“Mugesera azoherezwa mu Rwanda nta kabuza” - Karugarama

Minisitiri w’Ubutabera, Tharcisse Karugarama, aremeza ko Leon Mugesera agomba kugezwa imbere y’ubutabera bw’u Rwanda nta kabuza, kuko ubushobozi bwose yari afite bwo kuburanira ukutoherezwa kwe bwanzwe n’ubutabera bwa Canada.

Aganira n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, Minisitiri Karugarama yatangaje ko Abanyarwanda nta mpungenge bakwiye kugira ku biri guhwihwiswa ku bijyanye n’iyoherezwa rya Mugesera mu Rwanda.

Yagize ati: “Byatinda bitatinda Mugesera agomba koherezwa mu Rwanda. Nta gushidikanya ko azaza kandi azahabwa ubutabera bwiza butabogamye.”

Yavuze ko Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe kurwanya ihohoterwa kadafite ubushobozi bwo kwangira u Rwanda kuburanisha Mugesera kuko u Rwanda ruri mu bihugu byasinye guca akarengane ku isi.

Minisitiri Karugarama akomeza avuga ko ahubwo Mugesera akwiye gutuza akicuza ku magambo yavuze aho gukomeza kubeshya ubwenge bwe ko ari umwere.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka