Tariki 10/01/2012 nibwo urukiko rukuru rwa Canada rwari rwafashe icyemezo ko Mugesera agomba koherezwa mu Rwanda ariko gitinda gusyirwa mu bikorwa kubera ko abamwunganira bahise batanga ubujurire. Ejo, tariki 23/01/2012, nibwo umwanzuro wa nyuma ko yoherezwa mu Rwanda wafashwe.
Hari hashize imyaka 15, Mugesera aburanira icyemezo cyo kumwohereza kuburanira mu Rwanda. Nubwo Mugesera yakomeje kujurira kenshi, urukiko ntirwigeze ruha agaciro impamvu zatangwaga n’abamwunganiraga.
Mugesera akurikiranyweho ibyaha byo kubiba urwango no guhamagarira abantu gukora Jenoside. Icyaha cyamenyekanye cyane ni ijambo yavugiye muri meeting ya MRND i Kabaya ku Gisenyi mu mwaka w’1992 ahamagarira abahutu kwica abatutsi.
Marie Josee Ikibasumba
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Nenese yahageze urwanda uracyaza kumwanya wambere mubutabera ariko haracyari ikibazo munzego zimwe na zimwe nko kurenganya abaturage bikorewe abaturage bo hasi kuko ntakivugira