Abatuye Rwamagana babonye inzu 3 z’ababyeyi nshya

Ababyeyi baturiye imirenge ya Kigabiro, Rubona na Ruhunda muri Rwamagana bagiye kuruhuka ingendo ndende bakoraga bajya kwa muganga kuko muri iyo Mirenge hubatswe inzu eshatu zigezweho z’ababyeyi.

Izo nzu z’ababyeyi zubatswe ku nkunga y’umuryango Lux Development zuzuye zitwaye akayabo ka miliyoni zisaga 120 z’amafaranga y’u Rwanda zishyikirizwa ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana tariki 10/02/2012.

Muganga mukuru w’ibitaro bya Rwamagana, Dr Uwariraye Parfait, arahamya ko izo nzu z’ababyeyi zije zikenewe cyane, zizafasha imiryango myinshi y’abatuye Rwamagana kutongera gukora ingendo ndende bajya ku bitaro biri kure y’iwabo.

Imwe mu nzu z'ababyeyi zashyikirijwe akarere ka Rwamagana
Imwe mu nzu z’ababyeyi zashyikirijwe akarere ka Rwamagana

Dr Uwariraye agira ati “Turateganya ko ababyeyi bakabakaba 170 bazajya babasha kuruhukira hafi y’iwabo batongeye gukora ingendo ndende, ndetse bakajya banahabwa serivisi z’ubuzima umubyeyi akenera bazisanze hafi”.

Abakozi b’umushinga Lux Development babwiye itangazamakuru ko uwo mushinga watanze ibikoresho bya miliyoni 40 byashyizwe muri izo nzu z’ababyeyi, kandi uwo mushinga ngo uzakomeza gufasha akarere ka Rwamagana kubona ibikoresho bikenewe ngo ubuvuzi butangwe neza muri ako Karere.

Hatari Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka