Birindwa Kajibwami François na Kalinda Jean Viateur bari basanzwe ari abadiyakoni mu muryango w’abarogasiyonisite (Pères rogationistses du Coeur de Jésus) bahawe isakaramentu ry’ubusaserodoti kuri iki cyumweru tariki 11/05/2014 muri Diyoseze gatulika ya Cyangugu.
Ababumbyi b’amatafari n’amategura babumbira mu gishanga cya Nyarubuha, mu murenge wa Cyungo, ngo basanga umurimo w’ububumbyi warabafashije kugera kuri byinshi mu bijyanye no kwiteza imbere, babikesha ubu bubumbyi.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Amatora (NEC) irateganya ko mu mwaka wa 2017 izaba yarashyizeho uburyo abantu bashobora gutora bakoresheje telephone na internet, nyuma yo gusanga hari Abanyarwanda benshi cyane ababa hanze bagiye bacikanwa no gutora bitewe no kuba nta ambasade ziri aho bari.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Rushashi mu karere ka Gakenke barinubira uburyo abashoferi batwara imodoka zitwara abagenzi zikorera muri uwo muhanda bigiza nkana bagatwara umubare urenze uwo bemerewe gutwara (gutendeka).
Hakizimana Froduald w’imyaka 30 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Rugali B mu kagali ka Kibinja mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yapfuye yiyahuriye iwe mu nzu nyuma y’uko umugore we yari amaze hafi ukwezi yahukaniye iwabo.
Ikipe ya APR Volleyball Club mu bagabo na Rwanda Revenue Authority (RRA) mu bagore, zikomeje kuza ku isonga muri shampiyona y’uyu mwaka nyuma yo kwitwara neza zigatsinda amakipe zihanganye mu mikino yabaye ku wa gatandatu tariki 10/5/2014.
Nyuma y’aho komisiyo y’igenzura y’inama njyanama y’akarere ka Rusizi igaragaje ibyavuye muri raporo ku makosa yakozwe mu iyubakwa ry’urwibutso rwa Nyarushishi abajyanama bayo bifuje ko abakoze amakosa yatumye uru rwibutso rudindira bazagaragazwa kugirango ikosa ritazitirirwa akarere kose.
Bamwe mu batuye ibyaro bavuga ko bagenzi babo baka inguzanyo mu mishinga batanga muri za SACCO cyangwa mu zindi banki, akenshi zihombya n’umuco wo gutsirika izo nguzanyo babanza kunyweraho make inzoga hamwe n’inshuti zabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana butangaza ko mu gihe habura ukwezi n’igice kugira ngo umwaka wa 2013-2014 urangire, abaturage bagera kuri 81.5% ari bo gusa babashije gutanga ubwisungane mu kwivuza, ari na bwo bubahesha uburenganzira bwo kubona serivise z’ubuvuzi mu mavuriro ya Leta.
Abaturage benshi bo mu karere ka Ruhango bashimishijwe no kubona abahanzi bari mu marushanwa ya Primus Guma Guma Super Star ubwo iryo rushanwa ryagezwaga muri ako karere bwa mbere tariki 10/05/2014.
Nyuma y’aho baganiriye n’ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imali biciririrtse mu Rwanda (AMIR), abayobozi ba SACCO mu karere ka Gisagara bavuga ko kwishyira hamwe n’ibindi bigo by’imari bisanzwe biba muri iri ishyirahamwe bizafasha za sacco kubona umuti w’ibibazo zihura nabyo.
Amakipe ane azavamo imwe itwara igikombe cya shampiyona y’abagore mu mupira w’amaguru uyu mwaka, yamenyekanye nyuma y’imikino ya ¼ cy’irangiza yahuje amakipe umunani yitwaye neza kurusha ayandi muri shampiyona y’abagore.
Gakwaya Olivier wari umunyamabanga n’umuvugizi w’ikipe ya Rayon Sport yamaze guhagarika ako kazi ku mpamvu avuga ko ari ize bwite nk’uko abayobozi b’iyi kipe babivuga.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 Richard Tardy aravuga ko kuba mu Rwanda hari ikibazo cy’akarande cya ba rutahizamu aribyo byatumye ikipe atoza inganya ubusa ku busa na Gabon mu mukino ibihugu byombi byakiniye i Kigali.
Abahinzi b’umuceri bo mu karere ka Rusizi bashyizeho ihuriro ry’amakoperative y’abo kugirango babashe kwiteza imbere bifatika bashyize hamwe kandi n’ibibazo bahura na byo bikabasha gukemukira hamwe hatagiye hakemuka ibibazo bya koperative zimwe ngo izindi zisigare kandi bose, urebye bahura n’ibibazo bimwe.
