Nyuma y’iminsi itatu abayobozi umunyamabanga nshingwabikorwa, umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu ndetse n’umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu karere ka Rusizi beguye, Njyanama y’akarere ka Rusizi yakiriye ubwegure bwabo.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi igizwe n’abakinnyi 20 kuri uyu wa mbere nibwo yehagurutse mu Rwanda yerekeza i Nairobi muri Kenya mu irushanwa rya CACAFA rizatangira ku wa gatatu tariki ya 27/11/2013.
Mu gikorwa cyo gukemura ibibazo by’amasambu mu karere ka Gisagara hagaragaye abari barumvikanye bagasaranganya ubutaka basubiranyemo nyuma y’aho komisiyo y’uburenganzira bwa muntu yabasobanuriye ko ubutaka bufitweho uburenganzira n’ubufitiye icyangombwa.
Ababyeyi bo mu murenge wa Maraba ho mu karere ka Huye barishimira ko abana babo basigaye bitabira amashuri y’incuke kuko ubu yabegerejwe bityo bakaba batagifite impungenge z’uko abana babo bagira impanuka mu nzira cyangwa ngo babe baruha bakora urugendo rurerure bagana ku mashuri.
Korali “Kubwubuntu” y’i Butare mu cyahoze ari Kaminuza Nkuru y’u Rwanda iramurikira abakunzi bayo alubumu yayo ya mbere yise “Imirimo itunganye”, iki gikorwa kikaba kizabera i Muhanga muri EPR Gitarama tariki 01/12/2013.
Umunya-Afurika y’Epfo Dylan Girdlestone yegukanye isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’ ku cyumweru tariki 24/11/2013 nyuma yo kwitwara neza mu byiciro (etapes) umunani akaba ariwe wakoresheje igihe gito kurusha abandi.
Umuvugizi w’Ubushinjacyaha Bukuru bw’u Rwanda akaba n’umuhanzi, Alain Mukurarinda, yatangarije abanyamakuru zimwe mu mpamvu zituma atitabira amarushanwa ya hano mu Rwanda harimo nka Primus Guma Guma Super Star ndetse n’ayandi.
Ihuriro ry’abaganga mu Rwanda, rivuga ko hari indwara zititabwaho kandi zigahitana abantu, rigasaba abaganga ko bamanuka mu cyaro bakigisha abaturage kwirinda indwara zimwe na zimwe zihagarahara akenshi ziterwa n’umwanda.
Abubakar Nsengiyumva w’imyaka 33 afungiye kuri Police Post ya Gatunda ho mukarere ka Nyagatare azira gukomeretsa Felecian Bazatsinda w’imyaka 44 amuziza kumusambanyiriza umugore.
Nyuma y’amezi arenga abiri nta muyobozi wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage akarere ka Kayonza gafite, tariki 23/11/2013 Uwibambe Consolee w’imyaka 40 y’amavuko yatorewe uwo mwanya ku majwi 95,8% by’inteko itora yari igizwe n’abajyanama 145.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, yatangaje ko mu gihembwe cy’amashyamba cya 2013-2014 mu Rwanda hazaterwa ingemwe z’ibiti miliyoni 32.
Mu kagari ka Gacaca mu murenge wa Rubengera akarere ka Karongi, haravugwa urupfu rw’umwana witwa Uwizeye Willy w’imyaka 14, bivugwa ko yaba yiyahuje umuti wica imbeba abandi bakavuga ko yaba yiyahuje umugozi.
Guhera kuri uyu wa 23 Ugushyingo 2013, mu Kigo cya Gisirikare cya Gabiro giherereye mu karere ka Gatsibo, hatangiye umwiherero uhuje abayobozi bashinzwe umurimo mu nzego z’igihugu kuva ku ntara, uyu mwiherero ukazamara ibyumweru 2.
Umuyobozi w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), Ntagungira Celestin ‘Abega’, aratangaza ko imitegurire y’isiganwa mpuzamahanga ry’amagare ‘Tour du rwanda’ hari byinshi yaryigiyeho bizamufasha guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda.
Umunya-Eritrea Ayob Metkel ni we wagukanye umwanya wa mbere mu isiganwa ry’amagare Tour du Rwanda ubwo kuri uyu wa gatandatu tariki ya 23/11/2013 bavaga mu karere ka Huye bajya mu mugi wa Kigali.
Uwiragiye Pricille niwe watorewe kuba umuyobozi w’akarere ka Bugesera wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage. Aje kuziba icyuho muri nyobozi y’akarere ka Bugesera, yari imaze amezi arindwi ibuzemo umunyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage.
Kuba urugaga rw’abikorera mu gihugu rutegura amamurikaguriaha hirya nohino mu gihugu, ngo ni intwaro ikomeye yo kunganira gahunda y’igihugu y’imbaturabukungu (EDPRS); nk’uko bitangazwa na bwana Rugambwa Oreste, umujyanama uhoraho w’urugaga rw’abikorera (PSF).
Umuyobozi w’ishami ry’umuryango mpuzamahanga utabara imbabare (CICR) mu Rwanda, George Paclisanu, ashima uburyo u Rwanda rushyira mu bikorwa amasezerano mpuzamahanga harimo arengera uburenganzira bwa muntu n’imbabare.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rutsiro yataye muri yombi abasore babiri bo muri ako karere mu murenge wa Gihango tariki 21/11/2013, umwe afatanwa udupfunyika 22, undi na we afatanwa udupfunyika 40 tw’urumogi, bombi bakaba bari bafatanyije kurucuruza.
Abayobozi b’ingabo za Congo, MONUSCO hamwe n’ingabo za Uganda bakoze inama ngo bategure kurwanya umutwe wa ADF NALU ntuzongere guhungabanya umutekano mu ntara ya Kivu y’amajyaruguru no muri Uganda.
Mu minsi ine gusa, umurwa mukuru wa Kenya uraza kugirwa umurwa mukuru w’Afurika y’Iburasirazuba ushinzwe guhindura umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi no kubipfunyika (Food Processing and Packaging.)
Ishami ry’umuryango w’abibumbye rishinzwe guteza imbere inganda (UNIDO) hamwe n’Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe ubuziranenge (RBS), byatanze ikirango mpuzamahanga cy’ubuziranenge ku cyayi kiva mu nganda za Kitabi, Nyabihu na Rubaya, hamwe n’urusenda n’umutobe bikorwa n’uruganda Urwibutso.
Ubwo isiganwa ry’amagare rya “tour du Rwanda” ryageraga bwa mbere mu karere ka Nyamagabe Kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013, ryashimishije abaturage cyane bakaba ngo barasanze bari barahejwe ku byiza.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, kuva wa mbere tariki ya 25/11/2013, nibwo izatangira imikino y’akarere ka gatanu izabera i Kigali, ikaba igamije gushaka itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Pologne umwaka utaha.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga bugaragaza ko hakiri abagore batari bake bagisamira inda mu bwandu bw’agakoko gatera SIDA, nk’uko byagagaragarijwe mu nama yabuhuje n’abakuriye ibigo nderabuzima n’ibitaro bya Kabgayi, yabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013.
Abanyarwanda 120 biganjemo abagore n’abana batashye mu Rwanda banyuze mu karere ka Rubavu bavuye mu duce twa Masisi, Ijwi, Kalehe na Rutshuro, kuri uyu wa Gatanu tariki 22/11/2013.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) igaragaza ko ireme ry’uburezi rigomba kuvugururwa kugira ngo abanyeshuri bajye basoza amasomo bashoboye guhangana n’abandi ku isoko ry’umurimo, haba mu gihugu cyangwa mu ruhando mpuzamahanga.
Ubuyozi bwumurenge wa Bugarama mu karereka Rusizi, bufatanyije nikigo cyigihugu gitsura ubuziranenge (RBS) ninzego z`umutekano basuye inganda zitandukanye hagamijwe kugenzura ko ibyozikora byujuje ubuziranenge.
Abayobozi batatu b’akarere ka Rusizi barimo umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Nirere Francoise , Umuyobozi w’akarere w’ungirije ushinzwe ubukungu, Habyarimana Marcel Hamwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’akarere ka Rusizi Ndemeye Albert, beguye ku mirimo yabo, kuri uyu wa Gatanu tariki (…)
Mu gace ka gatanu (etape 5) k’isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’, kakinwe kuri uyu wa gatanu tariki ya 22/11/2013, abasiganwa bava mu karere ka Muhanga bajya mu karere ka Nyamagabe, umunya Algeria Lagab Azedine niwe wegukanye umwanya wa mbere, ariko umunya Afurika y’Epfo Girdlestone agumana umwenda w’umuhondo.
Ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) kirakangurira inzego gukoresha amakuru n’imibare gifite, kandi zikirinda guhimba imibare itajyanye n’ukuri kw’ibikorwa.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bo mu karere ka Kayonza ngo bakwiye guha ijambo abaturage muri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, kugira ngo bavuge ibyababaje kubera amateka u Rwanda rwanyuzemo bityo babohoke.
Itsinda rigizwe n’abakora mu nzego zitandukanye zishinzwe abagore muri Cote d’Ivoire ziratangaza ko ziteguye kwigira ku bunararibonye bw’u Rwanda mu kubahiriza uburenganzira bw’abagore, zikaba zizera ko hari byinshi zizasubirana iwabo.
Ubwo umuyobozi w’akarere ka Rusizi yahuraga n’abakozi b’inzego z’ibanze harimo abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari n’imirenge kuwa 21/11/2013, yavuze ko ruswa irangwa mu maserivisi atandukanye igiye guhagurukirwa.
Ubwo hatangizwaga ibiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu Karere ka Gakenke, Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru yanenze abavuga ko “Ndi Umunyarwanda” ari politiki igamije guhatira Abahutu gusaba imbabazi Abatutsi.
Umwana w’imyaka 19 witwa Nyirahagenimana Claire yishwe n’inkuba ahagana saa sita z’amanywa kuri uyu wa 22/11/2013 mu kagari ka Kacyangugu mu murenge wa Kamembe ubwo yari ari mu murima ari gutera imboga.
Abacungagereza bo mu magereza atandukanye yo mu Rwanda basoje amasomo bahabwaga yo ku rwego mpuzamahanga arebana n’imicungire y’imfungwa n’abagororwa nta ntwaro ikoreshejwe.
Depite Kankera Marie Josée aragaragaza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ari gahunda yubaka Ubunyarwanda nyabwo mu Banyarwanda kuruta kumva ko kuba Umunyarwanda byashingira ku izina gusa cyangwa se aho umuntu akomoka.
Guhera muri uyu mwaka w’imihigo wa 2013/2014 imihigo izajya ikorwa hakurikije ubushobozi n’imiterere y’akarere, kandi ikorwe igamije ibikorwa bigirirwa akamaro, nk’uko byaganiriwe mu nama yateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB), kuri uyu wa Kane tariki 21/11/2013.
Mu mwiherero kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” mu karere ka Rulindo, abayobozi benshi bafashe umwanya babwira bagenzi babo amateka y’ubuzima babayemo mu gihe cya Jenoside kimwe na mbere yaho kugira ngo bakire ibikomere byabo nk’uko babivuga.
Abayobozi mu nzego z’ibanze n’abahagarariye ibigo bitandukanye bikorera mu karere ka Ngoma bashoje umwiherero w’iminsi ibiri kuri “Ndi Umunyarwanda” biyemeje kugeza iyi gahunda ku baturage bahagarariye.
Umunya-Afurika y’Epfo Girdlestone Dylan ni we uyoboye abandi mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda 2013’ ryari rigeze ku munsi waryo wa kane, ubwo bavaga Musanze berekeza mu karere ka Muhanga ku wa kane tariki ya 21/11/2013.
Abagabo babili bo mu murenge wa Mutendeli mu karere ka Ngoma bafungiye kuri station ya police i Mutendeli bakekwaho kunyereza imifuka ya sima 22 yubakishwaga amashuri kuri GS Mutendeli muri Gahunda ya 12 YBE.
Leta y’u Rwanda ibinyujije muri Minisiteri y’Ubuzima ku bufatanye na Global Fund, barimo barubaka ikigo nderabuzima ku kirwa cya Iwawa giherereye rwagati mu kiyaga cya Kivu, kikaba ngo kizuzura gitwaye miliyoni 187 z’amafaranga y’u Rwanda.
Mu mukwabu wakozwe mu murenge wa Kibungo akagali ka Cyasemakamba kuri uyu wa 20/11/2013, hafashwe urumogi ibiro 10na kanyanga litiro 5n’abakekwaho kuba abajura bagera kuri 31.
Mu murenge wa Rwimbogo, akagali ka Kiburara mu dugudu wa Rubirizi ho mu Karere ka Gatsibo, kuri uyu wa 20 Ugushyingo umugabo witwa Nsengiyumva yafatanywe inoti za bitanu esheshatu n’iza bibili eshatu (ibihumbi 36) z’impimbano.
Ibigo by’amashuri byo mu Karere ka Gakenke byabonye inkunga y’imipira y’amaguru isaga gato 1000 yatanzwe na Minisitiri y’Uburezi, iyo mipira igiye gukangura siporo mu bigo by’amashuri yaba abanza n’ayisumbuye.