Ubuyobozi bw’ibagiro rya kijyambere ryuzuye ritwaye amafaranga asaga miliyari eshatu mu karere ka Rubavu, butangaza ko butangiye guhangayikishwa n’imikoranire y’ababazi n’ubuyobozi bw’akarere kuko bishobora kubagusha mu gihombo.
Abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto (Abamotari) bo mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko kurwanya impanuka no kugabanya amakosa yo mu muhanda bituma babasha kwiteza imbere kuko ngo icyo gihe nta bihano bacibwa, maze amafaranga bari gutanga nk’ibihano bakayakoresha mu mishinga ibateza imbere.
Kuri uyu wa 03/01/2014 mu karere ka Kirehe hateraniye inama y’uburezi yaguye aho bareberaga hamwe uburyo bafasha abanyeshuri gusubira mu mashuri bashaka uburyo bafata umwanzuro wo kunoza ibitagenda neza kugira ngo uburezi bugende neza.
Mu gihe ubuyobozi bwa FDLR busaba ko Leta ya Congo hamwe na MONUSCO batayirwanya ahubwo bakayifasha kumvisha u Rwanda kugirana ibiganiro, bamwe mu bayobozi babiteye utwatsi bayisaba gushyira intwaro hasi igataha mu Rwanda ikaba ariho isabira ibiganiro.
Abanyarwanda birukanywe mu gihugu cya Tanzaniya bari mu nkambi ya Kiyanzi mu karere ka Kirehe na Rukara muri Kayonza batangiye kuhavanwa aho abagera kuri 269 bagize imiryango 96 boherejwe mu turere twa Kicukiro, Nyarugenge na Ngororero.
Akarere ka Bugesera kagiye kwakira imiryango 200 ibarirwamo abantu basaga 600 birukanywe muri Tanzaniya. Habaye umuganda udasanzwe wo gusukura aho aba banyarwanda bazagera mu Bugesera tariki 04/01/2014 bazaba bacumbikiwe by’agateganyo mu gihe cy’amezi atatu.
Hagumimana Vedaste w’imyaka 38 y’amavuko ari mu mabiko ya polisi nyuma yo gutema mugenzi we mu mutwe witwa Kageruka Jean w’imyaka 43 y’amavuko none akaba arwariye mu bitaro bikuru bya ADEPR Nyamata.
Umusaza Gatoya Nsengiyumva w’imyaka 63 n’umuhugu we Habanabakize bamaze amezi atandatu mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare mu karere ka Rusizi bavuga ko baje batahutse nk’abandi banyarwanda bari baraheze hanze y’igihugu ariko ngo ikibababaza nuko badataha kimwe n’abandi.
Abanyarwanda bari mu mujyi wa Goma ku gicamunsi cya taliki ya 02/01/2014 bahohotewe n’Abanyecongo babitura urupfu rw’umusirikare w’ingabo za Congo, Col. Moustapha Mamadou Ndala, waguye ahitwa Ngadi hafi y’umujyi wa Beni atezwe n’inyeshyamba za ADF-NALU zirwanya Leta ya Uganda.
Ubwo bisanzwe bizwi ko impanga ziba zaravukiye rimwe ndetse ku munsi umwe, i Toronto muri Canada n’i Washington muri Amerika haravugwa ababyeyi babiri babyaye abana b’impanga ariko bakababyara mu myaka itandukanye kuko impanga twakwita ba gakuru zavutse mu mpera za 2013 naho ba gato bakavuka mu ntangiriro za 2014.
Col. Mamadou Ndala wari uyoboye ingabo zo mu rwego rwo hejuru za FARDC yishwe tariki 02/01/2013 n’inyeshyamba bikekwa ko ari iza ADF-Nalu zo mu gihugu cy’u Bugande mu Karere ka Beni mu Majyaruguru y’Intara ya Kivu.
Abarimu batandukanye bo mu Karere ka Gatsibo baranenga imikorere y’Umwarimu SACCO, ishami ryo mu Murenge wa Kabarore ari naryo rikuru muri aka Karere kubera serivisi ibaha bavuga ko ari mbi.
Mu rugo rwa Uwimana Eric w’imyaka 45 y’amavuko utuye mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza havumbuwe igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade kiri munsi y’igitanda nyuma y’uko hari hashize iminsi mike ikindi nacyo cyari iwe mu cyumba gihitanye abana be babiri.
Nyuma yo kwemezwa ko izakina shampiyona ya 2014, ikipe ya Rayon Sport Volleyball Club yamaze gutangira imyitozo ikorera kuri stade ntoya i Remera, ikaba yarihaye intego yo kuzegukana nibura umwanya wa kabiri.
Nyuma y’umwaka n’amezi ibibuga rukumbi byakinirwagaho imikino ya volleyball na basketball byari mu mujyi wa Ngororero bisenywe, ubu abatuye umujyi bagiye kubona ibindi bibuga kuko byatangiye kubakwa.
Ikibazo cy’imyanda ituruka mu ngo z’abaturage no mu mazu akorerwamo ubucuruzi mu mujyi wa Ngororero igatemba rwagati mu ngo z’abaturage gikomeje guhangayikisha benshi mu batuye mu duce tumwe na tumwe two muri uwo mujyi.
Bimaze kugaragara ko mu midugudu yo mu karere ka Rusizi hatangwa ibyangobwa mu buryo bw’akajagari kandi butemewe n’amategeko. Ibi ngo byakunze kugaragara aho umuntu amara ukwezi kumwe kandi akaba atanazwi akandikirwa icyangobwa kimuhesha kubona ibimufasha kwambukiranya imipaka.
Umugabo witwa Ndagijimana Francois ukora akazi ko gutwara taxi-voiture mu Mujyi wa Kigali ari mu maboko ya Polisi y’igihugu, ishami rya Gakenke nyuma yo gufatanwa ibiro 50 by’urumogi. Yagerageje gucika polisi ariko ntibyamuhira aza kuyishyira atabizi ubwo yafataga umuhanda werekezayo.
Umuhanzi Senderi International Hit wamenyekanye mu njyana ya “Afro beat” aratangaza ko uyu mwaka mushya wa 2014 ashaka kwegerana n’abafana be ku buryo butigeze bukorwa na buri wese.
Mushumba Chrisostome w’imyaka 57, utuye mu mudugdu wa Murambi, akagali ka Nyamirambo, umurenge wa Karembo, akarere ka Ngoma, yakubise ifuni umwana we Mukamana Ernestine w’imyaka 26 amuziza ko yamubujije kugurisha isambu.
Abakoresha ikiyaga cya Kivu n’umugezi wa Rusizi y ambere bakambukiranya imipaka mu buryo butemewe n’amategeko bagamije kugera ku nyungu zabo bwite bihanangirijwe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi.
Nyuma y’igisasu cyaturikiye mu rugo rwa Uwimana Eric utuye mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza ndetse kigahitana abana be babiri tariki 30/12/2013 ubu yatawe muri yombi nyuma yo kuba yashakishwaga.
Ndayisenga Jean Baptiste w’imyaka 24 wo mu mudugudu wa Karambo akagari ka Kubutare umurenge wa Mwendo yitabye Imana tariki 01/01/2014, azize kutishyura amafaranga y’isambusa n’inyama yariye kwa Musekera Vincent w’imyaka 62.
Ubusanzwe iyo umuntu yavugaga ikipe ya Manchester United, benshi bahitaga bumva imwe mu makipe akomeye cyane muri shampiyona y’Ubwongereza nyamara muri shampiyona y’uyu mwaka, benshi bemeza ko isigaye ku izina gusa.
Umuhuzabikorwa w’inama y’igihugu y’urubyiruko mu karere ka Rutsiro, Pascal Nzasabimana yabwiye urubyiruko ko imibare igaragaza uko ubwandu bwa Sida buhagaze mu rubyiruko ihangayikishije, arubwira ko kwifata ari bwo buryo bwonyine bwarufasha kwirinda, bakumva bibananiye burundu bagakoresha agakingirizo.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryamaze gutoranya abakinnyi bazajya mu ikipe y’igihugu y’abahungu n’abakobwa batarengeje imyaka 18, ndetse n’iy’abatarengeje imyaka 16.
Minisiteri y’abakozi ba Leta (MIFOTRA) yatanze inkunga y’udukingirizo igenewe abakozi ba Leta n’ab’ibigo bya Leta bikorera mu karere mu rwego rwo kubafasha kwirinda icyorezo cya SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, ndetse no kwirinda kubyara abana batateguwe.
Umukino wa gicuti wahuje Rayon Sport n’ikipe y’igihugu ya Mauritania kuri Stade Amahoro kuri uyu wa kabiri tariki 31/12/2013, warangiye Mauritania itsinze Rayon Sport ibitego 2-1.
Umwaka wa 2013 urangiye, wabayemo ibikorwa byinshi by’imikino ariko hari ibyavuzweho cyane kurusha ibindi bitewe n’ibigwi byaranze amakipe cyangwa se abakinnyi ku giti cyabo, cyangwa se igihe ibyo bikorwa by’imikino byatwaye, bigatumwa bigarukwaho cyane.
Ku bufatanye n’inzego z’ibanze, ingabo na police mu kagari ka Murama i Nyamata mu karere ka Bugesera tariki 31/12/2013 hatahuwe ingo zengerwamo kanyanga. Muri icyo gikorwa hafashwe litiro 30 za Kanyanga na litiro 830 za melase yifashishwa mu guteka kanyanga.
Bamwe mu bagenzi barinubira ko batigeze bizihiza ubunani bari kumwe n’imiryango yabo, bitewe n’uko abakora mu ngendo batagiye ku mirimo; bagasaba ko abashinzwe gutwara abantu n’ibintu bajya bagena abakora ku minsi y’akaruhuko, aho gufunga imiryango.
Nyuma y’imyaka hafi 20 uwitwa Roza Burizihiza abana n’agahinda ku mutima katumaga yumva atabona uwitwa Umuhutu wese imbere ye kubera ukuntu bamwe muri bo bamuhemukiye mu gihe cya Jenoside, ubu noneho yiyunze n’abaturanyi be, kandi ibi byahinduye benshi.
Bisabwe n’umuyobozi w’akarere ka Rubavu, amazu acumbikira abagenzi atandatu yashyizweho ingufuri kubera agasuzuguro no kudashyira mu bikorwa ibyasabwe n’ubuyobozi.
Abaturage batuye mu Kagali ka Rusagara, Umurenge wa Gakenke bafite ibikorwa byahungabanyijwe n’ishyirwa mu bikorwa ry’igishushombonera cy’Umujyi wa Gakenke barasaba kwishyurwa amafaranga y’ingurane ku mitungo yabo.
Abakora imirimo nsimburagifungo basaga 250 mu karere ka Rusizi barayicitse nyuma yo gukatirwa n’inkiko Gacaca, abenshi mu bafashwe bavuga ko ngo bashaje bityo ngo bakaba batagifite imbaraga zihagije zo kwirirwa muri iyo mirimo.
Ntaganira Vedaste w’imyaka 57 y’amavuko utuye mu Mudugudu wa Rutobotobo mu kagari ka Murama mu murenge wa Nyamata yafatiwe mu cyuho arimo kubagara ibiti bitatu by’urumogi yari yarahinganye n’ibishyimbo.
Nyuma yaho abantu bacuruza inkwi n’amakara mu mugi wa Kibungo babaye benshi bigatera impungenge ko amashyamba yaba asarurwa mu kavuyo, umuyobozi w’akarere ka Ngoma yahaye inshingano ubuyobozi bw’ibanze bwo kugenzura abantu bacuruza amakara n’abacuruza inkwi ko bafite ibyangombwa byo gusarura ishyamba.
Abatuye mu mirenge ya Kigabiro, Munyaga, Munyiginya na Mwurile mu karere ka Rwamagana batangiye umwaka wa 2014 bafite abafashamyumvire ngo bazafasha abubatse ingo n’urubyiruko rubyitegura kumenya amahame remezo y’imibanire mu ngo ndetse n’imyitwarire ikwiye ngo urugo rube rwiza.
Umunyarwanda Daniel Komezusenge yatorewe kuba umuyobozi wa Komite ishinzwe abanyamuryango mu Nama Nkuru y’Urubyiruko mu bihugu bikoresha ururimi rw’icyongereza (Commonwealth Youth Council).
Abaturage bo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu barangije umwaka wa 2013 babaga inka 61 zavuye mu mafaranga bakusanyije ngo bishimire uburyo barangije umwaka wa 2013 umwaka utarabaguye neza kubera intambara zabereye muri Congo umurenge wa Bugeshi wegereye.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango w’abakorerabushake mu Rwanda (Rwanda Volunteers Organization) rurasaba ko inteko ishinga amategeko yashyira manda y’umukuru w’igihugu ku myaka itanu, kuko irindwi isanzweho rusanga ari myinshi.
Rukara Emmanuel w’imyaka 72 y’amavuko, utuye mu Murenge wa Ngarama mu Mudugudu wa Kajevuba, Akagali ka Bugamba mu Karere ka Gatsibo, yiyahuje ibinini by’imbeba mu rukerera rwo kuwa 30 Ukuboza uyu mwaka ahita yitaba Imana.
Ukwizagira Gaspard uzwi ku izina rya Macenga, Nzasabimfura Emmanuel uzwi nka Alfred w’imyaka 22 na Ntibitonda Félix uzwi nka Felisi w’imyaka 29 bari mu maboko ya Polisi kuri sitasiyo ya Gasaka bakekwaho kwica abana b’abakobwa batatu bagakomeretsa n’undi w’umuhungu.
Ikibazo cy’amashyamba atemwa agatwikwamo amakara agurishwa mu gihugu cya Congo kimaze gufata intera kuburyo ubuyobozi butabyitondeye bwazasanga amashyamba yarashize kandi agomba kongerwa.
Mukarugwiza Mariya wo mu mudugudu wa Mucyamo mu murenge wa Kamembe amaze icyumweru kimwe abyaye avuga ko kuva umugabo witwa Senga w’umuturanyi we amuteye inda ngo atigeze amuba hafi ngo agire icyo yamufasha.
Nyuma y’umwaka n’igice, imiryango itatu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ituye mu mudugudu wa Rususa mu murenge wa Ngororero ikomeje kuba mu mazu yatobaguritse ibisenge ikaba itabaza ngo babafashe kubona isakaro.
Ku mugoroba wo kuwa 30/12/2013 umuyaga udasanzwe wasenye amazu atandatu unangiza imyaka y’abatutage mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera.
Inzego z’umutekano mu karere ka Rubavu zirahamagarira abaturage babitse ibikoresho bya gisirikare kubitanga kuko bikomeje gukoreshwa mu guhungabanya umutekano kandi bitunzwe mu buryo butemewe n’amategeko.
Mu gihe abacuruzi b’inka bavuga ko abakiriya b’inyama babaye benshi kubera iminsi mikuru, abazikura mu masoko y’akarere ka Nyagatare bavuga ko gutwara inka zitaziritse bigoranye dore ko ngo kugenda ziziritse ku modoka birangirana n’uyu mwaka wa 2013.