Gakenke: Inganda z’abahinzi 12 zitunganya kawa zaguye mu gihombo

Inganda 12 muri 13 z’amakoperative y’abahinzi ba kawa mu Karere ka Gakenke zagize igihombo mu mwaka wa 2012 kubera ikibazo cy’igiciro cya kawa y’ibitumbwe cyari gihanitse n’imicungire mibi y’umutungo wa koperative.

Abayobozi b’amakoperative basobanura ko impamvu yatumye bagwa mu gihombo ari igiciro cya kawa y’ibitumbwe cyazamutse cyane n’ikawa yabaye ibihuhwe kuko ikiro kimwe cy’ikawa yumye cyavaga mu biro 12 by’ibitumbwe, ubusanzwe byari ibiro 6.

Abakozi b'uruganda batoranya ikawa. (Foto: L. Nshimiyimana)
Abakozi b’uruganda batoranya ikawa. (Foto: L. Nshimiyimana)

Umuyobozi w’uruganda rwa kawa rukorera mu Murenge wa Coko witwa Nyirangwabije Therese, ati: “Ikawa zabaye ibihuhwe cyane, icyakabiri twabonye ibiciro byazamutse cyane ibitumbwe biragenda bigura hafi amafaranga 400... ririya piganwa ry’ibiciro ni ryo ryatumye inganda zihomba cyane. Wagombye gutanga 200 birazamuka byikuba kabiri.”

Undi muyobozi wa koperative “Abakundakawa ba Rushashi”, witwa Rucamumakuba Jean Marie Vianney avuga ko ikawa ku isoko mpuzamahanga yataye agaciro bagurirwa umusaruro wabo ku madolari 4 kandi bari basanzwe bahabwa amadolari 7.

Umuyobozi w'Akarere ka Gakenke n'Umunyamabanga Nshingwabikorwa b'Umurenge wa Ruli basuye uruganda rwa kawa rwa Musasa. (Foto:L. Nshimiyimana)
Umuyobozi w’Akarere ka Gakenke n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa b’Umurenge wa Ruli basuye uruganda rwa kawa rwa Musasa. (Foto:L. Nshimiyimana)

Icyakora, uretse izi mpamvu zavuzwe, ngo hari n’ibindi bituma amakoperative agwa mu gihombo nk’imicungire mibi y’umutungo wa koperative aho abayobozi usanga barakoresheje amafaranga y’umurengera ku itumanaho n’ingendo ndetse n’imicungire mibi y’abakozi ba koperative bakora umwaka wose kandi ntacyo uruganda rukora.

Mu nama yahuje abayobozi b’amakoperative n’ubuyobozi bw’imirenge n’akarere, kuri uyu wa kane tariki 18/04/2013, bagaragaje ko hatangiye kuzamuka igiciro cy’ikawa kubera inganda z’amakoperative n’iz’abikorera zirwanira umusaruro w’ikawa.

Abitabiriye inama ku mikorere y'inganda za kawa mu karere ka Gakenke yo kuri uyu wa 18/04/2013. (Foto:L. Nshimiyimana)
Abitabiriye inama ku mikorere y’inganda za kawa mu karere ka Gakenke yo kuri uyu wa 18/04/2013. (Foto:L. Nshimiyimana)

Banzuye ko igiciro kitagomba kurenza amafaranga 140 ku kiro, ubirenzeho agacibwa amande angana n’ibihumbi 300. Abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge bahawe inshingano zo gukurikiranira hafi imikoreshereze y’umutungo wa koperative.

Inganda z’amakoperative y’abahinzi ba kawa yo mu Karere ka Gakenke zagize uruhare runini mu kongera umusaruro wa kawa zifasha abahinzi kubona ifumbire y’imborera aho zoroje abanyamuryango yazo.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka