Muhanga: Inkongi y’umuriro yibasiye amaduka atanu

Inkongi y’Umuriro yibasiye inyubako y’Uwitwa Simbizi Joseph mu Mujyi wa Muhanga, amaduka atanu yacururizwagamo arakongoka ku buryo nta kintu na kimwe cyabashije kurokoka.

Kwa Habimana matela zose zahiye zirashira
Kwa Habimana matela zose zahiye zirashira

Ababonye iby’iyi mpanuka barimo n’abashinzwe umutekano w’amazu y’ubucuruzi bavuze ko inkongi yaturutse ku Ipoto y’amashanyarazi iri neza kuri iyi nyubako yahiye hanyuma ikerekeza mu maduka na yo agatangira gushya ariko kuko yari akinze kuyazimya no gukuramo ibicuruzwa bikabagora.

Vuganeza Emmanuel ukorera kompanyi icunga umutekano w’amazu y’ubucuruzi, COPEVEM Security, avuga ko abakozi ba REG bahageze bagahagarika umuriro w’amashanyarazi muri iryo joro naho Polisi izimya umuriro ihagera mu masaha ya saa munani, ariko ntihagira ibyo barokora kuko umuriro wari wabikongoye.

Agira ati, “Byatangiye nko mu masaha ya saa saba n’igice za nijoro kuri uyu wa 19 Kamena, ubwo umuriro wakaga ku ipoto, abakozi ba REG baje bakupa umuriro ariko wamaze kugera mu nzu, bituma nta kintu kibasha kurokoka kuko umuriro wari wabaye mwinshi, hanafunze.”

Abahisi n'abagenzi bazaga kureba ibyo byago
Abahisi n’abagenzi bazaga kureba ibyo byago

Hamwe mu hahiye ni kwa Uwimana Ephigenie wacuruzaga Matela akavuga ko yamenye iby’inkongi yamutwikiye mu masaha ya saa saba z’ijoro zishyira saa munani ariko ntabashe gutabara kuko atuye kure gato y’Umujyi akaba ahageze mu ma saa mbili z’igitondo aje kureba.

Avuga ko ibicuruzwa bye byabarirwaga nk’agaciro ka Miliyoni 20frw akaba yizeye ko ubwishingizi bushobora kumugoboka kuko yari abumazemo igihe.

Agira ati “Ubu ni ukugana mu bwishingizi bukaturwanaho kuko twasigariye aho natwe twumvise abakozi bacu bavuga ko inkongi yaba yaturutse ku mashanyarazi nabimenye nijoro ntabwo nabashije kuhagera kuko ntuye kure”.

Andi mazu yahiye harimo kwa Habimana Pierre na Ephigenie bacuruzaga matora, ahitwa kwa Claude, kwa mama Eroique umugabo we akaba ari Placide aba bose bakaba bacururiza mu miryango ine y’imbere ku muhanda n’ikindi cyumba cy’inyuma.

Bamenaga ibirahure ngo bagerageze kuzimya ariko birabananira
Bamenaga ibirahure ngo bagerageze kuzimya ariko birabananira

Mazimpaka Fulgence ucuruza ibyuma by’ikoranabuhanga waje kwimura ibicuruzwa bye kuko yegeranye n’inzu zashyaga akeka ko ikibazo cyavuye ku ipoto y’amashanyarazi kuko yazimije urusinga rwashyaga rumaze guhanuka rukitura imbere y’inzu ye.

Agira ati, “Urusinga rwahanutse ruri gushya nduzimisha Kizimya mwoto yanjye ya Gaz kugira ngo rudakomeza gushya rukaba rwatwika n’ibindi, REG yahageze ifunika ibice by’inzinga zari zahiye zigacika”.

“Njyewe naje nkuramo ibicuruzwa ntabariza bagenzi banjye, ubu ndimo kongera kubisubizamo, ariko mfite n’ubwishingizi. Bagenzi banjye na bo bataragira ibi byago nabashishikariza kubujyamo kugira ngo birinde guhombywa n’inkongi z’umuriro”.

Kwa Claude na ho ntacyasigaye
Kwa Claude na ho ntacyasigaye

Amaduka yahiye bacuruzaga ibyuma by’ikorabuhanga, matela, inkweto, alimentation n’akabari gatoya, ndetse n’ahakorerwa ibyuma by’ikoranabuhanga. Ntihahise hamenyekana agaciro k’ibyaba byahiriye muri aya maduka n’icyaba cyateye iyi nkongi.

Nta nkongi y’Umuriro yaherukaga kwadukira amaduka mu Mujyi wa Muhanga kuko hari hashize imyaka ine nta nzu y’ubucuruzi ihiye.

Iyi Poto ngo ni yo yabanje gushya amazu na yo abona gufatwa
Iyi Poto ngo ni yo yabanje gushya amazu na yo abona gufatwa
Igisenge cy'inzu cyaguyemo imbere
Igisenge cy’inzu cyaguyemo imbere
Mazimpaka wazimije urusinga rwaguye akeka ko inkongi yaturutse ku nkingi y'umuriro w'amashanyarazi
Mazimpaka wazimije urusinga rwaguye akeka ko inkongi yaturutse ku nkingi y’umuriro w’amashanyarazi
Kwa maman Eroique nta cyasigaye kimwe n'ahandi
Kwa maman Eroique nta cyasigaye kimwe n’ahandi
Vuganeza wambaye imyenda ya COPEVEM avuga ko yabonye umuriro uturuka ku ipoto
Vuganeza wambaye imyenda ya COPEVEM avuga ko yabonye umuriro uturuka ku ipoto
Inzu yahiye urebeye imbere ni iya Simbizi Joseph
Inzu yahiye urebeye imbere ni iya Simbizi Joseph
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

umwurabura abyara white twins gute byashoboka? DNA zabana nizo zase?

alias yanditse ku itariki ya: 22-08-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka