Abantu batanu barimo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’i Burengerazuba Jabo Paul bategetswe kwishyura ihazabu y’amafaranga ibihumbi 500 buri muntu, kubera guhamwa n’icyaha cy’uburangare no kwica itegeko rigenga itangwa ry’amasoko ya Leta.
Imitungo y’umugore witwa Mukashyaka Veneranda wo mu mudugudu w’Akimpara, akagari k’Urugarama, umurenge wa Gahini mu karere ka Kayonza yatejwe cyamunara n’umuntu utarayitsindiye mu rubanza.
Umushinjacyaha w’urwego rushinzwe kurangiza imirimo y’urukiko rw’Arusha (MICT), Hassan Bubacar Jallow, tariki 28/11/2012, yashyikirije ubushinjacyaha bw’u Rwanda dosiye ya Lit. Col. Pheneas Munyarugarama wari umuyobozi w’ikigo cya gisirikare cya Gako.
Ubushinjacyaha bwo mu gihugu cya Norvège bwasabiye Umunyarwanda Sadi Bugingo igifungo cy’imyaka 21 kubera kugira uruhare mu rupfu rw’Abatutsi barenga 2000 bishwe muri Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Abaturage bo mu Murenge wa Kavumu bari amasambu bambuwe n’icyahoze ari umushinga wa DRI RAMBA GASEKE, bariruhukije tariki 22/11/2012 ubwo basubizwaga amasambu yabo mu nama bagiranye n’umuyobozi w’Akarere ka Ngororero, Ruboneza Gedeon.
Urubanza ubushinjacyaha buregamo abayobozi batanu b’intara y’uburengerazuba bashinjwa gutanga amasoko ya Leta mu buryo budasobanutse rwimuriwe tariki 4/12/2012. Urukiko rwavuze ko rugikeneye umwanya wo kurwiga neza kandi abaregwa bose uko ari batanu ntago bari bahari.
Bamwe mu bahawe ubutaka muri gahunda y’isaranganya ry’ubutaka ryabaye mu ntara y’Uburasirazuba barasabwa kubusubiza ba nyirabwo kuko hari abantu bari barahunze muri 1994 na mbere yaho kubera Jenoside yakorewe Abatutsi, aho bagarukiye basanga ubutaka bwa bo bwarahawe abandi.
Perezida w’urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege, yemeza ko gusubika imanza ari ikibazo kikigaragara mu nkiko kandi gikwiye guhagurukirwa kugira ngo gikemuke, nk’uko yabitangaije mu ntara y’Amajyepfo mu rugendo yahagiriye kuwa Kane w’iki cyumweru.
Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwategetse ko Radiyo Contact FM igomba kwishyura miliyoni 35 z’amafaranga y’U Rwanda, agahabwa abanyamakuru batanu bayireze kubirukana mu buryo butemewe n’amategeko, mu rubanza rwabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 16/11/2012.
Abagabo umunani bakomoka mu murenge wa Rugengabari, mu karere ka Burera batorotse inkiko Gacaca, baza gukatirwa badahari kuburyo ntawe uzi aho baherereye kugira ngo bazanwe kurangiza ibihano bahawe.
Prof. Sam Rugege uyobora Urukiko rw’Ikirenga arashimima inkiko zo mu ntara y’Amajyepfo kuko zica imanza nyinshi kandi neza. Abacamanza bakora isesengura n’ubushakashatsi ku bibazo bagezwaho, bakakira ababagana neza ndetse bakanandika ibibazo byabo bakanabikemura.
Urubanza rwa Stanislas Mbanenande ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibuye ruratangira kuri uyu wa kane tariki 16/11/2012 mu gihugu cya Suede.
Umuvunyi mukuru, Madame Aloysie Cyanzayire, kuri uyu wa 12/11/2012, yakiriye ibibazo by’abaturage bo mu karere ka Kayonza byaburiwe ibisubizo. Byinshi muri byo bishingiye ku kuri gahunda y’isaranganya ry’ubutaka ryakozwe mu ntara y’Uburasirazuba.
Minisitiri w’ubutabera, Tharcisse Kagrugarama, atangaza ivugururwa rikomeje gukorwa mu mategeko y’u Rwanda, nta handi ryigeze riba ku isi, kuko rigamije kugira ngo abere Abanyarwanda.
Urubanza umuhanzikazi Cecile Kayirebwa aregamo amaradiyo atandukanye gukoresha indirimbo ze mu buryo bunyuranije n’amategeko kuko nta masezerano bagiranye rwatangiye kuburanishwa mu mizi guhera kuri uyu wa kane tariki 08/11/2012.
Mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi barashima Leta yegereje abaturage ubuyobozi bikaba byarabahaye uburyo bwiza bwo kwikemurira ibibazo bihereye ku rwego rw’umudugudu.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST) yasohoye itangazo risaba abaturage barebwa n’ibibazo byasizwe n’inkiko Gacaca kumenya ko bagomba kugana inkiko zisanzwe ndetse n’inteko z’abunzi kugirango zibibakemurire.
Bwa mbere, Suwedi igiye kuburanisha Umunyarwanda ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994. Urubanza nyirizina rw’uwo muntu utatangajwe amazina ruzatangira tariki 16/11/2012.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwashyikirijwe amadosiye 71558 y’abantu baciriwe imanza na Gacaca badahari bakaba bagomba gukurikiranwa n’ubushinjacyaha. Ubushinjacyaha burimo kwiga ayo madosiye kugirango hasohorwe impapuro zo kubata muri yombi.
Mutabazi Celestin wo mu murenge wa Kazo ushijwa gutemagura abana be babiri tariki 19/10/2012 umwe agahita yitaba Imana undi akajyanwa mu bitaro bikuru bya CHUK, ubwo yageraga mu rukiko yemeye icyaha.
Uruhande rushyigikiye Umukuru w’ishyaka FDU-Inkingi ritaremerwa mu Rwanda, Ingabire Victoire Umuhoza, wakatiwe imyaka umunani n’Urukiko Rukuru rwa Repubulika adahari, kuri uyu wa Kabiri tariki 30/10/2012, biyemeje kuzajurira icyo cyemezo.
Igihugu cya Canada kimye uburenganzira bwo gutura muri icyo gihugu Umunyarwanda witwa Jean Léonard Teganya, wari umwaze uhaba anasaba ibyangombwa byo gutura muri iki gihugu, kubera ashinjwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Urukiko rw’Ikirenga rw’igihugu cya Finland rwemeje ko Pasitoro Francois Bazaramba atemerewe kujuririra igihano cyo gufungwa burundu yakatiwe n’inkiko za Finland zimaze kwemeza uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Urukiko rukuru rwa gisirikare rwahanishije private Baziruwiha Donath igihano cyo gufungwa burundu no kwamburwa impeta za gisirikare nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica abigambiriye Gihozo Mignone tariki 07/10/2012.
Kuri uyu wa kane tariki 18/10/2012, Urukiko rw’ikirenga rwanzuye ko amategeko ahana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside atanyuranije n’itegeko nshinga, nk’uko Victoire Ingabire yari yarabijuririye mu rukiko rukuru bigatuma urubanza rutinda kurangira.
Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga arabeshyuza amakuru yavuga ko abunganira Pasiteri Uwinkindi babuze amafaranga yo gukora iperereza no gushaka abatangabuhamya.
Mu nteko rusange y’Umuryango w’Abibumbye yateranye kuwa mbere tariki 15/10/2012, u Rwanda rwagaragaje impungenge ku itinda ry’imanza za Wenceslas Munyeshyaka wari Padiri kuri Sainte Famille na Laurent Bucyibaruta waboraga Prefegitura ya Gikongo mu gihe cya Jenoside bamaze imyaka 18 bataraburanishwa n’ubutabera bw’u Bufaransa.
Urukiko rukuru rwa Nyarugenge rwafashe icyemezo cyo kuburanisha urubanza abanyamakuru 11 bahoze bakorera Radiyo Contact FM bayirega kubambura, rushingiye ko uregwa ariwe muyobozi wayo Albert Rudatsimburwa yanze kwitaba nta mpamvu atanze.
Raporo yashyizwe ahagaragara n’umwe mu bakozi b’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda ukurikirana urubanza rwa Pasiteri Uwinkindi igaragaza ko afite ikibazo cyo kwishyura abakozi bashobora gukora iperereza ku batangabuhamya akeneye mu rubanza.
Abaturage bane bo mu karere ka Kicukiro, bazindukiye ku rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge (i Nyamirambo), kuri uyu wa mbere tariki 15/10/2012, kuburana amazu n’ubutaka bakuwemo ku ngufu na noteri w’akarere ka Kicukiro afatanyije n’umuhesha w’inkiko w’umwuga.