APR HC iheruka gutwara shampiyona, yasubiriye Police HC mu Gikombe cyo #Kwibohora32
Ikipe ya APR HC iheruka gutwara shampiyona 2025-2026 itsinze Police HC imikino 3-2, yayisubiriye iyitwara igikombe cyo kwizihiza Umunsi wo Kwibohora iyitsinze ibitego 35-33.
Ni umukino wari ukomeye cyane hagati y’aba bakeba bombi bagiye gukina, nyuma y’iminsi micye APR HC yigaranzuye Police HC mu mikino itanu yagennye utwara shampiyona 2025-2026 aho iyi kipe yari yabanje gutsindwa imikino ibiri ya mbere yose yavuye inyuma ikayishyura kugeza itsinze itatu yose yakurikiyeho igatwara igikombe ku mikino 3-2.
Police HC yatangiye uyu mukino wa nyuma w’iri rushanwa ryo kwizihiza umunsi wo Kwibohora neza ndetse isoza igice cya mbere iyoboye n’ibitego 16-14 itanga ikizere ko yatsinda umukino. Mu gice cya kabiri ariko byahindutse APR HC ikitwaramo neza irishyura ndetse ijya imbere ho ibitego bitatu gusa iminota 60 isanzwe y’umukino irangira ari amakipe yombi anganya ibitego 27-27.
Nk’uko amategeko abiteganya amakipe hahise hitabazwa iminota icumi(10) y’inyongera aho buri gace kagirwa n’iminota itanu. Iyi minota icumi yongereweho nayo yarangiye amakipe akinganya, aho banganyaga ibitego 31-31, hahita hitabazwa penaliti. Ikipe ya APR HC yahiriwe n’izi penaliti umunyezamu wayo Uwayezu Arsene akuramo penaliti ebyiri, bityo iyi kipe itsinda penaliti 4-2, zahuzwa n’ibitego, umukino urangira ari ibitego 35-33.
Mu bagore Kaminuza ya Kigali(UoK HC) niyo yegukanye igikombe aho ku mukino wa nyuma yatsinze Gorillas ibitego 38-20. Mu bandi bahembwe kandi kipe ya SOF yahawe igikombe cya Fair Play kuko yanabaye iya mbere mu itsinda ryayo ryarimo abasirikare gusa aho uretse yo, hari hanarimo BMTC Nasho, RMA Gako.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|