Rusizi: Abagororwa 168 basabye imbabazi nyuma yo gusobanurirwa “Ndi umunyarwanda”

Ubwo abagororwa ba Gereza ya Cyangugu mu karere ka Rusizi baganirizwaga kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yarabacengeye bamwe muri bo bahita basaba imbabazi abo bahemukiye mu gihe cya Jenoside.

Muri ibyo biganiro byabaye tariki 08/01/2014, aba bagororwa babwiwe ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yaje ari igisubizo cyo kugabanya ubukana bw’ibikomere bya Jenoside, kandi ko nabo ingaruka zayo zabagezeho akaba ari yo mpamvu Leta y’Ubumwe bw’Abanyarwanda iri gushakisha uburyo bwose bwo kongera kunga Abanyarwanda bakongera kubana mu mahoro.

Abagororwa benshi bitabiriye gahunda ya "Ndi Umunyarwanda".
Abagororwa benshi bitabiriye gahunda ya "Ndi Umunyarwanda".

Nyuma y’ibiganiro byinshi kuri “Ndi Umunyarwanda” abagororwa 168 basabye imbabazi abo bahemukiye bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke. Muri abo basabye imbabazi harimo Nduhiyubusa Isidori ukomoka mu murenge wa Bugarama wasabye imbabazi Mukamugema Agnes kuba yaramwiciye umugabo.

Mu basabye imbabazi kandi harimo umugore witwa Mukantwari Esperance hamwe na bagenzi be basabye imbabazi abacika cumu ku kuba bari bashinzwe gutoragura amabuye yo kwicisha Abatutsi bayashyira Interahamwe.

Mukamugema Agnes aha imbabazi Nduhiyubusa Isidori wamwiciye umugabo.
Mukamugema Agnes aha imbabazi Nduhiyubusa Isidori wamwiciye umugabo.

Abarokotse Jenoside barimo Mukamugema Agnes bahaye imbabazi aba bagororwa biyemereye icyaha bakoze babigaragarisha igikorwa cy’urukundo bahoberana ndetse babasaba kutazongera kwitinya bikanga ubusa kuko bahawe imbabazi zivuye ku mitima.

Abagororwa bashimye byimazeyo gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuko ngo yongeye kubarema agatima bitewe nuko ngo bamwe muribo bari baramaze kwiheba; ni muri urwo rwego abamaze kubohoka basabye bagenzi babo kuva mu byo barimo bakabohoka kugirango nabo bahabwe imbabazi.

Esperence Mukantwari asaba imbabazi hamwe na bagenzi be ko batoye amabuye yo guha Interahamwe ngo zice Abatutsi.
Esperence Mukantwari asaba imbabazi hamwe na bagenzi be ko batoye amabuye yo guha Interahamwe ngo zice Abatutsi.

Aba bagororwa bashimye kandi abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi hamwe na Leta y’ubumwe bw’abanyarwanda yongeye kubatekerezaho ikabaha imbabazi ku byaha by’indenga kamera bari bakoze none ubu bakaba barimo kwiyumvamo Ubunyarwanda.

Gereza ya Cyangugu ifite abagororwa ibihumbi 2860, muri bo abafungiye icyaha cya Jenoside bagera ku 1730.

Abaturage bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke bari baje gutanga imbabazi ku babahemukiye muri Jenoside.
Abaturage bo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke bari baje gutanga imbabazi ku babahemukiye muri Jenoside.

Aba bagororwa basabwe gukunda igihugu cyane ko ngo bafite n’impamvu yo kugikunda kuko ubundi umuntu wishe abandi yitwa igicibwa ariko bo bashyizwe aho bagomba kugororwa, ubu bakaba bari guhabwa imbabazi ku byaha ndenga kamere bakoze.

Umuyobozi w'ingabo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke Brig. Gen. Mupenzi Jean Jacques, yasabye abagororwa kwibona muri gahunda ya "Ndi Umunyarwanda".
Umuyobozi w’ingabo mu turere twa Rusizi na Nyamasheke Brig. Gen. Mupenzi Jean Jacques, yasabye abagororwa kwibona muri gahunda ya "Ndi Umunyarwanda".
Umuyobozi wa Gereza ya Cyangugu, Gato Vano Alex, asaba abagororwa gukomeza kubohoka.
Umuyobozi wa Gereza ya Cyangugu, Gato Vano Alex, asaba abagororwa gukomeza kubohoka.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

birigaragaza neza ko iyi gahundayaje icyenewe cyane nukuri ni umuti uri komora ibikomere byabenshi mubanyarwanda, ndi umunyarwanda usharira ariko ukavura vuba , kuwemeye kuyunywa ni umuti mwizxa cyane, vive kagame ukomeje kugaragaza ko uzi icyo abanyarwanda bashaka.

minani yanditse ku itariki ya: 9-01-2014  →  Musubize

aba nabo uruhare rwabo rurakenewe muri gahunda ya ndi umunyarwanda kandi nibo umugihe bashobora gutera intambwe byafasha abantu benshi cyane

seven yanditse ku itariki ya: 9-01-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka