Kayitesi Immaculée w’imyaka 51 y’amavuko utuye mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza avuga ko kugira ngo yige ari muri iyo myaka ikuze byatewe n’amateka mabi y’ivangura yakorewe mbere y’1994 akamuvutsa uburenganzira bwo kwiga akiri muto.
Nyuma yo gutahuka avuye mu buhungiro, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame, yasaranganyije abaturage ubutaka bw’ababyeyi be buherereye mu karere ka Ruhango mu ntara y’Amajyepfo.
Abadepite bo muri Kenya basuye intara y’Uburasirazuba tariki 22/01/2014 ngo batunguwe n’ukuntu ubuyobozi bw’u Rwanda bushishikajwe no guteza imbere imibereho y’abaturage bo hasi.
Umuyobozi wungirije w’Inteko Ishinga amategeko muri Koreya y’Epfo, Park Byeong Suk, yijeje abaturage bo mu mudugudu wa Mushimba ko nibakomeza gukorera hamwe bazatera imbere, kuko inzira barimo ari nk’iyo igihugu cyabo cyanyuzemo mu myaka 40 ishize.
Itsinda ry’abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (aba-ofisiye) 11 biga mu ishuri rikuru rya gisirikare rya Nyakinama baravuga ko basanze abaturage b’akarere ka Musanze barihagije mu biribwa biturutse kuri gahunda yo guhuza ubutaka.
Abanyeshuli b’ishuli rikuru rya gisirikare rya Nyakinama bagiriye urugendo shuri mu karere ka Gatsibo basobanurirwa uko abaturage begerejwe ubuyobozi n’isano bifitanye no gutera imbere kw’amajyambere.
Abadepite b’Abanyakoreya y’Epfo bari mu Rwanda batangaje ko barajwe ishinga no guteza imbere imyuga n’ubushakashatsi mu burezi bwo mu Rwanda, nyuma yo gusanga igihugu cyabo gihuje n’u Rwanda ubushake bwo kwiyubaka nyuma y’intambara.
Nyuma y’amahugurwa yakorewe inzego z’ubuyobozi zikorera mu tugari tugize imirenge yo mu karere ka Gicumbi abaturage benshi bamaze gusobanukirwa ko batagomba kugura serivise iyo ari yose bahabwa n’umuyobozi.
Isosiyete yatsindiye kubaka ishuri ryigisha iby’amahoteli n’icyumba cyo kwimenyereza imyuga mu Ishuri Rikuru ryigishya Ubumenyi Ngiro mu karere ka Karongi (IPRC West) iratanga icyizere ko iyo mirimo izarangira mu mezi umunani uhereye muri Mutarama 2014.
Intumwa idasanzwe y’umuryango w’abibumbye (UN) ishinzwe gutanga raporo ku burenganzira bwo gushinga amashyirahamwe aharanira amahoro, Maina Kiai, ngo yagaragaje ko iterambere u Rwanda rwagezeho rijyana no guha uburenganzira abaturage, nk’uko Inteko yabitangaje.
Umuvugizi w’ishami rya Police y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu muhanda (Traffic Police) Chief Inspector of Police (CIP) Ndushabandi JMV aratangaza ko guhana abanyamakosa atari ubugome kuko ari cyo amategeko abereyeho.
Minisiteri y’ubucuruzi n’inganda (MINICOM) ifatanyije n’akarere ka Burera ndetse n’aborozi b’inka zitanga umukamo igiye kubaka uruganda rutunganya ibikomoka ku mata mu rwego rwo guteza imbere ubworozi bw’inka zitanga umukamo mu karere ka Burera.
Ubwato bwari butwaye abantu 4 bwahuye n’umuyaga mwinshi mu kivu kuri uyu wa kabiri tariki 21/01/2014, bituma bukora impanuka babiri (Nyirajyambere Anasitasie na Mariya Eugenie) baburirwa irengero.
Umugabo witwa Ruhama Juvenal wo mu karere ka Gicumbi yikoreye imashini ya siporo ihagaze akayabo ka miliyoni 35 maze anegukana umwanya wa mbere mu banyabukorikori bo mu karere ka Gicumbi.
Abantu batatu bapfiriye mu mpanuka y’ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagonganye na Toyota Dyna ifite ikirango RAB 969 Q ku mugoroba wa tariki 21/01/2013. Iyo mpanuka yabereye ahitwa i Rusera ho mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza.
Bamwe mu bafungiye muri gereza ya Ririma mu karere ka Bugesera barasaba ko bahuzwa n’imiryango y’abo biciye muri Jenoside bakabasaba imbabazi. Iki cyifuzo bagishyikirije intumwa za rubanda zabaganirije kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kuri uyu wa 22/01/2014.
Mu rwego rwo guhuza amasomo yabo n’ibikorwa mu turere, abasirikare bakuru baturuka mu bihugu bitanu byo muri Afurika y’Uburasirazuba (EAC) biga mu ishuri rya gisirikare rya Nyakinama bakoze urugendo-shuri mu turere twa Ngororero na Nyanza bahabwa ibiganiro bitandukanye bakanasura ibikorerwa mu cyaro.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu butangaza ko bukomeje guhagarika abagore bava mu karere ka Ngororero bajya muri Congo badafite ibyangombwa byo kwambuka umupaka bagaca inzira zitemewe.
Umugabo witwa Ngamije Felicien w’imyaka 26 y’amavuko wo mu murenge wa Rilima mu kagari ka Kabeza mu mudugudu wa Karambo mu karere ka Bugesera, ari mu maboko ya polisi nyuma yo guteshwa umugore we ubwo yashakaga kumwica.
Abagize koperative “HANGUMURIMO” yo mu murenge wa Kazo, akarere ka Ngoma bavuga ko bafite ikibazo gikomeye cyuko bafashe inguzanyo ngo bubake uruganda rutunganya ibigori, maze nyuma yo kururangiza bakabuzwa gutangira gukora kubera ikibazo cy’umuturage uturiye uru ruganda wavuze ko imashini zimusakuriza.
Ubwo komiseri wungirije ushinzwe urwego rw’infungwa n’abagororwa, Mary Gahonzire, yasuraga abagororwa ba gereza nkuru ya Rusizi kuwa 21/01/2014, yabasabye aba bagororwa kudacika ibihano bahawe.
Uruganda rwa Maiserie Mukamira rutunganya bigori rukabikuramo akawunga n’amavuta nyuma yo kumara igihe rufunze kubera guhomba ubu rweguriwe ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amajyambere (RDB).
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko abacuruzi bahawe ifumbire bakayicuruza, ariko bakanga kugarura amafaranga yavuyemo nyuma yo kubinginga igihe kirekire, ikibazo cyabo kigiye kumenyeshwa inzego zitandukanye cyane cyane iz’umutekano kugira ngo zibahamagaze bishyure ku ngufu.
Hatangizwa icyumweru cy’imiyoborere myiza mu Karere ka Gisagara, ubuyobozi bwiyemeje gukomeza gukemura ibibazo by’abaturage hanafashwa Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzaniya, abataramenya aho bakomoka basezeranywa ko bazakomeza kubashakishiriza.
Urubanza rw’umwana w’imyaka 14 w’umwirabura wakatiwe urwo gupfa mu myaka hafi 70 ishize, rugiye kugarurwa mu rukiko, aho abamuburanira bemeza ko imikirize y’uru rubanza yagendeye gusa ku ivanguraruhu ryari ryarashinze imizi muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika muri biriya bihe.
Umugore witwa Uwamahoro Beatrice w’imyaka 35 yahitanywe n’umugabo we witwa Habimana Emmanuel, mu gihe ubwo uyu mugabo yaherukaga gufungwa azira amakimbirane yatezaga mu rugo rwe, uyu mugore ariwe waje gusaba y’uko yafungurwa akamufasha kurera abana babyaranye.
Umuhanzi Muneza Christophe uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Christopher ubarizwa muri label ya Kina Music azamurika alubumu ye ya mbere yise “Habona” ku wa gatandatu tariki ya 15.2.2014 muri Kigali Serena Hotel.
Itorero Indatwa n’abarerwa ba Kagina, ho mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi, ribyina imbyino gakondo, rifite umwihariko wo gucuranga Ikondera, maze bakarushaho gususurutsa abo bataramiye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Cyarusera mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, Ntaganira Nathan n’umukozi ushinzwe imibereho myiza n’iterambere muri ako kagari (IDP), Imaniriho Anathalie, bakurikiranyweho gukoresha amashyamba ya Leta yo muri ako kagari mu nyungu zabo bwite.
Ntirenya Faustin na Uwizeye Theoneste bo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, barwariye ku kigo Nderabuzima cya Nyagihanga nyuma yo gutwikwa na lisansi bari bamaze kwiba.
Urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidari n’impeta by’ishimwe (CHENO), ruratangaza ko umunsi w’intwari w’uyu mwaka uzizihizwa tariki 1/2/2014 uzahuzwa na gahunda ya "Ndi Umunyarwanda," mu rwego rwo gukomeza kwimakaza Ubunyarwanda mu bantu.
Nyuma yuko muri Centrafrique batoye Perezida mushya, Catherine Panza, ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri icyo gihugu zahawe akazi ko mumurinda. Dore amwe mu mafoto yerekana uko byifashe.
Mu masaha ya saa 11h kuri uyu wa 21/01/2014 abakozi buwitwa Hakizimana babonye imibiri y’abantu aho barimo bacukura umusingi w’inzu igiye kubakwa batabaza inzego z’umutekano.
Urubyiruko 28 ruvuye mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu mu bihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) kuri uyu wa 21/01/2014 rwatangiye kwigishwa ubumenyi bwatuma rutangira kwitabira umurimo no kwikorera aho kwishobora mu bikorwa bihungabanya umutekano nk’itambara zayogoye akarere.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, aravuga ko abagizi ba nabi bamaze iminsi bateza umutekano mucye mu karere ka Musanze baba bihisha mu bisambu, amazu atuzuye n’ahantu hari urumuri rucye, bityo hakaba hafashwe ingamba zikaze ngo ibi bitazongera.
Gukoresha indangamuntu nk’urwandiko rw’inzira mu bihugu by’u Rwanda, Uganda na Kenya ngo byorohereje abaturage b’ibyo bihugu biri mu muryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), ku buryo abagenzi ngo bamaze kwiyongera kurusha uko byari bisanzwe, nk’uko byemezwa n’abakora mu by’ingendo.
Ibitaro bya Diyoseze ya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga birasabwa gutanga indishyi zihwanye na miliyoni 65 z’amafaranga y’u Rwanda ku murwayi witwa Umukundwa Jeanne d’Arc ngo kuko umuti yatewe wamusigiye ubumuga buhoraho bitewe n’uburangare abaganga bagize.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) ziherutse koherezwa mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Republika ya Centrafrique, zahise zitoranywamo izigomba gucunga umutekano wa Perezida mushya w’icyo gihugu.
Leta y’u Rwanda igiye kongera ikiguzi cy’amafaranga yishyurwa n’umuturage ugiye gutanga ikirego, amafaranga agiye kwikuba inshuro zigera kuri 12 zose. Iri teka rya minisitiri rikazatangira gukurikizwa igihe rizaba ryatangajwe mu Igazeti ya Leta.
Nyuma y’aho abayobozi ba karere ka Rusizi bungirije, ushinzwe ubukungu n’ushinzwe imibereho myiza y’abaturage beguye ku mirimo ya Leta bari bashinzwe, tariki 20/01/2013, abakandida batandukanye bitabiriye kwiyamamariza kuzahatanira iyo myanya.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Byumba mu karere ka Gicumbi hafungiye umugabo w’imyaka 40 witwa Mudakemwa Pascal azira kwica umugore we Mukamutsinzi Valentine w’imyaka 35.
Imiryango 12 yo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera ituye mu nkengero z’igishanga cy’Akagera yasabwe kuhimuka byihuse, kuko nibaramuka batimutse umwuzure ushobora kubatwara.
Abaturage bubatse imihanda ya kaburimbo mu mujyi wa Nyamata mu karere ka Bugesera ndetse n’abandi baturage batanze ibikoresho kuri Entreprise EMMR barayishyuza miliyoni zikabakaba 40 z’amafaranga y’u Rwanda baheraniwemo na rwiyemezamirimo ndetse n’akarere.
Uwahoze ari rutahizamu wa Rayon Sport Sina Gerome, wari umaze iminsi akina muri Repubulika iharanira Demukarasi ya Congo, yagarutse mu Rwanda akaba yasinye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukinira Police FC.
Abaturage bo m murenge wa Kinyababa, mu karere ka Burera, batangaza ko bahangayikishijwe n’umusore witwa Rukundo Emmanuel utega abantu nijoro, batakwirukanka ngo bakize amagara yabo, akaba yabagirira nabi.
Bimwe mu byakozwe mu gutangiza ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Karongi harimo guha ijambo abaturage abafite ibibazo bitagomba imanza birakemurwa, abandi bagirwa inama yo kujya birinda imanza za hato na hato kuko zitera ubukene mu ngo.
Ubwo hatangizwaga ukwezi kw’imiyoborere myiza mu karere ka Gakenke tariki 20/01/2014, abaturage bashimangiye ko kuva aho Jenoside ihagarikiwe bafite ubuyobozi bwiza bwumva ibibazo by’abaturage bukabikemura ku gihe.
Mu gihe abakunzi b’ikipe ya FC Barcelone bari bamaze iminsi basaba ko iyo kipe yakubaka stade nshya izajya yakira abantu benshi, ubuyobozi bw’iyo kipe bwanze icyo cyifuzo, ahubwo bwemeza ko bagiye kuvugurura Stade ya New Camp yari isanzwe yakira abantu ibuhumbi 95, ikazajya yakira abantu ibihumbi 105.
Umusore w’imyaka 19 witwa Abarame Jean wari utuye mu Kagali ka Byibuhiro mu Murenge wa Busengo, Akarere ka Gakenke yitabye Imana tariki 20/01/2014 aguye mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali [ CHUK] nyuma yo guterwa icyuma azize ko yanze gusomywa ku nzoga umwana w’imyaka 14.