Abaturage bafite imirima ku misozi yatunganyijweho amaterasi, ku gice cyegereye Igishanga cy’Urugezi, mu Kagari ka Rwambogo, mu Murenge wa Gatebe, mu Karere ka Burera, bariruhutsa igihombo cyaturukaga ku kuba mbere ayo materasi atarakorwa, bahingaga, imyaka n’ubutaka bigatembanwa n’amazi y’imvura, bikiroha muri icyo gishanga.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, avuga ko ashishikakajwe no kubona ikawa y’u Rwanda ikunzwe cyane ku isoko ry’iwabo, kuko bakunda kawa cyane kandi iyo mu Rwanda ifite uburyohe buhebuje kurusha izindi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB), cyatangaje ko Umurenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, amatungo yaho ashyizwe mu kato kubera indwara y’uburenge yagaragaye mu nka.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, avuga ko mu rwego rwo kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi, Guverinoma yafashe ingamba zitandukanye zirimo kongera ubuso bw’ubutaka buhujwe bugahingwaho igihingwa kimwe, gutanga nkunganire ku nyongeramusaruro, ariko hagashyirwaho n’uburyo bwo gukorera ifumbire mvaruganda mu Rwanda, (…)
Abaturage basanzwe bakora imirimo y’ubuvumvu mu nkengero za Pariki ya Gishwati batangaza ko umusaruro w’ubuki ugenda ugabanuka umunsi ku wundi bitewe n’itemwa ry’amashyamba atarakura hamwe no gukoresha imiti yica udusimba mu myaka.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) kivuga ko imvura y’Itumba izagwa mu mezi ya Werurwe, Mata na Gicurasi 2023, muri rusange izaba ihagije ariko ikaba ifite icyerekezo cyo kuba nke ugendeye ku bihe by’Itumba byashize.
Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubuworozi mu Rwanda (RAB), kiributsa abahinzi n’abandi bafatanyabikorwa ibikwiye kwitabwaho mu gihe cyo gukoresha ubwanikiro bw’imyaka, mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umusaruro w’ubuhinzi n’umutekano w’ababukoresha.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kirateganya kongera ubuso bwuhirwa harimo n’ubw’imusozi mu turere tumwe na tumwe, mu rwego rwo guhangana n’ihindagurika ry’ibihe.
Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyatanze ubutumwa burimo kubuza ingendo z’ingurube n’ibizikomokaho biva mu mirenge imwe y’Akarere ka Musanze, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’indwara ya Ruje y’ingurube yahagaragaye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ku bufatanye na Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, biyemeje kongera abahinzi b’ibihumyo no gukangurira Abaturarwanda kubirya (kubifungura), mu rwego rwo kurwanya imirire mibi.
Mu Karere ka Kayonza hatangijwe ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga, CDAT, uzafasha abahinzi kuhira imyaka binyuze muri nkunganire ndetse no kubafasha kubona imari ishorwa mu buhinzi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare gukemura bimwe mu bibazo bikiri mu cyanya cyahariwe ubuhinzi n’ubworozi cya Gabiro Agri-Business Hub, kugira ngo ibikorwa by’uyu mushinga byihutishwe.
Nyuma y’igihe havugwa ko abahinzi n’aborozi bagiye gufashwa kubona inguzanyo bishyura ku nyungu ya 8%, ubu noneho ngo ntibizarenga ukwezi kwa Werurwe 2023 aba mbere bifuza izo nguzanyo batazibonye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ibinyujije mu kigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), barimo gushaka igisubizo ku kiguzi kijyanye n’ibyo umuhinzi wa kawa akora.