Abajura binjiye mu nzu y’uwitwa Emriye Celebi utuye i Istanbul mu gihugu cya Turquie bamwiba mudasobwa, kamera (camera) ndetse na apareye (appareil) ifotora, ariko aho bamenyeye ko bari bibye ufite ubumuga barabigarura ndetse basiga banamwandikiye.
Muri Kaminuza y’u Rwanda , Ishami ry’ubuzima n’ubuvuzi bw’abantu rya Nyamishaba mu Karere ka Karongi ku mugoroba wa tariki 10/05/2014 bari mu muhango wo kwibuka abantu babarirwa mu bihumbi bitatu baguye muri icyo kigo ndetse no mu Kiyaga cya Kivu mu gihe cya Jenoside.
Ibiyege ni ibintu bimeze nk’ibihumyo byimeza ku gasozi ariko biboneka cyane cyane mu gihe cy’imvura bikaba bitaribwa kubera uburozi bwabyo byifitemo bwakwangiza ubuzima bw’abantu ndetse bukagira na virusi yitwa milidiyo byanduza igihingwa k’ibirayi.
Umuryango uharanira imibereho myiza y’abaturage (Society for Family Health) woroje inka imiryango ibiri y’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi.
Havugimana Erasto ni umugabo uri mu kigero cy’imyaka 40 uvuka aho bita mu Kagera mu murenge wa Bushekeri, avuga ko yarebye agasanga nyuma yo guhinga nta kindi yakora cyatuma abeshaho umuryango we uretse kuririmba no gushimisha abantu.
Ikipe ya Sunrise FC yakinaga mu cyiciro cya kabiri, yatsindiye kujya mu cyiciro cya mbere nyuma yo gusezerera Bugesera FC muri ½ cy’irangiza ku wa gatandatu tariki ya 10/5/2014 mu mukino wabereye i Rwamagana.
Mu karere ka Bugesera hatangiye ikigo gitanga ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba cyitwa Mobisol Rwanda Limited kikaba kije kunganira EWSA mu gutanga amashanyarazi.
Abaturage batuye mu karere ka Nyamasheke na Rusizi bagira imyubakire utasanga ahandi bitewe n’uburyo babyumva n’imiterere y’ako karere nk’uko babivuga.
Mu karere ka Rutsiro ku wa gatanu tariki 09/05/2014 habaye umuhango wo kwibuka abana bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, hatangwa ubutumwa butandukanye bugamije gukangurira abana kuba intwari, gukundana no guharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Abatuye akarere ka Ruhango bishimiye irushanwa rya Guma Guma Super Star (PGGSS) ryageze bwa mbere mu karere ka bo tariki 10/05/2014 maze bashimishwa cyane no kuba babashije ku gura Primus nini ku mafaranga 500 kandi isanzwe igura 700.
Mu masangano y’umuhanda uva i Kigali werekeza i Rusizi n’umuhanda wa kaburimbo werekeza i Nyamasheke , aho bita ku Buhinga, uhasanga abasore benshi bamwe bafite udutabo tw’amatike abandi bafite imbuto bagurisha, mu gihe abandi baba biruka ku bagenzi bababaza aho bashaka kujya (aba bitwa abakatsi).
Nyuma y’amezi agera kuri atandatu, igihugu cya Sudani y’Amajyepfo kiri mu ntambara hagati y’ingabo za Leta n’inyeshyamba, ku munsi w’ejo tariki 09/05/2014 Prezida Salvar Kiir n’uwari Visi Prezida we Riek Machar bashyize umukono ku masezerano yo guhagarika intambara.
Umuhanzi kazi wamenyekanye cyane ku ndirimbo fata fata Teta Diana aratangaza ko mu minsi ya vuba indirimbo ye Kata izaba yasohotse mu mashusho, mu cyumweru gitaha ikaza yageze ku bakunzi be.
Ntigurirwa Ferdinand w’imyaka 50 y’amavuko wari utuye mu kagali ka Munyinya mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yitabye Imana tariki 09/05/2014 ahagana saa kumi n’imwe z’umugoroba aguye mu mirwano y’abagabo babiri yaraje gukiza barimo barwana.
Mu rwego rwo gufasha ba mukerarugendo basura akarere ka Nyanza bakurikiye ahantu ndangamateka y’u Rwanda aherereye ahitwa mu Rukali muri aka karere imwe mu ihoteri izwi ku zina rya “Dayenu” tariki 9/5/2014, yatashye inyubako igaragaza mu buryo bw’ibishushanyo ubukerarugendo bushingiye ku muco wagiye uranga abanyarwanda bo (…)
Mu gihe imirimo yo gukora imihanda iri gokorwa mu mujyi wa huye yari yarahagaze, ubu yasubiye gukorwa n’abaturage baratangaza ko noneho bafite icyizere cy’ uko iyi mihanda izarangira gukorwa mu minsi ya vuba.
N’ubwo abantu benshi bamenyereye izina ry’akabari nk’ahantu hacururizwa inzoga, mu karere ka Gicumbi ho hatangijwe kumugaragaro akabari k’amata mu rwego rwo gukangurira abaturage kujya kuhagura amata kugirango indwara zikomoka ku mirire mbi zicike.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko kwimura abaturage batuye ku kirwa cya Bushongo kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge wa Rugarama bitari ibya vuba ngo kuko bigomba imyiteguro ihagije.
Ikigo cy’itangazamakuru cya kigalitoday Ltd cyahaye impamyabumenyi abantu 90 cyari kimaze amezi atatu gihugura ku itangazamakuru ry’amajwi no gukoresha imbuga nkoranyambaga ku buryo abanyabukorikori n’abikorera ku giti cyabo babyifashisha bakiteza imbere.
Aborozi bagera kuri 40 baturutse mu mirenge ya Rwimiyaga na Matimba yo mu karere ka Nyagatare, kuri uyu wa Kane tariki 8/5/2014, basuye umworozi ntangarugero wo mu murenge wa Gishari mu karere ka Rwamagana biyemeza ko bagiye kwihatira kororera mu biraro kuko ari byo bitanga umusaruro.
Umutoza w’ikipe ya Rayon Sport Luc Eymael, kuri icyi cyumweru tariki ya 10/5/2014, arerekeza iwabo mu Bubiligi, kandi ntazagaruka kuko agiye atabashije kumvikana n’ubuyobozi bw’iyo kipe kandi ngo hari n’amafaranga y’umushahara we atahawe kugeza ubu.
Abayobozi, abanyamakuru, abanyamadini n’abakorera imiryango nyarwanda itari iya Leta barasabwa gutahiriza umugozi umwe mu kurinda inyungu z’igihugu bazigira izabo kuko izo nyungu z’igihugu zitareba umuntu umwe gusa.
Dina Mukarutwaza utuye mu Murenge wa Kacyiru uherereye mu Karere ka Gasabo amaze imyaka 15 akora akazi ko gutwara imodoka, avuga ko kamubeshejeho aknashishikariza bagenzi be gutinyuka uyu mwuga.
Ikigega cyihariye cy’ingoboka (Special Guarantee Fund/SGF) cyatangaje ko hari benshi badahabwa indishyi mu gihe bahohotewe n’ibinyabiziga.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Kinyinya rwiga n’urutiga rwaguriye mu gikorwa cyo gukongurirwa kwirinda no kurwanya ibiyobyabwenge. Igikorwa cyateguwe n’umuryango mpuzamahanga International Alert, kuri uyu wa Gatanu tariki 9/5/2014.
Impfubyi za Jenoside zirera zatujwe mu murenge wa Niboye mu karere ka Kicikiro ziributswa ko zidakwiye kwiheba bibaza uko ejo bazabaho, kuko batari bonyine kandi ko barindiwe umutekano.
Nyuma y’uko Kigalitoday.com itangaje inkuru y’umwana wabuze iwabo mu mwaka wa 1997, afite imyaka irindwi, kuri uyu wa gatanu tariki 9/4/2014, umuryango we wamugezeho ku musaza umucumbikiye witwa Gasirikare Philippe wo mu mu murenge wa Runda mu karere ka Kamonyi.
Mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku rwego rw’ikigo nderabuzima cya Nyamagabe wabaye kuri uyu wa gatanu tariki 09/05/2014, abawitabiriye basabwe kugira uruhare mu kubaka Ubunyarwanda buzira amacakubiri kugira ngo Jenoside itazongera kubaho ukundi.
Abanyakongo n’Abarundi barindwi bafatiwe mu nkambi ya Nyagatare kuri uyu wa 09/05/2014 bavuga ko baje mu Rwanda nk’impuzi zitahutse aho bari biyoberanyije ndetse bihindura amazina kugira ngo badatahurwa.
Aborozi bororera mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa 9/05/2014 bakoze igikorwa cyo kwitanga, maze bakusanya inka zigera kuri 93 zo koroza abatishoboye batari batunze inka, bikaba biri mu rwego rwo gushyigikira gahunda ya “Girinka” yatangijwe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, arakangurira abaturage bo mu karere ka Bugesera gukoresha amazi y’imigezi n’ibiyaga bibakikije mu kuvomerera imirima yabo bakoresheje ibikoresho bafite.
Kuri uyu wa Kane tariki 08/05/2014 ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga w’umuryango utabara imbabare Croix Rouge, uyu muryango washyikirije amazu 26 abasigajwe inyuma n’amateka n’abatishoboye bo mu Mirenge ya Nyange na Musanze mu Karere ka Musanze.
Abarundi 7 badafite ibyangombwa bibaranga ndetse n’ibyo kuba no gukorera mu Rwanda batawe muri yombi mu mukwabu wakorewe mu midugudu itatu yo mu kagari ka Nyamata Ville mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera.