Ubushashatsi bwakozwe n’inzobere za Kaminuza ya Inserm n’Ishuri Rikuru rya London mu Bwongereza bugaragaza ko inzoga nyinshi zifite ingaruka mbi ku bwonko cyane cyane ku bantu bakuze, mu gihe ubundi bushakashatsi bwakozwe buvuga ko gutera akabariro ku buryo buhoraho birinda ubusugire bw’ubwonko.
Imwe mu mihanda y’ibitaka akarere ka Ruzizi kari kariyemeje kuzakora binyujijwe muri gahunda ya VUP ngo iri kudindira bitewe nuko habuze rwiyemezamirimo yafata iryo soko kubera ko ngo ingengo y’imari iyo mihanda yagenewe ari ntoya.
Mu gihe Minisiteri y’ubuzima idahwema kwiyama abakora ubuvuzi gakondo badafite ibyangombwa no kwirinda kuvura indwara badashoboye, mu murenge wa Gacurabwenge, uwitwa Nyiransabimana Eugenie yapfiriye ku muvuzi gakondo naho umwana we bahamukura ari intere.
Abaturage b’akarere ka Kayonza barasabwa kugira umuco wo kumenyekanisha ahabereye ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kuko ngo rigira uruhare runini mu kudindiza iterambere ry’umuryango ryabereyemo ndetse n’igihugu muri rusange.
Nyuma y’uko Urwibutso rwa Jenoside rwa Buranga mu Karere ka Gakenke rugize ikibazo rugapfupfunukamo amazi bikaba ngombwa ko imibiri y’inzirakarengane za Jenoside 899 icumbikirwa mu nzu iri iruhande, ubuyobozi bw’akarere bwizeza ko izashyirwa mu rwibutso rushya rwatangiwe kubakwa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Jean de Dieu Mucyo, avuga ko ahahoze kiliziya ya paruwasi gaturika ya Nyanjye hakwiye kubakwa urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi nta mananiza abayeho.
Umuhanzi Auddy Kelly wamenyekanye cyane mu ndirimbo “Ndakwitegereza” aratangaza ko muri uyu mwaka wa 2014 azashyira hanze alubumu ebyiri icyarimwe.
Umugabo witwa Shirimpaka Jean Marie Vianney wo mu murenge wa Mwogo mu kagari ka Rurenge mu mudugudu wa Kaboshya ari mu maboko ya polisi nyuma yo gufatanwa inka eshatu z’inyibano.
Inganda za Pembe na Azam zikora ifarini zakuriweho ubusonerwe, aho zisigaye zitanga umusoro ku nyongeragaciro (TVA); nk’uko byatangajwe na Ministiri w’inganda n’ubucuruzi, Francois Kanimba. Niyo mpamvu yo kuzamuka kw’ibiciro by’umugati, bamwe mu bawugura batari bazi.
Irakoze Nasser, Makengo Frank wari kapiteni hamwe n’umuzamu, bose b’ikipe ya AS Muhanga yo mu karere ka Muhanga ubu barahagaritswe kugeza igihe kitazwi, ndetse ntibari mu myitozo hamwe na bagenzi babo.
Abaturage batanze ibikoresho n’abakoze ku nyubako z’amashuri mu mwaka wa 2012-2013, barizezwa ko bazishyurwa muri uku kwezi kwa Gashyantare kuko amafaranga agera kuri miliyoni 42 yo kubishyura hagisuzumwa dosiye zishyuza.
Abatuye umurenge wa Kibungo barasabwa kwitondera kugura ibintu abantu baba batembereza bagurisha amafaranga make kuko biba birimo ibijurano byaguteza ibibazo igihe waba ubiguze ukabifatanwa.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yo muri Uganda yafatiwe mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu ijoro rya tariki 14/01/2014 ipakiye ibiti by’imishikiri bivugwa ko bivamo parufe maze umushoferi wayo ariruka.
Ubuyobozi bw’ishami ry’umuryango wabibumbye rishinzwe kugarura amahoro muri Repubulika iharanira demokarasi muri Congo (MONUSCO) bwatangaje ko butazategura ibikorwa byo kurwanya FDLR nk’uko barwanyije M23.
Ubwo urwego rw’Umuvunyi rwahuguraga abayobozi mu Turere twa Rusizi na Nyamasheke ku itegeko rijyanye n’imyitwarire y’abayobozi n’iryerekeranye n’itangwa ry’amakuru, abaturage basabwe bamenya aya mategeko bityo babe bagira uburenganzira bwo gutanga amakuru igihe aya mategeko atubahirijwe.
Uwari umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye (UN) mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, Boutros-Ghali, arashinjwa kuba yarahishiriye ubutumwa bugufi yohererejwe n’uwari uyoboye ingabo za UN mu Rwanda buburira UN ko Leta y’icyo gihe yari gutegura Jenoside.
Imwe mu ndege ebyiri zoherejwe muri Congo gufasha ishami ry’umuryango w’abibumbye rihakorera gucunga umutekano no gutanga amakuru yakoze impanuka ku kibuga cy’indege cya Goma kuri uyu wa gatatu taliki ya 15/01/2014.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste aratangaza ko nta mpungenge zihari mu kwesa imihigo ya 2013-2014 ngo kuko mu gihe cy’amezi atandatu arangiye, imihigo yose iri ku gipimo gishimishije kandi ngo imihigo ijyana n’ubukangurambaga igiye kongerwamo imbaraga kurushaho.
Umwe mu Banyarwanda birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu karere ka Burera, witwa Kagenzi Godfrey, arasaba ubuyobozi bw’ako karere ko bwazamutuza ahahoze hitwa komini Kidaho ngo kuko ari ho ababyeyi be bavuka.
Mu itangazo ubuyobozi bwa M23 bwashyize ahagaragara burahakana bwivuye inyuma gukomeza ibikorwa bya gisirikare no kwinjiza abandi barwanyi bashya muri uyu mutwe.
Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza basanga kwishimira ibyo inkiko Gacaca zagezeho, ndetse no kuba Abanyarwanda babanye neza, nyamara ikibazo cy’abatarishyurwa imitungo yabo yangijwe muri Jenoside kitarakemuka byaba ari nko kurenzaho.
Umuvugizi wa Minisiteri y’Ingabo za Amerika (Pentagon), Lt. Col. Rob Firman, yatangaje ko indege y’Amerika ariyo izakoreshwa mu kujyana ingabo z’u Rwanda muri Centre Afurika mu gikorwa cyo kugarura amahoro no kuyabungabunga.
Abanyarwanda bavuye muri Congo bavuga ko gutinda mu mushyamba ya Congo biva ku mpamvu zitandukanye ariko cyane iyo gutinya abayobozi bo muri FDLR kuko ngo abafashwe bashaka gutahuka bahanwa mu buryo bukomeye.
Nshakabyanga Evariste wari uri mu kigero cy’imyaka 32 14/01/2014 yishyize mu mugozi ashiramo umwuka. Uwo mugabo yari atuye mu kagari ka Juru ko mu murenge wa Gahini mu karere ka Kayonza. Umurambo we wajyanywe ku bitaro bya Gahini kugira ngo ukorerwe isuzuma (Autopsy).
Umusore witwa Mungarakarama Simeon utuye mu kagali ka Cyasemakamba mu murenge wa Kibungo mu akarere ka Ngoma, yasize buji mu cyumba agiye kugura ikarita ya telephone agarutse asanga inzu yose iri gushya.
Abahinzi ku giti cya bo n’amakoperative akora ubuhinzi mu bice birimo inzuri mu karere ka Kayonza ngo barinubira uburyo bakubitwa n’abashumba bakurikirana inka mu nzuri igihe baboneshereje.
Umuhanzi Eric Mucyo wamenyekanye cyane mu ndirimbo “i Bwiza” yakoranye na Jay Polly, ngo yatunguwe cyane no kuba yarinjiye muri Salax Awards ku nshuro ya mbere ariko ngo yiteguye kuzegukana insinzi.
Mu mujyi wa Karongi hatangijwe Imurika Ryimukanwa (expo mobile), bise ‘Kubaka Amahoro Nyuma ya Jenoside’ rikaba ryarateguwe na Aegis Trust ku bufatanye bwa IRDP, Radio La Benevolencija na USC Shoah Foundation, ibigo byose bifite aho bihuriye n’ibikorwa byo kubiba amahoro nyuma ya Jenoside.
Hitimana Thereshpore umusaza w’imyaka 67 y’amavuko benshi bazi ku izina rya “Pepe Kalle”, abakunzi be baracyamukunda cyane kuko ngo n’ubu afata akanya akongera akabashimisha nk’uko byahoze mu myaka ye akiri umusore.
Nyirababiligi Marthe w’imyaka 42 ari kumwe n’abana be bane n’abandi babiri b’abavandimwe be bageze mu Karere ka Gakenke ku mugoroba wa tariki 14/01/2014 ngo bavuye mu Nkambi ya Kiyanzi, Akarere ka Kirehe n’amaguru bakaba bari bamaze ibyumweru bibiri mu nzira.
Rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Huye rwafashijwe kwiga imyuga itandukanye ntiruyitabira nk’uko bikwiye, ibi ariko ngo bitewe n’uko baba bagiye gushaka amaramuko dore ko ngo abenshi ari imfubyi zirera.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Olivier Ndatimana, wanahisemo gushyira hasi izina Nd-Oliver ry’ubuhanzi ahubwo agakomeza izina yahawe n’ababyeyi, aratangaza ko agiye gushyira hanze umuzingo ugizwe n’indirimbo 12 zihimbaza Imana.
Grace Nyinawumuntu usanzwe atoza ikipe y’umupira w’amaguru ya AS Kigali mu abagore, yahawe akazi ko gutoza ikipe y’igihugu y’abagore none ngo agiye kuyivugurura ku buryo izajya itsinda amakipe akomeye ku ruhando mpuzamahanga.
Abadepite bagize komisiyo y’ubukungu n’imari baravuga ko n’ubwo hari ibyagezweho na Guest House ya Kinigi kuva yakwegurirwa abikorera mu mwaka wa 2000, urugendo rukiri rurerure.
Aborozi bo mu Karere ka Gatsibo bahangayikishijwe n’uko ikibazo cy’igiciro cy’umukamo w’inka zabo ari gito, mu gihe abatunganya amata bavuga ko kuba igiciro cy’ayo batunganya kiri hejuru kubera ibikoresho batumiza hanze biza bihenze.
Consolate Mukanyandwi utuye mu mudugudu wa Rusororo, akagari ka Kirengeri mu murenge wa Byimana mu karere ka Ruhango afite umwana witwa Ange Mukamuhoza umaze imyaka 14 nyamara ntakura nk’abandi.
Nyuma y’aho Didier Gomes, Umufaransa watozaga Rayon Sport asheshe amasezerano yari afitanye n’iyo kipe, ubuyobozi bwayo buratangaza ko mu gihe bugishaka undi mutoza uzamusimbura, Thierry Hitimana wari ushinzwe ubuzima bw’ikipe ( Team Manager) na Mbusa Kombi Billy wari umutoza wungirije aribo bagiye kuba batoza iyo kipe (…)
Ntakirutimana Sylvain wo mu kagari ka Rubumba mu murenge wa Kabare wo mu karere ka Kayonza ku mugoroba wa tariki 13/01/2014 yateye icyuma uwitwa Semana Jean bapfa telefoni Semana yavugaga ko mugenzi we yamwibye.
Umufungwa witwa Barayavuga Innocent wari ufungiye muri gereza nkuru yo mu murenge wa Miyove mu karere ka Gicumbi yatorotse aburirwa irengero ubwo bari bagiye mukazi hanze ya gereza tariki 13/01/2014.
Nyuma y’imyaka itandatu Kiliziya Gatulika yarananiwe kuzuza hoteri y’inyenyeri eshanu mu karere ka Rusizi kubera ubushobozi buke, ubuyobozi bw’akarere ndetse n’abandi bashoramari biyemeje kugura imigabane muri iyi hoteri kugirango izamure iterambere ry’akarere.
Ikigo gishinzwe gutsura ubuziranenge (RBS) cyasabye ababyeyi n’abana barya agafu kitwa Supa dipe cyangwa abakanywa gafungujwe amazi, kwitondera ako gafu kuko ngo gashobora kuba atari keza ku buzima bw’umuntu mu gihe bakarigata, cyangwa batarebye neza ko nta mashusho y’imbuto (fruits) ariho.
Ikamyo yari ihetse imizigo iyikuye Mombasa iyijyana ku ruganda rwa sima ruherereye mu Bugarama, yagwiriye umunyegare wari utwaye ibicuruzwa mu mujyi wa Butare ahita yitaba Imana.
Perezida Kagame yageze muri Angola kuri uyu wa 14/1/2014 aho yitabiriye inama ya 5 y’umuryango wa ICGLR izibanda ku mutekano n’amahoro mu karere hamwe n’ibikorwa by’iterambere; nkuko bitangazwa n’ibiro by’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu butangaza ko bukomeje igikorwa cyo gukura abana b’inzererezi mu muhanda bagashyirwa mu kigo ngorora muco bazakurwamo bashyirwa mu miryango yabo, abasabistwe n’ibiyobyabwenge bakoherezwa i Wawa.
Itsinda ry’Abanyasenegali icyenda bakora mu bigo bishinzwe guhangana n’ihohoterwa rikorerwa abagore n’abana, riri mu rugendoshuri mu Rwanda mu rwego rwo kwigira ku bunararibonye bwarwo mu gukumira no guhangana ihohoterwa rikorerwa abana n’abagore.
Abanyarwanda birukanywe muri Tanzania bagatuzwa mu karere ka Rubavu bavuga ko mu gihe gito bageze muri aka karere bafite imibereho myiza iruta iyo bari basanganywe bakiri mu gihugu cya Tanzania.
Umusore w’imyaka 20 y’amavuko, afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ishami rya Kabarore, nyuma yo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 7.
Abasenateri bagize komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza bemereye abacitse ku icumu rya Jenoside bo mu karere ka Karongi ko kwibuka ku nshuro ya 20Jenoside yakorewe Abatutsi, bikwiye gusanga ikibazo cy’imitungo cyarafatiwe ingamba zo gukemurwa ku buryo burambye.