Umuganga w’amenyo wo muri Leta ya Iowa muri Leta zunze ubumwe z’Amerika, yirukanye umwungirije amuhora ko ngo ari “mwiza cyane”, ibintu avuga ko yabonaga bishobora kuzamugusha ndetse bikanamusenyera mu bihe biri imbere.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uwabadepite kuri uyu wa 30 Ukwakira 2013 batangiye umwiherero w’iminsi itatu ku nsanganyamatsiko ya “Ndi Umunyarwanda” mu rwego rwo kugira ngo iyo gahunda na bo bayigire iyabo.
Igihugu cy’Ubuhinde gihanganye n’ikibazo cyo kubura ibitunguru ku buryo bukomeye bushobora gutuma Leta iriho muri icyo gihugu ihirima ikavaho nk’uko byagenze mu myaka ya 1980 na 1998 ubwo kubura ibitunguru byatumaga abaturage bivumbura kuri Leta ndetse bikagira uruhare mu gukura ku butegetsi Leta zariho icyo gihe.
Leta y’igihugu cy’Ubuyapani ngo ihangayikishijwe bikomeye n’uko abaturage bayo benshi biganjemo urubyiruko batagifite irari na rike ryo gukora imibonano mpuzabitsina, bigatuma ndetse baguma batyo ntibazigere banatekereza gushinga urugo ngo babyare igihugu kigire amaboko.
Mu nkengero z’umugezi wa Mwogo unyura mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza hatoraguwe umurambo w’umugore witwa Uzamushaka Alphonsine w’imyaka 31 y’amavuko afite igikomere mu mutwe bigaragara ko yakubiswe maze akajugunwa muri uwo mugezi.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yishimiye inkunga y’ikigo cy’itumanaho cya Airtel, cyiyemeje kujya gitanga ubufasha bwa buri mwaka bwo gusana no kongera iby’ibanze bikenerwa ku mashuri, gihereye ku ishuri ribanza rya Nyirarukobwa mu karere ka Bugesera.
Rutayisire Etienne w’imyaka 65 wo mu murenge wa Mugesera ho mu karere ka Ngoma ari mu maboko ya police station ya Sake akurikiranweho gushaka kuvura Ndayiramije Anastase amarozi nta byangombwa byo kuvura gakondo afite nyuma akamupfiraho iwe mu rugo.
Mu gihe imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma imaze amezi agera kuri atanu yarahagaze kubera rwiyemezamirimo wataye imirimo nyuma yo guhabwa miliyoni 48 n’akarere ka Ngoma, amazu ataruzura y’iri soko yabaye indiri yaho bakinira urusimbi.
Umuryango wa Charles Taylor wamenyeshe mu kiganiro n’abanyamakuru ko utishimiye na busa uko bwana Taylor afashwe muri gereza itazwi yo mu Bwongereza, ndetse bemeza ko ngo abayeho nabi cyane ashobora no gupfa mu minsi ya vuba.
Mu rwego rwo gufasha za SACCO z’imirenge itandukanye yo mu turere twa Ngororero, Karongi, Kamonyi, Ruhango na Muhanga ikorana na banki ya KCB, iyo banki ikomeje gufasha abayozozi b’izo SACCO kwita ku kunoza imikorere, cyane cyane mugucunga neza umutungo w’abakiriya.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA), kuri uyu wa kabiri tariki 29/10/2013, ryashyize ahagaragara urutonde rw’abakinnyi 23 ndetse n’abatoza 10 barushije abandi kwitwara neza mu mwaka w’imikino ya 2012/2013 bazatoranywamo umukinnyi uzahabwa umupira wa zahabu (Ballon d’or) n’umutoza uzahabwa igihembo cy’uwahize abandi.
Kuva taliki 28/10/2013 Abanyarwanda 4 bo mu murenge wa Bugeshi ahitwa Gasizi baturiye igihugu cya Congo bambuwe ibyabo abandi bakubitwa n’ingabo za Congo ubwo abo baturage bari bagiye hakurya muri Congo.
Abdou Mbarushimana wari umaze amezi atanu atoza Amagaju FC, yasezerewe ku mirimo ye nyuma yo gutsindwa imikino itanu ya shampiyona yikurikiranya, iyo kipe ikaba itarabona inota na rimwe kugeza ubu.
Umwaka urashize Ikusanyirizo ry’Amata riri mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke ryuzuye ariko ntiriratangira gukora bitewe n’ibikoresho by’ibanze byari bitaraboneka ngo ritangire.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’gihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA), tariki 29/10/2013, bwashyikirije minisiteri y’impunzi n’imicungire y’ibiza (MIDIMAR) ibiribwa byafashwe byinjira mu gihugu mu buryo bwa magendu kandi biri gucuruzwa nyamara bigenerwa impunzi ku buntu.
Uruganda rwa BRALIRWA rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasindisha ngo rushobora kuba icyitegererezo ku nganda nto zo mu karere ka Nyamasheke zenga ibinyobwa, mu gihe zaba zirwiganye.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rwinkwavu bavuga ko bafite ikibazo cy’abantu bari kwiba insinga z’amashanyarazi zimanitse ku mapoto mu masaha y’umugoroba kuko umuriro w’amashanyarazi ukunze kuba wabuze.
Akarere ka Nyamasheke n’aka Rubavu two mu Ntara y’Uburengerazuba, tariki 29/10/2013 twashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye agamije gufasha utu turere kurushaho gutera imbere, by’umwihariko bamwe bigira ku bandi.
Katabarwa Araika w’imyaka 51 na Mutarambirwa Sylvestre w’imyaka 50 bafatiwe mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza bapakiye ibiti byo mu ishyamba rya Leta byitwa “imisheshe” bivugwa ko bivamo imibavu (Parfum).
Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye mu masaha ya sa moya z’ijoro ryo kuwa 28 Ukwakira 2013 yasakambuye amazu y’abaturage 25, mu Murenge wa Nyagihanga, Akarere ka Gatsibo.
Abakuru b’ibihugu by’Afurika bitabirirye inama yiswe Transform Africa isuzuma inyungu z’ikoranabuhanga (ICT), hifashishijwe umurongo mugari wa Internet yihuta cyane (4G LTE), bifuza ko ICT yatangwa ku baturage nk’uko amashanyarazi n’amazi biri mu bikorwaremezo by’ibanze bikenerwa n’abaturage mu byo bakora buri munsi.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Icyongereza “Commonwealth”, Kamalesh Sharma yatangaje ko amatora y’abadepite yabaye tariki 16-18/09/2013 mu Rwanda yabaye mu mutuzo kandi yubahiriza ibipimo bya demokarasi.
Icyegeranyo ku kohereza ishoramari cyashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi gishimangira ko u Rwanda rwavuye ku mwanya wa gatatu muri Afurika rukaza ku mwanya wa kabiri nyuma ya Mauritius.
Nsaziyinka Augustin w’imyaka 70 y’amavuko wari utuye mu mudugudu wa Kimirama, Akagali ka Kimirama mu murenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yiyahuye tariki 28/10/2013 anyoye umuti ukoreshwa mu buhinzi bita Simikombe ngo kuko umugore bashakanye amuca inyuma.
Abagize inteko ishingamategeko umutwe wa sena n’uw’abadepite kuri uyu wa 29 Ukwakira 2013 bagiye mu mwiherero w’iminsi itatu mu kigo cya gisirikare i Gabiro, mu karere ka Gatsibo, mu rwego rwo kugira ngo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” na bo bayigire iyabo.
Mu gihe imvura ikomeje kubura mu karere ka Ngoma, bamwe mu baturage batangiye guterwa ubwoba ndetse bamwe ngo batangiye gukubitwa babaziza ko ari abavubyi batuma imvura itagwa.
Minisitiri Jean Philbert Nsengimana ufite urubyiruko n’ikoranabuhanga mu nshingano ze arashima aho iterambere ry’ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT) rimaze kugeza u Rwanda, kuko hari byinshi byiza byabaye impamo kuva ubu buryo bwatangira gukoreshwa.
Mu mahugurwa y’abakangurambaga mfashamyumvire b’imiryango AVEGA na RRP, abayobozi b’imidugudu n’abakozi b’inzu y’ubutabera bashinzwe kugira inama abaturage (MAJ) byifujwe ko Abanyarusizi bareka imyumvire ya cyera iheza abagore ku mitungo y’ubutaka.
Kabahizi Celestin wari umaze imyaka itanu ari umuyobozi w‘Intara y’Uburengerazuba, tariki 28/10/2013 yatorewe kujya mu nteko ishinga amategeko y’umuryango w’ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba (EALA) asimbuye Muhongayire Jaqueline wagizwe ministre w’ibikowa by’umuryango w’ibihugu by‘Africa y’Uburasirazuba (MINEAC).
Ku wa gatanu tariki 22/11/2013 ku rusengero rwa Christian Life Assembly hazabera ijoro ngarukamwaka ryo kuramya rizwi ku izina rya AFLEWO (Africa Let’s Worship) bivuga ngo Afurika reka turamye.
Ku nshuro ya kane, hagiye kubaho inyarwanda Fans Hangout, ibirori bitegurwa buri mpera z’umwaka na Inyarwanda Ltd aho ihuriza hamwe abahanzi n’ibindi byamamare bya hano mu Rwanda n’abafana babo bakidagadura, bakaganira, bagasangira, bakifotozanya n’ibindi.
Akarere ka Nyamasheke ngo gashyize imbere gahunda yo kwigisha abaturage ikoranabuhanga ku buryo hazakorwa ubukangurambaga mu baturage bose kandi kugeza ku rwego rw’umurenge hakaba hazashyirwaho “Icyumba Mpahabwenge” kizabafasha kubona ubumenyi bw’ibanze ku ikoranabuhanga.
Urukiko rwo mu gihugu cya Botswana rwategetse umugore gutanga impozamarira y’amadolari ya Amerika $7128 (Amafaranga y’u Rwanda akabakaba 4,847,000) azira kuba yaramushukiye umugabo akamugusha mu cyaha mu gihe umugore nyir’urugo yari mu rugendo.
Intambara yamaze iminsi ine ibera mu burasirazuba bwa Congo mu gace ka Kibumba yakomerekeyemo abarwanyi 15 ba M23 bahungiye mu Rwanda bagashyikirizwa umuryango mpuzamahanga wita ku mbabare Croix-Rouge nk’uko biteganywa n’amategeko mpuzamahanga.
Umwiherero w’abakozi b’akarere ka Nyamasheke wabereye mu karere ka Rubavu kuva tariki 27-28/10/2013 wize ku ngamba zatuma ahantu hahurira abantu benshi hashyirwa imirindankuba.
Abantu 54 ni bo bamaze kwakirwa n’ibitaro bya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza, nyuma yo gukomerekera mu mpanuka ya Bus ifite ikirango cya RAC 104 B yabereye mu kagari ka Cyabajwa mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza tariki 28/10/2013.
Mu nama yemeza burundu ishyirwaho ry’akarere kamwe ka gasutamo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Kenya na Sudani y’Epfo, bemeje ko kudatinda kw’ibicuruzwa mu nzira, urujya n’uruza rw’ibintu n’abantu ndetse no kubona ingufu bigiye gukungahaza abaturage b’ibyo (…)
Umusore wo mu mujyi wa Karongi yatangaje abantu ubwo yanywaga inzoga ya waragi iri mu icupa riringaniye bakunze kwita hafu (half), akayinywa mu masegonda icumi adakuye icupa ku munwa.
Kurera abana no kubafata neza kuko aribo bayobozi b’ejo nibyo byakanguriwe ababyeyi bo mu kagali ka Karambi Umurenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo kuwa 26 Ukwakira 2013, mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro.
Ubwo bizihizaga umunsi bibukaho ivugurura ryakozwe na Martin Luther washinze itorero ryabo, abayobozi b’Itorero ry’Abaruteri mu Rwanda Paruwasi ya Kamembe basinyiye imbere y’Abakiristu babo imihigo y’ibyo bateganya gukora mu gihe kiri imbere.
Nyuma yo kwirukana ingabo za M23 mu mujyi wa Kibumba no mu kigo cya gisirikare cya Rumangabo, mu mujyi wa Kibumba ibyishimo byari byose mu ngabo za Congo (FARDC) kuri uyu wa 28/10/2013.
Umunyaturukiya Sultan Kösen, upima m 2,51, ku cyumweru tariki ya 27/10/2013, yakoze ubukwe n’Umunyasiriyakazi Merve Dibo, we ufite uburebure bwa m 1,75.
Bamwe mu bashoferi cyane cyane abatwara abagenzi ku Rusizi ya mbere banze gukorera muri gare kubera ko ngo abakiriya babo b’Abanyacongo baherereye mu mujyi gusa. Bari babanjye kubyubahiriza ariko ngo haje gusanga bari gukorera mu gihombo kubera ko aho gare iri ari kure y’aho abagenzi babo bari.
Umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Mushimiyimana Vestine wo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu yakomerekejwe n’amasasu yavuye muri Congo mu murwano yashyamiranyije M23 n’ingabo za Congo Kibumba hafi y’umupaka w’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa 28/10/2013.
Espoir Basketball Club na Kigali basketball Club nizo zizakina imikino ya nyuma y’irushanwa ruhuza amakipe ane ya mbere muri shampiyona (play-off) nyuma yo gusezerera APR Basketball Club na Rusizi Basketball Club, mu mikino ya ½ yabaye mu mpera z’icyumweru gishize.
Abayobozi b’umugi wa Kigali bari kumwe n’abahagarariye inzego z’urubyiruko, iz’abagore hamwe n’abikorera basuye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi babashyikiriza imfashanyo y’ibikoresho, ibiribwa n’imyambaro bagenewe n’abatuye umujyi wa kigali.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Kirehe, Depite Mujawamariya Berthe yasabye ababyeyi bahurira muri gahunda yiswe « Umugoroba w’ababyeyi » kujya bafata umwanya wo guhanura abana babo mu rwego rwo kubatoza uburere bakiri bato.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu tariki 26/10/2013 inka 66 zagabiwe bamwe mu batishoboye bababaye kurusha abandi hagamijwe kuzamura ubukungu n’imibereho myiza yabo.
Umu local defense witwa Nkiko Anastasi afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Ruhuha mu karere ka Bugesera nyuma yo gusangwa atunze gerenade bwa stick kandi atabifitiye uburenganzira.
Umuyobozi mushya w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Ambasaderi Valentine Rugwabiza, aremeza ko n’ubwo u Rwanda rufunganye rukaba nta n’imitungo kamere myinshi rufite ariko rushobora kuba ahantu abanyamahanga bazajya bifuza gukorera ibikorwa byabo.