Mu rugo rwa Murekeyimana Sylvain utuye mu mudugudu wa Munini akagari ka Munini umurerenge wa Ruhango, mu karere ka Ruhango hatoraguwe intwaro ebyiri zo mu bwoko bwa Gerenade tariki 08/06/2012.
Abantu 44 bamaze kugezwa aku bitaro bya Remera Rukoma, bazira kunywa igikatsi, umutobe n’inzoga byengewe mu rugo rwa Mushumba Vincent. Ibitaro bya Rukoma byemeza ko ibimenyetso by’ubarwayi bwabo bigaragaza ko bariye ibintu byanduye.
Umushinjacyaha wa Repuburika, Martin Ngoga, aratangaza ko abemeye kugaruza umutungo wa Leta bari bashinzwe ariko raporo y’umugenzuzi w’imari ya Leta ikagaragaza ko waburiwe irengero batazakurikiranwa n’amategeko.
Umushinwa umwe yakomeretse ubwo imodoka yabo yaterwaga ibuye n’umwana uri mu kigero cy’imyaka 9 ubwo yari avuye kwiga ku kigo cy’amashuli abanza cya Mukingo mu karere ka Nyanza ahagana saa sita z’amanywa tariki 08/06/2012.
Abaturage bo mu murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke bahagaritse imirimo mu gihe cy’amasaha nk’abiri ku gicamutsi cyo ku wa kane tariki 07/06/2012 ubwo bakubitaga bakuzura baje kureba kajugujugu yari yaguye muri uwo murenge.
Kwegura kw’abayobozi b’uterere n’ab’imirenge batowe muri manda nshya guteye impungenge zikomeye zisaba gufatira ingamba hakiri kare; nk’uko Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu, James Musoni, yabitangarije Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Ubushakashatsi bwerekanye ko imyenda izambarwa n’abakinnyi ba Pologne, Espagne, Ubudage, Uburusiya, Ukraine, Ubutariyani, Ubufransa, Ubuholandi na Portugal ikoze mu miti irenze urugero ku buryo ishobora kwangiza ubuzima bw’umuntu.
Nyuma yo gutangiza club irwanya ibiyobyabwenge ku kigo cy’amashuri cya Gatore, umunyeshuri wo kuri icyo kigo witwa Ndayishimiye Hamis wigeze kunywa urumogi arakangurira urundi rubyiruko kureka kunywa ibiyobyabwenge kuko ari bibi ku buzima.
Abakozi b’uruganda rukora inkweto mu gihugu cya Zimbabwe batangaje ko barambiwe gukorera inkweto ebyiri buri kwezi aho guhembwa amafaranga. Ubwo buryo bwo guhembwa bari bamazemo imyaka ibiri.
Umugabo witwa William Masvinu uherutse gutorerwa kuba mubi kurusha abandi mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe ahangayikishijwe n’uko abamamaza birengagiza ikamba yahawe ryo kuba mubi kurusha abandi kandi ashaka ko iryo kamba ryamubyarira n’agafaranga.
Umuyobozi mukuru wa police, Emmanuel Gasana, ari kumwe na Minisitiri ushinzwe ibikorwa bya Guverinoma, Musoni Portais, kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, batangije ibikorwa bya police mu karere ka Gatsibo bubaka amazu y’abatishoboye.
Urugereko rw’ibanze rw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyirweho u Rwanda (ICTR) rwafashe umwanzuro wo kohereza urubanza rwa Bernard Munyagishari kubanishwa mu Rwanda. Iki cyemezo cyizaba ntakuka, urugereko rw’ubujurire na rwo nirucyemeza.
Umutoza w’ikipe y’igihugu, Milutin Micho, arasaba Abanyarwanda kuzayishyigikira ubwo izaba ikina na Benin ku cyumweru tariki 10/6/2012, bakareka guca intege abakinnyi kuko baheruka kunyagirwa na Algeria ibitego bine ku busa.
Mu rwego rwo guteza imbere umwuga wo gutunganya ubwiza bw’umubiri, ishuri ryigisha gutunganya ubwiza bw’umubiri ryitwa “Universal Beauty Academy (UBA)” riri i Kimironko mu mujyi wa Kigali rizatangizwa mu kwezi gutaha kwa Nyakanga.
Kuri uyu wa gatanu tariki 08/06/2012, mu rwibutso rwa Jenoside rwa Congo Nil ruri ku cyicaro cy’akarere ka Rutsiro harashyingurwa mu cyubahiro imibiri igera ku 1390 y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Utubari tune twahagaritswe burundu naho utundi dutanu ba nyiratwo bahabwa igihe ntarengwa cyo kuba batuvuguruye muri gahunda ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwafashe yo guhagarika utubari dukorera mu mujyi wa Nyamagabe tutujuje ibyangombwa.
