Yagiye mu isoko ryo muri Uganda yisanga muri gereza
Niyomucunguzi Jean Baptiste ukomoka mu Karere ka Burera mu Murenge wa Gahunga avuga ko yagiye kurema isoko rya Kisoro muri Uganda, afatwa na Polisi yaho imushinja kutagira ibyangombwa ahita afungwa akaba arekuwe nyuma y’umwaka.

Uwo mugabo w’imyaka 25, avuga ko yageze muri Uganda ku itariki 03 Kamena 2018, bamufata bukeye bw’aho ari mu nzira agaruka ari kumwe n’abandi, babambura indangamuntu n’utujeto (Jeton) bari bambukiyeho, ni ko gutangira guhura n’ibibazo mu gihe bari bajyanywe no guhaha gusa.
Niyomucunguzi avuga ko abapolisi ba Uganda bakimara kubafata, babatse mafaranga menshi kugira ngo babarekure barayabura bahita bajya kubafunga.
Agira ati “Badufashe turimo kugaruka mu Rwanda, abapolisi ba Uganda badusaba amafaranga menshi ngo baturekure, badusabaga imitwaro 20 tubabwira ko ntayo dufite. Bahise batujyana ku mucamanza, adukatira amezi 18 ariko batugabanyirizaho atandatu, bahita badufungira muri gereza ya Kiburara, turateseka kubera kuduhingisha tutaruhuka”.
Imitwaro 20 bisobanura ibihumbi 200 by’Amashilingi ya Uganda, ni ukuvuga abarirwa mu bihumbi 48 mu mafaranga y’u Rwanda.
Uwo mugabo bigaragara ko ibirenge bye byari byarashishutse cyane, akavuga ko byaterwaga n’inkweto bambaraga bagerageza kwirinda amahwa yo mu mirima.
Ati “Ibirenge byashishuwe n’uko twahoraga twambaye bottes (Inkweto ndende zambarwa ahantu hari amazi) twirinda amahwa kuko twahoraga mu bisambu duhinga. Si n’izo baduhaga, twebwe twarazishakiraga, utazibonye ibirenge bye byaratobagurikaga kandi nta mpuhwe bamugiriraga”.
Niyomucunguzi yarekuwe ku itariki ya 15 Kamena 2019, yirwanaho kugira ngo agere mu Rwanda, agasaba buri Munyarwanda kudatekereza kujya muri icyo gihugu.
Gusura mushiki we byamuviriyemo gufungwa
Uwitwa Nizeyimana Samuel wo mu Karere ka Musanze warekuriwe rimwe na Niyomucunguzi nubwo batari bafungiye hamwe, we ngo yari yagiye muri Uganda gusura mushiki we utuyeyo, aza gufatirwa ahitwa Kisoro na polisi y’icyo gihugu.
Ngo bahise bamugeza imbere y’umucamanza, amuhamya icyaha cyo kwinjira muri icyo gihugu nta byangombwa mu gihe we avuga ko yinjiye abifite bakabimwambura. Yahise akatirwa amezi 18 ariko na we bamukuriraho atandatu afungwa amezi 12.

Nizeyimana avuga ko yababajwe cyane n’ukuntu babahingishaga buri munsi ariko ntibite ku mibereho yabo.
Ati “Twabyukaga saa cyenda z’ijoro, tukajya hanze gukaraba mu maso hanyuma tugafata amasuka tukajya mu murima. Twahingaga kuva saa kumi n’ebyiri za mu gitondo kugeza saa kumi n’ebyiri z’umugoroba nta cyo kurya baduhaye ndetse nta n’amazi yo kunywa, ibyo bikaba buri munsi”.
Arongera ati “Muri gereza nari mbayeho nabi cyane kubera itotezwa, iyo twabaga tugiye guhinga bafataga Abagande turi kumwe bakabaha inkoni zikoze mu nsinga bakagenda badukubita. Kubera twanakoraga cyane ntawutwitayeho, hari Abanyarwanda babiri twari dufunganywe bapfuye”.
Akomeza agira inama Abanyarwanda yo kwirinda kujya muri Uganda n’ubwo baba bafite ibyangombwa.
Ati “Ndashishikariza Abanyarwanda bafite umutima wo kujya muri Uganda kubireka kuko nta cyiza kiriyo. Nubwo waba ufite ibyangombwa barabikwambura bakabijugunya bakakwereka ko ntacyo umaze mu gihugu cyabo, ubu nta cyangombwa na kimwe mfite”.
Nizeyimana avuga ko aho yari afungiye yari kumwe n’abandi Banyarwanda benshi bagiye bafatwa mu bihe bitandukanye, ku buryo ngo yabonaga bari bageze kuri 300.
Leta y’u Rwanda ntihwema kugaragaza ko hari Abanyarwanda benshi bafungiye ahantu hatandukanye muri Uganda mu buryo butemewe n’amategeko, ikanasaba abari mu gihugu kureka kujyayo kuko bagirirwa nabi.
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|