Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Nsengimana Jean Philbert, arashimira urubyiruko rwibumbiye muri koperative ishinzwe kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima (Biocoop Rwanda) kuba rwarishyize hamwe ruhereye ku gukora ibintu bitoya no kubyaza umusaruro amahirwe aboneka iwabo, bakaba bamaze kugera ku ntambwe ishimishije.
Umushoramari usanzwe ufite hoteri “Golden Monkey” mu mujyi wa Nyamagabe agiye kubaka indi hoteli izitwa “Nyungwe back packers hotel” izaba ifite inyenyeri enye mu marembo ya pariki y’igihugu ya Nyungwe mu murenge wa Kitabi mu karere ka Nyamagabe.
Ubwo yitabiraga isozwa ry’amarushanwa yo gusoma yateguwe na Imbuto Fondation mu karere ka Rubavu, umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias yasabye Abanyarwanda kugira umuco wo gusoma kugira ngo bibafashe kwagura ubumenyi no gusesengura.
Abayobozi b’inzego za Kiliziya n’iza Leta mu Rwanda no muri Congo biyemeje gukomeza gutahiriza umugozi umwe mu kwimakaza amahoro, ubumwe n’ubworoherane mu batuye akarere k’ibiyaga bigari.
Ntawurwubakarumwe Boniface w’imyaka 46 yishe umugore we witwaga Maniraguha Claudine w’imyaka 32, amutemye ijosi akoresheje umuhoro, nawe ahita afata umuti witwa kiyoda aba arawunyoye.
Abaturage bo mu mujyi wa Kamembe baratangaza ko abajura babamereye nabi kuko batakigira ubwoba cyangwa isoni kuko ngo basigaye birirwa barwana n’abaturage bavuga ko bari kwishakira ikibatunga.
Nyuma y’uko akarere ka Rutsiro gasomwe ku mwanya wa 25 mu kwesa imihigo y’umwaka 2012/2013 ndetse bamwe bagakeka ko ari wo mwanya kabonye, umuyobozi w’ako karere arazenguruka mu karere abasobanurira imiterere y’amanota n’imyanya byahawe uturere mu kwesa imihigo.
Umuhanga w’umuherwe mu by’ikoranabuhanga, Bill Gates, yasabwe na bamwe mu bo bafatanyije imari muri Microsoft kwegura ku mirimo yo kuyobora icyo kigo karahabutaka mu gucuruza ikoranabuhanga ngo kuko gutinda mu buyobozi kwe bibangamiye inyungu za Microsoft.
Ikamyo ifite nimero z’ingande UAP 778C yari itwaye ibiribwa bya PAM yabuze feri igeze ku Kabari maze igwa igeze mu makoni ya Nyakiriba mu karere ka Rubavu tariki 01/10/2013 saa 22h30 abantu babiri bahita bitaba Imana naho undi umwe ararokoka.
Umwana w’imyaka 11 witwa Itangishaka yaguye mu kirombe cyari kirimo amazi menshi ubwo ngo yari agiye gushaka inkwi zo gucana mu murenge wa Mururu, Akagari ka Kigarama mu mudugudu wa Gitwa ahagana saa kumi nimwe z’umugoroba zo kuwa 01/010/2013.
(* “Abahigi” bamereye nabi inkumi zo muri Kigali !) Aye! Aye! (Yemwe Yemwe!) Umva, dore izo nsanze Keji Eli noneho… Eh! Wallahi ni danger!!!
Nk’uko byari bimaze iminsi bivugwa, hagiye kubaho impinduka mu mitegurire ya ba Nyampinga hano mu Rwanda mu rwego rwo guca akavuyo kabaga muri iki gikorwa aho wasangaga benshi batora Nyampinga batazi mu by’ukuri icyo bagamije cyangwa se ntibamukurikirane.
Ihagarikwa ry’uburobyi mu Kivu ryatumye amafi n’isambaza bihenda mu isoko rya Gisenyi kuko ubu ikiro cy’isamba kigura amafaranga 3000 kandi cyaguraga 1700. Amafi yo aragura amafaranga 3500 ikilo mu guhe yaguraga amafaranga 2500.
Abanyeshuli 15 biga mu ishuli ryisumbuye rya Lycee ya Nyanza riherereye mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza bagaragaweho uburwayi bw’icyorezo cy’impiswi bajyanwa mu bitaro ari indembe.
Ihuriro ry’imiryango itegamiye muri Leta yo mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (EAC) ryatangiye gahunda y’iminsi ibiri yo kwigisha abakorera mu byiciro binyuranye by’abikorera mu karere ka Rwamagana ibigisha kumenya kureba amahirwe menshi y’ubucuruzi bashobora gukura muri uwo muryango.
Abakora umwuga wo gutwara abagenzi ku mapikipiki mu karere ka Rwamagana barasabwa kubahiriza amabwiriza agenga gutwara abagenzi, bakanacyebura abo batwara kuko polisi yahagurukiye guhashya amakosa bakora agateza impanuka akambura Abaturarwanda ubuzima.
Umuhanzi Mani Martin, abaye Umunyarwanda wa mbere ubashije kugira amahirwe yo kuba mu bahanzi 12 bo muri Afurika bahatanira insinzi mu marushanwa akorwa na radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) mu guteza imbere impano nshya z’abahanzi bo muri Afurika.
Bamwe mu bahinzi b’ibirayi bo mu ntara y’Amajyaruguru, bahitamo gukura ibirayi byabo bitaruzuza igihe gisabwa ngo bibe byeze neza bitewe n’impamvu zirimo ubukene, gushaka amafaranga yihuse ndetse no gushaka guhinga kenshi mu mwaka umwe.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi (Rwanda Transport Agency: RTDA) gitangaza ko mu ntangiriro z’umwaka wa 2014 hazatangira inyigo yo gusana umuhanda Musanze-Cyanika.
Imiryango 200 ikennye yo mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, yafashijwe guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi ihabwa imbuto z’ibihingwa bitandukanye ndetse n’inyongeramusaruro bizabafasha kwihaza mu biribwa.
Uwase Natasha wiga muri Notre Dame de Citeaux na Joshua wiga muri KIST ni bo babashije gusubiza neza ibibazo babazwaga ku giti cyabo mu marushanwa y’ibiganiro mpaka ku kwihangira umurimo yateguwe na Rwanda inspiration Backup.
Komisiyo y’igihugu y’abantu bafite ubumuga iratangaza ko ikibazo cy’abasabirizi atari uko bose ari ubukene ahubwo ari ikibazo cy’imyumvire. Barasabwa kuyireka kubera ingufu igihugu cyashyize mu kugira ngo igihugu gitere imbere.
Ishuri Les Gazelle riherereye mu karere ka Ngoma umurenge wa Kibungo ryongeye gushimirwa rinahabwa igikombe n’akarere ka Ngoma kuba ryaragahesheje ishema ritsindisha abana benshi.
Isomero ry’abaturage ry’i Rwinkwavu mu karere ka Kayonza (Community Library) ngo rifasha abana bato gukura bakunda ikoranabuhanga, nk’uko bamwe mu bana twasanze kuri iryo somero babyemeza.
Ikigega mpuzamahanga cy’imari (IMF) cyemeranywa n’u Rwanda muri gahunda mbaturabukungu ya kabiri rurimo gukurikiza, yo guteza imbere abikorera, kongera ahava imisoro, hamwe no kugira ibicuruzwa byinshi byoherezwa mu mahanga, kugirango igihugu kive mu gushingira ku kunga gihabwa.
Umukecuru wo mu murenge wa Gashari mu karere ka Karongi wari umaze iminsi ine yaraburiwe, yabonetse mu kigunda tariki 01/10/2013 yaritabye Imana. Uyu mukecuru yaburiwe irengero tariki 27/09/2013 ariko bimenyekana tariki 30/09/2013.
Amabati yari asakaye amazu abiri yubakiwe abasigajwe inyuma n’amateka hamwe n’indi nzu y’umuturage yaragurutse, ibyuma bikurura ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba byo ku murenge SACCO wa Nyabirasi na byo biraguruka, ibishyimbo n’ibigori bihinze kuri hegitari 53 bihinduka imfabusa, byangijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye (…)
Muri uyu mwaka w’amashuri wa 2013, abanyeshuri 23 biga mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu karere ka Gicumbi bamaze gutwara inda z’indaro; nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’uburezi w’agateganyo mu karere ka Gicumbi, Mukashema Christine, kuri uyu wa 01/10/2013.
Umugore w’imyaka 37 witwa Nyirarukundo Patricie utuye mu Mudugudu wa Gashishi, Akagali ka Kamubuga ho mu Murenge wa Kamubuga tariki 29/09/2013 yatemye umugabo we mu rubavu akoresheje umuhoro ngo amuziza ko amuca inyuma.
Uwamahoro Zawadi wo mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu ari mu maboko ya polisi akurikiranyweho icyaha cyo kwica abana babili b’impanga akabajugunya mu cyobo gikoreshwa n’abari mu nkambi ya Nkamira.
Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya bacumbitse mu nkambi ya Kiyanzi bavuga ko bishimiye uburyo bakiriwe mu Rwanda kuko imiryango itandukanye igenda ibatera inkunga mu bintu bitandukanye birimo ibyo kurya n’ibikoresho byo kuryamira.
Mu rwego rwo guhugurira abacungagereza kuba abanyamwuga mu kazi bakora, kuri uyu wa 01 Ukwakira abakorera mu Ntara y’Amajyepfo batangiye amahugurwa arebana n’amasomo y’uburinzi bwo ku rwego rwo hejuru bateguriwe n’urukiko rwihariwe rwashyiriweho Sierra Leone.
Kuva ku wa Mbere, tariki 30/09/2013, abayobozi b’imirenge 15 igize akarere ka Nyamasheke bahinduriwe imirenge bayobora (mutation) ku buryo nta wongeye kuyobora umurenge yari asanzwemo.
Dukuze Fiston w’imyaka 9 y’amavuko yaturikanywe na gerenade ubwo yavaga kwiga mu gihe cya saa cyenda z’amanywa tariki ya 30/09/2013 iramukomeretsa cyane.
Roberto Manchini wigeze gutoza ikipe ya Manchester City mu Bwongereza yatangaje ko ubu igiye gutoza ikipe ya Galatasalay mu gihugu cya Turukiya mu gihe cy’imyaka 3.
Kabera Pierre Celestin w’imyaka 45 wo mu murenge wa Mudende yitabye Imana azize inkuba. Inkuba kandi mu kagari Kanyundo yakubise inka 4, inzu 3 zo mu kagali ka Ndoranyi zivaho ibisenge naho inzu imwe irasenyuka kubera kurengerwa n’amazi y’iyi mvura yanangije imyaka.
Sibomana Emile yafatiwe mu mujyi wa Gisenyi taliki 29/9/2013 afite amafi yaboze yakuye i Kigali aje kuyacuruza mu mujyi wa Gisenyi nyuma y’uko uburobyi buhagaze mu kiyaga cya Kivu mu gihe cy’amezi abili.
Niyonshuti Emmanuel umushoferi w’imodoka y’akarere ka Ngoma yahembwe terefone igezweho yo mbwoko bwa Samsung Galaxy ndetse anahabwa igare na na radio na ceretificat y’ishimwe kubera ubushake n’umuhate yakoranye mu mirimo ye mu gihe cy’umwaka w’imihigo 2012-2013.
Abihayimana bo muri diyosezi Gatulika ya Cyangugu mu Rwanda, abo muri arkidiyosezi ya Bukavu na diyosezi ya Uvira muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo barungurana ibitekerezo ku buryo akarere k’ibiyaga bigari karushaho kurangwamo amahoro n’ubworoherane.
Ahagana mu masaha ya saa kumi n’imwe za mugitondo zo kuwa 30/09/2013, Ndayisabye Isae yafatanywe inyama z’inka ebyiri yaraye abaze mu buryo butemewe n’amategeko agiye kuzigurisha aho bacururiza inyama i Kamembe mu karere ka Rusizi.
Butera Jeanne uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Knowless yashyize hanze indirimbo nshya yise “Baramushaka”, ikaba ari indirimbo isa n’iyiyama abakobwa baba bashaka gusenya urukundo rw’abikundaniye.
Félicien Mashema w’imyaka 37 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gisozi, akagari ka Ruronde mu murenge wa Rusebeya mu karere ka Rutsiro yitabye Imana agwiriwe n’ikirombe ubwo yarimo acukura amabuye y’agaciro rwihishwa tariki 28/09/2013.
Mu mpera z’uyu mwa wa 2013 nibwo hategwanyijwe itangira ry’ibikorwa byo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, mu karere ka Burera, mu rwego rwo guteza imbere ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Umugore ukora akazi k’uburaya mu Mujyi wa Gakenke, Akarere ka Gakenke yadukiriwe n’umugabo witwa Heka Francois arakubita arangije amujyana mu mugezi kumwinikamo kugira ngo amuhe terefone ye ngo yamwibye.
Kuri uyu wa Mbere tariki 30/09/2013, ku Bitaro by’i Nemba hatashywe One Stop Center izita ku bantu bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ikazatanga serivisi zose bakenera mu gihe mbere basiragiraga.
Umuryango Transparency International Rwanda utangaza ko abantu bagera kuri 27,1% banga gutanga ruswa kuko baba babona ko ntacyo byahindura, nk’uko ubushakashatsi uwo muryango wakoze bubigaragaza.
Abanyarwanda batandatu bari mu gihugu cya Congo mu mutwe wa FDLR hamwe n’umunyarwanda wari mu gisirikare cya Congo bagarutse mu gihugu cyabo taliki 30/9/2013 bavuga ko barambiwe kubaho mu muzima butari bwiza kandi mu gihugu cyabo hari umutekano.
Umuryango w’ubukungu mu bihugu bigize ibiyaga bigari (CEPGL) ugiye kugabanya ibibazo abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahura nabyo hubakwa amasoko azaborohereza ingendo.
Abajura bibye inka mu ijoro rishyira tariki 30/09/2013 barangije barayibaga nyuma bayiteshwa n’abazamu ndetse n’irondo ryo mu kagari ka Kanzenze mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera.