Jay Polly, umuhanzi wo mu njyana ya Hip Hop, atangaza ko nyuma y’amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) 2014, azahita ashyira ahagaragara umuzingo (album) w’indirimbo ze ngo uzaba ugizwe n’indirimbo ziri mu njyana ya gakondo gusa.
Mu barebye imurika rya bombe atomike zatewe Hiroshima na Nagasaki mu Buyapani, n’ingaruka zagize ku bari batuye iyo mijyi, aho ririmo kubera kuri stade amahoro guhera kuri uyu wa 06/8/2014, hari abiyemeje kuzaharanira kubaka umuco w’amahoro mu miryango babamo, nk’uko yari yo ntego iryo murika rigamije.
Umuyobozi w’ishuri rikuru ry’amahoteri n’ubukerarugendo (Rwanda Tourism College/RTC) Ishami rya Gisenyi, Emmanuel Sebuhoro, avuga ko uruhare rw’amadini mu burezi bw’urubyiruko rw’Abanyarwanda rucyenewe kuko atuma urubyiruko rutarangarira mubibi ahubwo akabigisha gukora ibyiza.
Umunyarwanda Murenzi Bahati ufite imyaka 21 ngo taliki 2/8/2014 ku masaha ya saa munani z’amanywa yakubiswe n’abapolisi ba Kongo bamushakaho amafaranga bamuta muri zone neutre ku mupaka muto wa Gisenyi nyuma yo kumwambura ibyo yari afite.
Inzu ifite agaciro ka miliyoni 13 z’amafaranga y’u Rwanda, yashyikirijwe umusaza Nashamaje Antoine w’imyaka 70 kuri uyu wa 3 tariki ya 06/08/2014, akaba ari inzu yubatswe n’ishuri rya Mpanda VTC riherereye mu karere ka Ruhango mu murenge wa Byimana.
Abayobozi bashinzwe abinjira n’abasohoka hamwe n’abashinzwe imisoro ku mipaka mu bihugu bigize umuryango w’ubukungu mu biyaga bigari (CEPGL) barasuzuma amasezerano yumvikanyweho kugira ngo harebwe ibibangamira abaturage mu rujya n’uruza muri uyu muryango.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe butangaza ko bwihaye ukwezi kwa Cyenda uyu mwaka wa 2014 ngo imiryango 142 yari yahatujwe y’Abanyarwanda birukanwe muri Tanzania ibe yamaze kuzurizwa amazu yabo yo kubamo.
Nyuma y’uko urubyiruko 696 rurangije amasomo mu kigo ngorora muco no kwigisha imyuga kiri ku kirwa cya Wawa taliki 1/8/2014, ababyeyi bo mu karere ka Bugesera bafite abana bari baroherejwe muri icyo kigo barishimira inyigisho zihabwa abana babo kandi baravuga ko zizabafasha kugaruka ku murongo.
Mu nama ihuje ibihugu bya Afrika na Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US-Africa Summit) ibera muri Amerika kuva tariki 04-06/08/2014, Perezida w’u Rwanda Paul Kagame yatangaje ko umugabane wa Afrika ugomba gushyira imbaraga mu iterambere ryawo no gushakira hamwe ibisubizo aho gutega amakiriro ku mfashanyo.
Ikiganiro abagore bari mu myanya itandukanye mu karere ka Ruhango bagiranye n’ihuriro ry’abagore bari mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda “FFRP” tariki ya 05/08/2014, bagaragaje ko mu myaka 20 abagore batinyutse bakaba bafite aho bamaze kwigeza, ndetse bakanaharanira kuzamura bagenzi babo bagifite imyumvire ikiri hasi.
Caritas ya Diyoseze Gatolika ya Ruhengeri yashyikirije inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku Abanyarwanda 99 birukanwe muri Tanzaniya bagatuzwa mu Karere ka Musanze .
Ndibanje Jean Baptiste w’imyaka 28 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe arapfa ubwo yajyaga gucukura amabuye y’agaciro rwihishwa mu kirombe kiri mu mudugudu wa Muyoboro mu kagari ka Nemba mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania yamaze kuvanwa mu irushanwangarukamwaka rya ‘CECAFA Kagame Cup’ rigomba kubera i Kigali kuva kuri uyu wa gatanu tariki ya 8/8/2014, isimbuzwa Azam, nyuma yo kugaragaza ubushake bukeya nk’uko byatangajwe n’umunyamabanga mukuru wa CECAFA.
Itsinda ry’abakinnyi 10 bakina imikino itandukanye mu bahungu no mu bakobwa, nibo bazahagararira u Rwanda mu mikino ihuza urubyuruko rwo ku isi izabera i Nanjing mu Bushinwa kuva tariki ya 16-28/8/2014.
Abaturage bo mu murenge wa Kagogo, batuye ndetse n’abaturiye santere ya Gitare batangaza ko kuva aho bashyiriyeho gahunda yo gufunga utubari mu masaha y’akazi ngo muri iyo santere hasigaye hari ituze.
Umugabo witwa Shingiro Charles wo mu Mudugudu wa Gihira mu Kagari ka Ryaruhanga mu Murenge wa Mubuga ari mu maboko y’inzego z’umutekano ashinjwa gutema bikomeye umugore we n’abana babiri b’abaturanyi barimo umwe w’amezi umunani n’undi w’imyaka irindwi.
Kuba bamwe mu bagore bo mu karere ka Nyagatare bavuga ko bakitinya ku bikorwa bimwe na bimwe bigamije iterambere no kuba bamwe mu bagabo bumva ko abagore badashoboye ni zimwe mu nzitizi bagihura nazo mu iterambere.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Jean Damascene Ntawukuriryayo, arakangurira Abanyarwanda kutabaho bategereje gufashwa kugira ngo babeho kuko hari gahunda zitandukanye Leta yashyize zo kubafasha.
Nyuma y’imyaka 20 u Rwanda rumaze rw’ibohoye, abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu karere ka Ngororero barahiriye kuba aba mbere mu bukungu, guteza imbere akarere no kuzamura imibereho myiza y’abaturage byose bigamije kubumbatira amahoro n’ubwisanzure bahawe nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Mu gihe bamwe mu bahinzi b’ibigori mu karere ka Nyagatare bavuga ko imbuto bafite idatanga umusaruro mwinshi, ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare buvuga ko hari abafatanyabikorwa babonetse bazatangira gufatanya n’abahinzi muri iki gihembwe cy’ihinga gitaha bityo imbuto bazasanga itanga umusaruro mwinshi babe ariyo bahinga.
Umujyi wa Muhanga ukomeje gutera imbere mu birebana n’imikino, ndetse n’imyidagaduro, ahanini kubera ibikorwa remezo bikomeje kwiyongera nk’ibibuga, amazu akorerwamo kunanura imitsi n’ibindi ku buryo usanga haravutse amatsinda menshi y’abakuze akora imikino na siporo, ariko ugasanga ay’abana bato akiri makeya.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yashimye ko abatuye akarere ka Ngororero bahagurukiye kubaka inganda hamwe no gushora imari nyinshi mu bucuruzi. Ako karere gasanzwe kagaragaramo inganda n’ibikorwa by’ubucuruzi bikiri ku rwego rwo hasi kuko kagizwe ahanini n’icyaro.
Mu Murenge wa Kamubuga mu karere ka Gakenke hagaragaye indwara y’icyerezo irimo kwibasira ingurube. Amakuru aturuka mu nzego z’ubuyobozi yemeza ko kuva tariki 01/08/2014 hamaze gupfa ingurube 44 kandi hagendewe ku bimenyetso bikaracyekwa ko iyi ndwara yaba ari “Muryamo”.
Abenshi mu bamotari bakorera mu karere ka Kamonyi, bambaye amajile y’umuhondo , ashushanyijeho telefoni igendanwa bigaragara ko ari bimwe mu biranga Sosiyeti y’itumanaho MTN na serivisi itanga ya Mobile Money.
Abana batatu bo mu Mudugudu wa Fumbwe mu Kagari ka Rugobagoba ho mu Murenge wa Gashali mu Karere ka Karongi, bagwiriwe n’ikirombe cy’ingwa ahagana saa saba z’amanywa tariki 04/08/2014 maze ubwo abaturage bari bahageze baje gutabara basanga bitabye Imana.
Mu rwego rwo kurushaho kwiteza imbere, akarere ka Rulindo katangije gahunda y’iminsi 500 iteganyijwemo ko buri muturage utuye aka karere uyu mwaka ugomba gusiga nibura afite itungo mu rugo rwe, ahinga akeza kandi neza , n’ibindi bijyanye no kwiteza imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko abaturage bo muri ako karere batangiye gusobanukirwa n’akamaro ko gutura mu midugudu ngo kuburyo kuri ubu abamaze gutura mu midugudu babarirwa ku kigero cya 76.4%.
Mu mikino ihuza ibihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza ‘Commonwealth Games’ yasojwe i Glasgow muri Ecosse ku cyumweru tariki 3/8/2014, abakinnyi 21 bari bahagarariye u Rwanda batashye ari nta mudari n’umwe begukanye nk’uko byagenze mu mikino yaherukaga kubera i New Delhi mu Buhinde mu mwaka wa 2010.
Kuba ishyamba rya Leta ry’ibisi bya Huye rikomeje kwangirika byatumye inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyamagabe yongera gusaba ubufatanye bw’abaturage n’ubuyobozi kugira ngo iri yangizwa rihagarare.
Abantu icyenda bari mu maboko ya police station ya Kibungo bakurikiranweho urupfu rw’umusore witwa Ntirushwamaboko Charles, uri mu kigero cy’imyaka 33 wasanzwe ku muhanda yishwe kuri uyu wa 03/08/2014 mu mudugudu w’Isangano akagali ka Karenge umurenge wa Kibungo akarere ka Ngoma.
Gasaza Alexis w’imyaka 30 wo mu murenge wa Mururu mu kagari ka Kagarama yagwiriwe n’ikirombe tariki 03/08/2014 ahita yitaba Imana ubwo yari ari gucukura igitaka cyo guhoma inzu. Icyobo yakuragamo igitaka cyari kirekire kandi kimaze gusaza gihita kimugwaho habura n’uwamutabara dore ko yari wenyine.
Ikigo cy’imisoro n’amahoro (RRA) cyavuze ko gikomeje kongera umubare w’abasora no kunoza servisi, kugira ngo mu mwaka utaha kizagere ku ntego yacyo, nyuma y’aho muri uyu mwaka ushize w’ingengo y’imari 2013-2014 cyakiriye miliyari 769 z’amafaranga y’u Rwanda, ahwanye na 96.9% y’ayo gisabwa.
Gereza ya Muhanga muri uyu mwaka ushize yesheje umuhigo wo kwinjiza amafaranga y’u Rwanda angina na miliyoni 150 y’u Rwanda mu gihe bari basinye kwinjiza miliyoni 90.
Umuhango wo kwimika abapasitori batatu b’itorero ry’Imana ry’isezerano rishya mu Rwanda (Eglise de Dieu du nouveau testament au Rwanda) wabereye mu murenge wa Gikundavura tariki 03/08/2014 waranzwe n’ibyishimo byinshi ariko nyuma havuka bombori bombori ishingiye ku miyoborere muri iryo torero.
Aba-ofisiye bakuru ba polisi 28 bo mu bihugu icyenda bari bamaze umwaka biga mu Ishuri Rikuru rya Polisi ry’i Musanze (National Police College) barangije amasomo yo ku rwego rw’icyiciro cya gatatu cya kaminuza kuri uyu wa Mbere tariki 05/08/2014.
Ikigo cy’urwunge rw’amashuri rwa Bushenge kiri mu murenge wa Bushenge mu karere ka Nyamasheke, gikomeje guhangayikishwa no kutagira amazi meza mu gihe bamaze gutangira gahunda yo kugaburira abana bo mu mashuri abanza kuzamura, abarezi bakavuga ko haramutse nta gikozwe mu maguru mashya bashobora kugira ibibazo bituruka ku (…)
Nyabyenda Jean Baptiste uzwiho gukora imirimo y’ubupfumu mu mudugudu wa Mugandamure B mu kagali ka Kavumu mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza yateye undi inkota aramukomeretsa bikomeye mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere tariki 04/08/2014 arangije amusiga mu ishyamba aratoroka.
Umutoni Barbine watorewe kuba Nyampinga w’amashuri yisumbuye (Miss High School) yavuze ko mu by’ingenzi azakora harimo kuvugira abana b’abakobwa bavuye mu ishuri kubera ibibazo bitandukanye.
Ali Bizimungu wari umaze iminsi atoza AS Muhanga, yamaze gusinya amasezerano y’umwaka umwe muri Kiyovu Sport akaba azanye gahunda yo kubaka ikipe y’igihe kirekire kandi ngo izagarurira abakunzi b’iyo kipe ibyishimo kuko n’ubuyobozi bwemeye kumushyigikira.
Iyo nkongi y’umuriro yagaragaye kuwa 02/08/2014, ubwo abacunga umutekano w’inshyamba n’inyamaswa babonaga umwotsi uri kuzamuka warenze ibiti by’iryo shyamba mu bice biherereye mu murenge wa Bweyeye mu karere ka Rusizi.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ay’isumbuye yo mu karere ka Rutsiro bafatanyije n’abashinzwe uburezi mu karere n’imirenge bari mu gikorwa cyo gukusanya imibare nyayo igaragaza abana bataye ishuri muri uyu mwaka wa 2014 kugira ngo ayo makuru yifashishwe mu gufata ingamba zo guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri (…)
Minisitiri w’intebe, Anastase Murekezi, aratangaza ko Guverinoma ayoboye ifite ingamba nshya zo kuzamura ubukungu ariko akibanda ku gutanga inguzanyo, kugera ku kigero cya 20% mu mwaka wa 2017 zivuye kuri 15,6% ziriho ubu.
Ubwo yatangaga ikiganiro mu biganiro ku ipfobya rya Jenoside mu karere u Rwanda ruherereyemo byabereye , umwarimu muri kaminuza y’u Rwanda, Bernard Noël Rutikanga, yasobanuye ko ipfobya rya Jenoside yabaye mu Rwanda ryica abayirikotse kabiri.
Umuryango w’abantu 6 wishwe tariki ya 31/07/2014 bikamenyekana nyuma y’iminsi ibiri, kuri icyi cyumweru tariki 03/08/2014, nibwo waherekejwe mu cyumahiro mu murenge wa Byimana akarere ka Ruhango.
Abayobozi b’amadini atatu akomeye mu gihugu cya Centre Afrique aribo Abagatolika, Abayisilamu n’Abangilikani baragera mu Rwanda muri iki cyumweru, baje kwitabira inama mpuzamahanga yo kubaka amahoro no kwigira ku masomo u Rwanda n’isi bakuye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’inzira y’u Rwanda mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge.
Umugabo witwa Niyigena Emmanuel utuye mu kagari ka Kazabe mu murenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero avuga ko nyuma yo gusezererwa mu Ngabo z’Igihugu agasubira mu buzima busanzwe yahisemo kwimenyereza imirimo ishingiye ku ikoranabuhanga kuko yari afite ikibazo cy’akaboko kadakora neza agasanga atashobora ubuhinzi.
Mu nama y’umutekano y’Intara y’uburengerazuba yabereye mu karere ka Rusizi kuwa 30/07/2014, umuyobozi w’intara y’uburengerazuba Guverineri Mukandasira Cartas yasabye abayobozi b’uturere tw’iyi ntara guhagarika ku mirimo abarimu bagiye batera abana b’abakobwa inda kandi babigisha.
Umugabo witwa Gakuru Aloys atuye mu murenge wa Kanjongo, avuga ko yari amaze kuba umukire ukomeye mu myaka itatu ishize ariko ngo asigaye ari mayibobo ku buryo ahora muri gereza yafashwe ari mu byaha cyangwa se yafatanywe urumogi.