Abayobozi n’abakozi ba CHUK bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi, bunamira abarwayi bishwe n’abaganga

Mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, abayobozi n’abakozi b’Ibitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK, bunamiye inzirakarengane zirimo abarwayi bishwe n’abaganga bagombaga kubavura.

Hacanwe urumuri rw'icyizere
Hacanwe urumuri rw’icyizere

Ubwo hatangwaga ubuhamya, Otto Ahmed warokokeye mu Bitaro bya CHUK i Kigali yavuze ko ubwo interahamwe zateraga abari barwariye muri ibi bitaro nyina yishwe n’umuganga wamuvuraga.

Ati “Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye ndi muri ibi Bitaro bya CHUK aho nari ndwaje umubyeyi wanjye umbyara ari naho bamwiciye. Bamwishe ndeba, bamwicishije umugozi wa serumu kugeza ashizemo umwuka.”

Yavuze ko mu minsi ya mbere atifuzaga kugera mu Bitaro bya CHUK kuko yahatakarije umubyeyi kandi akicwa areba.

Otto Ahmed warokokeye muri CHUK, umubyeyi we akicwa n'abaganga
Otto Ahmed warokokeye muri CHUK, umubyeyi we akicwa n’abaganga

Ati “Ubundi ntabwo nari mfite ingufu zo kuhaza, ariko kubera ko maze gukomera maze kwiyubaka, ubu byabaye ngombwa ko nza nkavuga n’ibyahabereye. Nyuma y’uko mama amaze kwicwa, narabirebaga ibindi byabereye hano. Uburyo Abatutsi bavanwaga mu mihanda yose yo muri Kigali bamaze kwicwa kandi byabaga mpari.”

Dr Mpunga Tharcisse uyobora ibitaro bya CHUK, yagaragaje ko bibabaje kubona abari bashinzwe gutanga ubuzima baragize uruhare mu kubwambura abarwayi mu gihe cya Jenoside.

yavuzeko nyuma y’imyaka 30 Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, iki kigo ayobora na cyo cyiyubatse bikomeye.

Dr Mpunga Tharcisse, Umuyobozi w'Ibitaro bya CHUK
Dr Mpunga Tharcisse, Umuyobozi w’Ibitaro bya CHUK

Ati “Muri urwo rugendo rero na CHUK yariyubatse, ntabwo ikiri uko yari imeze mbere. Ubu irakataje mu kugira abakozi b’abahanga, bashyira uburenganzira bw’ikiremwamuntu imbere kandi batanga n’ubuvuzi bugezweho.”

Yagaragaje ko kandi bazakomeza gushyira imbaraga mu bikorwa byo kwibuka kuko bateganya uko hakubakwa urwibutso rujyanye n’igihe ku buryo abahiciwe bose bakomeza guhabwa agaciro.

Amwe mu mafoto y'abiciwe muri CHUK mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi
Amwe mu mafoto y’abiciwe muri CHUK mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka