Umukecuru witwa Mukamusoni Tasiyana utuye mu murenge wa Bugarama mu karere ka Rusizi amaze imyaka ibiri mu manza n’umugabo we bapha ububuharike.
Abagenzacyaha n’abashinjacyaha bo mu ifasi y’ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Rusizi na Nyamasheke basanga hari byinshi igitabo gishya cy’amategeko ahana mu Rwanda kije gukemura kuko hari ibyaha byakorwaga hakabura itegeko ribihana.
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwahaye agaciro icyifuzo cy’ubushinjacyaha bwasabaga ko umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, afungwa iminsi 30 y’agateganyo mu gihe ategereje kuburana mu mizi.
Intumwa ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika(USA) ishinzwe gukumira ibyaha mpuzamahanga, Stephen Rapp, yijeje ko igihugu cye kizakomeza ubufatanye n’u Rwanda, mu kuburanisha imanza z’abakoze Jenoside, ndetse no gukomeza gushakisha abatarafatwa.
Umunyabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze wari umaze ibyumweru bitatu mu maboko y’ubutabera kubera gukekwaho kwakira ruswa, yagizwe umwere n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012.
Imyanzuro y’urubanza rw’umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, Gatera Stanley, izasomwa tariki 13/08/2012 kubera ko habaye imanza nyinshi. Byari biteganyijwe ko iyo myanzuro isomwa kuri uyu wa gatanu tariki 10/08/2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo.
Umugabo witwa Safari Saidi ukomoka mu murenge wa Kubungo akurikiranweho kwambara umwambaro wa EWSA akajya kwiba urutsinga mu murenge wa Karembo avuga ko yarutumwe no kuri station Ngoma.
Ubushinjacyaha bukuru buremeza ko mu rubanza rwa Cyrille Turatsinze, Umunyamabanga uhoraho muri Ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu, nta kagambane karimo ahubwo ko bushingira ku bimenyetso bifatika byemeza ko uyu muyobozi ahamwa n’icyaha cyo kwaka ruswa.
Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Cyrille Turatsinze, na mugenzi we Rwego Harelimana bahakanye icyaha bakurikiranyweho cyo kwaka ruswa ubwo bari imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge kuwa kane tariki 02/08/2012.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwashyikirije Ubushinjacyaha bw’u Rwanda andi madosiye abiri akubiyemo ibirego by’abagabo babiri bakurikiranyweho icyaha cya Jenoside batarafatwa.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda yatangaje ko Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buzajuririra icyaha cyo gushaka guhirika ubutegetsi Lt.Col. Rugigana Rugemangabo yakuriweho n’Urukiko rukuru rwa gisirikare tariki 25/7/2012.
Lt Col. Rugigana Rugemangabo yahamwe n’ibyaha byo kugambanira igihugu no guteza imvururu mu baturage, akaba yahanishijwe igifungo cy’imyaka icyenda n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi 100 ubwo urubanza rwe rwasomwaga kuri uyu wa gatatu tariki 25/7/2012.
Inteko rusange y’umuryango w’abibumbye ku isi wafashe icyemezo cyo kongerera abacamanza bane b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) igihe cy’akazi bakazarangiza manda yabo tariki 31/12/2012.
Urukiko mpuzamahanga rw’Umuryango w’Abibumbye (ICC), rwemeje Senegal igomba gukora ibishoboka byose kikaburanisha bidatinze Hissene Habre wigeze kuyobora igihugu cya Chad, niba idashoboye kumwoherereza ubucamanza bwo mu Bubirigi.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwanze ubujurire Leon Mugesera yari yatanze asaba ko yahabwa igihe igihe kingana n’amezi atatu n’iminsi 24 cyo kwiga dosiye ikubiyemo ibirego aregwa.
Leon Mugesera yashyize ava ku izima yemera kuzaburana mu Kinyarwanda ntawe umushyizeho agahato, nyuma yo kwandikira Urukiko rw’Ikirenga arusaba gutesha agaciro ikirego yari yarushyikirije.
Victoire Ingabire yongeye kugaragara imbere y’Urukiko rw’Ikirenga kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012 ajurira ku cyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside cyashyizwe mu byaha akurikiranyweho, nubwo yari amaze igihe kinini yaravuze ko atazongera kugaragara mu rukiko.
Umunyabanga w’Umuryango w’Abibumbye, Ban Ki-Moon, yagize Adama Dieng wari umwanditsi w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) umujyanama we mu gukumira Jenoside.
Mu rubanza rw’ umunyamakuru wa Radio Huguka ushinjwa kuvuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside rwaburanishijwe tariki 18/07/2012 hemejwe ko ruzasomwa tariki 30/07/2012.
Maitre Donant Mutunzi wahoze wunganira Leon Mugesera mu mategeko aratangaza ko nta kibazo afitanye nawe, nyuma y’aho Mugesera abwiriye Urukiko rukuru rwa Kigali ko Mutunzi yafatiriye idosiye ye.
Abantu bane bagizwe abere n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) barasaba urukiko gushyiraho urugereko rwihariye rwo kumva ibibazo byabo kugira ngo babone ibihugu bibakira.
Leon Mugesera yagaragaye bwa mbere imbere y’Urukiko rukuru rwa Kigali yambaye imyenda yemeza ko umuntu ari imfungwa, mu rubanza rwe rukomeje aho aregwa uruhare yagize mu kubiba amagambo akangurira abantu gukora Jenoside.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeye ibimenyetso birimo amajwi y’ibiganiro Ngirabatware yagiranye n’amaradiyo atandukanye igihe yari hanze y’igihugu hagati ya tariki 23/04 na 23/05/1994.
Raina Luff ukomoka muri komini ya Waterloo mu Bubiligi ubu akaba atuye mu karere ka Muhanga, araregera indishyi z’amafaranga miliyoni 32 kubera ko abantu 10 bakoranaga muri komite y’umushinga wakoreraga muri Centre Culturel ya Gitarama bamusebeje.
Icyumba cyihariye cy’urukiko rusesa imanza mu Bufaransa cyemeje ko Claude Muhayimana atazoherezwa mu Rwanda kubera ko ngo ubutabera bwo muri icyo gihugu biziteye umutekano we mu Rwanda.
Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda ruri mu myiteguro yo kwakira Inama mpuzamahanga y’Urugaga rw’Abavoka bo mu bihugu bikoresha Igifaransa izaba tariki 17-19/12/2012.
Urugereko rw’ubujurire bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze ubujurire bwasabaga ko Ladislas Ntaganzwa natabwa muri yombi atakoherezwa kuburanira mu Rwanda.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, yajuririye urubanza rwa Callixte Nzabonimana wabaye Minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya Jenoside.
Thadee Kwitonda wahunze ibyaha ashinjwa byo kugira uruhare yagize muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yaba agiye koherezwa mu Bubiligi nyuma yo gufatirwa muri Uganda, nk’uko Polisi y’iki gihugu ibitangaza.
Kwitonda Thadee ukurikiranwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu gitondo cya tariki 05/07/2012 yatawe muri yombi mu mujyi wa Kampala muri Uganda hafi ya Ambasade y’Ububiligi.