Abahinzi bibumbiye muri Koperative COPARWAMU na IABM zihinga igigori zikanatubura imbuto zabyo, baratangaza ko imihindagurikire y’ikirere yatumye batagera ku musaruro bifuza, kuko izuba ryavuye mu gihembwe cy’ihinga 2023A, ryatumue ibangurira ry’ibigori ritagenda neza.
Aborojwe inkoko mu mushinga wo guteza imbere ubworozi bw’amatungo magufi n’ibiyakomokaho ari wo PRISM, bavuga ko basanze inkoko ari itungo ryazamura uryoroye, abyitwayemo neza.
Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ubwo yagezaga ku Nteko rusange y’imitwe yombi yInteko Ishinga Amategeko, ku wa Mbere tariki ya 3 Mata 2023, gahunda zijyanye no kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, yavuze ko abantu badakwiye gutinga gushora imari mu buhinzi n’ubworozi kuko Amadovize Igihugu cyinjije, (…)
Mu ruzinduko Intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), zirimo kugirira mu Karere ka Gicumbi, zirashimira ibikorwa by’ubuhinzi bukorerwa muri ako karere, byumwihariko igihingwa cya kawa.
Twajamahoro Alphonse wo mu Kagari ka Nyarurema, Umurenge wa Gatunda mu Krere ka Nyagatare, avuga ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2021/2022, yatoranyijwe mu bagombaga guhabwa inka muri gahunda ya Girinka, yubaka ikiraro ku ideni birangira inka atayibonye, ariko akaba yahawe icyizere ko bagiye kuyimuha.
Ubuyobozi bwa Koperative y’abahinzi b’umuceri, COPRORIZ Ntende, buvuga ko amarerero bazubaka azengurutse igishanga bakoreramo, ariyo azarandura impanuka zakiberagamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko ku bigomba guhingwa muri iki gihembwe cy’ihinga 2023 B, hejuru ya 90% by’imbuto zamaze kugera mu butaka, kandi n’abataratera bakaba bagomba kubikora bitarenze icyumweru kimwe.
Abaturage barishimira ko igishanga cya Nyarububa gihuza Umurenge wa Cyungo na Rukozo mu Karere ka Rulindo, ubu kibatunze nyuma y’igihe kirekire kibateza inzara aho bahingaga ntibasarure.
Abakora ubuhinzi batandukanye baravuga ko biteguye kongera umusaruro kubera umushinga ugiye gufasha abahinzi bagera ku bihumbi 500, bari hirya no hino mu Gihugu.
Umukozi w’Akarere ka Kirehe ushinzwe Ubworozi, Nsengimana Emmanuel, avuga ko inka 17 mu Murenge wa Nyamugari arizo zimaze gukurwa mu bworozi, kubera zagaragaje ibimenyetso by’indwara y’uburenge.
Abaturage bafite imirima ku misozi yatunganyijweho amaterasi, ku gice cyegereye Igishanga cy’Urugezi, mu Kagari ka Rwambogo, mu Murenge wa Gatebe, mu Karere ka Burera, bariruhutsa igihombo cyaturukaga ku kuba mbere ayo materasi atarakorwa, bahingaga, imyaka n’ubutaka bigatembanwa n’amazi y’imvura, bikiroha muri icyo gishanga.
Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, avuga ko ashishikakajwe no kubona ikawa y’u Rwanda ikunzwe cyane ku isoko ry’iwabo, kuko bakunda kawa cyane kandi iyo mu Rwanda ifite uburyohe buhebuje kurusha izindi.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda (RAB), cyatangaje ko Umurenge wa Nyamugari mu Karere ka Kirehe, amatungo yaho ashyizwe mu kato kubera indwara y’uburenge yagaragaye mu nka.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, avuga ko mu rwego rwo kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi, Guverinoma yafashe ingamba zitandukanye zirimo kongera ubuso bw’ubutaka buhujwe bugahingwaho igihingwa kimwe, gutanga nkunganire ku nyongeramusaruro, ariko hagashyirwaho n’uburyo bwo gukorera ifumbire mvaruganda mu Rwanda, (…)
Abaturage basanzwe bakora imirimo y’ubuvumvu mu nkengero za Pariki ya Gishwati batangaza ko umusaruro w’ubuki ugenda ugabanuka umunsi ku wundi bitewe n’itemwa ry’amashyamba atarakura hamwe no gukoresha imiti yica udusimba mu myaka.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) kivuga ko imvura y’Itumba izagwa mu mezi ya Werurwe, Mata na Gicurasi 2023, muri rusange izaba ihagije ariko ikaba ifite icyerekezo cyo kuba nke ugendeye ku bihe by’Itumba byashize.
Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubuhinzi n’ubuworozi mu Rwanda (RAB), kiributsa abahinzi n’abandi bafatanyabikorwa ibikwiye kwitabwaho mu gihe cyo gukoresha ubwanikiro bw’imyaka, mu rwego rwo kurushaho kubungabunga umusaruro w’ubuhinzi n’umutekano w’ababukoresha.
Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kirateganya kongera ubuso bwuhirwa harimo n’ubw’imusozi mu turere tumwe na tumwe, mu rwego rwo guhangana n’ihindagurika ry’ibihe.
Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) cyatanze ubutumwa burimo kubuza ingendo z’ingurube n’ibizikomokaho biva mu mirenge imwe y’Akarere ka Musanze, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’indwara ya Ruje y’ingurube yahagaragaye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ku bufatanye na Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, biyemeje kongera abahinzi b’ibihumyo no gukangurira Abaturarwanda kubirya (kubifungura), mu rwego rwo kurwanya imirire mibi.
Mu Karere ka Kayonza hatangijwe ishyirwa mu bikorwa ry’umushinga, CDAT, uzafasha abahinzi kuhira imyaka binyuze muri nkunganire ndetse no kubafasha kubona imari ishorwa mu buhinzi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yasabye ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare gukemura bimwe mu bibazo bikiri mu cyanya cyahariwe ubuhinzi n’ubworozi cya Gabiro Agri-Business Hub, kugira ngo ibikorwa by’uyu mushinga byihutishwe.
Nyuma y’igihe havugwa ko abahinzi n’aborozi bagiye gufashwa kubona inguzanyo bishyura ku nyungu ya 8%, ubu noneho ngo ntibizarenga ukwezi kwa Werurwe 2023 aba mbere bifuza izo nguzanyo batazibonye.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) ibinyujije mu kigo cy’Igihugu gishinzwe kohereza mu mahanga ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi (NAEB), barimo gushaka igisubizo ku kiguzi kijyanye n’ibyo umuhinzi wa kawa akora.
Abahinzi b’ibigori bo mu Turere twa Burera na Gakenke, bavuga ko imbuto nshya zabyo zatuburiwe mu Rwanda, bamaze iminsi bageragereza mu mirima ntangarugero, zikomeje kugaragaza umwihariko mu bwiza ndetse n’umusaruro, ku buryo ubu batakirambirije ku bundi bwoko bw’imbuto zaturukaga hanze.
Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Nzirabatinya Modeste, avuga ko bagiye gushyira imbaraga mu gushaka abavuzi b’amatungo bigenga, ndetse aborozi bagire uruhare mu kubishakira hagamijwe kongera ubuvuzi bw’amatungo n’umukamo.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Prof. Ngabitsinze Jean Chrysostome, avuga ko Leta igiye gushyira imbaraga mu buhinzi bwa Soya hagamijwe kubonera umusaruro uruganda rwa Mount Meru Soyco rutunganya amavuta yo guteka muri Soya.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ku mugabane wa Afurika, yiga ku guteza imbere ubuhinzi n’ibibukomokaho.
Amakusanyirizo y’amata 11 y’aborozi yo mu Turere twa Nyagatare, Gatsibo na Kayonza, niyo agiye kubimburiye ayandi mu kugura imashini zizinga ubwatsi (Bailer machines), zizagurwa ku bufatanye bwa Leta n’uruganda Inyange.
Tiribusi ni kimwe mu byonnyi byangiza ibihingwa binyuranye birimo n’insina, aho ubwone bugaragara ku makoma ahegereye umutumba no ku mabere y’igitoki. Gusa nanone iki cyonnyi kikaba cyakwirindwa hakoreshejwe imiti yica udukoko cyangwa gukorera neza urutoki no gupfuka ukoresheje isashi kuva igitoki kikiva mu mwanana kugeza (…)