Abahinzi b’ibigori bo mu Turere twa Burera na Gakenke, bavuga ko imbuto nshya zabyo zatuburiwe mu Rwanda, bamaze iminsi bageragereza mu mirima ntangarugero, zikomeje kugaragaza umwihariko mu bwiza ndetse n’umusaruro, ku buryo ubu batakirambirije ku bundi bwoko bw’imbuto zaturukaga hanze.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzirabatinya Modeste, avuga ko bagiye gushyira imbaraga mu gushaka abavuzi b’amatungo bigenga, ndetse aborozi bagire uruhare mu kubishakira hagamijwe kongera ubuvuzi bw’amatungo n’umukamo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof. Ngabitsinze Jean Chrysostome, avuga ko Leta igiye gushyira imbaraga mu buhinzi bwa Soya hagamijwe kubonera umusaruro uruganda rwa Mount Meru Soyco rutunganya amavuta yo guteka muri Soya.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ku mugabane wa Afurika, yiga ku guteza imbere ubuhinzi n’ibibukomokaho.
Amakusanyirizo y’amata 11 y’aborozi yo mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza, niyo agiye kubimburiye ayandi mu kugura imashini zizinga ubwatsi (Bailer machines), zizagurwa ku bufatanye bwa Leta n’uruganda Inyange.
Tiribusi ni kimwe mu byonnyi byangiza ibihingwa binyuranye birimo n’insina, aho ubwone bugaragara ku makoma ahegereye umutumba no ku mabere y’igitoki. Gusa nanone iki cyonnyi kikaba cyakwirindwa hakoreshejwe imiti yica udukoko cyangwa gukorera neza urutoki no gupfuka ukoresheje isashi kuva igitoki kikiva mu mwanana kugeza (…)
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali na bamwe mu baturage bawo, bavuga ko indabo zikwiye gusimbuzwa imboga n’imbuto mu ngo, mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi.
Abahinzi b’imbuto mu cyanya cyuhirwa mu Murenge wa Murama na Kabarondo, Akarere ka Kayonza n’Umurenge wa Remera mu Karere ka Ngoma, bafashe neza ibiti by’imbuto bahembwe ibikoresho birimo ipombo zitera umuti, roswari (Arrosoir) yo kuhira n’igikoresho cyifashishwa mu gukata ibisambo.
Umushinga ’Green Gicumbi’ ukorera muri ako Karere uvuga ko Leta n’abaturage batakomeza guhomba icyayi cyahingwaga mu kibaya cya Mulindi kubera imyuzure, ukaba urimo gufasha abagihinga ku misozi.
Imibare ituruka muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), igaragaza ko intego u Rwanda rwari rwihaye yo kugeza kuri Toni 112.000 z’umusaruro w’amafi buri mwaka, hagamijwe kuzamura imirire myiza no kuzamura ubukungu itashoboye kugerwaho.
Amakoperative afashwa n’Umushinga ’Green Gicumbi’ ategereje umusaruro uhagije w’ibirayi, ibishyimbo n’ingano, ushobora kuziba icyuho cy’uwaturukaga ahandi mu Gihugu no hanze yacyo muri Uganda.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana, arashimira aborozi mu Ntara y’Iburasirazuba ko bamaze guhindura imyumvire ku bworozi, aho batakirebera ku mubare w’inka ahubwo bareba umusaruro bazikuramo, ariko nanone abasaba gushyira imbaraga mu byatuma umukamo urushaho kuba mwinshi.
Mu Karere ka Nyaruguru, hari abahinzi bavuga ko bahangayikishijwe n’ikendera ry’ishinge, kuko ari ryo ahanini bifashishaga nk’ubwatsi bw’inka ndetse n’icyarire, byatumaga babona ifumbire bifashisha mu buhinzi.
Abahagarariye amakoperative y’uburobyi mu kiyaga cya Kivu, bavuga ko imicungire mibi y’uburyobyi yatumye umusaruro w’isambaza ugabanuka cyane, kuko ubu zabaye nkeya ku isoko.
Umuyobozi w’Akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Umwali Denyse, avuga ko kororera mu biraro no gushyira ibiryo by’amatungo ku makusanyirizo y’amata, aborozi bakabihabwa ku ideni bakazishyura ku mafaranga akomoka ku mukamo ujyanwa ku ikusanyirizo, aribyo bizongera umukamo w’amata.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu butangaza ko ikibazo cy’umuhanda wa Gishwati umaze igihe ukorwa, ushobora kurangira mu mpera z’umwaka wa 2023.