Ikipe ya Gicumbi Handball Club, ifite amahirwe menshi yo kwegukana igikombe cya shampiyona y’uyu mwaka, nyuma yo kwitwara neza imbere ya Kigoma Handball Club ku cyumweru tariki 29/9/2013.
Saido Berahino, rutahizamu w’umurundi ikinira ikipe ya West Bromwich Albion yatangiye kurambagizwa n’amakipe akomeye i Burayi, nyuma yo kwigaragaza ubwo yatsindaga igitego kimwe muri bibiri iyo kipe yatsinze Manchester United ku wa gatandatu tariki 28/09/2013.
Bamwe mu bakinnyi b’umupira w’amaguru ndetse n’abafana bawo mu karere ka Ruhango, baravuga ko babangamiwe cyane no kutagira aho bakinira umupira w’amaguru; ariko ngo bikaba bibi cyane mu bihe by’imvura.
Umunyeshuri wiga muri Kaminuza ya Mount Kenya University (MKU), avuga ko abitewe n’uko yigeze kuba ku muhanda, yahisemo gushaka inzu yajya yegeranyirizamo abana asanze ku muhanda bose (bitwa mayibobo), akaba ajya kubashakisha, yababona akabajyana muri urwo rugo rwe.
Umusirikare wa FDLR witwa Mapendo Prosper Mutimapembe avuga ko yarwanyije M23 mu ntarambara iheruka kubera Kanyarucinya na Mutaho igahuza inyeshyamba za M23 n’ingabo za Leta ya Congo zifatanyije n’ingabo z’umuryango w’abibumbye (MONUSCO).
Mu muhango wo kumurika ibyagezweho muri 2012-2013, umuyobozi w’akarere ka Rusizi Nzeyimana Oscar yasabye abatuye ako karere guhanga amaso ibyo bafite kandi bakabikoresha neza kuko aribyo bizabageza kubyo bifuza.
Abayobozi n’abaturage ba Nyamasheke n’abaturage barishimira ko mu myaka ine ishize akarere kabo kakomeje kwesa imihigo ku gipimo gishimishije kandi cyiyongera kandi bikagaragarira mu iterambere ryageze mu nzego zose.
Itsinda GSK, Gospel Safety Keepers riratangaza ko ngo ryiyemeje kuruhura Abaturarwanda rikabategurira ibitaramo n’ibindi birori ku buryo bwa gihanga kandi bw’umwuga kuko basaze izi serivisi zikenerwa na benshi kandi zitaboneka henshi mu Rwanda.
Minisitiri w’abakozi ba leta n’umurimo mu Rwanda aratangaza ko amaze gusanga Abanyarwanda badakoresha neza igihe cya nyuma ya saa sita kandi nacyo gikwiye kubyazwa umusaruro kandi mwinshi nk’igihe cya mbere ta saa sita.
Imodoka ifite purake zo muri Congo 4160AC/19 yafatiwe ku mupaka munini w’u Rwanda na Congo mu karere ka Rubavu taliki 26 /o9/2013 ihetse ibiro 375 by’amabuye y’agaciro ya Coltan yari igiye kwinjiza mu Rwanda.
Mu marushanwa yo gutora Nyampinga mwiza ku isi yabaye tariki 28/09/2013, yabereye ahitwa Bali Nusa Dua muri Indonesia, Megan Young wo mu gihugu cya Philippines niwe wegukanye umwaka wa Nyampinga ubahiga ku isi.
Ayingeneye Odette w’imyaka 20 wigaga mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye yahitanywe n’amashanyarazi kuwa 29 nzeri 2013 saa moya n’igice (19h30) mu mudugudu wa Kamina, akagari ka Ruhanga umurenge wa gatumba mu karere ka Ngororero.
Ivatiri ifite pulaki RAB558H yavaga mu Majyepfo yerekeza i Kigali, yagonganye na moto RB618 yerekezaga i Muhanga, uwari uyitwaye witwa Ndagijiyaremye Emmanuel w’imyaka 26 ahita ahasiga ubuzima.
APR FC, ifite ibikombe 13 bya shampiyona ari nayo ifite byinshi, yatangiye shampiyoan y’uyu mwaka inyangira Marine FC ibitego 6-2 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki 29/9/2013.
Nubwo ikirere cyari cyaramutse hasa n’ahariho ibicu biremereye ndetse bikaza kubyara imvura mu masaha ya mu gitondo na nimunsi, ibyo ntibyaciye intege Abadiventiste b’umunsi wa karindwi bo ku itorero rya Gahogo na Gitarama kwitabira umuganda ku bwinshi.
Banki ya Kigali ishami rya Nyanza iratangaza ko kuva mu minsi mike ishize yegereje abakiriya bayo bo mu karere ka Nyanza uburyo bushya bwo kubitsa no kubikuza hifashishijwe telefoni igendanwa.
Umuhamirizo ni umudiho w’intore wamamaye mu Rwanda ndetse ukaba kimwe mu bikunze gususurutsa abantu. Iyo ubonye Intore Zihamiriza wibaza uwagize igitekerezo cyo guhimba ubwo bwoko bw’umudiho.
Mu muganda rusange wabaye tariki 28/09/2013, Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi na bamwe mu bayobozi b’akarere ka Rutsiro bifatanyije n’abaturage bo mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati mu gikorwa cyo guhanga umuhanda mushya wa kilometero imwe n’igice.
Minisitiri w’ubuzima, Dr Agnes Binagwaho, yifatanyije n’Abanyagicumbi mu muganda rusange wabereye mu murenge wa Shangasha tariki 28/09/2013 ahasijijwe ikibanza ndetse bikorera n’amabuye yo gukora umusingi ndetse bikorera n’ibiti bizakoreshwa mu kubaka amashuri.
Ubwo Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangiza ukwezi kwahariwe umuganda kuri uyu wa Gatatandatu tariki 28/09/2013 mu Karere ka Gakenke, yatangaje ko umuganda ugira uruhare mu kwihutisha iterambere, abantu bose bakuze bakaba bagomba kuwitabira.
N’ubwo riherereye ahantu hatari mu mujyi cyane, isomero rusange ryo mu Karere ka Huye ryari risanzwemo ibitabo byanditse mu rurimi rw’Igifaransa n’Icyongereza gusa. Ku itariki ya 20/9/2013 ryungutse ibitabo byanditse mu rurimi rw’Ikinyarwanda.
Bamwe mu batuye umurenge wa Gacurabwenge mu karere ka Kamonyi bemeza ko ko kuba hariho imyanya yihariye y’abadepite bahagarariye abagore, bifasha mu kumvikanisha no kumenyekanisha ibibazo by’umwihariko bagira.
Abafatanyabikorwa bakorera mu Karere ka Huye, kuwa 26/09/2013 basinyanye n’ubuyobozi bw’aka Karere imihigo biyemeje kuzageraho muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2013-2014. Ibikorwa byabo byose bizatwara hafi miriyari eshanu.
Mu kiganiro n’abanyamakuru, abayobozi b’akarere ka Kamonyi bakoze tariki 27/9/2013, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi yatangaje ko kuba akarere karesheje imihigo y’umwaka wa 2012/2013 hejuru ya 96%, bitavuze ko kageze ku iterambere rikenewe.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatandatu tariki 28/09/2013, umukozi ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Bwishyura, yafungishije ikitaraganya hoteli iri mu mujyi wa Karongi yitwa Best Western Eco Hotel kubera ibyo yise agasuzuguro.
Inzu ya mbere yo kwifashishwa n’abanyamyuga (cyangwa abanyabukorikori) bo mu Karere ka Huye iri gukorerwa imirimo ya nyuma. Igisigaye ni ukureba abazayifashisha mu bikorwa byabo.
Mu karere ka Gatsibo hatangijwe itsinda ry’indashyikirwa mu rwego rwo kwishyira hamwe no kubaka urwego rw’urugaga rw’abikorera mu karere kabo, kuri uyu wa Gatanu tariki27/09/2013.
Ku munsi wa mbere wa shampoyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sport yatwaye igikombe giheruka, yakuye amanota atatu imbere ya Gicumbi FC bigoranye cyane, nyuma yo kuyitsinda ibitego 2-1, naho i Muhanga Mukura yahasanze AS Muhanga iyihanyagirira ibitego 4-0.
Mu muganda rusange usoza ukwezi kwa cyenda umwaka w’2013 wakorewe ku rwego rw’Akarere ka Nyanza mu gishanga cya Busogwe kiri mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana tariki 28/09/2013 wahujwe no gutangiza igihembwe cy’ihinga 2014 A abaturage basabwa kwirinda indwara ziterwa n’imirire mibi.
Umuyobozi w’akarere ka Huye, Eugene Kayiranga Muzuka, aratangaza ko bitarenze ukwezi kwa 02/2014, umuhanda wo mu cyarabu wangiritse uzaba wamaze gusanywa. Ibi bikaba biri buhe icyizere abaturage bari bamaze igihe binubira uko uyu muhanda utitabwaho.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi yatangirije mu Murenge wa Ruli wo mu Karere ka Gakenke igikorwa cyo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi izamara imyaka igera kuri itatu.
Mu ijambo perezida w’u Rwanda Paul Kagame amaze kugeza ku bitabiriye ibirori bya Rwanda Day i Toronto muri Kanada, yavuze ko u Rwanda rukomeje gutera imbere n’ubwo abatarwifuriza ineza badasiba gukora ibikorwa binyuranye bibangamira urugendo rw’iterambere, ibikorwa umukuru w’igihugu yagereranyije no gutera u Rwanda amacumu.
Mu gihe abitabiriye Rwanda Day i Toronto muri Kanada bategereje kwakira Perezida wa Repubulika Paul Kagame ngo baganire ku buryo bwihariye kandi burambuye, Kigali Today yabatereyeyo imboni...
Inzobere z’Abashinwa b’abaganga basuye ibitaro bya Kinihira biri mu karere ka Rulindo tariki 27/9/2013 babitera inkunga irimo ibikoresho bya mudasobwa n’ imiti ikoreshwa mu buvuzi bw’amenyo.
Ikiraro gihuza akarere ka Rusizi n’umujyi wa Bukavu bigaragara ko cyari kimaze gusaza cyateje imbogamizi kuko nta modoka ipakiye imizigo iri kuhanyura kubera ko ibyuma byari bigifashe byacitse kubera gusaza.
Abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa FDLR bemeye gufata ingamba zo kuva muri uwo mutwe baratangaza ko ngo baruhutse imirimo y’agahato FDLR yari imaze igihe ibakoresha, kuko ngo bakoraga bakaruha cyane kandi ngo ntibabone inyungu z’imirimo bakoze.
Bamwe mu bitabiriye ibirori by’umunsi bita Rwanda Day ubera muri Kanada mu mujyi wa Toronto baravuga ko ikibahagurutsa bakava mu mirimo yabo bakitabira uwo munsi ari ishyaka ryo guhura n’abitabira ibyo birori bose ngo baganire ku iterambere ridashidikanywaho u Rwanda rugezeho kandi bafate ingamba zo gukomeza guteza u Rwanda (…)
Mu mukwabo wakozwe na Polisi ishami rya Ruhango mu ijoro rya tariki 27/09/2013, hafashwe imodoka 12 na mato imwe, kubera amakosa atandukanye.
Abanyeshuri baturutse hirya no hino mu gihugu bari kurushwana mu biganiro mpaka batemberejwe ishuri ry’imyuga rya IPRC rya Kicukiro, aho basobanuriwe ibikorerwamo n’uburyo imirimo ijyanye n’ubumenyi ngiro bishobora guhindura ubuzima bwabo.
Mu mihigo 68 y’uyu mwaka akarere ka Nyarugenge kamurikiye abafatanyabikorwa kuri uyu wa gatanu tariki 27/9/2013, harimo kongera ibikorwa by’ubukungu, kwisuzuma mu miyoborere myiza ndetse na gahunda zitandukanye mu mibereho myiza, zirimo iyo kuremera abantu bo mu mujyi igishoro, yiswe gir’ubucuruzi.
Umwana w’amezi icyenda yitabye Imana abandi umunani barakomereka bazize impanuka yatewe n’ikamyo yarenze umuhanda ikinjira mu nzu iri mu kagari ka Gatarama mu murenge wa Kigina ho mu karere ka Kirehe.
Ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umupira w’amaguru mu Rwanda 2013/2014 itangira kuri uyu wa gatandatu tariki 28/9/201, Rayon Sport yatwaye igikombe cya shampiyona giheruka, irakina na Gicumbi FC ikipe yazamutse mu cyiziro cya mbere muri uyu mwaka, umukino ubera kuri Stade Amahoro i Remera kuva saa cyenda n’igice.
Abagore 8000 bo muri Nigeriya bibumbiye mu ishyirahamwe “Zamafara” bigabije imihanda tariki 26/09/2013 mu rwego rwo kugaragariza Leta bafite ikibazo cyo kutagira abagabo.
Imvura idasanzwe yaguye mu mu murenge wa Rubaya mu karere ka Gicumbi tariki 27/09/2013 saa kumi nimwe z’umugoroba yasenye urusengero rwa EAR irarusakambura.
Bamwe mu bakozi bakoze ku nzu y’ubucuruzi ya Koperative Ubumwe Bwishyura iri mu mujyi wa Karongi baravuga ko bamaze imyaka ibili bishyuza amafaranga bakoreye ariko ubuyobozi bwa Koperative ngo ntibushaka kubishyura.
Mu gihe mu mujyi wa Toronto muri Kanada hasigaye amasaha make ngo hatangire imihango y’umunsi wa Rwanda Day, abari muri uwo mujyi ngo batangiye kubona byinshi biri guhindura uwo mujyi nk’agace Nyarwanda.
Kuri uyu wa gatanu tariki 27/09/2013, u Rwanda rwifatanije n’isi yose kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ubukerarugendo ufite insanganyamatsiko igira iti “Ubukerarugendo n’amazi: Tubungabunge umurage rusange”. Uyu muhango wabereye mu marembo ya Pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke.
Umuryango nyarwanda uharanira iterambere n’imibereho myiza (Imbuto Foundation) uraburira urubyiruko kutishora mu mibonano mpuzabitsina cyane cyane idakingiye, ituma ubwandu bwa SIDA n’izindi ndwara bikwirakwizwa, ndetse no gutwara inda zitifuzwa biri ku kigero giteye inkeke.
Umuyaga uvanze n’imvura wagurukanye igisenge cy’ibyumba bitandatu by’amashuri ku ishuri ribanza rya Rukara Protestant mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza tariki 26/09/2013. Icyo gisenge cyagurutse abana bari ku ishuri, abagera kuri 17 n’umwarimu umwe bahita bakomereka.