Kamuzizi amaze umwaka muri Uganda akoreshwa imirimo y’agahato
Umukobwa witwa Kamuzizi Sumaya wo mu Karere ka Musanze wari umaze umwaka afungiye muri Uganda, avuga ko igihe cyose yamazeyo yakoreshwaga imirimo ivunanye, yavuga ko ananiwe agakubitwa.

Uwo mukobwa w’imyaka 21 wigaga mu mashuri yisumbuye, avuga ko yagiye muri Uganda tariki 25 Kamena 2018 ajyanywe no gusura mukuru we utuyeyo, bamaze kwambuka umupaka bageze ahitwa Nyakabande, abapolisi ngo bahagarika bisi bari barimo bakuramo Abanyarwanda bose uko bari 15 hanyuma babwira umushoferi ngo akomeze bo barasigara.
Mu masaha y’umugoroba ngo bapakiwe imodoka bajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabare, bahamara iminsi ibiri hanyuma bajyanwa mu rukiko bashinjwa kwinjira mu gihugu nta byangombwa bafite, bakatirwa gufungwa umwaka n’amezi atatu ariko ngo ufite miliyoni imwe n’igice y’amashilingi ya Uganda bamubwiye ko ayatanze bamurekura, gusa bose ngo nta wari uyafite.
Mu buhamya bwa Kamuzizi, avuga ko bose bahise babafunga bamara amezi ane aho i Kabare hanyuma baza kubimurira ahandi.
Agira ati “Twahafungiwe amezi ane twirirwa duhinga, nyuma batwimurira muri gereza iri ahitwa Mbarara, batangira kutubaza ubwoko bwacu tubabwira ko turi Abanyarwanda. Twahasanze abandi Banyarwanda bahafungiye batubwira ko tuzakora imirimo ivunanye ariko badusaba kwitonda ntiduhangane batazatwica”.
Aho muri gereza ya Mbarara ngo ni ho babakoreshaga imirimo myinshi ivunanye ariko kandi bakanabicisha inzara.
Ati “Nahingiraga abasirikare nkanabamesera imyenda, bakanyereka igiti kinini cyane bakampa ishoka nkagitema ndetse nkanacyasa. Iyo yari imirimo ya buri munsi kuva saa kumi n’imwe za mu gitondo kugeza saa kumi z’umugoroba, nta kurya, mu gitondo watinda kubyuka kubera umunaniro bakagukubita”.
Avuga ko n’iyo babaga babagaburiye babahaga kawunga yaboze irimo udusimba ku buryo bayiryaga batayireba banga kwicwa n’inzara.
Indi mirimo bakoraga uretse guhinga ngo kwari ukwita ku nka n’ingurube zororerwaga muri gereza, kwahira ibyatsi mu gishanga, ngo hakaba hari na mugenzi wabo wapfuye azira iyo mirimo.
Kamuzizi ati “Hari umukobwa w’inshuti yanjye witwaga Nirere Joselyne wakomokaga i Rwamagana wapfuye bamujyanye kwahira ibyatsi mu gishanga, yatebeye mu byondo arabura. Ntibanatinze bamushakisha ngo akurwemo, baravuze ngo ubwo ari Umunyarwanda twigendere, nta gaciro twabaga dufite”.
Avuga kandi ko na we yahakuye uburwayi, ati “Twajyaga mu byuzi bororeragamo amafi twambaye akenda k’imbere gusa, tukajya gufata amafi barya. Muri iyo sayo twirirwagamo ni ho nanakuye uburwayi bw’amabere, navuga ko ndwaye ntari bujye guhinga abasirikare bagahita bankubita”.
Kamuzizi avuga ko aho bari bafungiye bari Abanyarwanda 23 ariko batatanye, kandi bose ngo bakorerwaga iryo yicarubozo ririmo ahanini kwicishwa inzara kandi bakora cyane.
Uwo mukobwa yarekuwe ku itariki ya 4 Kamena 2019, akavuga ko imodoka ya gereza ya Mbarara yamugejeje i Kabare we na bagenzi be babiri, nta cyangombwa na kimwe bafite kuko batabibasubije, yigira inama yo guhamagara se amwoherereza itike abona kugaruka mu Rwanda.
Kamuzizi agira inama Abanyarwanda, ati “Ndabagira inama yo kwirinda kujya muri Uganda kuko nta rukundo badufitiye na ruto”.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|