U Rwanda ni cyo gihugu muri Afurika cyashoboye gukora neza gahunda yo kubarura ubutaka bwacyo. Ku isi ni urwa kabiri nyuma y’u Buholande’ nk’uko bitangazwa n’ umuyobozi mukuru wungirije w’ishami rishinzwe ubutaka no kubupima, Eng. Didier Giscard Sagashya.
Umukobwa witwa Nyiransabimana Beline w’imyaka 17 utuye mu mudugudu wa Ryagashaza, akagari ka Bunyonga, umurenge wa Karama mu karere ka Kamonyi yitabye Imana azira igikatsi yanyweye tariki 05/06/2012.
Bwa mbere mu Rwanda hagiye gutangira igikorwa cyo kubarura ibigo by’ubucuruzi biciriritse 100 bya mbere. Iki gikorwa cyateguwe n’ikigo gifite ubunararibonye mu ibaruramari cyitwa KPMG, cyanatangije ubushakashatsi nk’ubu mu bindi bihugu bigize aka karere.
Muri gahunda ya Leta yo kurwanya imirire mibi, uruganda rutunganya ifu y’ibigori (MINIMEX) rusigaye rutunganya ifu rukayongeramo imyunyungugu n’intungamubiri.
Nyuma y’iyegura ry’uwari umuyobozi w’akarere ka Gicumbi, Nyangezi Bonane, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, kuri uyu wa 07/06/2012 yasuye abanya Gicumbi abasaba gukomeza gukora muri ibi bihe by’inzibacyuho.
Amakipe icumi aturutse mu bihugu bitandatu byo ku mugabane w’Afurika niyo yarangije kwemeza ko azitabira irushanwa ryo gusiganwa ku magare rizwi nka ‘Kwita Izina Cycling Tour’ riteganyijwe kuba tariki 09-10/06/2012.
Imiryango itegamiye kuri Leta ikorera muri ntara ya Kivu irashinja umutwe wa FDLR kwaka umusoro abaturage batuye mu karere ka Lubero mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Mudendezo Assa uzwi ku izina rya Assa Veejay, umwe mu basore bazwi mu kiganiro cy’indirimbo cyitwa “The Beat” kinyura kuri televiziyo y’u Rwanda akaba n’umunyamakuru kuri Rwandastar.net arahakana amakuru amuvugwaho ko yaba ari mu rukundo n’umuhanzikazi ukizamuka uzwi ku izina rya Sister Macky.
Ku bufatanye na Minisiteri y’uburezi n’umuryango witwa Power of a Pen wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Isaro Foundation yateguye amahugurwa ku myandikire mu mashuri yisumbuye ku barimu baturutse mu gihugu hose(umwe kuri buri karere).
Havugimana Ferdinand w’imyaka 27 na Nsengimana Damascene w’imyaka 22 bafungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 06/06/2012 bazira kwiba moto yo mu bwoko bwa Yamaha AG 100 mu karere ka Karongi.
Car Tang Shuquan, umugabo w’Umushinwa uvugwaho guca agahigo ko kuba mubi kurusha abandi ku isi yashyizeho igihembo c’amafaranga ibihumbi ijana by’amashinwa ku muntu ngo uzakora ubufundo (grimace) butuma aba mubi nk’ubwo we akora.
Abadepite bo muri Zambiya baje kureba ukuri ku makuru avugwa ku Rwanda biyemeje kuba abavugizi barwo ku mpunzi z’Abanyarwanda zikiri iwabo, bazikangurira gutahuka zigafatanya n’abandi Banyarwanda kubaka igihugu.
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA) zongeye gutangaza ko zishyigikiye gahunda z’umuryango mpuzamahanga zigamije kwambura intwaro no kurwanya umutwe wa FDLR kubera ibikorwa bihohotera abaturage ba Congo ukora.
Abanyamabanki bakorera muri Afurika bahuriye Arusha muri Tanzania tariki 06/06/2012 mu muhango wo gushimira amabanki ndetse n’abayobozi bayo bakoze neza mu mwaka wa 2011.
Baganahe Ildephonse, umuhinzi wa kawa wo mu karere ka Gakenke ntiyishimiye amafaranga miliyoni n’ibihumbi 200 yahawe n’akarere ngo atere izindi kawa nyuma yo kumusaba gutema izo yari yarateye mu isambu y’akarere.
Gahunda yo kugeza talent detection (gushakisha abantu bafite impano yo kuririmba ngo babafashe kwigaragaza no kuziteza imbere) mu ntara ishobora kutagenda neza kubera ikibazo cy’amikoro.
Mbyariyihe Emmanuel n’umufasha we batuye mu karere ka Gatsibo bibera mu nzu igaragara ko itameze neza nyuma yo kwirukanwa mu nzu bari bacumbikiwemo na mukuru we wanamwambuye amafaranga ibihumbi 20 yari guheraho yubaka.
Inyeshyamba za FDLR zifatanyije n’abarwanyi ba Nyandura, tariki 05/06/2012, batwitse imidugudu mu duce twa Upamando ya mbere n’iya kabiri mu birometero 80 mu majyepfo ya Minova mu karere ka Masisi mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo.
Gacamumakuba w’imyaka 23 y’amavuko utuye mu kagali ka Taba, umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke kuva kuwa mbere tariki 04/06/2012 akurikiranweho gucuruza kanyanga.
Ikipe y’igihugu ya Benin yageze i Kigali kuwa gatatu tariki 06/06/2012 ikaba ije gukina n’u Rwanda umukino uzaba ku cyumweru tariki 10/06/2012, mu rwego rwo gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil muri 2014.
Abadepite bo muri Zambia bari mu rugendo shuri mu Rwanda bishimiye uko basanze u Rwanda banatangaza ko nibasubira mu gihugu cyabo bazageza ukuri basanze mu Rwanda ku mpunzi zigataha kuko basanze mu Rwanda hari umutekano.
Ikamyo ya rukururana yo mu gihugu cya Tanzaniya, ku mugoroba wa tariki 06/06/2012, yarenze umuhanda igeze ahitwa mu Kintama mu murenge wa Gakenke, akarere ka Gakenke ku bw’amahirwe ntiyagira umuntu ihitana.
Sheebah Karungi, Umugandekazi uririmba mu itsinda rya ‘Obsession’ yafungiwe ijoro ryose muri week-end ishize ku kibuga cy’indege i Kigali, azira guteza akavuyo abandi bagenzi bari bagendanye mu ndege.
Mpazimaka Patrick w’imyaka 30 afungiye kuri station ya polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango azira kuba yarahaye lifuti umukobwa witwa Mukazirikana Antoinette w’imyaka 17 akamurenza aho yajyaga akamujyana iwe akamufata ku ngufu.
Mu kiganiro Minisitiri w’Uburezi, Dr Vincent Biruta, yagiranye n’abanyeshuri biga mu mahanga tariki 05/06/2012 yabasabye kwiga amasomo atigishwa mu Rwanda kandi acyenerwa gukoreshwa mu Rwanda kugira ngo bafashe u Rwanda kuzamura iterambere n’ubumenyi.
Minisiteri ifite gucyura impunzi mu nshingano (MIDMAR) yasabye intumwa z’Inteko Nshingaamategeko ya Zambiya ziri mu Rwanda, gufasha gukangurira impunzi z’Abanyarwanda gutahuka ku bushake no gukumira abazangisha u Rwanda.
Abakozi bakora mu karere ka Gatsibo bakomeje kwibwa mudasobwa zigendanwa bakoresha mu kazi. Kuva ukwezi kwa Gicurasi kwatangira hamaze kwibwa mudasobwa enye zigendanwa; zibwa banyirazo bazisize mu biro bakoreramo.
Abagore babiri: Yankurije Eugenie na Nyiransabimaba Rachel, tariki 02/06/2012, bafatanywe udupfunyika 3900 tw’urumogi mu modoka ya KBS bava i Gisenyi berekeza mu mujyi wa Kigali.
Uwimbabazi Jeanne ukomoka mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, acumbikiwe kuri Station ya Police ya Mukamira akurikiranyweho icyaha cyo kwiyicira umwana we w’umukobwa yari amaze kubyara tariki 03/06/2012.
Nyuma yo gutsindwa imikino itatu, u Rwanda rwatakaje imyanya 14 n’amanota 43 ku rutonde rwa FIFA rw’uku kwezi kwa gatandatu 2012. Amavubi ari ku mwanya w’119 ku isi n’amanota 284; no ku mwanya wa 35 muri Afrika.
Polisi y’u Rwanda igiye kwakira imyitozo y’abayobozi ba posite za polisi mu muryango w’ubufatanye bw’abakuru ba polisi mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAPCCO) kubera ko ari yo iyoboye uwo umuryango.
Mugenzi Celestin w’imyaka 43 afungiye kuri sitasiyo ya polisi i Kigabiro mu karere ka Rwamagana akekwaho gufata ku ngufu umwana w’imyaka 12 umugore we mushya yatahanye yaramubyaye ahandi.
Mu ruzindiko yagiriye mu karere ka Bugesera tariki 05/06/2012, Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC), Mukaruriza Monique, yashimye ubuhahirane hagati y’u Rwanda n’u Burundi.
Abagize ishyirahamwe “abahizi ba Cyeza” bo mu karere ka Muhanga barasaba ko imirimo yo kwimika no gutunganya imyumbati ivamo ifu byaharirwa inganda ngo kuko ababikora ku giti cyabo babikorana umwanda ariko abaturage barabihakana.