Abasore batatu bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rushashi mu Karere ka Gakenke bakekwaho gufata ku ngufu abakobwa babiri mu ijoro rishyira tariki 07/10/2012, ku bw’amahirwe umwe abava mu nzara yambaye ubusa.
Mfurazibaho Gaetan w’imyaka 58 utuye mu Kagali ka Ruhanga, Umurenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke amaze imyaka 25 arwaye indwara arwaye yatumye abyimba mu ijosi ku buryo ryenda kungana n’umutwe.
Kubera ko Rayon Sport imaze iminsi itsindwa gukabije, benshi mu bakunzi bayo basabaga ko bagarura Raoul Shungu akaba ariwe uyitoza ariko ubuyobozi bw’iyo kipe butangaza ko bagomba kwitondera gufata icyo cyemezo, mu rwego rwo kwirinda ingaruka mbi gishobora kugira.
Urukiko rw’ubujurire rw’urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuwa kabiri tariki 09/10/2012, rwagabanije igihano Jean Baptiste Gatete yari yahawe mu rukiko rw’iremezo cyo gufungwa burundu maze rumukatira gufungwa imyaka 40.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 17 (Amavubi U17) kuri uyu wa gatatu tariki 10/10/2012 yahagurutse i Kigali yerekeza muri Botswana aho igiye gukina umukino w’icyiciro cya kabiri cyo guhatanira itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Maroc umwaka utaha.
Akarere ka Rutsiro karateganya gushyira inyakiramashusho (televiseurs) nibura 100 hirya no hino mu midugudu muri uyu mwaka wa 2012-2013 hagamijwe gufasha abaturage kumenya amakuru ndetse no gukurikira ibiganiro bitandukanye biganisha kuri gahunda za Leta.
Muri ino minsi igiciro cy’ibirayi cyarazamutse cyane ku buryo benshi bahisemo kuba baretse kubirya bahitamo kwihahira ibindi. Ubu ngo ibirayi ntibikiribwa n’umuntu ubonetse wese keretse uwifite.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yo mu ntara y’Amajyepfo baratangaza ko bamaze kugenda babona Abanyarwanda batari bake bahindura umwirondoro wabo mu byangombwa kuko baba bazi ko kubona amakuru kuri bo bitoroshye.
Umukozi wo mu rugo w’umukobwa witwa Uwamahoro yirukanwe ku kazi yakoraga nyuma yo kugambirira kuroga nyirabuja na sebuja, batuye mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, akoresheje ikinini cyica imbeba.
Umukecuru Antisa Khvichava wo muri Leta ya Georgia bivugwa ko ariwe ufite imyaka myinshi ku isi yitabye Imana tariki 05/10/2012 ku myaka 132 y’amavuko. Yavutse tariki 08/07/1880, nk’uko bigaragara mu byangombwa bye byo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti.
Abahagarariye sosiyete zirindwi z’Abafaransa zikora zikanacuruza ikoranabuhanga n’ibikoresho binyuranye byiganjemo ibyo gutanga amazi n’amashanyarazi, baje kureba niba bashobora gutangira gukorera mu Rwanda.
Bimenyerewe ko mu bitaramo bisanzwe bibera mu mujyi wa Kigali bishyushywa n’umu DJ umwe ariko ikizabera muri Bamboo Restaurant mu mujyi wa Kigali kuwa gatanu tariki 12/10/2012 kizashyushywa na DJ Cox na DJ Esggy.
Ubwo yatangizaga ukwezi k’umuryango kwatangirijwe mu karere ka Ruhango, kuri uyu wa kabiri tariki 09/10/2012, Minisitiri w’intebe Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yavuze ko bidashoboka ko umuryango watera imbere utakoze nibura amasaha umunani ku munsi.
Mu cyumweru cyarangiye tariki 07/10/2012, umuyobozi mukuru ba banki y’abaturage y’u Rwanda, Herman Klaassen n’uwari umwungirije José Habimana beguye ku mirimo yabo y’ubuyobozi bw’iyi banki.
Imiryango irindwi yo mu murenge wa Bushoki mu karere ka Rulindo irasaba ubuyobozi kubishyura ibyabo bimuwemo kubera imirimo yo kubaka umuhanda irimo gukorwa.
Gahunda yo gushyiraho ikigega cy’indishyi ku bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ntishoboka, ahubwo bazakomeza gufashwa kubafasha kwiyubaka nk’uko bisanzwe bikorwap; nk’uko bitangazwa n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi.
