Abagize koperative ikora ubworozi bw’amafi mu Karere ka Ngororero bavuga ko umusaruro w’amafi wagabanutse bitewe no kubura ibiryo byayo.
Ikigo cyo kubitsa no kuguriza cyitwa Atlantis MFI, cyateye inkunga y’ibikoresho byo kuhira imyaka abahinzi bo mu murenge wa Mimuli bihwanye na 19.800.000Frw.
Abatuye Ntyazo mu karere ka Nyanza bavuga ko ibura ry’imbuto y’ibigori ribadindije mu ihinga, ariko ubuyobozi bukabizeza kuyibona vuba.
Umuryango wigenga uharanira iterambere ry’ubuhinzi (AGRIFOP), uvuga ko gutumiza imbuto mu mahanga aribyo bituma abahinzi batazibonera igihe bikagira ingaruka ku musaruro.
Bamwe mubanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu Bugesera mu murenge wa Mayange baranengwa kutabyaza umusaruro amasambu bahawe.
Abaturage barenga ibihumbi 24 bo mu karere ka Kayonza bibasiwe n’amapfa bari gufashwa guhangana nayo bahabwa imbuto yo gutera n’ifumbire.
Kayitare Innocent utuye Remera, mu Karere ka Ngoma avuga ko guhinga ku materasi byamuvanye mu bukene, akaniyubakira inzu akareka gukodesha.
Impuguke mu by’ubuhinzi zo muri Afurika zigiye kuza mu Rwanda kuhigira uburyo bwo gukoresha ubushobozi buke bugatanga umusaruro mwinshi.
Ikigo cy’imari iciriritse(atlantis), hamwe n’igitanga ikoranabuhanga mu buhinzi(Agritech), byatangije gahunda yo gutanga inguzanyo y’igihe gito ku bahinzi, izishyurwa hiyongereyeho 2%.
Abahinzi bo mu karere ka Ngororero bavuga ko bahangayikishijwe n’imbuto y’ibishyimbo yahenze, yikuba kabiri, kandi ari igihe cy’ihinga.
Abatuye akarere ka Ngororero baravuga ko bafite ubwoba bwo kutazeza neza, kuko batinze kubona imbuto, bagatinda guhinga.
Abahinzi bo mu kibaya cya Bugarama mu Karere ka Rusizi barasaba kwegerezwa imbuto n’ifumbire mvaruganda kuko ibyo begerejwe bidahagije.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) irasaba abahinzi gukoresha imashini zihinga kuko zihutisha akazi ko guhinga kandi zikanatuma umusaruro wiyongera.
Abahinzi batishoboye bo mu murenge wa Sake muri Ngoma bavuga ko bashyirwaho amananiza bagategekwa kugura imbuto n’ifumbire kandi nta bushobozi bafite.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI) ivuga ko yashyizeho amabwiriza mashya, mu bucuruzi bw’imiti y’imyaka n’amatungo, n’ifumbire mvaruganda, kuko bwakorwaga mu kajagari.
Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), ivuga ko imurikabikorwa mpuzamahanga ribera i Kigali ku bijyanye n’ubuki(ApiExpo), rizasigira abavumvu b’Abanyarwanda ikoranabuhanga rigezweho.
Imvura y’urubura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku itariki ya 19 Nzeli 2016, yangije hegitari 40 z’imyaka n’ibisenge by’amazu 87.
Abaturage bo mu kagari ka ryabega umurenge wa Nyagatare, banenzwe kuba bagihabwa inkunga y’ibiribwa, kandi bafite ubutaka bwera cyane.
Aborozi batandukanye bo mu murenge wa Nyagatare barifuza uruganda rw’ibiryo by’amatungo hafi yabo kuko babibona bihenze banakoze urugendo rurerure.
Abahinga mu bishanga bitandukanye byo mu Karere ka Kamonyi, bavuga ko imbuto y’ibigori bahabwa itinda kwera, bigatuma batubahiriza igihembwe cy’ihinga.
Bubitangaje mu gihe ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe (Meteo Rwanda) bwari bwatangaje ko imvura izaba nke mu Muhindo wa 2016.
Abafite imitangire n’imicungire ya girinka mu nshingano, mu karere ka Nyagatare, bavuga ko ubunyangamugayo aribwo buzanoza gahunda ya girinka.
Abahinzi ba kawa bo mu Bugesera barasaba ko igiciro cyayo cyazamurwa kuko icyo basanzwe bahabwa kibahombya kandi baba barashoye menshi.
Ihuriro ry’Urubyiruko rukora ubuhinzi bugamije isoko (RYAF), ryashyize ahagaragara urubuga rwa internet rufasha umuhinzi kubarura ibyo yakoresheje no kumenyekanisha umusaruro.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko uburwayi bwibasira igihingwa cy’imyumbati bwatumye umusaruro wayo ugabanuka kandi yari ibafatiye runini.
Abahinzi babaye indashyikirwa mu karere ka Kamonyi, bahawe ibihembo n’akarere, kugirango bitere ishyaka n’abandi, bitabire gukora ubuhinzi bw’umwuga.
Abororera hafi y’umugezi w’Akagera mu murenge wa Matimba akarere ka Nyagatare, bavuga ko babangamiwe n’indwara y’Inkurikizi iterwa n’isazi ya Tsetse.
Aborozi b’inka zitanga amata bibumbiye mu makoperative bavuga ko ubucuruzi bw’amata bukirimo akajagari, bigatuma amakusanyirizo yayo atagera ku ntego.
Bamwe mu borozi bamaze kumenya ko guha inka ibyatsi gusa bidahagije kugira ngo itange umukamo utubutse, ahubwo ko igomba kongererwaho ibiryo by’amatungo.
Abanyeshuri 43 bo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Bunge mu Karere ka Nyaruguru, borojwe ihene, kugira ngo bibafashe gukurana umuco wo kwikorera.