Ikipe ya Kigali basketball Club (KBC) yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka ikomeje kwitwara neza muri shampiyona y’uyu mwaka, ikaba itaratsindwa na rimwe mu mikino ine imaze gukinwa.
U Rwanda rwanganyije na Namibia ubusa ku busa mu mukino wa gicuti wabereye kuri Independence Stadium i Windhoek ku wa gatandatu tariki 13/10/2012.
Ikamyo ebyiri zagonganiye mu ishyamba rya Nyungwe igice cy’akarere ka Nyamagabe, ku cyumweru tariki 14/10/2012 saa saba z’amanywa bituma ikibazo cy’ingendo kigorana muri uwo muhanda.
Abaturage bo mudugudu wa Rambo, akagari ka Kiraga, umurenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu baturiye umugezi wanyuraga mu ruganda rwa Bralirwa ariko ukimurwa ukanyuzwa hagati y’amazu yabo bazimurwa kuko ubasenyera.
Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’intumwa z’intara ya Rhineland Palatinate tariki 13/10/2012 yasobanuye ko urubyiruko rwo mu bihugu bicyennye n’ibikize bose ntawe ushaka gusigara inyuma y’abandi ahubwo biterwa n’amahirwe bahura nayo mu kugera kubyo bashaka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) tariki 13/10/2012 cyashyikirije ikigo ngororamuco cy’i Wawa inka 20 bemerewe na Minisitiri w’Intebe Dr. Pierre Damien Habumurenyi tariki 15/09/2012.
Mu murenge wa Nyamiyaga wo mu karere ka Gicumbi, tariki 12/10/2012, haguye imvura nyinshi ivanze n’urubura maze yangiza bikabije inzu y’umuturage witwa Munyensanga Philipe.
Umuyobozi wa FPR-Inkotanyi mu kagari ka Kamashangi, umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi, Munyurangabo Beata, arasaba abanyamuryango gukomeza kugira uruhare mu guteza imbere igihugu.
Abafatanyabikorwa b’akarere barasabwa kugira ibikorwa bikomeye byahizwe mu mihigo y’akarere ibyabo kugira ngo imibereho y’abaturage itere imbere ku buryo bwihuse.
Abana b’inshuke, abiga mu mashuri abanza n’ayisumbuye nabo bitabiriye gushyira ikigega Agaciro Development Fund mu muhango wabereye mu murenge wa Kinazi mu karere ka Huye tariki 13/10/2012.
Umusore witwa Bizimana Jean Bosco yafashwe atera amabuye hejuru y’inzu y’uwitwa Nduwayezu Venuste tariki 12/10/2012 mu murenge wa bushoki mu karere ka Rulindo.
Nyandwi Adilien w’imyaka 39, afungiye kuri polisi ya Mutara mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango guhera tariki 11/10/2012 akekwaho gusambanya ku gahato umukobwa w’imyaka 27 ubana n’uburwayi bwo mu mutwe.
Urupfu rw’umugore witwa Maniragena Olive w’imyaka 27 y’amavuko witabye Imana mu ijoro rishyira tariki 13/10/2012 aryamye mu buriri bumwe n’umugabo we rukomeje gutera urujijo. Hategerejwe ibizamini byo kwa muganga ngo hamenyekane icyo yazize.
Inzu y’Umurenge SACCO ya Gishubi niyo iciye agahigo mu kuzura muri aka karere, ugereranyije n’izindi zihagaragara usanga zishaje zitanahagije, kandi zisabwa kwiyubakira kuko ntankunga iteganywa mu kuzivugurura.
Alphonsine Nyiraneza w’imyaka 16 wari utuye mu kagari ka Rugarama, mu murenge wa Kigina yitabye Imana nyuma yo kugezwa mu bitaro bya Kirehe mu karere ka Kirehe, amaze kugwirwa n’igsenge k’inzu, kuri uyu wa 12/10/2012.
Ikibazo cy’isuri kigaragara mu nkambi ya Kigeme kibangamiye impunzi z’Abanyekongo ziri muri iyi nkambi, kuko iyo imvura muri iki gihe cy’imvura iguye amazi yinjira mu mashitingi cyane ko iyi nkambi yubatse ku musozi.
Emery Bayisenge usanzwe ari Kapiteni w’ikipe y’abatarengeje imyaka 20 yagizwe kapiteni w’ikipe y’igihugu nkuru, mu mukino wa gicuti uyihuza na Nambia, kuri uyu wa Gatandatu tariki 13/10/2012 mu mujyi wa Windhoek.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi barasabwa kudahagarara mu bikorwa bagezeho, bagakomeza kugira uruhare mu byateza imbere igihugu, nk’uko byatangajwe n’Umuuyobozi w’umuryango mu kagali ka Kamashangi, ubwo hizihizwaga isabukuru yawo y’imyaka 25 ku rwego rw’akagali.
Abarezi bitwaye neza bagatoranywa na bagenzi babo bahawe amashimwe kubera akazi kanini bakora, mu muhango wo kwizihiza umunsi wahariwe abarezi mu murenge wa Gasaka, wijihijwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 12/10/2012.
Ku bitaro bya Kirehe harwariye umugabo witwa Niyibishaka Emmanuel, kubera ibikomere yatewe n’imihoro yatemwe ubwo we na bagenzi be bageragezaga kwibisha imbunda ariko uwo bateye akirwanaho, mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Inzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta n’Urugaga rw’Abikorera(PSF), bashyizeho urwego rw’ibiganiro bise “RPPD”, rubahuza kugira ngo impinduka mu bucuruzi zihutishwe ku ruhande rwa Leta hanakemurwe ibibazo by’abikorera mu Rwanda ku ruhande rw’abikorera.
Imodoka ya kompanyi Horizon Express yari itwaye abagenzi, yavaga mu mujyi wa Kigali ijya mu karere ka Nyanza ku mugoroba wa tariki 12/10/2012, yari ihitanye umumotari mu mvura yari itangiye kujojoba aka karere.
Ikipe y’igihugu Amavubi y’abatarengeje imyaka 17 yatsinzwe igitego kimwe ku busa na Botswana mu mukino wo gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika wabereye i Gaborone ku wa gatanu tariki 12/10/2012.
Ku isaha ya Saa Cyenda z’amanywa zo kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012, nibwo umuhanzi King James yuriye indege bwa mbere mu mateka ye yerekeza ku mugabane w’u Burayi, aho agiye gukora ibitaramo.
Polisi yo mu karere ka Nyarugenge yataye muri yombi imodoka yari itwaye forode y’amakarito 78 y’inzoga yo mu bwoko bwa African Gin ahwanye n’uducupa 640, kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Isuku n’ikinyabupfura bigaragara mu bagororwa ba gereza ya Nyanza, biri mu byashimishije intumwa z’Amabasade y’u Buholandi mu Rwanda, ubwo zayigendereraga kuri uyu wa Gatanu tariki 12/10/2012.
Mu karere ka Kayonza hagiye gutangizwa uruganda ruzajya rukora impapuro mu bivovo by’insina. Iyo nyigo yakozwe n’abasore babiri bize mu gihugu cy’u Buhinde, nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi Gakuba Damascene ukuriye urugaga rw’abikorera mu karere ka Kayonza abivuga.
Umunyeshuri witwa Niyomugabo Diomede w’imyaka 20 wiga mu mwaka wa gatanu mu ishuri ribanza rya Dihiro riri mu Murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yaburiwe irengero nyuma yo gukubita umwarimu umugeri akikubita hasi.
Ndikubwimana Erneste w’imyaka 33 afungiye kuri station ya polisi ya Kanjongo mu karere ka Nyamasheke akekwaho urupfu rw’umukobwa w’imyaka 20 witabye Imana nyuma yo gusambanywa n’abahungu babiri barimo uyu Ndikubwimana.
Abaturage bo ku kirwa cya Bugarura giherereye mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bavuga ko ubwato bahawe nk’ingobyi y’abarwayi batabukoresha kuko bunywa lisansi nyinshi, bakifuza ko bahabwa ubuciriritse.
Kuri uyu wa 12/10/2012, mu kagari ka Rugarama, umurenge wa Kigina mu karere ka Kirehe imvura yaguye mu masa saba n’igice yashenye amazu 23 ibisenge by’inzu byose bivaho naho andi 17 asenyuka igice.
