Mu Rwanda usanga bamwe mu bahanzi babaye ibyamamare kakahava bageraho bakazima ntibongere kuvugwa cyangwa se ugasanga urukundo bari bafitiwe mu myaka yashize rusa n’aho rusigaye ari umugani.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga aratangaza ko ubucuruzi bwa forode bwavugwaga mu cyahoze ari Gitarama (ubu ni mu karere ka Muhanga) butakiharangwa kuko ubu ngo bwabaye amateka.
Ubufasha ku biga amashuri makuru na kaminuza ntibuzavaho burundu nk’uko bamwe babikeka. Abakene bo mu cyiciro cya 1 na 2 cy’Ubudehe bazahabwa inguzanyo bazishyura 100%. Aba bazahabwa inguzanyo ku mafaranga y’ishuri n’ayo kubatunga.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe ubukungu, imari n’amajyambere, Uhagaze Francois, aratangaza ko ubuyobozi bw’akarere bugiye guhangana n’abagakoreramo banga gusora bitwaje impamvu zitandukanye.
Mu muco nyarwanda, inkwano (ubundi yari inka) yafatwaga nk’ikimenyetso cy’ishimwe umusore yaganeraga ababyeyi b’umugeni agiye kurongora ko bareze bamurene neza ariko kuri ubu hari bamwe basanga inkwano itagifite icyo gisobanuro ahubwo ngo yafashe isura y’ikiguzi.
Mu karere ka Rwamagana bibutse ku nshuro ya mbere abantu bose batwawe n’amazi muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ubwo bamwe bicwaga bakajugunywa mu mazi, abandi bakayajugunywamo ari bazima ndetse ngo hari n’abagize ibyago bakayagwamo bagerageza guhunga abicanyi.
Umukorerabushake w’ikigo cy’u Buyapani gishinzwe iterambere mpuzamahanga (JICA) yashinze isomero ry’ibitabo ndetse n’inzu ikinirwamo imikino itandukanye mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Minisitiri ushinzwe umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, Richard Muyej, yatangaje ko muri Kongo hari umubare munini w’impunzi z’Abanyarwanda kuko habarirwa ibihumbi 127.537 by’impunzi z’Abanyarwanda zitarataha.
Polisi imaze guta muri yombi abantu batanu bakwekwaho urupfu rwa Rurangwa Alexandre wishwe tariki 17/04/2013 mu murenge wa Byumba akagari ka Gisuna, umudugudu wa Gatare bamuteye ibuye muri mu mutwe (muri nyiramivumbi).
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 22/4/2013, ububiko bw’Ikigo gishinzwe ubuzima (RBC) buri i Gikondo hafi yo kuri MAGERWA, bwadutsemo inkongi y’umuriro itwika bimwe mu bikoresho byiganjemo impapuro, ibitabo bitarakoreshwa byo kwiyandikisha by’abarwayi ba SIDA, hamwe n’inzitiramubu.
Elie Niyonzima uvuga ko akomoka mu Murenge wa Nemba, Akarere ka Burera yatawe muri yombi n’abashinzwe umutekano tariki 21/04/2013 bamusanganye litiro 10 za kanyanga .
Umuyobozi w’intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwari, avuga ko ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi n’amashanyarazi (EWSA) gikomeje kudindiza imihigo y’uturere muri gahunda yo gutanga amashanyarazi.
Ubushakashatsi bwashyizwe ahagaragara mukinyamakuru kitwa Mother Nature Network, buvuga ko ubwanwa burinda ba nyirabwo ibyago byo kurwara indwara ziterwa n’imirasire y’izuba kukigereranyo kiri hagati ya 90 na 95%.
Icyahoze ari ingoro ya MRND mu karere ka Ngororero mu gihe cya Jenoside hakorewe ubwicanyi hifashishijwe ibikoresho bifite ubukana kuburyo harokotse abantu bakeya cyane.
U Rwanda nka kimwe mu bihugu bigize umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere (RECSA) ni urwa mbere mu kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro kuko rumaze gusenya intwaro zipima toni 53.357 kuva muri Nzeri 1994 kugera mu Ugushyingo 2011.
Ihuriro ry’amakoperative y’Abamotari yo mu Karere ka Nyagatare ryagabiye inka ebyiri abakecuru bacitse ku icumu rya Jenoside: umwe wo mu Murenge wa Rukomo n’undi wo mu Murenge wa Rwimiyaga.
Guverineri w’intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Julien Paluku, yatangarije abanyamakuru Leta ya Congo yanze gusinya ku masezerano avanaho ubuhunzi ku Banyarwanda bahungiye muri Kongo, kubera gutinya ko impunzi ziriyo zisaba ubwene gihugu bwa Kongo.
Niragire Angelique w’imyaka 23 wo mu murenge wa Gisenyi, akarere ka Rubavu wabyaye abana batatu taliki 23/03/2013 yavuye mu bitaro afite impungenge zo gushobora kurera abana yibarutse kuko nta bushobozi.
Ikipe ya Bayern Munich izakira FC Barcelone mu mikino ya ½ cya champions league ku mugabane w’u Burayi kuri uyu wa 23 Mata 2013.
Mukambabazi Clementine w’imyaka 28 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Gakenke akurikiranweho icyaha cyo kwihekura, uruhinja akarushyingura mu mibyare y’insina yarangiza akarenzaho ifumbire y’imborera.
Mu rucyerera rwa taliki 22/04/2013, abakiristu bo mu itorero rya Goshen Holy Church babuze aho basengera amasengesho ya Nibature nyuma yo gusanga urusengero basengeramo rwashyizweho ingufuri na bamwe mu bakiristu bavuga ko badashaka ko bamwe barusengeramo.
Abantu bataramenyekana bateye gerenade mu rugo rwa Karangwa utuye mu kagali ka Muzingira mu murenge wa Mutendeli akarere ka Ngoma, ntawapfuye ariko babiri bakomeretse bajyanwa mu bitaro bikuru bya Kibungo.
Abagabo babiri bo mu karere ka Nyamasheke, umwe wo mu murenge wa Macuba n’undi wo mu murenge wa Karambi bafungiye kuri Station ya Police ya Kanjongo muri aka karere nyuma y’uko bakoze urugomo, buri wese mu murenge we agakomeretsa umuntu.
Jeannette Ntakirutimana w’imyaka 20 na Françoise Kabanyana w’imyaka 21 y’amavuko bafatiwe mu murenge wa Sake mu karere ka Ngoma tariki 21/04/2013 bafite ibiro 14 by’urumogi bagiye kubishakira isoko.
Ku nshuro ya mbere muri manda ye ya kabiri yatorewe, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Barack Obama, aritegura kugendera umugabane wa Afurika.
U Rwanda ruri mu bihugu 192 b yubahiriza umunsi wahariwe kuzirikana ku isi n’ibiyibonekaho uba tariki 22 Mata. Uyu mwaka Leta y’u Rwanda izawuhuza n’ibindi bikorwa wizihizwe mu ntangiriro z’ukwezi kwa gatanu.
Ku mugoroba wa tariki 21/04/2013, inzego z’ubuyobozi, abaturage, abarokokeye ku rwibutso rwa Murambi ndetse n’abafite ababo bahaguye bahuriye kuri uru rwibutso ngo bibuke urupfu abahaguwe bishwe mu ijoro rishyira tariki 21/04/1994.
Béatrice Nyiragahinda w’imyaka 47 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kayove mu karere ka Rutsiro, akurikiranyweho kwica umugabo we witwa Rwubakubone Yohani uri mu kigero cy’imyaka 70 y’amavuko amukubise umuhini w’isekuru.
Umurobyi w’umufaransa uba mu majyaruguru ya Australia ku cyumweru yabashije kurusimbuka ubwo yikuraga mu menyo y’ingona yari igiye kumwica.
Abanyarwanda barenga 100 batuye mu mujyi wa Manchester, mu gihugu cy’Ubwongereza, ndetse n’abandi baturutse mu duce dukikije uyu mujyi, tariki 20/04/2013, bahuriye hamwe mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 19 abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umuryango ushinzwe kurwanya ikwirakwizwa ry’intwaro nto mu karere (RECSA), uri mu bibazo by’abanyamuryango benshi batagitanga umusanzu, abandi nabo ntibawutangire ku gihe, nk’uko bari barabyiyemeje ubwo uwo muryango watangiraga.
Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga muri kaminuza zitandukanye zo mu gihugu cya Misiri, tariki 20/04/2013, bahuriye mu mujyi wa Alexandie mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994.
Umusaza Twagiramungu Claude utuye mu murenge wa Mbuye mu karere ka Ruhango, avuga ko mu mwaka 1964 yahuye n’ibibazo bikomeye byo kuba yaratsindiye kujya kwiga mu isemineri ariko akabuzwa ayo mahirwe kuko ngo atasaga n’abandi.
Abaturage batuye mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango batewe n’ikiza umusozi ufite uburebure bwa kirometero imwe n’igice urariduka uridukana amazu ndatse wangiza n’imirima tariki 19/04/2013.
Ikipe z’u Rwanda mu bagabo no mu bagore mu mukino wa Volleyball ikinirwa ku mucanga (Beach Volleyball) zabonye itike yo kuzakina igikombe cy’isi nyuma yo kwitwara neza akegukana imidari ya Zahabu na Bronze mu mikino nyafurika yasojwe tariki ya 21/4/2013 i Mombasa muri Kenya.
Bayigamba Robert wigeze kuba Minisitiri w’imikino mu Rwanda, ni we watorewe kuyobora Komite y’igihugu y’imikino Olympique (Comite National Olmpique et Sportif du Rwanda –CNOR), mu matora y’abagize komite nshya yabaye ku wa gatandatu tariki 20/04/2014.
Minisitiri Protais Mitali ushinzwe umuco na Siporo mu Rwanda yamaganye abagifite ibitekerezo birangwamo gupfobya jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda babikora biyise ko ari intyoza bashaka kugoreka ukuri kwayo.
Abakozi bakora umuyoboro w’amazi wa Nyabizi, uherereye mu murenge wa Kinyababa, akarere ka Burera, batangiye guhembwa nyuma yo gutakambira ubuyobozi bavuga ko bamaze amezi atatu badahembwa kandi bakora.
Nyuma y’uko mu gihugu cy’Ubushinwa hagaragariye indi virusi nshya H7N9 y’ibicurane by’ibiguruka, ikigo gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB) cyamaze impungenge aborozi b’ibiguruka mu Rwanda bari batangiye gukeka ko iyo virusi yageze muri Uganda, aho bakura ibyangombwa bijyane n’ubworozi bwabo.
Umushinga wa World Vision, tariki 19/04/2013, wifurije isabukuru y’amavuko abana 7312 bo mu Karere ka Gakenke basangira ndetse babagenera impano zifite agaciro ka miliyoni 25 z’amafaranga y’u Rwanda.
Cardiff City yabonye itike yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere mu Bwongereza (Premiership) nyuma yo kwegukana igikombe cyo mu cyiciro cya kabiri nyuma yo kunganya igitego 1-1 na Burnley tariki 20/04/2013.
Umugabo w’imyaka 60 urwaye kanseri yari muri ambulance imujyanye kwa muganga, aza kubona ko umushoferi wari umutwaye yagize ikibazo cy’umutima, ni ko kumutwara we ubwe abanza kumujyana ku ivuriro ryari hafi y’aho bari bageze, mbere yo kongera gufata urugendo rumujyana aho asanzwe avurirwa.
Umunyamakuru kuri Contact FM no kuri Radio One, umukinnyi wa filime, Dj akaba n’umushyushyarugamba, Anita Pendo, ababajwe cyane no kubona umuziki nyarwanda udatera imbere ngo ugere ku rwego rushimishije.
Ikipe ya Police FC ikomeje kotsa igitutu Rayon Sports nyuma yo kunyagira Etincelles ibitego 5-0 mu mukino w’umunsi wa 21 wa shampiyona wabereye kuri Stade umuganda i Rubavu ku cyumweru tariki 21/04/2013.
Umwanditsi wa Filimi yamenyekanye cyane mu Rwanda yitwa “NIKO ZUBAKWA” witwa Yvette DOruwase, atangaza ko yanditse iyi filimi agendeye ku mibereho itandukanye y’abashakanye yitwa igaragara mu muryango Nyarwanda kuri iki gihe.
Ubuyobozi bw’inama y’igihugu mu karere ka Rubavu bufatanyije bw’ inama y’igihugu k’urwego rw’igihugu, batangije igikorwa cyo gushishikariza urubyiruko rwo mu karere ka Rubavu gukorana n’amabanki kugira ngo rushobore guhanga imirimo no kurwanya ubukene.
Donat Kubwayo w’imyaka 25 utuye mu murenge wa Nkomane mu karere ka Nyamagabe, yishe nyina umubyara witwa Anasitaziya Mukabaruta w’imyaka 63, akoresheje akuma bakatisha ubwatsi bw’amatungo bita Najero, ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki ya 19/04/2013.
Abashoramari bo mukarere ka Nyagatare barasabwa kubyaza umusaruro ubwiza nyaburanga bw’urugomero rwubatse k’umugezi w’umuvumba mumurenge wa Tabagwe.
Ikigo gishinzwe imiyoborere mu Rwanda RGB, cyashimiye inzego za Leta n’urubyiruko, uburyo bitwaye muri uku kwezi kw’imiyoborere kwashojwe ku wa Gatandatu tariki 20/04/2013, aho cyakiriyemo ibibazo by’abaturage birenga 7,000, ugereranyije n’ibibazo 2,000 byakiriwe mu mwaka ushize.
Rayon Sport yakomeje umuvuduko wo gushaka igikombe cya shampiyona, nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2-1 bigoranye, mu mukino wa shampiyona w’umunsi wa 21 wabereye kuri Stade Amahoro i Remera ku wa gatandatu tariki 20/04/2013.