Umukobwa wo mu gihugu cya Brézil witwa Catarina Migliorini w’imyaka 20 y’amavuko yashyize ku isoko ubusugi bwe kugirango abone amafaranga yo gushyira mu muryango udaharanira inyungu ufasha mu kubakira abatishoboye.
Nyuma y’amezi abiri uburobyi mu kiyaga cya Kivu buhagaritswe kubera amafi yari amaze kuba make, tariki 02/10/2012, i Kivu cyongeye gufungurwa ku mugaragaro.
Nyuma yo kwandikira Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu bayisaba ubufasha, Abacitse ku icumu rya Jenoside batuye mu mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo, umurenge wa Gacurabwenge basuwe n’umunyamabanga wa Leta muri iyo Minisiteri abemerera ubufasha.
Bamwe mu bafite uburwayi bw’impyiko bwabaye akarande bavuga ko bategereje urupfu mu gihe kitarenze icyumweru, nyuma yo gusezererwa ku byuma bibagabanyiriza amazi mu mubiri aterwa no kudakora neza kw’impyiko.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) kirasaba abayobozi kudafata abanyamakuru nk’abakeba ahubwo ko bakwiye kubafata nk’ababunganira mu iterambere kuko ari ijisho rya rubanda.
Ubucukuzi bw’amabuye akoreshwa mu bwubatsi bwagaragaye nk’ikindi kibazo kibangamiye ibidukikije mu karere ka Ngororero hamwe n’uturere buhana imbibe nka Rutsiro na Nyabihu.
Umushakashatsi witwa Professeur Richard Lynn yashyize ahagaragara ubushakashatsi bwerekana ko kugira ubwenge bwinshi biza ku mwanya wa mbere mu bituma abagabo bagira ibitsina binini ariko hari n’izindi mpamvu nk’ahantu umuntu aba (climat) ubwoko (race) n’ibindi.
Mbonimana Bernabe w’imyaka 17 y’amavuko wo mu murenge wa Mururu akagari ka Bahunda yongeye gushikirizwa inzego za Polisi azira icyaha cy’ubujura nyuma y’icyumweru kimwe gusa afunguwe kuri pariki aho nabwo yaziraga kwiba amaradiyo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 02/10/2012, mu karere ka Nyamasheke hatangiye ibiganiro by’iminsi ibiri hagati ya komisiyo y’igihugu y’ubumwe n’ubwiyunge (NURC) n’inzego zitandukanye z’ubuyobozi n’izihagarariye ibyiciro bitandukanye by’abaturage.
Intumwa z’Inteko Ishingamategeko ya Afurika y’Uburasirazuba (EALA) ziri mu ruzinduko mu Rwanda, zirarusaba ko rwashyira amahame y’uyu muryango mu itegeko nshinga ryarwo kugira ngo ingufu rwakoresheje mu miyoborere yarwo zirukoreshe no mu karere.
Nyuma yo kugaragara ko abaturage babiri bubatse ku musozi wa Rubavu bakarengera imbibe bagendeye ku byangombwa bahawe n’abakozi b’akarere, ubuyobozi bw’intara bwahisemo kubakurikirana bagenerwa ibihano.
Nyampinga w’u Rwanda muri uyu mwaka wa 2012, Aurore Mutesi Kayibanda, avuga ko gushyira mu kigega Agaciro Development Fund atari ukuba ufite amafaranga menshi ko n’urubyiruko ruciriritse rwakihesha agaciro binyuze kuri telephone zabo.
Umusore w’imyaka 30 witwa Muhoza Paulo wari veterineri mu murenge wa Nkungu yagonzwe n’ikamyo y’Abashinwa bakora imihanda muri Rusizi na Nyamasheke ahita yitaba Imana ahagana saa atanu zo kuwa 02/10/2012.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru arasaba abikorera bo muri iyo ntara kureka imico yo kuba ba nyamwigendaho, ahubwo bagakorana n’abandi haba imbere mu gihugu ndetse no hanze hagamijwe iterambere rirambye.
Umugabo witwa Umberto Billo umaze kuryamana n’abagore bagera ku 8000 niwe uza ku isonga ry’urutonde rw’abagabo b’ibihangange mu kuba baraciye agahigo mu gutera akabariro n’abagore benshi ku isi; nk’uko byatangajwe n’urubuga rwa Zigonet.
Umutwe wa M23 uhanganye na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo watangaje ko witeguye gufata umujyi wa Goma kubera ubwicanyi bukomeje gukorerwa abahatuye Leta irebera.
Icikagurika rya hato na hato ry’amashusho ya isosiyete icuruza amashusho, Star Times, rishobora gutuma ifatirwa ibihano; nk’uko bitangazwa n’Ikigo gishinzwe kugenzura imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA).
Kuri uyu wa mbere tariki 01/10/2012, Polisi ikorera mu karere ka Bugesera yataye muri yombi abagabo babiri bajyanye ibiti by’imishikiri bikoreshwa mu gukora imibavu n’amavuta yo kwisiga kubigurisha mu gihugu cya Uganda.
Nyuma y’igihe gito yemeye ku mugaragaro ko azakora indirimbo ishishikariza Abanyarwanda gushyigikira ikigega Agaciro Development Fund (AgDF), Umuhanzi Kizito Mihigo ubu yayigejeje hanze.
Umuryango udaharanira inyungu, Rwanda Partners, wemereye umusaza Karongozi Stephan w’imyaka 84 utuye mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango, kuva mu muhanda agahabwa akazi kazajya kamuha amafaranga yo kwikenuza.
Nyuma yo kumurikira Abanyarwanda alubumu ze ebyiri “My Destiny” na “Intero y’Amahoro”, kuri ubu benshi baremeza ko Umuhanzi Mani Martin ariwe muhanzi wa mbere mu Rwanda ukoze ibintu bitazibagirana mu mateka ya muzika nyarwanda.
Umuhanzi Patient Bizimana yakoze impanuka ageze i Gikondo ataha ubwo yari avuye mu gitaramo yari yakoreye kuri Sport View Hotel ku cyumweru tariki 30/09/2012.
Umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko witwa Dusabe Pascaline yitabye Imana, abandi batatu bajyanwa kwa muganga biturutse ku nkuba yakubitiye mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro ku wa mbere tariki 01/10/2012.
Bazarama Caïthan w’imyaka 33 y’amavuko utuye mu karere ka Nyanza wigeze gukora indege yifashihsije moteri ya moto arashaka kongera gukora indi bitandukanye ariko agasaba ko yaterwa inkunga muri icyo gikorwa.
Abanyekongo bafashwe biba amafi mu Rwanda Abanyekongo 23 bafungiye mu karere ka Rubavu bazira kwambuka imipaka ku buryo butemewe n’amategeko bakajya kuroba amafi mu kiyaga cya Kivu mu gice cy’u Rwanda mu gihe mu Rwanda uburobyi bwahagaze.
Urubyiruko rurasabwa kurwanya ubushomeri ruhanga imirimo rushaka igisubizo cy’ubukene kugira ngo rwiheshe agaciro aho gutega amaboko ibivuye ku bandi.
Mu karere ka Ngororero hamaze iminsi havugwa ubwambuzi bw’abaturage bakorera amabanki n’ibigo by’imari iciriritse, none hiyongeyeho abambura VUP muri gahunda yo gufasha abaturage kwiteza imbere bahabwa inguzanyo.
Florida Niyiragira wo mu mudugudu w’Akabare ka II, akagari ka Rwimishinya, umurenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, yemeza ko mu icebe ry’ihene ye havuyemo igisiga gihita gipfa.
Umurambo w’umugabo witwa Emmanuel n’uwundi mwana ufite umwaka umwe n’amezi make yatoraguwe mu mugezi wa Nyabarongo mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere tariki 01/10/2012.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye kugaragariza inzego zibakuriye ikibazo cy’ubukene bw’abatuye aka karere kugirango zibashe kubibafashamo.
Kimwe n’ahandi hose mu gihugu tariki 29 Nzeri 2012 mu Karere ka Kirehe habaye umuganda ngaruka kwezi wahuje abaturage n’abayobozi ku nzego zitandukanye bakaba baracukuye imirwanyasuri bubaka n’ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12.
Akarere ka Rubavu kateganyine amafaranga miliyoni eshatu yo gufasha ababyeyi gukora imishinga bakorera mu Rwanda aho gusiga abana ku mihanda bakajya gushaka imirimo mu mujyi wa Goma.
Uguweneza Josianne w’imyaka 17 afungiye kuri polisi ya Ntongwe mu karere ka Ruhango, guhera tariki 29/09/2012 akekwaho gukuramo inda y’amezi abiri.
Abasore bo mu mirenge itandukanye yo mu karere ka Rusizi bari bamaze imyaka ibiri bahabwa amasomo i Wawa azabafasha mu buzima bwo hanze dore ko batarajyayo bitwaga amazina mabi kubera urumogi n’ubujura byabarangaga.
Nkunzwenimana Jean Baptiste w’imyaka 25 utuye mu mudugudu wa Byimana, akagari ka Rugarama mu murenge wa Kigina afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kirehe azira gufatwa atetse kanyanga.
Nzabamwita Jean w’imyaka 50 wari utuye mu mudugudu wa Gikoma akagari ka Gako, umurenge wa Ntongwe, yitabye Imana tariki 29/09/2012, aguye mu bitaro bya Nyanza aho yari yagiye kwivuza inkoni yakubiswe n’abana be.
Santere ya Mugu iri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera yabaye indiri y’ibiyobyabwenge na forode kuko ituriye umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda kandi hakaba nta polisi ihakorera mu buryo buhoraho.
Ngizwenayo Felix w’imyaka 28 ukorera Intersec Security nk’umuzamu yafatanwe intebe yo mu biro yari mu bikoresho ashinzwe kurinda kuri radiyo y’abaturage ya Rusizi ayicyuye iwe kuwa 30/09/2012 saa munani n’igice z’umugoroba.
Prof. Sam Rugege ukuriye Urukiko rw’Ikirenga yemeza ko ubutabera bw’u Rwanda bushishikajwe n’uko abaturage bishimira ibyo bubakorera, kurusha ibyo abanyamahanga batekereza ku Rwanda.
Abayobozi b’umuryango w’ubumwe bw’iburayi (EU) ishami ry’Afurika, batangaje kuri uyu wa mbere tariki 01/10/2012, ko EU ikomeje gutera inkunga u Rwanda, ititaye ku bibazo bya politiki u Rwanda rufitanye na Kongo Kinshasa.
Kigali Today ibazaniye uburyo bwihuse bwo gukurikirana amakuru yo muri buri karere k’u Rwanda.
Akarere ka Rubavu gashima ko ingamba zo kurwanya imirire mibi zafashwe zitanga icyizere ko Bwaki n’indwara zikomoka ku mirire mibi zizashira.
Miliyoni zirenga 70 z’amafaranga y’u Rwanda (amadorali ibihumbi 120) niyo yakusanyijwe n’Abanyarwanda bari mu butumwa bw’amahoro i Darfur muri Sudani mu muhango wabereye El Fasher ku kicaro cya batayo y’Abanyarwanda tariki 28/09/2012.
Mu mukwabu wiswe Operation Hope wabaye tariki 29/09/2012 hafashwe ibiro 120 by’urumogi biri mu dupfunyika 17500 na litiro 20 za kanyanga mu kagari ka Kimisagara, mu murenge wa Kimisagara, mu karere ka Nyarugenge.
Nyuma y’imyaka irindwi abagore murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango bakora umwuga wo kuboha agaseke, baravuga ko ubu mu ngo zabo hasigaye harangwa amahoro kuko nta mugore ugisabiriza umugabo ngo namuhe amafaranga y’ihaho.
Abana bane bafite imyaka iri munsi y’ubukure bo mu rugo rwa Mandela Ntazinda na Sifa batawe muri yombi tariki 29/09/2012 bacuruza urumogi basigiwe n’ababyeyi babo. Ababyeyi b’abo bana nabo bafunzwe bazira gucuruza urumogi.
Kutamenya gusoma no kwandika ariko cyane cyane isoni zo gutera igikumwe mu mwanya wo gusinya byatumye Mukandemezo Colette w’imyaka 67 wo mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi agana inzira y’ishuri.
Mu gukomeza gushakira abaturage ari nabo bavamo abakiriya babo ubuzima bwiza Banki y’ubucuruzi ya Kenya (KCB) ishami rya Rusizi yatanze utumashini 10 twa glucometres dufasha abarwayi ba diyabete kumenya isukari bafite mu mubiri wabo.
Umutwe ugizwe n’abapolisi 143 b’Abanyarwanda bari basesekaye ku kibuga cy’indege i Kanombe tariki 29/09/2012 bava mu butumwa bw’umuryango w’abibumbye bwo kugarura amahoro mu gihugu cya Haiti, aho bari bamaze amezi icyenda.