iri kubera i Cairo mu Misiri, u Rwanda rwegukanye umwanya wa kabiri mu mukino ukinwa abahungu bafatanyije n’abakobwa
Minisitiri w’Ubuzima Dr Daniel Ngamije, arizeza Abaturarwanda ko inkingo zose zaba izamaze kugezwa mu gihugu n’izigitegerejwe zujuje ubuziranenge, kandi zifite ubushobozi bwo kurinda umuntu kwandura Covid-19, bityo ko batakwita ku by’abazisebya.
Nyuma y’amezi asaga 12 atagaragara mu ruhando rw’umuziki, umuhanzi nyarwanda Eric Senderi Nzaramba, uzwi cyane nka Senderi International Hit, agarukanye indirimbo nshya ngo yongere ashimishe abafana be.
Abatuye ku Kamatyazo mu Karere ka Huye, barinubira ko mu gushyira kaburimbo mu muhanda baturiye amazi atayobowe neza, ku buryo abangiriza imirima akanabasenyera bagasaba ko icyo kibazo cyakemurwa.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko bishimishije kubona ibihugu bitandukanye bya Afurika bimaze kugeramo inkingo z’icyorezo cya COVID-19 kimaze iminsi gihangayikishije isi.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko ku wa Gatatu tariki 03 Werurwe 2021, mu Rwanda abantu 97 bakize COVID-19. Habonetse abanduye bashya 87, bituma abakirwaye bose hamwe baba 1364. Mu bari barwaye ntawapfuye, abarembye bakaba ari icyenda, nk’uko imibare ibigaragaza.
Umuryango wita ku isanamitima n’iremamiryango (Association Modeste et Innocent - AMI) mu Ntara y’Amajyepfo uratangaza ko abagororwa babarirwa mu gihumbi na magana atanu (1500) bafungiye icyaha cya Jenoside yakorewe Abatutsi muri gereza za Nyamagabe na Huye bari gutegurwa gusubira mu buzima busanzwe mbere ya 2022.
Icyiciro cya kabiri cy’inkingo za Covid-19 zo muri gahunda ya Covax zari zitegerejwe kigeze ku kibuga cy’indege cya Kigali mu masaha y’ijoro kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Werurwe 2021.
Mu rugendo Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru Gatabazi JMV, yagiriye mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke ku itariki 01 Werurwe 2021, yaganirije abaturage ku bubi bwa Covid-19, ndetse anabaha ubuhamya bw’uko iyo ndwara yari umuhitanye Imana igakinga akaboko, benshi bagwa mu kantu biyemeza gukaza ingamba zo kuyirinda.
Ibinyamakuru bitandukanye byo muri Sudani y’Epfo byanditse ko abagenzi bagera ku icumi ndetse n’Umupilote, baguye mu mpanuka y’indege yahanutse imaze akanya gato ihagurutse.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko iri mu myiteguro ya nyuma yo kunoza urutonde rw’ibyiciro by’abazakingirwa ku ikubitiro icyorezo cya Covid-19, bikazakorerwa hirya no hino mu gihugu, gukingira bikazatangira ku wa Gatanu tariki ya 5 Werurwe 2021.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangaje ko Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe nk’umutoza w’Amavubi
Umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Tchad, Saleh Kebzabo, yavuze ko ishyaka rye ryivanye mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe muri Mata 2021, akaba yabitangaje nyuma yo kumenya ko mu rugo rw’undi mukandida muri ayo matora havugiye amasasu akanahitana abantu.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Daniel Ngamije, avuga ko u Rwanda ruzashora miliyoni 50 z’Amadolari ya America (asaga miliyari 49 z’Amafaranga y’u Rwanda) mu kugura inkingo za COVID-19.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline arasaba abagujije amafaranga muri VUP kwishyura inguzanyo zabo nta mananiza yo kwitwaza Covid-19.
Ku munsi wa kabiri wa shampiyona nyafurika y’amagare, abakinnyi b’u Rwanda begukanye imidari itanu irimo iya Feza na Bronze
Kuva mu mpera z’ukwezi kwa Gashyantare 2021, ibihugu bitandukanye ku mugabane wa Afurika byatangiye guhabwa inkingo za covid 19 binyuze muri gahunda ya Covax.
Mu rwego rwo kurushaho kongerera ubushobozi ubuhinzi bwa kawa igatunganyirizwa mu Rwanda hagamijwe gufasha Abanyarwanda kuyibonera hafi, Koperative y’abahinzi ba kawa yitwa “Dukundekawa”, yatangiye umushinga wo gutunganyiriza kawa yabo mu Rwanda uzatwara miliyoni 209Frw.
Akarere ka Rutsiro kazwi kuba ari ko kabonekamo inkuba kurusha ahandi mu Rwanda zigahitana abantu n’ibintu, inzobere kuri icyo kibazo zikavuga ko bishobora kuba biterwa n’uko ako gace kagizwe n’uruhererekane rw’imisozi miremire y’isunzu rya Congo Nile.