Musenyeri wo mu itorero ry’Abangilikane muri Afurika y’Epfo, Desmond Tutu, yashyikirijwe kuwa gatatu tariki 03/10/2012 igihembo cya miliyoni imwe y’amadolari kubera guteza imbere imiyoborere myiza ku mugabane w’Afurika.
Amahugurwa y’iminsi 12 yagenewe abagize urwego rw’ubufatanye hagati ya polisi n’abaturage (Community Policing) agomba gutangwa mu turere twose yatangiriye mu karere ka Gisagara tariki 04/10/2012. Kuba uru rwego rugiye kungurwa ubumenyi bizanarufasha gukora ibyo rusobanukiwe neza.
Abayobozi mu nzego z’ibanze mu Ntara y’Iburasirazuba barasabwa kwitegura gukora cyane kugira ngo bazagire byibura amanota 90% mu guhigura imihigo y’uyu mwaka bitaba ibyo bakitegura kubibazwa n’ubuyobozi bw’Intara.
Umugore witwa Iryivuze Valentine afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze, kuva tariki 03/10/2012 azira gucuruza amamesa atujuje ubuziranenge.
Binyujijwe cyane cyane mu rubyiruko, akarere ka Rulindo kari muri gahunda yo kurwanya icuruzwa ry’abantu. Urubyiruko rurakangurirwa kwishakira icyo gukora kugira ngo rudashidukira mu mijyi ahakunze kugaragara icyo kibazo.
Ubushakashatsi bwerekanye ko iyo agahinja kakiri mu nda ya nyina gashobora kumenya bimwe mu bibera ku isi kabone n’ubwo kaba kakiri gatoya cyane.
Chris Brown n’uwo bari bamaze iminsi bakundana Karrueche Tran bamaze iminsi batameranye neza nyuma yo kumenya ko Brown yabyukuje umubano na Rihanna.
Abanyamideri bakomoka mu gihugu cya Esipanye bashyize ku isoko ubwoko bw’umwenda w’imbere udasanzwe. Iyi shusho nshya y’umwambaro ufite amateka maremare yahawe izina rya C-String.
Komisiyo y’abadepite ishinzwe ububanyi n’amahanga yashimye ibikorwa byo kwegereza abaturage amazi no kubatoza isuku byakozwe n’umushinga WASH mu turere twa Rubavu, Nyabihu, Musanze na Burera.
Mu isuzuma barimo gukora mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’Uburasurazuba (EAC), abadepite b’umuryango wa Afurika y’Uburasurazuba bari mu ruzinduko mu Rwanda batangaje ko u Rwanda ruhagaze neza mu kubahiriza uburenganzira bwa muntu.
Mu nama akarere ka Nyamasheke kagiranye n’abacukuzi b’amabuye y’agaciro muri ako karere kuri uyu wa kane tariki 04/10/2012, abacukuzi basabwe kubukora mu buryo burengera ibidukikije kandi bwemewe n’amategeko.
Umugabo ukomoka mu gihugu cya Tchèque witwa Jakub Halik ufite imyaka 37 y’amavuko amaze amezi atandatu ariho ariko nta mutima afite. Abaganga bamushyizeho pompe imuha umwuka ikanakoresha amaraso mu gihe bagishaka ukuntu basimbuza umutima yari afite.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yatangaje ko mbere yo kwamagana umutwe wa M23 azabanza kwamagana abatumye abo barwanyi babaho mbere yo kubikorera M23.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Uburasirazuba arasaba ubuyobozi bw’Uturere gushyira igitsure ku bafatanyabikorwa barimo imiryango itegamiye kuri Leta (ONG) ngo basohoze ibyo bakwiye gukora kuko iyo bidakozwe bigira ingaruka mbi ku igenamigambi n’imihigo by’akarere.
Bamwe mu batuye mu kagari ka Rwimishinya, umurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, baravuga ko muri ako gace hari abantu baza bashaka kugura itungo, batakumvikana na nyiraryo ku giciro bwacya mu gitondo nyir’itungo agasanga baryibye.
Mu nama y’umunsi umwe igamije gusuzuma uko umubyeyi wahuye n’ikibazo cyo gukuramo inda yakwitabwaho, byagaragaye ko abagore 247 bahuye n’ikibazo cyo gukuramo inda mu karere ka Bugesera.
Isosiyete itwara abagenzi titwa Kigali Bus Services (KBS) yafunze imiryango tariki 4/10/2012 yaho yakoreraga mu mujyi wa Nyanza nyuma y’amezi atanu gusa itangiye gukora ingendo hagati ya Nyanza na Kigali.
