Umusaza Jean Gahamanyi utuye mu Mudugudu wa Nyarupfizi ho mu Kagari ka Kaburemera mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye, arishimira kuba yongeye kugira igicaniro.
Depite Solange Uwingabe avuga ko amateka y’u Rwanda kuva mu gihe cy’ubukoloni, mu gihe cya Repubulika ya mbere n’iya kabiri, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse na nyuma yayo, akwiye kujya yigishwa kandi akavugwa uko ari nta kuyagoreka.
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ku gasozi ka Kesho mu Murenge wa Muhanda mu Karere ka Ngororero, barasaba ko ku mugezi wa Giciye hashyirwa ikimenyetso hakajya hibukirwa abawuroshywemo.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango RPF Inkotanyi Gasamagera Wellars atangaza ko mbere ya 1959, ibyiswe amoko y’Abahutu, Abatutsi n’abatwa iwabo i Mbuye ubu ni mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, bari bunze ubumwe butuma basabana, mu matorero, imibanire no mu bundi busabane kimwe no gutabarana mu byago.
Abize mu mu Ishuri ribanza ry’Intwari (Ecole Primaire Intwari) riri mu Murenge wa Rwezamenyo mu Karere ka Nyarugenge, bavuga ko bakibabazwa no kuba hari bagenzi babo barimo abahoze ari abarimu ndetse n’abanyeshuri bishwe ariko imibiri yabo ikaba itaraboneka.
Ubuyobozi bwa Seminari Nto ya Ndera yitiriwe Mutagatifu Vincent (PSSV) bwateguye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Abasaserdoti, Abaseminari, Abakozi ba Seminari n’abandi bantu bari bahahungiye, bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisiteri y’Ubuzima yari isanzwe itegura ibikorwa byo kwibuka ukwayo, n’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) bikibuka ukwabyo, ariko mu kwibuka ku nshuro ya 30 iki gikorwa bagikoreye hamwe.
Mu rwego rw’Inteko rusange y’urubyiruko iba buri mwaka, urubyiruko rw’Akarere ka Bugesera, ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Nyamata, bagabira inka abacitse ku icumu rya Jenoside babiri, batanga amabati yo kubakira imiryango itandatu y’abacitse ku icumu yari (…)
Babishimangiye nyuma y’igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi cyabereye i Save tariki 16 Gicurasi 2024, aho basobanuriwe ukuntu Yozefu Gitera ari mu babibye ingengabitekerezo ya Jenoside mu Banyarwanda, akaba ari na we watangaje amategeko 10 y’Abahutu.
Ubuyobozi bw’uruganda rw’icyayi rwa Rubaya (Rubaya Factory Tea) bwibutse abari abakozi barwo ndetse n’abandi bahiciwe bazira ubwoko bwabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bamwe mu bagize Itorero Intama za Yesu, bavuga ko kuba habaho umwanya wo Kwibuka Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, babifata nk’umwanya mwiza wo kumenya neza amateka kugira ngo icuraburindi ryagwiririye Igihugu ritazasubira ukundi.
Christine Ingabire ukomoka i Nyanza, hafi y’icyuzi cya Nyamagana, avuga ko mu gihe cya Jenoside yihishe, bikagera igihe acika intege agashaka no kwishyira abamwica, ariko ko uwaje gutuma abona aho aba ari uruhinja rwakuwe mu mugongo wa nyina wari wapfuye.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda, avuga ko hari hakwiye gushyirwaho umwihariko wo kwibuka Abatutsi bishwe mu buryo bwihariye, muri bo hakabamo n’abishwe bataragira izina.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Kamonyi baratangaza ko babajwe no kuba abazi ahajugunywe imibiri y’Abatutsi bazize Jenoside batayatanga, kuko imibiri y’ababo ishyingurwa mu cyubahiro, iboneka ntawe utanze amakuru.
Ku Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024, abasaga 150 barimo abahagarariye ibihugu byabo ndetse n’imiryango mpuzamahanga muri Cameroun, abahagarariye imiryango itegamiye kuri Leta n’izindi nshuti z’u Rwanda, bifatanyije n’Abanyarwanda batuye mu mujyi wa Yaoundé, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu (…)
Ambasaderi Isaï Murashi, yagaragaje ko Inkotanyi zahagaritse Jenoside mu mwaka w’1994 kandi ko bitari ubwa mbere kuko hari n’iyo zahagaritse mu mwaka w’1988.
Abayobozi n’abakozi b’Ikigo gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (National Examination and School Inspection Authority - NESA), tariki 10 Gicurasi 2024, basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Ntarama ruherereye mu Karere Bugesera, bunamira inzirakarengane zazize Jenoside zirushyinguyemo.
Ku gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 10 Gicurasi, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yunamiye abari abakozi bayo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Kuri iyi nshuro ya 30, ubwo hibukwaga abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi yari yahurije hamwe ibigo byose biyishamikiyeho birimo (…)
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi IBUKA urashimira abafatanyabikorwa, ibigo bya Leta n’abikorera bazirikana bakanasura bagamije gufata mu mugongo abarokotse Jenoside batishoboye batuye mu bice bya kure mu cyaro.
Taliki ya 07 Gicurasi 2024 i Dakar muri Sénégal hateraniye Inama Mpuzamahanga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 yateguwe na Ambasade y’u Rwanda muri Sénégal ifatanyije n’Umuryango uharanira inyungu z’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA Sénégal.
Mu Murenge wa Nyakabanda w’Akarere ka Nyarugenge, ku wa Kane tariki 9 Gicurasi 2024, hatashywe ikimenyetso cy’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi, kigizwe n’urukuta ruriho amazina y’abazize Jenoside mu 1994.
Damien Sempabwa ukomoka ahahoze ari muri Komine ya Rusatira arasaba abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barimo barangiza ibihano kubagana nk’abayirokotse kuko babafitiye imbabazi.
Abanyamuryango ba Unity Club Intwararumuri, tariki 03 Gicurasi 2024 basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi ruherereye mu Karere ka Nyamagabe mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kayiranga wavukiye muri Komini Kibirira ariko we n’umuryango we bakabuzwa amahwemo bagahungira muri Gisenyi kugera bageze ku mupaka wa Sudani, avuga ko ihohoterwa Abatutsi bakorewe ryatangiye kera.
Ku Gicamunsi cyo ku wa Gatanu tariki 3 Gicurasi 2024, Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, yifatanyije na za Minisiteri zitandukanye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 abari abakozi bazo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abakozi b’Umuryango ‘World Vision International Rwanda’ bateguye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, biyemeza kugarura indangagaciro za gikirisitu, ndetse no kugira uruhare mu kongera kwiyubaka k’umuryango nyarwanda.
Tariki 30 Mata 1994 nibwo mu mujyi wa Gisenyi hishwe Abatutsi benshi, nyuma y’ikinyoma cy’ituze Interahamwe zakwirakwije mu mujyi, abari bihishe bakigaragaza, ariko bajyanwa kwicirwa ahitwa kuri Komine Rouge.
Ubwo mu Murenge wa Simbi na Maraba ho mu Karere ka Huye bibukaga ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, tariki 18 Mata 2024, hagaragajwe bimwe mu bibazo bishamikiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994 abana bakunze kubaza ababyeyi, rimwe na rimwe kubasubiza bikabagora.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye mu Rwanda ryibutse abari abakozi 68 ba UN bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Ni igikorwa cyabereye ku Cyicaro cy’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku iterambere (UNDP) mu Mujyi wa Kigali, ku wa Kabiri tariki 30 Mata 2024.
Abakozi b’Ibitaro bya Gatonde biherereye mu Karere ka Gakenke banenga abaganga n’abandi bose bakoraga mu rwego rw’ubuvuzi batatiriye inshingano zabo zo kwita ku barwayi, bagashyira imbere ugushyigikira umugambi wo gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994 no kuwushyira mu bikorwa. Basanga ubu ari ubugwari no (…)