Uwahoze ari umunyamabanga nshingwabikorwa n’umucungamutungo b’akarere ka Gatsibo, tariki 26/01/2012, bakatiwe ibihano kubera icyaha cyo kunyereza umutungo w’akarere mu myaka ya 2007 na 2008.
Léon Mugesera yatangiye gushaka umwunganizi uzamwunganira mu rubanza rugomba gutangira mu minsi ya vuba, aho azaba yisobanura kuri dosiye y’ibirego yashyikirijwe urukiko ku gikorwa yakoze mu 1992 cyo gukangurira abantu gukora Jenoside.
Ku mugoroba wo kuwa mbere tariki 23/01/2012 nibwo Leon Mugesera yurijwe indege imuzana mu Rwanda imuvanye muri Canada nyuma y’uko urukiko rukuru rwo muri icyo gihugu rufashe icyemezo ntakuka ko agomba koherezwa mu Rwanda.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwasyiriweho u Rwanda (ICTR) rwafashe icyemezo ko Pasiteri Uwinkindi Jean Bosco, umwe mu bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside n’ibyibasiye inyoko muntu ufungiye Arusha, yoherezwa mu Rwanda bitarenze none tariki 23/01/2012 kugira ngo aburane ibyaha aregwa.
Umushinjacyaha Mukuru w’Urukiko Mpanabyaha Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, Boubacar Jallow, arashinja umwanditsi w’urukiko gutinza iyoherezwa rya Pastiteri Jean Uwinkindi mu Rwanda.
Urukiko rwa Quebec rwongeye kwigiza inyuma itangazwa ry’imyanzuro ntakuka ku bujujurire bwa Leon Mugesera umaze imyaka 16 aburanira kutoherezwa mu Rwanda. Byagombaga kurara bitangajwe ariko byimuriwe kuwa mbere w’icyumweru gitaha.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bibumbiye mu ihuriro “Humura” baba Ottawa-Gatineau muri Canada banejejwe n’uko Leta ya Canada yafashe icyemezo cyo kohereza Léon Mugesera mu Rwanda akanyuzwa imbere y’ubutabera.
Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, aremeza ko Leon Mugesera agomba kugezwa imbere y’ubutabera bw’u Rwanda nta kabuza, kuko ubushobozi bwose yari afite bwo kuburanira ukutoherezwa kwe bwanzwe n’ubutabera bwa Canada.
Umushinjacyaha wa Repuburika, Martin Ngoga, aratangaza ko Ubushinjacyaha bw’Urukiko Mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha, kuri uyu wa Mbere rwashyikirije ubushinjacyaha bw’u Rwanda impapuro zishinja za Jean Uwinkindi.
Urwego rushinzwe imipaka muri Canada rwataye muri yombi Leon Mugesera rumusanze mu bitaro, aho yari amaze iminsi ine arwariye kubera kunywa imiti irengeje igipimo cyagenwe na muganga.
Tariki 16/01/2012 nibwo Ntaganda Bernard, Uwimana Nkusi Agnes na Mukakibibi Saidath bazasubira imbere y’urukiko ry’ikirenga bisobanura ku byaha bashinjwa.
Mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru tariki 11/01/2012 mu Bufaransa, abavoka baburanira abasirikare umunani bashinjwe na Jean Louis Bruguiere kurasa indege yari itwaye perezida Habyarimana bavuze ko byagaragaye ko ubuhamya bwatanzwe ntaho buhuriye n’ukuri kuko ababutanze bavuga ibintu bitandukanye ku kintu kimwe ndetse (…)
Umushinjacyaha mukuru wa Repuburika, Martin Ngoga, agereranya igikorwa cy’urukiko rwa Quebec cyo kwanga ko Leon Mugesera yoherezwa mu Rwanda ku munota wa nyuma nk’igitutsi ku barokotse Jenoside yo mu Rwanda.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara n’ubushinjacyaha bwa Repubulika y’u Rwanda uyu munsi tariki 13/01/2012 rivuga ko urukiko mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri Arusha muri Tanzaniya (ICTR) ruzohereza uwitwa Uwinkindi Jean Bosco kuburanishirizwa mu Rwanda mu cyumweru gitaha.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, tariki 13/01/2012, rwategetse ko Mugisha David Livingston, ushinzwe ibiro by’ubutaka n’imiturire mu karere ka Nyagatare na rwiyemzamirimo Baziki Eugene ukekwaho ubufatanyacyaha na Mugisha barekurwa bakazakurikiranwa bari hanze.
Urukiko rukuru rw’intara ya Quebec muri Canada rwategetse abayobozi ba Canada gusubika icyemezo cyo kohereza Leon Mugesera mu Rwanda.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe kurwanya iyica rubozo ku isi ryasabye Leta ya Canada guhindura icyemezo cyo kohereza Leon Mugesera mu Rwanda ngo kuko ridafite icyizere ko atazakorerwa iyica rubozo.
Leon Mugesera, umunyarwanda uba muri Canada azoherezwa mu Rwanda ejo kugirango akurikiranywe ku byaha byo guhembera Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994. Biteganjijwe ko azahaguruka muri Canada ejo tariki 12/01/2012 nyuma ya saa sita.
Mu muhango wo gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Gatsibo, tariki 10/01/2012, umuyobozi wungirije w’ikigo gishinzwe imiyoborere myiza, ambasaderi Fatuma Ndangiza, ari kumwe n’ubuyobozi bw’Intara y’Uburasirazuba hamwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Gatsibo batunguwe no kubona umubare munini w’abaturage bashaka ko (…)
Kuri uyu wa kabiri tariki 10/01/2012, urukiko rwa Versailles mu Bufaransa rwongeye kwanga ko Manasse Bigwenzare ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yoherezwa mu Rwanda.
Uwahoze ari umwunganizi wa Léon Mugesera mu by’amategeko ahangayikishijwe n’uko uwo yahoze yunganira nagezwa mu Rwanda azahita yicwa, yirengagije ko igihano cy’urupfu cyakuwe mu mategeko ahana y’u Rwanda.
Raporo yasohowe n’ibiro bw’umushinjacyaha mukuru, Hassan Bubacar Jallow, ivuga ko ibihugu byinshi byakiriye abantu bakekwaho gukora Jenoside yakorewe abatutsi muri 1994 bisaba Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rukorera Arusha inkunga ijyanye no kubashakira abacamanza bibaye ngombwa.
Ubushinjacyaha mu rukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, uyu munsi, bwasabiye abanyeshuri umunani bahoze biga mu rwunge rw’amashuri rwa Muhura mu karere ka Gatsibo igifungo cy’imyaka itanu kubera icyaha bakekwaho cyo kwiba ibikoresho bitandukanye birimo za mudasobwa ku matariki atandukanye y’umwaka ushize.
Raporo yashyizwe ahagaragara n’umucamanza Rachid Khan ivuga ko abatangabuhamya 3200 batanze ubuhamya imbere y’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) guhera imanza za Jenoside yakorewe Abatutsi zatangira mu mwaka w’1997 .
Igihugu cya Canada kirateganya ko tariki 12/01/2012, kizohereza mu Rwanda Léon Mugesera wari umuyobozi wungirije w’ ishyaka MRND mu cyahoze ari perefegitura ya Gisenyi, uregwa ibyaha byo gukangurira abantu kugira uruhare muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Uyu munsi, umunyamakuru wa City Radio, Aboubakar Adam, uzwi ku izina rya DJ Adams yarekuwe by’agateganyo. Umucamanza yavuze ko yubahirije icyifuzo cy’uburanira DJ Adams kubera ko Dj Adams atagoye ubucamanza mu miburanire ye.
Nyuma yo guha umushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Nyamagabe ruswa y’amafaranga ibihumbi 20 akayanga, Sekamonyo Vedaste, kuva tariki 22/12/2011, acumbikiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka.
Amakuru dukesha ibiro ntaramakuru by’u Bufaransa (AFP) avuga ko nyuma yo kurekurwa n’Urukiko Mpanabyaha rw’i La Haye ku mpamvu yo kubura ibimenyetso bihagije ku byaha yaregwaga, Mbarushimana Callixte akurikiramwe n’u Bufaransa ku byaha bya Jenoside.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zohereje Marie Claire Mukeshimana, Umunyarwandakazi, wabaga muri icyo gihugu ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside.
Urukiko Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda rukorera Arusha muri Tanzaniya, ejo, rwakatiye Ngirumpatse Mathieu na Karemera Edouard igifungo cya burundu kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.