Abakina imikino y’amahirwe ishobora kubafasha gutsindira ibihembo bitandukanye, bagiye kujya bishyura 15% by’ibyo bihembo mu Kigo cy’Igihugu gishiznwe kwakira Imisoro (RRA), mu gihe nyiri ugukoresha tombola we azajya asora 13% ku nyungu yasaguye.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryahaye Ntagwabira Jean Marie waherukaga gutoza Rayon Sport igihano cyo kudatoza ikipe iyo ariyo yose mu Rwanda mu gihe cy’imyaka itanu kubera guhamwa na ruswa yatanze mu mupira w’amaguru.
Polisi ikorera mu karere ka Gicumbi yataye muri yombi abagore batatu aribo Francine Murerwa, Chantal Uwamariya na Violette Ugirumurera nyuma yo gufatanwa uducupa 250 tw’inzoga zitandukanye.
Umugabo witwa Munyentwari Ignace ukekwaho gushaka gutanga ruswa ku mupolisi ushinzwe umutekano wo mu muhanda afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruharambuga mu murenge wa Ruharambuga mu karere ka Nyamasheke.
Umusaza Mugiziki Aloys yamaze imyaka ine aburana inzu n’umuturanyi we Fred Ntagungira Alias Rushirabwoba aratsindwa ariko abaturanyi be bemeza ko yarenganye bagasaba ko yarenganurwa.
Kuri uyu wa kane tariki 04/10/2012, mu cyumba cy’Inteko ishinga amategeko, Umukuru w’igihugu aratangiza umwaka w’ubucamanza, anakire indahiro z’Umuvunyi mukuru Aloysie Cyanzayire, Umugaba mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka, Maj.Gen. Frank Mushyo Kamanzi na Depite Mukakarangwa Clothilde.
Ku rutonde rw’uko ibihugu bikurikirana mu mupira w’amaguru rwashyizwe ahagaragara na FIFA, mu ntangiriro z’uku kwezi, u Rwanda ruri ku mwanya wa 124 ku isi no ku mwanya wa 35 muri Afurika.
Mu rwego rwo gutegura imikino ibiri ya gicuti izahuza u Rwanda na Namibia tariki 10/10/2012 na tariki 13/10/2012, umutozo w’ikipe y’igihugu yahamagaye abakinnyi mu myitozo. Benshi muri bo ni bashya kandi baracyari batoya.
Umwana witwa Niwemwiza wo mu karere ka Rulindo afite ikibazo cy’umubyibuho ukabije ugereranije n’uko abana bari mu kigero cye baba bangana. Ku mwaka umwe n’amezi abiri, Niwemwiza apima ibiro 25.
Nk’uko bigenda bigaragara mu bahanzi nyarwanda, benshi mu bamaze gutera imbere usanga ari nabo bamaze kwegukana ibihembo byinshi ugerereanyije na bagenzi babo bataratera imbere cyane nyamara basa n’abinjiriye mu muziki mu gihe kimwe.
Ubwo yasuraga ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga tariki 03/10/2012, Minisitiri w’ubuzima, Agnes Binagwaho, arasaba ubuyobozi bw’uturere twose ko twakora amalisiti y’abarwayi bo mu mutwe batagira ababakurikirana kugirango babashe kuvuzwa.
Umuhanzikazi Gabby Irene Kamanzi na bagenzi be bo muri Gospel bazataramira muri Contact Restaurant kuri uyu wa gatanu tariki 05/10/2012 guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba kandi kwinjira bizaba ari ubuntu.
Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda hagiye kubakwa inzu y’ihuriro ry’imikino (complexe sportif); iyo nzu izubakwa mu karere ka Muhanga; nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’inama njyanama y’ako karere, Antoine Sebarinda.
Umuryango ushinzwe ubuzima ku isi (OMS) watangaje ko virusi nshya yitwa Coronavirus ifitanye isano n’iyitwa Sras yigeze guhitana abantu 774 muri 2003 kandi birakekwa ko yaba ituruka ku ducurama.
Urubyiruko cyane cyane urwiga rurakangurirwa kugira umuco wo kwizigamira hakiri kare ndetse no kureka imyumvire yo kumva ko kwizigamira ari iby’abakuru; nk’uko bitangazwa na Sayinzoga Kampeta, umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Imari.
Sosiyete y’itumanaho Airtel ikorera mu Rwanda yasinyanye amasezerano n’umuhanzi King James kuri uyu wa gatatu tariki 03/10/2012, kugira ngo ayibere umu-ambasaderi wo kuyimenyekanisha ku bakunzi be. King James asanzwe akorana na sosiyete Bralirwa ikora ibinyobwa.
Ministeri y’ingabo (MINADEF) yarushije ibindi bigo gutanga amafaranga menshi mu kigega Agaciro Development Fund kuva cyatangira. Kuri uyu wa gatatu tariki 03/10/2012 MINADEF yatanze umusanzu ungana n’amafaranga 1,643,160,972.
Ikibazo cy’akajagari kagaragara mu gutwara abagenzi mu muhanda Ngororero-Muhanga kimaze iminsi, aho abagenzi bavuga ko imikorere y’abatwara amamodoka muri uwo muhanda ibabangamira bityo bagasanga RURA ariyo yabikemura kuko iyo bavuze abatwara abagenzi ntacyo babikoraho.
Nyuma y’uko uburobyi mu kiyaga cya Kivu busubukuwe, igiciro cy’isambaza ku kiro cyavuye ku mafaranga 1500 kijya ku mafaranga 1250. Nyuma y’amasaha make uburobyi busubukuwe tariki 02/10/2012, umurobyi wa mbere yahise aroba ibiro 120.
Kuri uyu wa 03 Ukwakira 2012, abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge n’ab’utugari bo mu karere ka Kirehe bateraniye mu mahurwa y’iminsi ibiri agamije kubasobanurira ibigendanye n’imiyoborere myiza no gutanga serivise neza ku babagana.
Umugore witwa Mukagatare Vestine utuye mu Kagali ka Busanza, umurenge wa Kanombe mu mujyi wa Kigali, yafatanywe udupfunyika turenga 1200 tw’urumogi atwambariyeho imyenda y’imbere.
Uzanyinzoga Suzan w’imyaka 53, utuye mu kagari ka Musongati, umurenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga, afite uburwayi ku munwa amaranye imyaka 53 nta buvuzi arabona.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mukura, Butasi Jean Herman, arasaba abaturage bo mu murenge ayobora ko muri uyu mwaka bagomba guhinga ibisambu byose bidahinze kugira ngo umurenge wabo uzabe ikigega cy’intara y’uburengerazuba.
Mu minsi ya vuba mu Rwanda harajyaho itegeko rizajya ritegeka buri muntu wese, cyane cyane abayobozi gutanga amakuru areba n’inshingano bashinzwe ku banyamakuru ndeste no ku baturage basanzwe.
Inyeshyamba za M23 zigaruriye utundi duce twari dufitwe na Maï-Maï na FDLR duherereye mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kuwa mbere tariki 01/10/2012.
Abadepite bahuriye mu ihuriro nyarwandakazi ry’abagore bari mu nteko ishingamategeko (FFRP) bari mu mwiherero mu karere ka Rubavu basuzuma ibyagenzweho no gutegura ibizakorwa mu mwaka wa 2013.
Abagize inzego z’umutekano ku mudugudu “community policing” barasabwa kujya bakorana n’inzindi nzego z’ubuyobozi ndetse n’iz’umutekano mu gugatanga amakuru; nk’uko babikanguriwe na minisiteri y’umutekano mu gihugu (MININTER) tariki 02/10/2012 mu kiganiro kigamije gukumira ibyaha mbere y’uko biba.
Nyuma y’igihe cy’ibyumweru bitatu yamaze akora igeragezwa mu gihugu cy’Ububiligi, Muhamed Mushimiyimana ukina muri SEC Academy ashobora kwerekeza mu ikipe ya Lierse yo mu cyiciro cya mbere, kuko yashimwe n’abatoza b’iyo kipe.
Ku wa kabiri taliki 02/10/2012 mu murenge wa Kimisagara mu mujyi wa Kigali hafunguwe ikigo kigisha umupira w’amaguru ndetse kikanatanga inyigisho zitandukanye ku rubyiruko “Kimisagara Football For Hope Centre”.
Mu gihe umuziki nyarwanda uri kugenda urushaho gutera imbere, benshi mu bakunzi bawo baragenda barushaho kumva no kubona agaciro k’uburyo bwo kuririmba by’umwimerere (Live).
Abanyarwanda barashishikarizwa kujya bakoresha interineti banyomoza ibihuha bisebya u Rwanda byandikwa mu bitangazamakuru bitandukanye mpuzamahanga kandi bakanasobanurira abanyamahanga ibyiza byinshi u Rwanda rumaze kugeraho.
Abakozi b’akorera ku karere ka Rutsiro bahagaritse akazi kabo kuwa kabiri tariki 02/09/2012 nyuma ya saa sita kugira ngo bifatanye n’umuryango, hamwe n’abaturanyi mu gikorwa cyo gushyingura umukobwa witwa Dusabe Pascaline witabye Imana akubiswe n’inkuba tariki 01/09/2012.