Imirimo yo gusana umupaka wa Gatuna iragana ku musozo – Minisitiri Sezibera

Kuri uyu wa gatanu tariki 19 Mata 2019, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda yavuze ko imirimo yo kuvugurura umupaka wa Gatuna iri kugana ku musozo.

Imirimo ku mupaka wa Gatuna iri kugana ku musozo
Imirimo ku mupaka wa Gatuna iri kugana ku musozo

Mu butumwa yanyujije ku rukuta rwe rwa twitter, Minisitiri Richard Sezibera yagize ati “Nasuye umupaka wa Gatuna. Imirimo ni nk’aho yarangiye ku ruhande rw’u Rwanda.”

Minisitiri Sezibera yagaraje ko byaba byiza ko ibikorwa nk’ibi bigamije iterambere byanakorwa no ku ruhande rwa Uganda, dore ko umupaka uhuza u Rwanda na Uganda.

Minisitiri Sezibera ati “Ndizera ko imirimo irushaho kwihutishwa ku ruhande rwa Uganda kugirango umupaka wongere ukore nk’uko byahoze mu gihe cyumvikanyweho mu nama y’umuhora wa ruguru.”
umupaka wa Gatuna, ibintu bituma ubu uri gukora ku kigero cya 30%.

Mu kwa Gatatu uyu mwaka, Uganda yareze u Rwanda gufunga umupaka warwo, ivuga ko byatumye imodoka nini zitemererwa kwinjira mu Rwanda.

Guverinoma y’u Rwanda yakomeje gusobanura ko icyabaye ari uko hari gusanwa

Icyo gihe kandi u Rwanda rwashyize hanze itangazo rigaragaza indi mihanda n’imipaka yakoreshwa, mu gihe imirimo ku mupaka wa Gatuna iri kugana kumusozo.

Amakamyo yose yasabwe kunyura ku mupaka wa Kagitumba na Mirama.

Imirimo yo gusana umuhanda Kigali - Gatuna irenda kurangira
Imirimo yo gusana umuhanda Kigali - Gatuna irenda kurangira
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Iyaba na uganda yashyiragamo imbaraga mwiterambere East Africa could grow fast thx our minister courage Rwanda we have to go as far as wish not as they want.. Long live Rwanda long live our president

MusaBigaruka yanditse ku itariki ya: 21-04-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka