Mu gihe Leta y’u Rwanda yatangiye igikorwa cyo gusubiza mu buzima busanzwe Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga, buratangaza ko Abanyarwanda bazakira nta mitungo bahafite kuko abenshi bavukiye muri Tanzaniya.
Abaturage bo mu karere ka Bugesera batuye mu duce twegeranye n’igihugu cy’u Burundi baravuga ko rimwe na rimwe bahamagara cyangwa bahamagarwa amafaranga yabo akagenda nk’aho bahamagaye mu kindi gihugu kuko baba bakoresha umunara wo mu Burundi.
Umugore witwa Dusabimana Clemantine w’imyaka 25 y’amavuko yabyaye abana batatu b’abakobwa b’impanga, akaba yababyariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata mu ijoro rishyira kuwa 6/1/2014.
Komisiyo yo kurwanya Jenoside (CNLG) yamenyesheje ko ku rwego mpuzamahanga, hatangijwe ibiganiro n’ibikorwa byo kwitegura kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi; ariko ko bitagomba kuvugwa ko ari icyunamo cyatangiye, ahubwo ngo hagamijwe ko cyazasanga hari ibikorwa bigaragara.
Ku bufatanye n’umurenge wa Gasaka, umushinga World Vision ndetse na koperative “twite ku bana Gasaka” mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe hatangijwe icyumweru cy’ubukangurambaga bugamije gukumira ikibazo cy’abana bata amashuri no gukangurira ababyeyi kubajyana ku ishuri ku gihe.
Abagenzi barenga 80 baraye mu mazi y’ikivu bava Rubavu bajya Kamembe kubera imikorere y’icyombo cya Nkombo kigenda cyonyine mu Kivu cyatwaye abantu benshi kigasabwa kubagabanya kigakora amaturu abiri.
Tariki 6/01/2014 mu tugali twose tw’igihugu hatangiye gahunda nshya yiswe “intore mu zindi” ihuriwemo n’abanyeshuli barangije amashuli yisumbuye mu mwaka wa 2013 mu gihe bagitegereje kuzakomeza mu mashuli makuru na za kaminuza.
Nyuma y’uko Col. Mamadou Ndala yishwe mu ntangiriro z’uku kwezi mu Karere ka Beni, abasirikare babiri batawe muri yombi mu mpera z’iki cyumweru bakekwaho kugira uruhare muri urwo rupfu.
Ntayituriki Marie Terese w’imyaka 27 ubarizwa mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gisozi ari mu maboko ya Polisi kuva mu mpera z’icyumweru nyuma yo gufatanwa amafaranga mpimbano agera ku bihumbi 42 ubwo yishyuraga ibyo aguze.
Igisirikare cy’u Rwanda, Uganda na Kenya byiyemeje gushyira hamwe mu kubungabunga umutekano mu karere byifashishije inzego za gisirikare na polisi, mu rwego rwo kwagura ubuhahirane mu baturage batuye muri ibi bihugu.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla ifite purake RAB 873 N, yageze ahitwa i Kirengeri mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango saa mbiri zishyira saa tatu z’ijoro tariki ya 05/01/2014 igonga uwitwa Munyentwari Daniel w’imyaka 51 y’amavuko ari kwigare ahita yitaba Imana.
Nyuma y’amakuru amaze iminsi avugwa ko Paccy akora cyane ariko ntahabwe amahirwe yo kuba yaserukira u Rwanda ndetse no mu bindi bitaramo byinshi hano mu Rwanda nk’uko bimeze kuri Knowless, Paccy yatangaje ko kuri we abona ari igihe cye kitari cyagera.
Imodoka yo mu bwoko bwa RAV 4 ifite purake RAC 928 F yavaga Kigali yerekeza Huye, igeze ahitwa mu Gatengezi mu mujyi wa Ruhango, imbere yayo haturuka moto yashakaga gukatira mu muhanda ujya Kinazi ariko itacanye itara ribigaragaza, igihe iyi modoka yafataga feri ishaka kuyibererekera nibwo yahise irenga umuhanda igarurwa (…)
Abacuruzi bakorera mu karere ka Ruhango, baravuga ko uyu mwaka mushya wa 2014 bawutangiranye ingamba nshya z’ubucuruzi, kuko ngo bazakora ibishoboka byose ngo ubucuruzi bwabo butere imbere.
Imodoka yo mu bwoko bwa Voiture ifite plake RAB 043 P , yafatanwe imifuka ine y’urumogi mu ijoro ryo kuwa 03/01/2014 ubwo yari igeze mu murenge wa Remera akarere ka Ngoma igana mu mugi wa Kigali.
Ibihe bibi bya Manchester United irimo muri iki gihe byakomeje ubwo yasezererwaga mu cyiciro cya gatatu cy’igikombe cya FA itsinzwe na Swansea City ibitego 2-1 mu mukino wabereye ku kibuga cya Manchester United Old Trafford ku cyumweru tariki ya 5/1/2014.
Nzamwita De Gaule ukomoka mu ikipe Intare FC, niwe watorewe kuyobora Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA) mu gihe cy’imyaka ine, mu matora yabereye ku cyicaro cy’iryo shyirahamwe ku cyumweru tariki ya 5/1/2014.
Urubyiruko rugera kuri 50 rwo mu karere ka Kayonza rwahuguwe ku bijyanye no kwihangira imirimo mu kigo cy’urubyiruko cya Kayonza, rwahawe impamyabushobozi nyuma y’amezi atatu rwari rumaze ruhugurirwa muri icyo kigo.
Shyaka Hassan atuye mu mudugudu wa Nyarusange, akagari ka Karengera, mu murenge wa Musambira mu karere ka Kamonyi; ahamya ko aho arekeye guhohotera umufasha we Nyiraminani Hasira, urugo rwe rwateye imbere kubera gushyira hamwe bakarukorera.
Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 rwa Nyamishaba mu murenge wa Bwishyura, akarere ka Karongi mu minsi ya Noheli rwasenywe n’abantu bataramenyekana ariko ubuyobozi bw’umurenge buvuga ko bashobora kuba ari inzererezi ngo zashakaga kwiba ibyuma byo ku ruzitiro.
Abantu 22 barimo abagore batanu b’indaya ndetse n’abagabo 17 b’inzererezi bemera ko bakoreshaga ibiyobyabwenge, baratangaza ko batangiranye umwaka wa 2014 ingamba nshya zo guhindura iyo myitwarire mibi kandi bakaba bazashishikariza abandi kuva muri izo ngeso zibangiza.
Imikino ya shampiyona ibanza (Phase aller), yarangiye APR FC yicaye ku mwanya wa mbere nyuma yo gutsinda Kiyovu Sport ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane w’umunsi wa 10, wabaye kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4/1/2014.
Niyonzima Domitien bakundaga kwita Kadogo w’imyaka 34 y’amavuko na Sebera Thacien w’imyaka 58 y’amavuko barohamye mu kiyaga cya Kivu ku bunani tariki 01/01/2014 bari mu nzira bahindukiye bavuye kunywera ku musozi uri hakurya y’uwo batuyeho ntibabasha kongera kuboneka.
Ku wa mbere tariki ya 30/12/2013 mu masaha ya mu gitondo, mu gihugu cya Maroc ahitwa Séfrou, hagaragaye inka yabyaye inyana ifite imitwe ibiri ndetse mu bigaragara iyi nyana ikaba imeze neza.
Nkuko bisanzwe, buri mwaka urubuga befoot.fr rutanga icyo wakwita igihembo cy’umukinnyi waranzwe n’imvune kurusha abandi ku mugabane w’Iburayi bita “Ballon de Plâtre”. Icy’uyu mwaka kikaba cyaregukanywe n’umukinnyi wo hagati wa Arsenal, Abou Diaby.
Abantu 56 bakomoka mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza tariki 4/01/2014 bagejejwe mu bitaro by’aka karere baribwa mu nda ku buryo bukomeye ndetse n’umwe muri bo amaze gupfa ngo bitewe n’ikigage banyoye mu birori byo kwishimira umunsi mukuru w’Ubunane bwabaye tariki 01/01/2014.
Umukobwa witwa Uwitonze Tereza w’imyaka 19 yibarutse abana batatu ku itariki ya 7/12/2013. Kuva icyo gihe kugeza uyu munsi, ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabutare ari naho yabyariye ntiburamusezerera kuko butizeye uko aba bana bazabaho.
Impanuka yabereye mu mudugudu wa Karama mu Kagali ka Butansinda mu murenge wa Kigoma mu karere ka Nyanza tariki 03/01/2014 ahagana saa moya za mu gitondo umugabo witwa Habakurama Epimaque wari kuri moto yagonze Ndayisaba Aron wari utwaye igare bajyanwa kwa muganga basa nk’abataye ubwenge.
Umugabo witwa Uwikwije Hussen w’imyaka 30 y’amavuko, yagwiriwe n’ikirombe mu murenge wa Rugarama, Akagali ka Kanyangese mu Mudugudu w’Akazigo ho mu Karere ka Gatsibo ahita yitaba Imana.
Niyigena Béatha w’imyaka 18 y’amavuko waru utuye mu mudugudu wa Mweya mu Kagali ka Gahunga ko mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza yitabye Imana tariki 2/01/2014 ngo azize ibiryo yagaburiwe na mugenzi we yamusuye ku munsi mukuru wa Bonane.
Mu mirenge imwe n’imwe yo mu karere ka Ngororero nka Kabaya, Sovu na Hindiro hadutse amandazi manini cyane agura amafaranga 200 rimwe, ari gutuma abagabo bamwe baturiye aho acururizwa batakirya mungo zabo.
Nyuma y’igihe kitari gitoya ubuyobozi bw’Akarere ka Huye bwizeza gare abagatuyemo n’abakagendamo, noneho iri kubakwa na KVSS, ibitewemo inkunga n’inkeragutabara (reserve force) izaba ishobora kwifashishwa mu kwezi kwa 3/2014.
Ababyeyi bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko mu murenge wabo hakwiye kubakwa ishuri ry’incuke rigezweho abana babo bakwigamo ngo kuko kuba ubu nta rihari bituma bajyana abana babo kwiga kure y’iwabo bikabatwara amafaranga menshi.
Imiryango 80 itishoboye yo mu murenge wa Kazo akarere ka Ngoma ,yahawe n’umushinga F.X.B w’Umunyamerika , ibikoresho biyifasha kugira isuku banywa amazi meza kugirango irusheho kugira ubuzima bwiza.
Indi nka yongeye kwibwa ibagirwa hafi y’urugo yibwemo, nyuma y’ukwezi kumwe gusa hatavugwa ubujura bw’inka bumaze igihe bukorwa mu karere ka Ngororero, mu ntara y’Uburengerazuba.
Mu mukino w’ikirarane uhuza APR FC na Kiyovu Sport kuri uyu wa gatandatu tariki 4/1/2014, APR FC irashaka kuwutsinda kugirango ihite ifata umwanya wa mbere, mu gihe Kiyovu Sport nayo iramutse iwutsinze yazamuka ikagera ku mwanya wa kane.
Abakozi basizaga ikibanza cy’ahagombaga kubakwa amacumbi y’abakobwa mu kigo cya college de Bethel “Aparude,” hagaragaye imibiri y’abantu batanu yari ikiri no mu myambaro bishwe bambaye, ubwo bacukuraga mu gitondo kuri uyu wa Gatanu tariki 3/1/2014.
Imiryango 51 itishoboye yo mirenge itandatu yo mu karere ka Burera yagabiwe inka muri gahunda ya “Gira Inka” munyarwanda isabwa kuzifata neza, bakaziragira neza, kugira ngo zizabavane mu mukene kandi nabo bazaziturire bagenzi babo.
Uburyo bushya bw’ikoranabuhanga mu buhinzi buzwi nka “e-voucher” bugiye gukoreshwa n’abahinzi bagura no kwishyura ifumbire mvaruganda. Bukazabafasha kwitabira gukorana n’ibigo by’imari kandi no kubona ifumbire ku gihe kandi byoroshye.
Abajura bataramenyeka batoboye inzu y’uwitwa Ntawusigiryayo Charles utuye mu murenge wa Rweru mu kagari ka Nemba mu kagari ka Rwiminazi mu karere ka Bugesera maze bamwiba ihene ze enye.
Umukinnyi Christiano Ronaldo yatangaje ibanga rituma ahorana imbaraga zidasanzwe ku bibuga, abantu basanga ari ibintu bisanzwe buri wese yageraho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba abarimu bo mu mashuri yisumbuye n’abanza ko bwashyira ingufu mu kwiga icyongereza kuko uzaba atakizi neza mu bihe biri imbere azirukanwa kimwe n’abirukanwe kubera kutuzuza amashuri.
Ishuri rikuru ry’ubukerarugendo (Rwanda Tourism Institute) ryahaye impamyabumenyi abanyeshuri bagera kuri 885 basoje amasomo yabo mu butetsi n’ubukerarugendo. Igikorwa cyari kibaye ku nshuro ya kabiri, kuri uyu wa Gatanu tariki 3/1/2014.
Ubuyobozi bw’ibagiro rya kijyambere ryuzuye ritwaye amafaranga asaga miliyari eshatu mu karere ka Rubavu, butangaza ko butangiye guhangayikishwa n’imikoranire y’ababazi n’ubuyobozi bw’akarere kuko bishobora kubagusha mu gihombo.
Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto (Abamotari) bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko kurwanya impanuka no kugabanya amakosa yo mu muhanda bituma babasha kwiteza imbere kuko ngo icyo gihe nta bihano bacibwa, maze amafaranga bari gutanga nk’ibihano bakayakoresha mu mishinga ibateza imbere.
Kuri uyu wa 03/01/2014 mu karere ka Kirehe hateraniye inama y’uburezi yaguye aho bareberaga hamwe uburyo bafasha abanyeshuri gusubira mu mashuri bashaka uburyo bafata umwanzuro wo kunoza ibitagenda neza kugira ngo uburezi bugende neza.
Mu gihe ubuyobozi bwa FDLR busaba ko Leta ya Congo hamwe na MONUSCO batayirwanya ahubwo bakayifasha kumvisha u Rwanda kugirana ibiganiro, bamwe mu bayobozi babiteye utwatsi bayisaba gushyira intwaro hasi igataha mu Rwanda ikaba ariho isabira ibiganiro.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe na Rukara muri Kayonza batangiye kuhavanwa aho abagera kuri 269 bagize imiryango 96 boherejwe mu turere twa Kicukiro, Nyarugenge na Ngororero.
Akarere ka Bugesera kagiye kwakira imiryango 200 ibarirwamo abantu basaga 600 birukanywe muri Tanzaniya. Habaye umuganda udasanzwe wo gusukura aho aba banyarwanda bazagera mu Bugesera tariki 04/01/2014 bazaba bacumbikiwe by’agateganyo mu gihe cy’amezi atatu.