Urwego rw’Umugenzuzi mukuru w’imari ya Leta (OAG) rwatangarije Inteko ishinga amategeko kuri uyu wa gatanu tariki 12/10/2012, ko amafaranga arenga miriyari 10 atagaragazwa uburyo yakoreshejwe n’inzego zinyuranye z’igihugu mu mwaka wa 2010-2011.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’uburezi, Dr. Harebamungu Mathias, arasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri kurushaho kwita ku burere bw’abanyeshuri kubera ko ngo byagaragaye ko hari abayobozi b’ibigo bibera mu byabo ku buryo usanga batakiba mu bigo bayobora.
Abanyeshuri batatu biga kuri Ecole Technique Sainte Trinite Ruhango, bafungiye kuri polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 11/10/2012 bacyekwaho kwiba matola z’abandi bana bakazigurisha mu baturage baturanye n’ishuri bigaho.
Abanyarwanda barakangurirwa kwitabira gahunda yo gushinganisha ubuhinzi bwabo kuko ari yo yabafasha guhangana n’igihombo bashobora guterwa n’ibihe bibi birimo n’ibiza; nk’uko bitangazwa na Minisitiri w’Ubuhunzi, Agnes Karibata.
Umugore witwa Bayavuge utuye mu kagari ka Kabihogo, umurenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro yakubiswe n’inkuba ku wa kane tariki 11/10/2012, arakomereka ahita ajyanwa kwa muganga.
Litiro 469 za kanyanga zifite agaciro k’amafaranga ibihumbi 938 zamenywe mu muhango wo kumena ibiyobyabwe no gucira urubanza abacuruzaga n’abanywaga kanyanga, wabaye tariki 11/10/2012 mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi, Protais Ndindabahizi, yegujwe azize kugaragaraho imyitwarire idakwiye umuyobozi, arwana n’umuturage ayobora mu kabari.
Justine Nyiratora w’imyaka 26 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Muhoza mu karere ka Musanze kuva tariki 10/10/2012 azira kwinjiza amashashi mu buryo bunyuranyije n’amategeko ayavana muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Minisitiri w’intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yasuye uruganda rw’ibihumyo rwitwa BN Producers rukorera mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, ashimira nyiri uru ruganda igitekerezo cyiza yagize cyo kwihangira umurimo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Pierre Damien Habumuremyi ari bwakire ibibazo kuri gahunda za Leta anabisubize kuri uyu wa gatanu tariki 12/10/2012 guhera saa munani kugeza saa cyenda z’igicamunsi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gifatanyije na polisi y’igihugu cyatanze amasomo ku kubungabunga ibidukikije yitabiriwe n’abapolice bakorera ku masitasiyo ya polisi mu turere twose tw’u Rwanda.
Abarwanyi 13 bitabye Imana mu mirwano yabaye hagati y’umutwe witwara gisirikare wa Mai-Mai Shetani na FDLR-Soki, kuwa gatatu tariki 10/10/2012, mu Karere ka Rutshuru mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.
Umuyobozi ushinzwe ubukangurambaga mu Itorero ry’igihugu arahamagarira urubyiruko rw’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi guharanira kutagira ubwenge bwo mu ishuli gusa ahubwo bugaherekezwa n’ubutore.
Abakozi 80 bakoze imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma bavuga ko bamaze amezi atanu badahembwa none imibereho ntiyifashe neza. Aba bakozi biganjemo abubatsi n’abayede.
Gahunda y’ijisho ry’umuturanyi si uguhana gusa, ahubwo igamije kugaragariza buri wese ububi bw’ibiyobyabwenge hagamijwe ku birandura burundu; nk’uko byemezwa n’ umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko wungirije mu karere ka Musanze, Muhimpundu Olive Josiane.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera buratangaza ko hari gusuzumwa icyemezo gisaba ko inzoga izwi ku izina rya African Gin ikorerwa muri Uganda yahagarikwa gucuruzwa mu Rwanda kuko abayinywa ibasindisha bagata ubwenge bagateza umutekano muke.
Umugabo witwa Munyensanga Philipe wo mu mudugudu wa Mataba, akagari ka Kabeza, umurenge wa Nyamiyaga mu karere ka Gicumbi amaze imyaka 39 arwaye indwara y’uruhu yanze gukira.
Abasenateri bashya batandatu barahiriye kuzuzuza inshingano bahawe, imbere y’Umukuru w’igihugu n’abandi bayobozi bakuru. Perezida Kagame yabasabye gukorana umurava n’ubwo inshingano bahawe ziremereye.