Nyuma y’aho abunganira Munyenyezi Béatrice bagerageje kwanga ko abatangabuhamya b’abanyarwanda baza muri uru rubanza, abategarugori 4 nibo bemerewe kuzatanga ubuhamya mu rubanza. Umucamanza Steven McAuliffe niwe wafashe icyo cyemezo tariki ya 9/11/2011 mu mujyi wa Concord, muri leta ya New Hampshire.
Urukiko rw’ i La Haye mu gihugu cy’u Buholandi rwategetse ko ibimenyetso bikenewe mu rubanza rwa Ingabire byoherezwa mu Rwanda.
Umuvugizi w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Roland Amoussouga, yatangaje ko igihe urukiko ruzaba rufunze imiryango muri nyakanga 2012 hazabaho ikibazo cyo kubona ibihugu bizakira abazaba bagizwe abere.
Ku itariki ya 15 ukuboza nibwo urukiko rw’ubujurire mu rukiko rwashyiriweho u Rwanda Arusha (ICTR) ruzaca imanza z’abantu batatu barimo Théoneste Bagosora, hamwe n’abandi babiri aribo Lieutenant Colonel Anatole Nsengiyumva na Dominique Ntawukulilyayo.
Urukiko rw’ ikirenga rwavuze ko urubanza ubushinjacyaha buregamo umuyobozi w’ ikinyamakuru Umurabyo, Agnes Nkusi Uwimana ndetse n’umwanditsi mukuru w’iki kinyamakuru Saidath Mukakibibi, ruzasubukurwa ku itariki ya 19 Mutarama mu mwaka wa 2012, kuko abashinjacyaha bafite imanza nyishi muri iki gihe.
Ku itariki ya 15 ukuboza nibwo urukiko rw’ubujurire mu rukiko rwashyiriweho u Rwanda Arusha (ICTR) ruzaca imanza z’abantu batatu barimo Théoneste Bagosora, hamwe n’abandi babiri aribo Lieutenant Colonel Anatole Nsengiyumva na Dominique Ntawukulilyayo.
Ku nshuro ya mbere urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ruri Arusha rwatanze uburenganzira bwo gufungura imfungwa yarwo yari yarakatiwe mbere y’uko arangiza igihano yari yarakatiwe cy’imyaka 8.
Abashinjacyaha mu Rukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rw’i Arusha, basabye ko Callixte Nzabonimana wahoze ari Minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya Jenoside yahabwa igihano cy’igifungo cya burundu, kubera ibyaha bya Jenoside n’iby’intambara akurikiranyweho.
Ubwo rwongeraga gusubukuraga ku wa Kane tariki 13 Ukwakira 2011, Urukiko Rukuru rwemeje ko inzitizi abunganira Ingabire aribo Me Gatera Gashabana na Me Edward Ian bagaragaje nta shingiro zifite, bityo iburanishwa rihita rikomeza Ingabire yiregura kuko atanajuririye icyo cyemezo.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bufaransa Alain Juppé wari no kuri uyu mwanya mu 1994 ubwo mu Rwanda habaga Jenoside, avuga ko atigeze ahakana ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ahubwo ko we yayemeye mbere ya benshi iri kuba mu mwaka w’1994.
IBUKA yatangaje ko yababajwe n’icyemezo cyo kurekura babiri mu bahoze ari abaminisitiri Casmir Bizimungu wari Minisitiri w’ubuzima, Jerome Bicamumpaka wari Minisitiri w’ububanyi n’amahanga bo muri leta y’abatabazi cyafashwe n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) mu cyiswe urubanza Guverinoma II