Imvura idasanzwe yaguye mu karere ka Rulindo kuwa mbere tariki 08/10/2012 yangije imyaka, ibisenge by’amazu birasambuka n’imodoka ziranyerera ziragwa.
Akarere ka Nyamasheke karatangaza ko ibikorwa by’urukozasoni byo gukopeza abanyeshuri mu bizamini bya Leta byagaragaye umwaka ushize muri aka karere bikwiriye kuba umuziro, ntihazagire aho byongera kugaragara.
Ntakirutimana Silas w’imyaka 31 wari amaze amezi abiri ashakishwa kubera kuruma izuru umukuru w’umudugudu w’aho atuye, yafashwe ku mugoroba wa tariki 8/10/2012 acumbikirwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) cyashyikirije imirenge 15 y’akarere ka Nyamagabe mudasobwa zigendanwa n’izo mu biro mu rwego rwo kuyongerera ubushobozi mu kazi kayo ka buri munsi.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, aragaya abataracukuye imirwanyasuri ku musozi wa Karuriza uherereye mu murenge wa Busogo akarere ka Musanze, none imvura yatangiye gutembana imyaka y’abaturage.
Umuvuduko ukabije w’amaraso (hypertension arterielle) ni indwara yibasira abantu benshi ariko idakunze kumenyekana kubera ko akenshi itagira ibimenyetso bigaragara.
Abayobozi bane ba koperative IMBARAGA y’abahinzi b’ibigori mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma bari mu maboko ya polisi station ya Kibungo bakekwaho kugurisha ifumbire ya “Dapu” irengaho gato toni 8.
Abagabo barindwi bo mu karere ka Kirehe bafunzwe bazira gucuruza mazutu mu buryo bwa magendu; bavuga ko bayikura ku bashoferi batwara amakamyo ava mu gihugu cya Tanzaniya.
Inzu y’umuturage wo mu murenge wa Kame mu karere ka Rusizi yaraye ihiye mu ma saa yine z’ijoro rya tariki 08/10/2012 bitewe n’umuriro waturutse mu gikoni cya motel Rubavu bituranye.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu arasaba abayobozi b’uturere n’abashinzwe igenamigambi kujya bateganyiriza gahunda zishobora gutungurana kugira ngo zitazajya zibatesha icyerekezo kigana ku ntego bihaye.
Mu rwego rwo kuremera abatishoboye bakuwe muri nyakatsi, Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu murenge wa Mugesera mu karere ka Ngoma batanze matera ngo bace na nyakatsi yo kuburiri.
Ubwo basuraga umurenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi, abana b’abakobwa bo mu mujyi wa Gisenyi berekanye ibitangaza n’ubugenge bwabo mu mukino wa acrobatie aho umwana umwe w’umukobwa yaryamaga bagenzi be bose bakagenda bamwuririraho kugeza ubwo yikoreye abantu bagera muri bane.
Abanyamuryango 35 bibumbiye muri cooperative COTTAVOGI itwara abagenzi muri taxi voiture mu mujyi wa Rubavu, tariki 08/10/2012, bakusanyije ibihumbi 150 byo gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund banatangaza ko bazakomeza gukusanya andi.
Ikigo cy’urubyiruko cya Rubavu cyahisemo kujya gikoresha amarushanwa y’imbyino n’imyidagaduro mu gishishikariza urubyiruko kwitabira ibiganiro bibahamagarira kwirinda SIDA.
Intumwa z’ibihugu bitandatu bya Afrika ziteraniye mu Rwanda kuva kuri uyu wa mbere tariki 08/10/2012, kugira ngo zihabwe amasomo ku bijyanye n’ivugurura mu nzego z’umutekano cyane cyane mu bihugu byahuye n’imvururu.
Amazu arenga 25 yasenyutse ndetse n’abana 12 bakurizamo kugira ihahamuka biturutse ku mvura irimo inkuba n’umuyaga yaguye mu mpera z’icyumweru gishize mu kagari ka Nyarusazi, umurenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi.
Mu ruzinduko yagiriye mu karere ka Rulindo kuwa mbere tariki 08/10/2012, Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye ibikorwa bitandukanye bijyanye n’ubuhinzi bikorerwa mu gishanga cya Bahimba asanga icyo gishanga kitabyazwa umusaruro nk’uko bikwiye.
Umuyobozi w’umushinga ugamije guteza imbere imiyoborere myiza mu nzego z’ibanze muri RALGA, Yves Bernard Ningabire yemeza ko guhugura y’Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge ari urugamba rwo gukemura ibibazo by’abaturage ku buryo bwihuse kandi bunoze.
Nyuma yuko ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo Rwanda Housing Authority bugaragaje ko akarere ka Ngoma kaza ku mwanya wa mbere mu ntara y’iburasirazuba mu kugira isakaro rya fibro ciment nyinshi,bamwe mu bihaye Imana batangiye gusaba abakiristu gutanga inkunga bakavanaho iryo sakaro.
Abagize urwego rushinzwe umutekano rwa community policing rukorera ku mudugudu, rurasaba ko rwagenerwa umwenda w’akazi kugirango abaturage barusheho kububahira imirimo bashinzwe.
Ikipe ya Club Atletique de Bizertin (CAB) yo mu cyiciro cya mbere mu gihugu cya Tuniziya, yishimiye cyane kugura Olivier Karekezi kandi ngo bizeye ko ubwo azaba atangiye kuyikinira mu mpera z’ukwezi kwa cumi azayitsindira ibitego byinshi.
Bishop Rwandamira Charles ukuriye itorero rya UCC (United Christian Church) avuga ko nta kintu na kimwe Abanyarwanda badashobora kugeraho kubera ko bavuga ururimi rumwe bigatuma icyo umwe avuze undi acyumva.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Francois Xavier Ngarambe, aremeza ko nubwo hari abananiwe kubahiriza amahame yawo bakihitiramo izindi nzira cyangwa bagacika integer, uyu muryango wungutse abanyamuryango benshi kandi bakora neza.
Ubuyobozi bw’intara ya Rhenanie Palatinat y’igihugu cy’u Budage bwavuze ko ubufatanye bwayo n’u Rwanda budashobora guhagarikwa n’impamvu za Politiki, nk’uko hari ibihugu byabikoze kubera gushinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 urwanira muri Kongo.
Mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwigenge bw’igihugu cya Uganda byabereye i Kigali tariki 07/10/2012, Perezida Kagame yasabye Abanyafurika kumenya icyo imyaka 50 ishize bigenga yabagejejeho n’isomo bakuyemo kugira ngo bategure ejo hazaza.
Mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 07/10/2012, abashoferi batanu n’umugenzi umwe barekuwe n’umutwe wa FDLR nyuma yo kubambura ibintu byose bari bafite maze babata mu ishyamba.
Dukuzimana Claire w’imyaka 6 yitabye Imana agozwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Land Cruiser saa moya n’igice z’igitongo cyo kuri uyu wa 08/10/2012.
Abatuye santere ya Muyira iherereye mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro bavuga ko bakunda inyama z’intama kuko ziryohera kurusha izindi. Ibi bituma muri ako gace ayo matungo bayorora ku bwinshi kandi nta nyama z’andi matungo wapfa kuhabona.
Abahagarariye ibihugu byabo mu muryango w’akarere k’ibiyaga bigari (ICGLR) bageze mu gihugu cya Uganda aho bagomba kuganira ku kibazo cy’umutekano wo mu burasirazuba bwa Congo.
Abantu babiri bitabye Imana bagonzwe n’imodoka mu turere twa Musanze na Kayonza mu mpera z’icyumweru cyarangiye tariki 07/10/2012; nk’uko Polisi y’igihugu ibitangaza.
Muri weekend ishize icyamamare mu njyana ya Hip Hop Jay-Z yakoreye concert y’akataraboneka ahitwa Barclays Center muri Leta ya New York ari kumwe n’umugore we Beyonce
Abashakashatsi bo muri Japan babashije gukora amagi bifashishije ingengabuzima (cellules) bavanye mu mbeba, ayo magi ngo yagaragaje ubushobozi bwo kuba yafasha abantu bafite ubugumba bakabasha kubyara.
Abakirisitu Gatolika bo muri Paruwase ya Hanika, muri Diyoseze ya Cyangugu barasabwa guhuza ukwemera kwabo n’imirimo y’ibikorwa bifatika kandi bitanga umusaruro kugira ngo uko kwemera kubashe kugira agaciro.
Imbere y’imbaga y’Abanyarwanda, tariki 07/10/2012 , umubyeyi witwa Mukantwari Jeanne yababariye Gashema Innocent icyaha cyo kuba yaramwiciye umugabo muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka 1994.