Dr. Wilbroad Slaa, Umunyamabanga w’ishyaka rya CHADEMA (Chama cha Demokarasia na Mandeleo) ritavuga rumwe na Leta ya Jakaya Kikwete, avuga ko Perezida adakwiye gusaba u Rwanda ko rushyikirana n’Umutwe wa FDLR ugize ahanini n’abantu bakekwaho gukora Jenoside.
Umutoza witwa Ntibategwa Mohamed niwe wagizwe umutoza mushya w’ikipe ya Bugesera FC, akaba yatoranyijwe mu batoza bagera kuri batandatu bahataniraga ako kazi.
Mu gihe ubworozi bw’amafi buri gushyirwamo ingufu, amwe mu mafi yatewe mu biyaga bya Sake, Mugesera na Birira ngo yatanze umusaruro mwiza kurenza uwari witezwe.
Jean Ntakirutimana yiyemerera ko yari mu bacuze bakanashyira mu bikorwa umugambi wo gutera gerenade zahitanye babiri zikanakomeretsa 32 i Nyabugogo tariki 26/07/2013 batumwe n’umwe mu bayobozi ba FDLR.
Mu gihe abana barihirwaga na FARG barangizaga amashuri yisumbuye bakabura uko bakomeza za Kaminuka ubu noneho ngo bari kubarurwa kugirango bazige amashuri y’imyuga babifashijwemo n’icyo kigega. Iki gikorwa cyatangiye tariki 30/07/ 2013kikazarangira tariki 14 Kanama.
Ubwo yaganiraga n’abaturage bo mu murenge wa Nzahaha kuwa 03/08/2013, umuyobozi w’intara y’uburengerazuba mKabahizi Celestin, yasabye abayobozi b’inzego z’ibanze bata imirimo bashinzwe bakajya kwiga hanze y’igihugu guhitamo kimwe.
Amatara rusange yashyizwe ku muhanda wa kaburimbo kuva muri centre ya Mukamira werekeza ku Karere ka Nyabihu ahareshya na km 2 yatumye abahakorera imirimo itandukanye yiganjemo iy’ubucuruzi n’ubukorikori bongera amasaha y’akazi.
Mutegwaraba Marie Claire wo mu mudugudu wa Mugali mu murenge wa Nyagatare yashyikirijwe inzu yubakiwe na banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR).Gusa ariko nanone arasabwa kwigirira ikizere no kurushaho gufatanya n’abandi kugira ngo bagere ku iterambere.
Abantu bataramenyekana bagerageje kwiba Paroisse Gatolika ya Rukomo iri mu karere ka Nyagatare mu ijoro ryo kuwa 30/07/2013 saa saba z’ijoro.
Abasirikare 94 ba RDF berekeje i Nairobi muri Kenya mu rwego rwo kwitabira imikino ya gisirikare yo ku rwego rw’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC). Iyi mikino ibaye ku nshuro ya karindwi iratangira kuri uyu wa Mbere tariki 05 kugeza 17/08/2013.
Nyuma y’ukwezi kumwe impanuka ihitanye abantu 7 mu murenge wa Nzahaha, ku mugoroba wo kuwa 04/08/2013, ahagana saa moya z’ijoro hongeye kuba indi mpanuka ihitana abantu babiri: Nshimyumukiza Daniel n’undi mugore utaramenyekana neza.
Abanyesuri barangije n’abakiga mu ishuri rya ISPG barasaba ko hakwiye kugira igikorwa kugirango imihanda ihagana ikorwa neza, kuko bitabaye ibyo izadindiza umuvuduko w’iterambere urimo kugaragara i Gitwe aho iri shuri riherereye.
Mu rwego rwo gufasha abaturage kuzamura umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi, abakangurambaga bo mu murenge wa Kansi mu karere ka Gisagara bahuguwe n’umushinga R.D.I.S kukurengera ibidukikije hibandwa ku mikoreshereze myiza y’ubutaka no kubyaza umusaruro amazi y’imvura bayafata bakayavomeza imyaka mu gihe cy’izuba.
Naason Gafirimbi, umukuru wa serivisi y’ababyaza n’abaforomo mu bitaro bya kaminuza bya Butare (CHUB) avuga ko bishimira ko nta muforomo urirukanwa kubera amashuri makeya (A2, ni ukuvuga uwarangije amashuri yisumbuye), ahubwo bakaba bafashwa kwiga bakiri mu kazi kabo.
Ibigo by’imari n’amabanki bikorera mu karere ka Rutsiro bikomeje kwiyongera, nyuma y’uko na banki y’Abanyakenya, Equity Bank yatangije ibikorwa byayo muri ako karere, mu rwego rwo kwegereza serivisi zayo abaturage no kubafasha kwiteza imbere.
Ibirori byo gutanga ibihembo bizwi ku izina rya “REMO Awards” (Rwandan Entertainers and Musicians Organisation Awards) byagaragayemo ibintu bitandukanye bidasanzwe haba mu bahawe ibihembo ndetse no mu bitabiriye ibyo birori.
Abaforomo bo ku bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bijihije umuganura tariki 02/08/2013 banasobanurirwa imikorere ya sendika bibumbiyemo yitwa RNMU ndetse banaboneraho no kugeza ibyifuzo byabo ku buyobozi bukuru bwa CHUB.
Mu karere ka Burera, mu gihe cy’impeshyi, nibwo abasore benshi bakunze gushinga ingo, aho bajya gusezerana n’abo bagiye kurushingana ku murenge, imbere y’amategeko ndetse no mu kiliziya, imbere y’Imana.
Amateka y’umupira w’amaguru mu Rwanda agaragaza ko ikipe y’Amagaju ubu y’akarere ka Nyamagabe mu ntara y’Amajyepfo ariyo yahimbiwe indirimbo iyirata mbere y’andi yose.
Abajyanama b’ihungabana bo mu karere ka Kamonyi baravuga ko bakora uko bashoboye kugira ngo bafashe abantu bahuye n’ibibazo by’ihungabana, ariko bakagira imbogamizi y’uko bamwe mu bo bafasha ari abakene bigatuma inama zabo zidashyirwa mu bikorwa neza.
Abaturage batandukanye batuye mu mudugudu wa Bunyeshywa mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza batangaza ko ububoshyi bw’ibiziriko by’amatungo magufi n’amaremare ari nkayo suka ibatunze kuva kera cyane ngo kuko nabo bakomokaho ariwo mwuga bakoraga mu mibereho yabo ya buri munsi.
Abaturage b’umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi barasabwa kujya bagirira icyizere abayobozi babari hafi mu kubakemurira ibibazo aho kwirirwa bategereje abandi bo mu rwego rwo hejuru kuko bose babatoye kugirango babafashe kubakemurira ibibazo.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aravuga ko ikibazo cy’ubwicanyi mu miryango bukomeje kugaragara mu karere ayoboye kimwe n’ahandi mu gihugu gifitanye isano na Jenoside yatumye hari abantu bamwe batakaje agaciro k’ubumuntu.
Abatuye akagali ka Ndekwe ho mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma barishimira ko bageze ku kigereranyo cyo hejuru mu munsi mike bamaze batangije igikorwa cyo gutanga mutuweri nshya uyu mwaka wa 2013-2014.
Inama njyanama y’akarere ka Rusizi yateranye tariki 02/08/2013 ifata imyanzuro itandukanye irimo isuzuma bushobozi ku bakozi b’akarere aho abadafite impamyabushobozi zisabwa bahawe iminsi 30 ngo babe bakemuye icyo kibazo.
Bizihiza ibirori by’umuganura, abaturage b’umurenge wa Muganza ho mu karere ka Gisagara, bishimiye intera bamaze kugeraho mu bumwe n’ubwiyunge babikesha umuryango International Alert washishikarije abakoze Jenoside gusaba abo bayikoreye imbabazi baharanira kubana neza.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Richard Tardy, yamaze guhamagara abakinnyi 16 bazatangira imyitozo ku wa mbere tariki 05/08/2013, bitegura kujya mu irushanwa rihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’igifaransa rizabera i Nice mu Bufaransa kuva tariki 05-15/09/2013.
Abatwara abagenzi n’abagenzi ubwabo bategera imodoka ahantu hadatunganye mu karere ka Ngororero basubijwe kubera gare nshya yuzuye, nyuma y’igihe kinini basaba ikigo abagenzi bategeramo imodoka.
Banki iterambere mu Rwanda (BRD) iratangaza ko amasezerano yasinyanye n’ikigega Nyafurika cy’Ubwisungane (FSA), azayifasha gukomeza gahunda zayo zo gufasha mu iterambere itanga inguzanyo ku mubare munini w’abazifuzaga ariko bakabangamirwa no kutagira ingwate.
Abanyarwanda bakorera n’abajya kwiga mu mujyi wa Goma bongeye gusubirayo nta kibazo, kubera agahenge kagarutse muri uyu mujyi nyuma y’uko hagati muri iki cyumweru dusoza hari hatangiye isakwa rikomeye hakagira n’abagabo n’abasore bafatirwayo n’ubu bataragaruka.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Gisozi bwasabwe kugira ibiro bishya bwatashye ingoro y’abaturage bazajya baboneramo serivisi zose bifuza, kuko kugira ngo wubakwe byavuye mu mbaraga zabo, nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali, Fidel Ndayisaba ubwo yatahaga ibi biro bishya biherereye mu karere ka Gasabo, kuri uyu wa (…)
Paul Bitok, umutoza w’ikipe y’u Rwanda ya Volleyball mu baterengeje imyaka 21, yashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 12 azajyana mu gikombe cy’isi kizabera muri Turukiya kuva tariki 22/08/2013.
Ikipe ya Kiyovu Sport imaze gusinyisha amasezerano abakinnyi barindwi bazayikinira muri shampiyona itaha mu rwego rwo kwiyubaka. Iri no mu biganiro n’abandi bakinnyi babiri bashobora gusinya mu gihe gito.
Abagabo batuye mu karere ka Rulindo barakangurirwa kwisiramuza, mu rwego rwo kugira isuku no kwirinda indwara izo ari zo zose zandurira mu mibonano mpuzabitsina. Ariko bakemeza ko hari ikigenda gihinduka ugereranyije na mbere.
Abacururiza mu isoko rya Rambura mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro bashima ko bubakiwe isoko rya kijyambere ariko bakavuga ko harimo ikibazo cy’uko ritubatse neza, kuko mu gihe cy’imvura batabona uko bacuruza bitewe n’uko amazi yuzura mu isoko n’ibicuruzwa byabo bikangirika.
Umusaza Ntibazirikana Venant utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, avuga ko mu bintu yibuka cyane bikamushimisha byabaye akiri umusore ari uko yabonye imbona nkubone umwami w’u Rwanda Mutara III Rudahigwa ubwo yanyuraga mu gace yari atuyemo.
Imiryango igera kuri itanu yo y’abasigajwe inyuma n’amateka mu kagali ka ka Mujuga mu Murenge wa Kitabi mu Karere ka Nyamagabe, yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko yashyingiranywe imbere y’amategeko, kuri uyu wa Gatanu tariki 02/08/2013.
Abatuye akarere ka Rusizi baratangza ko biteguye uru ruzinduko rwa Madamu Jeannette kagame azagirira muri aka karere. Byatumye bamwe batangira kwimenyereza mu mbyino no mu ndirimbo, guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 02/08/2013.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya muri Nyakanga 2013 barasaba ubufasha kugira ngo babe babona uburyo basubira mu gihugu cya Tanzaniya kuzana imitungo yabo basizeyo irimo n’inka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Bugesera bwafashe icyemezo cyo guca amagare mu mujyi rwagati wa Nyamata mu rwego rwo kugabanya impanuka ayo magare yatezaga. Abanyonzi beretswe izindi nzira n’amaseta bazajya bakoresha kugira umwuga wabo wo gutwara abantu n’ibintu ukomeze.
Iradukunda Michele wari usanzwe uzwi cyane muri showbiz nyarwanda mu marushanwa ya ba Nyampinga, ubu yinjiye mu kazi k’ubunyamakuru.
Polisi y’igihugu ikorera mu karere ka Bugesera yafashe imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ifite numero RAB 903 J yuzuye ibiti by’umushikiri bakunze kwitwa kabaruka.
Abatuye mu bice by’umujyi no mu cyaro barakangurirwa kwitabira uburyo bugezweho bwo gukoresha Imbabura zikoresha amakara n’inkwi bicye. Canamake na Canarumwe nizo mbabura zimaze kugera ku isoko aho zizigama ibicanishwa bigera kuri 50% by’ibyakoreshwaga.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Twagirimana Epimaque, yabwiye abitabiriye amahugurwa y’iminsi ibiri ku Muryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ko bagomba gukuraho imbogamizi zose zituma tutabasha kwinjira ku masoko yo mu bihugu bigize uwo muryango.
Indonesie ni igihugu cyo ku mugabane wa Aziya kigizwe ahanini n’ibirwa bigera ku 17508, muri byo ibigera ku 8844 nibyo bifite amazina, naho ibituwe ku buryo buhoraho ni 922.
Burya abagore benshi bahohoterwa n’abagabo babo ngo batinya kwereka abagabo babo ko bagiye guta urugo kuko iyo abagabo babibonye batyo barushaho kuba babagirira nabi.
Urwego rw’umuvunyi ruvuga ko rwafatiye mu cyuho umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Nyamasheke, Jean Pierre Ndagijimana, arimo guha ruswa umukozi w’urwo rwego, kugirango aburizemo dosiye imushinja kuba ataramenyekanishije muri uyu mwaka umutungo wose afite.
Mu rwego rwo kwiteza imbere hagamijwe kwikura mu bukene indi koperative y’abamotari yitwa COOMOGIRU yatangijwe ku mugaragaro tariki 01/08/2013 mu karere ka Rusizi.
Mu rwego rwo kwereka abakunzi ba Espoir FC abakinnyi bashya iyi kipe yaguze, tariki 01/08/2013, yakinye umukino wa gishuti n’ikipe ya Bande Rouge yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo iyitsinda ibitego 4 kuri 1.
Ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa Abanyarwanda bajya mu mujyi wa Goma kirakomeje aho uretse kuba inzego zishinzwe umutekano zishimuta Abanyarwanda, bamwe mu bahohoterwa bavuga ko bikorwa n’urubyiruko rwo mu mujyi wa Goma.