Kuba mu busitani ngo biruhura mu mutwe bikanatanga ibyishimo, nk’uko abatemberera ahantu nyaburanga hari imbuga zitoshye mu mujyi wa Kigali, bavuga ko batemeranywa n’abavuga ko ari iby’abakire.
Kuri uyu wa mbere tariki 13 Mutarama 2014, mu karere ka Kamonyi bakiriye urumuri rw’icyizere, baruhabwa n’abana bo mu karere ka Ngororero, aho rwari rwagejejwe tariki 10.
Kiefer Sutherland wakinnye muri filimi “24 Heures Chrono” yitwa Jack Bauer agiye kongera kugaragara mu kindi gice gishya cy’iyo filimi cyitwa “24: Live Another Day” nyuma y’imyaka igera kuri ine iyo film ihagaze.
Abitabira isengesho ribera mu rugo rwa Yezu Nyirimuhwe mu karere ka Ruhango buri cyumweru cya mbere cy’ukwezi, bahura n’abantu baje gusabiriza bakabaha batitangiriye itama kugira ngo ibyifuzo baje gutura Yezu byumvikane.
Rutahizamu wa Real Madrid na Portugal, Cristiano Ronaldo, nine wegukanye umupira wa zahabu uhabwa umukinnyi wahize abandi muri 2013, mu birori byabereye ku cyicaro cy’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) i Zurich mu Busuwisi ku wa mbere tariki ya 13/1/2014.
Ubuyobozi bw’akagari ka Kageyo mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza bwafashe icyemezo cyo kubuza abashumba kugendana inkoni kuko ngo zikoreshwa mu bikorwa by’urugomo.
Umugabo witwa Nkurizanabo w’imyaka 25 y’amavuko, arashakishwa n’inzego z’umutekano zifatanyije na Polisi n’abaturage nyuma yo gukubita umugore we Mukantuye Xaverine w’imyaka 25 y’amavuko akamukomeretsa mu mutwe.
Umukobwa witwa Mariya ubana na virusi itera SIDA wo mu karere ka Kayonza yiyemeje kujya atanga ubuhamya bugamije gukangurira Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko kwirinda SIDA. Imbaraga zo kubyatura ngo azikesha ubujyanama yaherewe mu kigo cy’urubyiruko cya Kayonza.
Nyuma yo gufunga amwe mu mazu y’ubucuruzi yo mu mujyi wa Butare kugira ngo azasimbuzwe amashyashya yubatse ku buryo bwa etaji, ntibyoroheye bamwe mu bayakoreragamo kubona ahandi hantu ho gukorera imirimo yabo y’ubucuruzi.
Umufaransa Didier Gomes Da Rosa watozaga ikipe ya Rayon Sport kuri uyu wa mbere tariki ya 13/1/2014 yatangaje ku mugaragaro ko ahagaritse burundu gutoza iyo kipe nyuma y’amaze 14 yari ayimazemo.
Isosiyete y’Itumanaho ya mbere muri Korea y’Amajyepfo “KT” yateguye umugoroba w’umwihariko ku banyeshuri b’Abanyarwanda biga muri iki gihugu, hagamijwe gusangira ubunani n’abayobozi bakuru b’iyi Sosiyete.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC) inafite amashyaka mu nshingano zayo yatangaje ko kuba ishyaka PS-Imberakuri ryifatanyije n’umutwe wa gisirikare wa FDLR, bidateze kubahesha uburenganzira bwo kwitwa ishyaka rikorera mu Rwanda.
Mbabarempore Emmanuel yakubitiwe mu mudugudu wa Kidaturwa mu kagali ka Rwesero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza kugeza ubwo ashizemo umwuka nyuma y’uko abaturage bamuguye gitumo arimo yiba ihene akazica imitwe.
Ikamyo nini yavaga mu gihugu cya Tanzania yarenze umuhanda iragwa nyuma yuko umushoferi ananiwe kuyikata ubwo yari ageze mu ikona ahitwa Kaboza, mu kagali ka Kigabiro, umurenge wa Murama mu karere ka Ngoma.
Nk’uko byasabwe na Honorable Mukabarisa Donatile, perezidante w’inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite, umugore witwa Nyiransabimana Delphine yagejejwe mu bitaro bikuru bya kaminuza bya Kigali (CHUK), kugirango ahandurwe agace k’urushinge kamuvunikiyemo ubwo yibarukaga.
Abasore batatu b’Abanyarwanda bagize itsinda ry’abaririmbyi ryitwa “Active” batangaza ko mu buhanzi bwabo baharanira gukora cyane kugira ngo bazageze Muzika Nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Sindikubwabo Vedaste w’imyaka 29, utuye mu mudugudu wa Amahoro akagali ka Karenge, umurenge wa Kibungo akarere ka Ngoma, arwariye mu bitaro bikuru bya Kibungo nyuma yo kugerageza kwiyahura agakurwamo n’abantu aho yari yimanitse mu giti mu ijoro ryo ku wa 12/01/2014.
Urukiko Rukuru Urugereko rwa Rusizi rukorera mu karere ka Karongi, kuri uyu wa 13/01/2014, rwasabiye igifungo cy’imyaka itandatu abagabo babiri baregwa ibyaha birimo gukoresha imyigaragambyo mu buryo butemewe, guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda bagamije kwangisha abaturage ubutegetsi buriho.
Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT) nyuma y’igihe ikorera i Nyarutarama mu Karere ka Gasabo; kuva kuri uyu wa Mbere tariki ya 13 Mutarama 2013 yimukiye kuri Sopetrad hafi y’amahuriro y’imihanda muri Nyarugenge.
Nyuma yaho urwibutso rwa Nyarushishi mu karere ka Rusizi rukomeje kuvugwaho byinshi bijyanye no kuba rwarubatswe nabi, inama njyanama y’akarere ka Rusizi yateranye kuwa 11/01/2014, yemeje ko igiye gukurikirana amakosa yakozwe bagahita banayakosora mbere yuko hatangwa andi mafaranga yo gusubukura inyubako zarwo.
Nyuma yaho komisiyo y’ubukungu y’akarere ka Rusizi igaragaje ko hari amafaranga akoreshwa bitari ngombwa, abajyanama b’akarere basabye ubuyobozi kudasesagura umutungo wa Leta kuko ngo hari byinshi bikenewe kandi bifitiye igihugu akamaro ayo mafaranga yakagombye gushorwamo.
Umusore w’imyaka 19 witwa Nsigayehe wo mu mudugu wa Rugaragara mu kagari ka Nyakabungo mu murenge wa Byumba mu karere ka Gicumbi arwariye mu bitaro bya Byumba nyuma yo gukubitwa n’abantu bari batabaye aho yari agiye kwiba.
Ntivuguruzwa yaburiwe irengero ubwo yari agiye kuroba mu kiyaga cya Cyahoha ya ruguru ku gice kiri mu murenge wa Mayange mu kagari ka Mbyo mu mudugudu wa Kabyo mu karere ka Bugesera.
Mu gihe intara y’Amajyaruguru yasabwaga abakobwa batatu bagomba kuyihagararira mu marushanwa ya nyuma ya Miss Rwanda 2014, abakobwa bane gusa nibo babashije kurushanwa, maze Isimbi Melissa yegukana umwanya wa mbere.
Umugore witwa Munganyinka Josephine w’imyaka 28 y’amavuko arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata nyuma yo gushaka kwiyahura anyweye ibinini byica imbeba ariko ntiyapfa ahubwo aza gutabarwa ajyanwa kwa muganga.
Umuzamu warindaga imashini n’ibindi bikoresho bifasha kuhira imyaka y’abaturage ku kiyaga cya Rumira mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yishwe n’abantu bataramenyekana.
Abakenera isakaro ry’amategura mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara baratangaza ko babangamiwe n’ikibazo cy’ibura ry’amategura , kuko mu murenge wose ugizwe n’utugari 4 hakora koperative imwe, bigatuma igiciro cy’amategura gikomeza kuzamuka.
Abaturage bo mu gasantere ka Bukorota mu kagari ka Mbogo mu murenge wa Gikonko ho mu karere ka Gisagara bavuga ko ikibazo cy’amazi muri aka kagari ari ingorabahizi, ubuyobozi bwo bugahamya ko amazi yahageze ahubwo ko haje kubaho ikibazo cy’amatiyo yangirikiye mu butaka ariko nabyo ngo bikaba biri gukosorwa.
Umuririmbyi wo mu Rwanda, Bruce Melody, atangaza ko adashyigikiye ibyo kwigana indirimbo z’abandi baririmbyi, ari byo mu Rwanda bakunze kwita “gushishura”, ngo kuko kubikora bituma umuririmbyi atagaragaza ubuhanga bwe mu guhanga ibishya.
Ishuri rikuru ryitwa Community Intergrated Polytechnic (CIP) rifite icyicaro mu karere ka Kayonza ryongeye gukingura imiryango tariki 06/01/2013, nyuma y’amezi icyenda ryari rimaze ryarahagaritswe na minisiteri y’uburezi kubera bimwe mu bikoresho ritari rifite.
Kimwe n’utundi turere dutandukanye two mu gihugu, akarere ka Rutsiro na ko kiyemeje kudatererana Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya, kakaba kakiriye imiryango 22 igizwe n’abantu 75 bagiye gutuzwa hirya no hino mu mirenge igize ako karere.
Nyuma y’aho urwego rw’umuvunyi rusabye minisiteri, ibigo bya Leta ndetse n’uturere gushyiraho umuntu uzajya atanga amakuru, abanyamakuru barinubira ko abayobozi babonye urwitwazo rwo kudatanga amakuru.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yagonze abana babiri ubwo bajyaga ku ishuri maze umwe ahita yitaba Imana naho undi arakomereka bikomeye akaba arimo kuvurirwa mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Tuyisenge Theoneste w’imyaka 38 y’amavuko wo mu dugudu wa Mujabagiro, akagari ka Ninzi, umurenge wa Kagano ho mu karere ka Nyamasheke, yakubise unugore we Nyirambarushimana Beatrice w’imyaka 47 amuvuna ukuboko bapfuye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 8, uyu mugabo yashakaga ko banywera inzoga.
Siborurema Damien wari ufite inzu itunganya umusatsi (salon de coiffure) mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro ararira ayo kwarika nyuma y’uko abajura bamucunze ku jisho adahari nijoro bakamwiba ibintu hafi ya byose byari muri iyo nzu byabariwe agaciro k’ibihumbi 430.
Umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana, Dominic Nic Ashimwe, aratangaza ko adateganya gushyira hanze alubumu mu gihe cya vuba bitewe n’uko ashaka ko indirimbo yamaze gusohora zabanza zikamenywa zose.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yavuze ko guha agaciro u Rwanda Imana yaremye ari ko kugaha Imana; ko kubera iyo mpamvu nta muntu ukwiye gupfusha ubusa u Rwanda n’Ubunyarwanda, ahubwo akwiye “guhangana n’abafite imigambi yo kugambanira igihugu, ingaruka mbi zikagarukira kuri bo bonyine”.
Mu rwego rwo kureba uko umujyi wa Rusizi wagira imyubakire ijyanye n’iterambere hakubakwa amazu n’ibikorwa remezo bijyanye n’igihe, abayobozi ku rwego rw’intara y’uburengerazuba n’ab’inzego z’ibanze bazengurutse uyu mujyi bareba ko inyubako basabwe kujya bakora zubahirizwa.
Senderi International Hit ngo arifuza kuzashaka umugore muri uyu mwaka wa 2014, bityo haramutse hari umukobwa umukunda yatinyuka akabimubwira maze nawe akamuhundagazaho urukundo asigaranye kuko ngo ariwe yarubikiye.
Imbuto Foundation ifatanyije n’ubuyobozi bw’akarere ka Karongi batangije ubukangurambaga bw’amezi atatu, bwo gushishikariza abayobozi kugira uruhare mu kurwanya ubwandu bw’agakoko gatera SIDA mu rubyiruko.
Nyuma yuko Gakwerere Francis aguze inzu muri cyamunara hanyuma agatangira kuyikorera amasuku yubaka ibipangu byayo , ngo yatunguwe no kubona abayobozi bashinzwe ubwubatsi mu karere zimuhagaritse kubaka ibikuta by’inzu ye bavuga ko ngo yarenze imbago z’umuhanda.
Mu rukerera rwa tariki 11/01/2014 uwitwa Twahirwa Jonas yitabye Imana nyuma y’uko abandi batatu bamubanjirije gupfa bose bazira ikigage banyoye kuri Bonane ubwo bari mu rugo rw’umuturanyi bishimira ko umwaka wa 2013 bawusoje mu mahoro.
Imibare ituruka mu mirenge itandatu y’Akarere ka Gakenke iragaragaza ko inka zirenga 250 zafashwe n’indwara yitwa “igifuruto” muri zo 22 zamaze gupfa.
Ibendera ryo ku biro by’akagari ka Tangabo mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro ryabuze mu ijoro rishyira tariki 07/01/2014, ubuyobozi bufatanyije n’abaturage bakomeza kurishakisha riza kuboneka tariki 09/01/2014, ritoraguwe mu muferege.
Iryivuze Jeannine w’imyaka 21 y’amavuko ukomoka mu karere ka Karongi yavukanye agakoko gatera SIDA ariko ngo afite icyizere cy’ejo hazaza kuko nta kwiheba afite dore ko ari n’umukangurambaga w’urubyiruko mu karere ka Karongi.
Bizimana Joseph w’imyaka 80 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kivumu mu kagali ka Nyanza mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza urugo rwe n’ibyari birurimo byafashwe n’inkongi y’umuriro bisigara ari umuyonga.
Nyuma y’amezi atatu abagize inteko ishinga amategeko umutwe w’abadepite batowe, kuri uyu wa gatandatu tariki 11/01/2014 bifatanyije n’abatuye umurenge wa Gacaca mu karere ka Musanze mu muganda wo gutera ibiti no gusibura imirwanyazuri ndetse banakemura bimwe mu bibazo by’abatuye uyu murenge.
Ku cyumweru kuva saa yine kugeza saa tanu z’ijoro kuri televiziyo Rwanda hatambuka ikiganiro “Be Blessed” benshi bemeza ko ari impinduka mu ndirimbo zihimbaza Imana (Gospel) mu Rwanda.
Ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagere igizwe n’abakinnyi batandatu, yahagurutse mu Rwanda kuri uyu wa gatandatu tariki ya 11/1/2014, yerekeza muri Gabon mu isiganwa rizenguruka icyo gihugu, rizatangira tariki ya 13/1/2014.
Minisitiri w’Ingabo, Gen. James Kabarebe, asoza gahunda y’icyumweru ya "Ndi Umunyarwanda" mu karere ka Rubavu, yagize icyo avuga ku magambo avugwa ku Rwanda nyuma y’urupfu rwa Karegeya waguye muri Afurika y’epfo mu ntangiriro za 2014.