Ubuyobozi b’ishuri rikuru ry’ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) buratangaza ko zimwe mu ngamba zafashwe zo gukumira umuco wo gukopera mu bizamini ari ukubuza abanyeshuri kwinjirana amaterefone mu bizamini.
Ubuyobozi bw’ishuri St Trinite de Ruhango ryafashe abanyeshuri 2; Gatete Jean Baptiste na Abronde biga mu mwaka wa gatanu, bibye ibikoresho by’abandi banyeshuri bajya kubigurisha hanze y’ikigo bigaho.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe uburezi (REB), tariki 02/03/2012, cyahaye abarimu 9 bo mu karere ka Nyabihu inka z’ishimwe nyuma yo kugaragaza ubwitange, umuhati n’umurava mu kazi kabo.
Igikomangoma cy’umwami w’u Buholandi, Petra Laurentien, yagiriye uruzinduko ku ishuri ribanza rya Mayange A riri mu karere ka Bugesera tariki 01/03/2012 aho yatangaje ko u Rwanda rumaze gutera imbere ku bijyanye n’uburere bw’abana bato.
Intumbero ya kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) ni ugutanga ubumenyi bufite ireme mu Rwanda no kongera umubare wabarangiza amashuri bafite ubumenyi buhagije mu byo bize; nk’uko byatangajwe n’uwashinze iri shuri, Prof. Rwigamba Balinda, mu muhango wo kumurika ibyo ryagezeho byindashyikirwa n’ibyo riteganya.
Iyo ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera butahagoboka, bamwe mu banyeshuri biga mu mwaka wa gatatu muri GS Catholique Nyamata mu karere ka Bugesera bari gusubizwa mu mwaka wa kabiri.
Minisitiri w’Uburezi atarangaza ko azaha igihembo umurenge uzaba uwa mbere mu kwigisha abatazi gusoma no kwandika mu Rwanda.
Bigenda bigaragara ko abana bava mu ishuri bakajya gukora imirimo inyuranye yo mu rugo bakomeza kwiyongera mu murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare. Ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko abo bana ari abaturutse hirya no hino mu turere dutandukanye tw’igihugu.
Akarere ka Nyabihu karihiye abanyeshuri 2769 batishoboye bo muri ako karere amafaranga 113 163 881 mu mwaka wa 2011; nk’uko byemezwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyabihu.
Umunyeshuli witwa Mungeli Zabuloni wigaga mu kigo cya Nyanza Technical School yirukanwe burundu azira gufata umuyobozi ushinzwe amasomo mu ijosi. Icyemezo cyafashwe n’inama ya komite y’ababyeyi barerera muri icyo kigo yabaye tariki 26/02/2012.
Abanyeshuri bigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cyitwa PTC (Professional Training Center) giherereye mu karere ka Musanze, bari baroherejwe iwabo nyuma y’uko icyo kigo bagifunze kubera kutuzuza ibyangombwa, ku wa gatatu tariki 22/02/2012 bashubijwe amafaranga bari barishyuye nk’uko byari biteganyijwe.
Inama Njyanama y’Akarere yakuye ku buyobozi bw’ibigo, abayobozi b’ibigo by’amashuri umunani bazira kudatanga umusaruro uhagije mu bizamini bisoza amashuri abanza n’ay’icyiciro rusange mu myaka ibiri yikurikiranya.
Abanyeshuri barangije icyiciro cya kabiri cya kaminuza muri Kaminuza Yigenga ya Kigali (ULK) ishami rya Gisenyi, barasabwa kuba urumuri rw’Abanyarwanda, nk’uko babisabwe n’umuyobozi wayo mu gikorwa cyo guha impamyabushobozi abagera kuri 689, cyabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 24/02/2012.
Umusore witwa Habumuremyi Charles ukomoka mu karere ka Nyabihu aratangaza ko kuva aho ikigo yigagaho bagifungiye yabuze ubundi bushobozi bwatuma ajya gushaka ikindi kigo yakwigaho none ubu yikorera akazi k’ubuyede.
Abanyeshuri 1032 barangije mu ishuri rikuru ry’ubuzima rya Kigali (KHI) umwaka ushize bahawe impamyabushobozi kuri uyu wa gatanu tariki 24/02/2012 mu birori byabere muri stade ya Camp Kigali.
Ikigo cyigisha imyuga cyo mu karere ka Kirehe (Kirehe Vocational Training Center) cyatangiye umwaka w’amashuri tariki 21/02/2012 ariko mu banyeshuri 460 barangije icyiciro rusange (tronc commun) boherejwe kuri icyo kigo hamaze kugera 35 gusa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abarimu kudakora nk’abacanshuro ahubwo bagakora babikuye ku mutima kugirango batange umusaruro ugaragara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buranenga bamwe mu barezi mu kigo cy’amashuri cya Mvumba na Gahima bagaragaweho gucuruza ibiyobyabwenge.
Hari ibigo by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 bitarasobanukirwa n’uko ibikoresho bya siyansi Minisiteri yabahaye bishobora gukoreshwa nta nzu ya laboratwari yifashishijwe, nk’uko Umunyamabanga wa leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye abitangaza.
Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri yisumbuye Professional Training Center (RTC) giherereye mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze ari mu maboko ya Polisi aregwa gutangiza ishuri nta byangombwa afite.
Ibinyujije mu ishami ryayo riri mu Rwanda, Carnegie Mellon University, imwe muri za kaminuza zikomeye ku isi, yatangiye kwigishiriza ku butaka bw’Afurika bwa mbere mu mateka yayo.
Ishuli ry’incuke rya Nyanza Peace International Academy ni urugero rufatika rw’umubano u Rwanda rufitanye n’igihugu cy’U Buyapani. Bumaze kubaka amashuli afite agaciro k’ibihumbi icumi by’amadorari y’Amerika (miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda).
Minisititri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 10/02/2012, yasuye ibigo bibiri byo murenge wa Shangi byari byarasenywe bikabije n’umutingito wabaye mu kwezi kwa Gashyantare 2008. Ni mu ruzinduko akomeje kugirira mu turere twa Nyamasheke na Rusizi.
Minisitiri w’uburezi yemereye abanyeshuri biga ku kigo Groupe Scolaire St Pierre kiri ku kirwa cya Nkombo kuzagezwaho internet bitarenze mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.
Mu muhango wo gutanga inyemezabumenyi ku bantu 1400 barangije imyuga mu kigo cya Kavumu Vocational Training Center, Minisitiri w’uburezi, Dr Vincent Biruta, yasabye abize imyuga kurushaho kuyihesha agaciro.
Umuyobozi w’ishuri ryisumbuye E.S Mutenderi yarekuwe na parike, tariki 06/02/2012, nyuma yo kugezwa imbere y’ubucamanza akisobanura ku byaha yakekwagaho bya ruswa mu guha abanyeshuri 300 imyanya mu kigo cya Leta mu buryo butemewe n’amategeko.
Icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo kuzamura imishahara y’abarimu cyemejwe tariki 13/01/2012 gishobora gutuma abarimu 777 bigisha mu mashuri yisumbuye bize amashuri makuru na kaminuza basezererwa, bagasimbuzwa abandi bize amashuri yisumbuye gusa.
Nubwo hakiri gukorwa ubushakashatsi ku buryo bwo kwigisha hahuzwa ibyigwa n’ibyo abanyeshuri babamo (problem situation based learning), Sebaganwa Alphonse, umwarimu mu ishuri rikuru nderabarezi (KIE) ubu uri gukorera impamyabushobozi ihanitse ya dogitora ku bijyanye n’iyo myigishirize mu Bubiligi, avuga ko Leta y’u Rwanda (…)
Kuva ku mugoroba wo kuwa Kane, umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya E.S Mutendeli, abarimu babiri n’animateri bari mu maboko ya Polisi, bakurikiranyweho icyaha cya ruswa. Bibaye nyuma y’iminsi micye abanyeshuri barenga kuri 200 bari bahawe ishuri muri iki kigo birukanwe.
Umuyobozi w’intara y’uburasirazuba, Uwamariya Odette, aravuga ko nta mwana n’umwe mu birukanywe muri E.S Mutenderi mu minsi ishize ugomba kuvutswa uburenganzira bwe bwo kwiga.