Umuvugizi wa polisi y’u Rwanda mu ntara y’Iburasirazuba yabwiye Kigali Today ko muri Rwamagana hafungiye abagabo babiri bashobora kuzafungwa burundu nibaramuka bahamwe n’icyaha bakurikiranyweho cyo kugaburira abantu inyama z’imbwa.
Mu murerenge wa Kamembe ho mu karere ka Rusizi havumbuwe umurima uteyemo ibishyimbo bivanze n’urumogi rwinshi. Aho uyu murima uri mu mudugudu wa Rushakamba buri munsi haba hari abasore bahanywera urumogi.
Abadepite basaga 20 bo mu nteko ishinga amategeko yo mu gihugu cya Kenya bakoreye urugendo shuri mu ishuri ribanza rya Gahini mu karere ka Kayonza bagamije kureba imikorere ya gahunda ya mudasobwa imwe ku mwana (One laptop per child).
Ikigega cya Koreya y’Epfo gishinzwe iterambere (KOICA) cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye na Polisi y’igihugu yo kuyifasha kongera ubumenyi muri gahunda zose zikenewe, nk’uko byemejwe n’impande zombi mu isinywa ry’aya masezerano kuri uyu wa 08/10/2013.
Umuhanzi Rafiki umaze kuba icyamamare mu njyana ye yihangiye yise “Coga Style” afite gahunda yo kwagurira umuziki we mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (East Africa).
Gaju Justin uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kid Gaju, aravuga ko indirimbo “Ngabira agatabi” yakoranye na Jay Polly ntaho ihuriye no gusaba itabi ahubwo ngo ni uburyo bwo gusaba gusa.
Abaturage batuye mu karere ka Nyanza cyane cyane mu gice cy’umujyi bazaniwe imurikagurisha rihuriwemo na bimwe mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC) rizamara ukwezi kose rikaba ryatangiye tariki 07/10/2013.
Abasore batatu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Busogo mu karere ka Musanze, nyuma yo gufatanwa urumogi ubwo bari barutwaye kuri moto bari kurunyuza mu karere ka Musanze bagerageza kwerekeza mu mujyi wa Kigali.
Umusaza witwa Mawimbi Saidi ubu ufite imyaka 89 akaba atuye mu karere ka Rusizi aracyabasha gukora umwuga we wo gukanika ibyuma bitandukanye. Uyu musaza avuga ko atigeze yiga ariko ngo yavukanye impano zo kuvumbura agakora ibyo buri wese atapfa gushobora.
Itsinda ry’abaganga b’ababasirikare bakorera muri Brigade ya 511 ikorera no mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa 7 Ukwakira batangiye gahunda yo gusiramura abaturage babyifuza mu murenge wa Tabagwe.
Ubwo hizihizwaga y’umunsi w’abasheshe akanguhe, tariki 06/10/2013, abo mu karere ka Nyagatare basabwe kwirinda icyakongera kugarura amacakubiri mu baturage ndetse bakanabisobanurira abo babyaye kubera ko aribo bazi byinshi mu byaranze igihugu cyacu.
Bamwe mu Banyarwanda by’umwihariko abakuze bahamya ko uko u Rwanda rugenda rutera imbere ariko abanyagihugu bagenda bata umuco harimo no kuramukanya bigenda bita agaciro.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bahagarariye abandi (cadres) mu karere ka Karongi, barishimira uruhare umuryango ukomeje kugira mu kuzana impinduka nziza z’iterambere mu gihugu, by’umwihariko bagafatira urugero ku iterambere akarere ka Karongi kamaze kugeraho mu gihe gito.
Ubwo mu karere ka Rusizi hakorwaga umukwabu ku mugoroba wo kuwa 07/10/2013, hafashwe abantu 49 harimo uwafashwe arimo gutobora inzu afite n’imyenda yari amaze kwiba.
Ngendahayo Emmanuel wo mu mudugudu wa Cyivugiza, akagari ka Ngoma, mu murenge wa Nyamiyaga; yatewe icyuma na Niyonshuti ukora akazi ko kubaga inka, nyuma yo gushyogoranya bapfa umugore utuye mu mudugudu wa Buhoro.
Ubwo yasezeraga kuri Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, uwari uhagarariye umuryango w’ubumwe bw’i Burayi (EU) mu Rwanda, Amb. Michel Arrion, yavuze ko EU izakomeza gushyigikira u Rwanda muri gahunda z’iterambere.
Umugabo witwa Nkuriza Laurent ukomoka mu murenge wa Murambi ho mu karere karere ka Rulindo yitabye Imana agwiriwe n’ikirombe aho yakoraga akazi ko gucukura amabuye y’agaciro tariki 07/10/2013 saa tatu za mugitondo.
Umukobwa w’imyaka 17 wo mu kagari ka Rwinume mu murenge wa Juru arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata kuva tariki 07/10/2013 nyuma yo gukuramo inda yari atwite ifite amezi atanu.
Mu ivugurura rya gahunda yo gutwara abagenzi mu mujyi wa Kigali, Ruyenzi na yo yahawe tagisi zihagarukira zivuye Nyabugogo ku mafaranga 200Frw. Abatuye ku Ruyenzi n’abagenda bishimiye guhabwa izo modoka kandi ku giciro gito kuko ngo bahendwaga.
Urubanza rw’abagabo bane, abasivili batatu ndetse n’umusilikare umwe, bashinjwa kugira uruhare mu rupfu rw’umucuruzi Habimana Sostène, rwasubitswe nyuma yo gusanga umwe muri abo bagabo adafite umuburanira imbere y’amategeko. Ruzasubukurwa tariki 20/11/2013.
Nzabonimpa Emmanuel wo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza afungiwe kuri stasiyo ya polisi ya Rukara, akurikiranyweho icyaha cyo gukubita umuntu bikamuviramo gupfa kubera amafaranga 50 y’u Rwanda.
Ikigo k’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) cyashyikirije ibihembo bamwe mu bakozi bagaragayeho gukora neza mu kazi bashinzwe, harimo abikorera n’abakora mu nzego za Leta, muhango wabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 07/10/2013.
Ku biro bya polisi yo mu mujyi wa Butare hafungiye ikamyo yo mu bwoko bwa FUSO ifite plaque RAB 138W, izizwa kuba yikoreye umutwaro muremure cyane waje no guca insinga z’amashanyarazi zambukiranya umuhanda ahitwa mu Gako ho mu Karere ka Huye.
Abayobozi b’akanama k’Umuryango w’abibumbye gashinzwe umutekano ku isi (UNSC), bari mu rugendo mu bihugu bya Congo Kishasa, u Rwanda na Uganda, bemeranyijwe na Perezida Kagame ko ikibazo cy’umutwe wa FDLR urwanya u Rwanda kigiye gukurikiranwa mu gihe cya vuba.
Samantha Power uhagarariye Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu muryango w’Abibumye (LONI), yasuye abitandukanyije n’imitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo, atangaza ko u Rwanda rugaragaza ubushatse mu gushishikariza Abanyarwanda kugaruka mu gihugu cyabo.
U Rwanda rurizera ko hari byinshi ruzungukira mu nama mpuzamahangwa rwakiriye igamije gusuzumira hamwe uburyo ubuhinzi butakomeza kuba ubwo gutunga abantu gusa, ahubwo bukaba ubwo kwinjiriza abanyagihugu amafaranga bikazamura ubukungu bw’igihugu.
Abapolisi barenga 26, kuva kuri uyu wa mbere tariki 07/10/2013 batangiye amasomo yo ku rwego rwo hejuru ya gipolisi “Senior command and staff course” agiye kuba ku nshuro ya kabiri mu ishuri rikuru rya polisi (National Police Academy) riherereye mu karere ka Musanze.
Kubwimana w’imyaka 26 y’amavuko wo mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba akaba yacuruza inzoga itemewe ya kanyanga yaguye mu gihugu cya Uganda ubwo yari agiye kurangura iyo azana mu Rwanda.
Mu gihe abaturage n’abakoresha imisarani yubatswe na VUP mu murenge wa Muhororo bashimirwa ko bayitaho ndetse ikaba yafashije mu kwita ku isuku, abo mu murenge wa Hindiro bo baranengwa kuba batita kuri iyo misarane ndetse ubu ikaba itabasha gukoreshwa ahanini kubera umwanda.
Abacuruzi bacururiza ahitwa mu Gitega no mu tundi duce tw’ubucuruzi two mu murenge wa Hindiro mu karere ka Ngororero baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura bukorwa n’abana bato bataye ishuri birirwa bazerera kuri utwo dusantere.
Umukuru w’umuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, arasaba abanyamuryango b’uwo muryango muri aka karere kuba abanyamuryango badahuhwa n’umuyaga ahubwo baharanira ishema ry’ishyaka ryabo.
Abaturage bageze mu zabukuru bo mu karere ka Nyamasheke barasaba Leta kubafasha mu buryo bw’umwihariko kugira ngo bagire amasaziro meza kuko abenshi muri bo usanga batishoboye kandi bagifite inshingano nyinshi zirimo kubaho no gutunga abo mu miryango yabo.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Dyna ifite purake RAC 788 K, yari itwawe na Hategekimana Jacques, yabuze feri igonga umukingo ikomeretsa Mutangana Aloys ari nawe nyirayo ku mugoroba wa tariki ya 06/10/2013.
APR Volleyball Club na Kaminuza y’u Rwanda (NUR) mu bagabo zigiye kongera guhurira ku mukino wa nyuma mu irushanwa rihuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (Playoff), aho ikipe ibaye iya mbere ihita yegukana igikombe cya shampiyona.
APR FC niyo iyoboye andi makipe ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda, nyuma yo gutsinda Esperance ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 6/10/2013.
Ubuyobozi bw’ishuri ryisumbuye Mere du Verbe riherereye mu karere ka Nyaruguru mu ntara y’amajyepfo buratangaza ko kuba abanyeshuri b’abahungu bigana n’ababakobwa bigira icyo byongera ku mitsindire yabo, kuko bose baharanira kurushanwa maze bakigira imbere.
Karangwa Lionel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G, n’ubwo ari kwitegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye, ntibiri kumubuza no gutegura alubumu ye ya kabiri ateganya kuzamurika mu mpera z’uyu mwaka.
Umuhanzi Eddie Mico yashyize hanze indirimbo yakoranye n’umuhanzi wo mu gihugu cya Kenya uzwi ku izina rya Kafashia, iyi ndirimbo yabo ikaba yitwa “Connected”.
Umuhanzi Eric Senderi International Hit arahamya ko amashusho y’indirimbo ye yise “Njomba” azaba ari amashusho aruta andi mashusho yose yabayeho.
Mu bihe by’imvura nyinshi, hari ubwo bamwe mu batuye mu gishanga cyo mu Rwabuye baterwa n’amazi mu nzu. Ibi byatumye inama njyanama y’Akarere ka Huye yateranye kuwa 4/10/2013 ifata icyemezo cy’uko abatuye mu gishanga bo mu Rwabuye bimuka, bagatuzwa ahandi, mbere y’itumba ry’umwaka utaha.
Ubwo abarimu bo mu karere ka Rulindo bizihizaga umunsi mpuzamahanga w’umwarimu tariki 05/10/2013 batangaje ko kuba abarimu bagihembwa umusahahara uri hasi ugereranije n’ibiciro biri ku masoko byiyongera umunsi ku munsi, ari kimwe mu bidindiza imibereho myiza yabo.
Ibigo by’abikorera ndetse n’ibya Leta bikorera mu karere ka Gicumbi birashaka kwishyira hamwe bikagura kizimyamwoto nini igendera ku modoka igurwa 50.000.000frs yo kubafasha igihe habaye impanuka y’inkongi y’umuriro.
Mu mwaka ushinze w’ingengo y’imari, Akarere ka Huye kari kahigiye kuzinjiza amafaranga miliyoni 813, maze kabasha kwegeranya izigera kuri 830. Mu ngengo y’imari ya 2013-2014 ho noneho kahigiye miliyoni 900.
Ubwo yasozaga amahugurwa y’iminsi itatu y’abanyeshuri bibumbiye mu muryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside (AERG), Madamu Jeannette Kagame yabasabye gutegura neza ahazaza ha bo.
Ambasaderi wa Koreya y’Epfo mu Rwanda aravuga ko u Rwanda ari igihugu gitandukanye n’ibindi muri Afurika, haba mu miyoborere ndetse n’uburyo ubukungu bwarwo buzamuka ku gipimo mpuzamahanga buri mwaka.
Ubuyobozi bw’umupira w’amaguru muri Kenya butangaza ko bwiteguye kwakira irushanwa rya CECAFA rizaba mu kandi biteguye ko rizagenda neza kuko nta kibazo cy’umutekano muke kizaboneka ku mahoteli abakinnyi n’ababaherekeje bazacumbikirwamo ndetse no ku bibuga.
Bamwe mu baturage baranenga bagenzi babo bakoresha inzitiramubu mu bikorwa byo kubaka amazu, ndetse no mu kuboha ibiziriko by’amatungo bitwaje ko zishaje nyamara bakaba bavangamo n’inshya.
Police y’u Rwanda mu karere ka Rwamagana icumbikiye umugabo witwa Nzamurambaho Jean Damascene Ufite imyaka 28 wemera ko yasambanyije umwana w’imyaka 4 tariki 05/10/2013.
Ubwo yatangizaga ku mugaragaro ku nshuro ya 12 umunsi w’abasoreshwa, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Ambasaderi Gatete Claver, yatangaje ko Abanyarwanda batitabiriye gutanga imisoro, nta terambere igihugu cyageraho.
Umukino w’umunsi wa kabiri wa shampiyona y’u Rwanda wari utegerejwe cyane hagati ya Kiyovu Sport na mukeba wayo Rayon Sport warangiye ari nta kipe ibashije kubona igitego, mu gihe AS Kigali yatsindiwe i Rusizi na Espoir FC ibitego 2-1.