Abantu 39 barimo ingabo za FDLR 20 batahutse mu Rwanda tariki 14/02/2012, baturutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo.
Umucamanza Vagn Joensen ukomoka mu gihugu cya Danemark niwe, tariki 14/02/2012, watorewe kuba perezida mushya w’Urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).
Inama idasanzwe y’Inama Nkuru y’Ubucamanza iyobowe na Nyakubahwa Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof. Sam Rugege, yateranye taliki ya 14 Gashyantare 2012 yemeje ko mu Rwanda hashyirwaho urugereko rwihariye rw’Urukiko Rukuru rushinzwe kuburanisha ibyaha mpuzamahanga (International crimes chamber of the High Court).
Akimana Xaver wo mu kagari ka Gafunzo ko mu murenge wa Mwendo mu karere ka Ruhango yishe nyina babanaga mu nzu amuziza ko yagurishije inka atamubwiye.
Umugore witwa Mukamusonera Consesa wo mu murenge wa Simbi mu karere ka Huye aherutse kwica mugenzi we witwa Nyirandama Godelive amuziza kumutwarira umugabo. Mukamusonera yakoze aya mahano nyuma yo gusanga umugabo we aryamanye na nyakwigendera.
Akanama k’Inteko Ishingamategeko gashinzwe kugenzura umutungo wa Leta kasohoye raporo isabira abakozi ba Leta bakoresheje nabi imitungo ya Leta kwirukanwa burundu no gukurikiranwa mu nkiko bakayishyura.
Bamwe mu bakozi b’ikigo cy’amashuli yisumbuye Ecole Secondaire de l’Assomption de Birambo bari mu maboko y’abashinzwe umutekano bakekwaho ubwicanyi.
Abaturage batuye mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi iyo bagize aho banyarukira bagasiga bakinze amazu yabo, haza abajura bakica inzugi bakinjira bakiba ibyo basanze mu nzu.
Umusore witwa Twizeyimana Emmanuel w’imyaka 18, tariki 13/01/2012, yafashwe yibye inkoko ariko ntibyamuhiriye kuko yafashwe akazengurutswa umujyi ayitwaye mu ijosi.
Itsinda Trezzor rigizwe n’abaririmbyi biga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda riratangaza ko ryiyemeje gushimisha abatuye muri uyu mujyi no mu nkengero zawo mu kirori kiba kuri uyu munsi mukuru w’abakundana babacurangira umuziki ‘Live’.
Umuryango Health, Development and Performance (HDP) ugamije guteza imbere umurimo ufite ireme cyane cyane mu nzego z’ubuzima watangiriye mu Rwanda, ubu umaze kugera mu bihugu birindwi bya Afurika, ibindi bine bishishikajwe no gukorana nawo.
Ishuli ry’incuke rya Nyanza Peace International Academy ni urugero rufatika rw’umubano u Rwanda rufitanye n’igihugu cy’U Buyapani. Bumaze kubaka amashuli afite agaciro k’ibihumbi icumi by’amadorari y’Amerika (miliyoni esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda).
Imirimo yo kubaka uruganda rw’ umushinga w’icyayi wa Gatare ku nkengero z’ishyamba rya Nyungwe mu mirenge ya Cyato na Karambi yagomba kurangira mu Kuboza 2012 ariko ngo bishoboka ko rutazaba rurangiye kubera imbogamizi z’umuhanda ndetse n’amashanyarazi.
Koperative y’abahinzi b’umuceri ikorera mu murenge wa Gatore mu karere ka Kirehe ariko ifite igishanga bahingamo umuceri mu mirenge ya Kirehe na Ngoma (COOPRIKI-Cyunuzi) imaze kugera kuri byinshi ku buryo ishobora kweza toni 4000 ku mwaka.
Umugore witwa Mugorutuje Jeannette wakoraga mu ishami rya MTN mu karere ka Nyamagabe, afungiye kuri station ya polise Gasaka guhera tariki 10/02/2012, akurikiranyweho kunyereza amafaranga miliyoni imwe n’igice.
Bamwe mu baturage bimuwe ahari kubakwa uruganda Mount Meru Soyco Ltd ruzajya rutunganya soya rukayibyazamo amavuta, imirimo yo kubaka uruganda yarinze itangira batarabona amafaranga y’ingurane bagombaga guhabwa ku masambu ya bo.
Banki ya Kigali (BK) irateganya gutanga inyungu ku bantu bose bafitemo imigabane, nyuma yo kunguka miliyari 8.2 umwaka ushize.
Ubushinjacyaha bw’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rushyigikiye icyifuzo cy’imiryango ibiri iharanira inyungu z’abacitse ku icumu isaba Urukiko rw’Ubujurire kumvwa kubera kutanyurwa n’ibihano byahawe abasirikare bakuru mu ngabo zatsinzwe.
Abakinnyi bakina imikino y’abamugaye bakomoka muri Uganda, Burundi, Kenya, u Rwanda na Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo bateraniye mu ngando yatangijwe ku mugaragaro tariki 13/02/2012 kuri petit stade i Remera mu mujyi wa Kigali.
Abana bagera kuri 500 bafashwa n’umuryango w’abanyakoreya Good Neighbors ukorera mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi baravurwa n’abaganga bakorera mu bitaro bya gisirikare i Kanombe.
Urubuga rwa interineti rushya rutanga inama ku rukundo n’inkuru zinyuranye zivuga ku rukundo www.gukunda.com , kuri uyu munsi w’abakundana tariki 14/02/2012, rwateguriye abakunzi ikirori gishyushye aho baganira na benshi mu batanga ibiganiro by’urukundo ku maradiyo anyuranye ndete no kuri televiziyo.
Umukinnyi w’ikipe ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda akaba n’umukinnyi w’ikipe y’igihugu ya Volleyball, Adolphe Mutoni, aratangaza ko niba nta gihindutse mu minsi ya vuba ashobora kwerekeza mu gihugu cy’ubufaransa kwivuza imvune yagize mu ivi kuko kwivuza mu Rwanda byananiranye.
Umusore w’imyaka 20 umaze imyaka 10 abaho nk’impunzi muri Zambia arifuza gutahuka agatanga umusanzu mu iterambere ry’igihugu cyamubyaye akinira ikipe y’igihugu y’umupira w’amaguru.
Minisiteri ifite gucyura impunzi mu nshingano (MIDIMAR) iratangaza ko gahunda ya “ngwino urebe” izakuraho amakuru y’ibihuha atangwa na zimwe mu mpunzi zidashaka gutahuka nk’uko umukozi ushinzwe gufasha impunzi gutahuka muri iyo minisiteri, Ndayambaje Placide Bernard, abyemeza.
U Rwanda rurateganya gusaba ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku burezi umuco n’ubuhanga (UNESCO) gushyira zimwe mu nzibutso za Jenoside yakorewe Abatutsi y’1994 mu mitungo y’agaciro icunga.
Urugaga rw’Abaharanira Uburenganzira bwa Muntu, Ligue des Droits de l’Homme (LDH) ruramagana icyemezo cyafashwe na Leta y’Ubufaransa cyo kwirukana umutegarugori w’umunyarwandakazi muri icyo gihugu utwite inda y’impanga y’amezi arindwi.
Impuguke mu bya gisirikari zo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’iburasirazuba (EAC) zirasuzuma ibijyanye n’amahugurwa y’abasirikari mu guhangana n’ibiza, ibikorwa by’iterabwoba n’ubushimusi muri aka karere.
Bihagarariwe n’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’ibihugu byombi, tariki 13/02/2012, u Rwanda n’u Burundi byasinye amazeserano yo guhuza imipaka ya Nemba na Gasenyi (one stop border post).
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ibyo abaturage b’umujyi wa Kamembe bavuga ko polisi ituma ubujura bukomeza muri uyu mujyi atari byo.
Ababyeyi baturiye imirenge ya Kigabiro, Rubona na Ruhunda muri Rwamagana bagiye kuruhuka ingendo ndende bakoraga bajya kwa muganga kuko muri iyo Mirenge hubatswe inzu eshatu zigezweho z’ababyeyi.
Guhinga ku materasi y’indinganire byatumye umusaruro wiyongera cyane ku buryo wikubye inshuro zirenga icumi nk’uko abahinzi bahinga ingano n’ibirayi mu mirenge ya Cyungo na Rukozo muri Rulindo babyivugira.
Abagabo bagera kuri 37 bo mu murenge wa Kinihira akarere ka Rulindo bibumbiye mu ishyirahamwe “Turuhure Abagore Bacu” bahisemo kwifungisha burundu kugirango baruhure abagore babo bagubwaga nabi n’uburyo bwo kuringaniza urubyaro bakoreshaga.
Bamwe mu bagana ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga batangaza ko kuba abaganga n’abaforomo b’ibitaro ari bake bituma bahabwa serivisi batishimira.
Nirisarike Salomon na Rusheshangoga Michel bakina ku ruhande rw’inyuma mu ikipe y’Isonga FC, bazerekeza mu gihugu cy’Ububiligi tariki 01/03/2012. Nirisarike azaba agiye gukinira ikipe ya Royal Antwerp yo mu cyiciro cya kabiri, mu gihe Rusheshangoga azaba agiye kuyikoramo igeragezwa (test).
Imodoka yavaga ku muhanda wa Rukomo mu karere ka Gicumbi yerekeza mu murenge wa Rushaki ku mugoroba wa tariki 12/02/2012 yarahirimye ijya kuzana imicanga ariko ntihagira ukomereka.
Ngirumpatse Alphonse wo mu kagari ka Karenge umurenge wa Kibungo mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya police station ya Kibungo azira gutwika diplome ya licence, imyenda, n’indangamuntu bya murumuna we Nsengimana Innocent amuziza ko amusuzugura.
Kajyimbwami Eric utuye mu mudugudu wa Gasarasi, akagari ka Rwanteru mu murenge wa Kigina, akarere ka Kirehe, tariki 11/02/2012, mu ma saa tanu z’amanywa yatwitse ahantu hangana na hegitari 15.
Kubera ko u Rwanda rumaze gutera imbere mu buhinzi bw’ibinyamisogwe, rwatoranyijwe kwakira inama y’abashakashatsi mpuzamahanga yiga ku buryo ibinyamisogwe byakongererwa umusaruro kuko bifasha guca umirire mibi.
Abayobozi bo mu karere ka Burera mu Rwanda n’abo mu karere ka Kisoro muri Uganda batangaje ko bagiye gufatanya guhashya ikiyobyabwenge cya kanyanga gituruka muri Uganda kigateza umutekano muke mu karere ka Burera.
Umushumba mushya wa Diyosezi ya Ruhengeri, Nyiricyubahiro Musenyeri Vincent Harolimana, tariki 12/02/2012, yatuye igitambo cya Misa bwa mbere kuva yaragizwa iyi diyosezi.
Nyuma y’uko raporo ya Trevidic n’impuguke bari kumwe igaragarije ko ibisasu byarashe indege yari itwaye Perezida Habyarimana byavuye mu birindiro by’ingabo za ex-FAR, bamwe mu Babiligi batangiye kugaragaraza ko byahaye agaciro ingabo 10 zabo zaguye mu Rwanda. Izi ngabo zarimo izari zishinzwe kurinda uwari Minisitiri (…)
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Zambia, Christopher Katongo, ni we watowe nk’umukinnyi wagaragaje ubuhanga kurusha abandi mu gikombe cya Afurika cy’uyu mwaka.
Ku cyumweru tariki 12/02/2012, Rayon Sport yatsinze Amagaju ibitego 2 ku busa mu mukino usoza icyiciro cya mbere cya shampiyona (phase aller) wabereye kuri stade ya Kigali i Nyamirambo.
Zambia yatwaye igikombe cy’Afurika bwa mbere mu mateka yayo, nyuma yo gutsinda Cote d’Ivoire penaliti 8 kuri 7 ku mukino wa nyuma wabereye kuri Stade d’Amitié i Libreville muri Gabon mu ijoro rya tariki 12/02/2012.
Musenyeri Emmanuel Ntazinda, tariki 12/02/2012, yimitswe kuba umushumba mushya w’Itorero EAR Diocese ya Kibungo.
Abanyarwanda bahungiye mu gihugu cya Zambia bageze mu Rwanda, tariki 12/02/2012, baje kwirebera amakuru y’impamo y’ibibera mu Rwanda kugira ngo babone amakuru nyayo azabafasha gufata icyemezo cyo gutahuka ku bushake.
Minisitiri w’Intebe yasabye abayobozi bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke kumenya ko ibiro byabo biri aho abaturage bakorera kugira ngo bamenye uko umuturage bashinzwe abayeho mu buzima bwa buri munsi.
Abashinzwe kurwanya ibikorwa by’ubuhigi butemewe n’amategeko mu birunga babonye ingagi y’imyaka itatu yapfiriye mu mutego.
Kuwa gatandatu tariki 11/02/2012, Umugande Dan Wagaluka ikinira APR FC yamenye inkuru mbi ko uwo bashakanye yitabye Imana.