Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu karere ka Muhanga mu gishanga cya Rugeramigozi barasaba ubuyobozi ko bwabafasha amafaranga bakatwa ku musaruro akagabanuka kuko ngo ntacyo basigarana.
Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzania bakomoka mu karere ka Ruhango, tariki 31/01/2014, batangiye gutuzwa mu mirenge abenshi banakomokamo. Aba banyarwanda bari bamaze ibyumweru bitatu bacumbikiwe mu murenge wa Ntongwe nyuma yo kuvanwa mu nkambi ya Kiyanzi na Rukara.
Urubyiruko rwiga mu bigo by’amashuri yisumbuye binyuranye byo mu Murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe rurasabwa kugera ikirenge mu cy’intwari z’igihugu u Rwanda rwibuka tariki ya 01/02 buri mwaka.
Abana bigaga ku ishuri ryisumbuye ry’i Nyange banze kuvuga ubwoko bwabo igihe bari batewe n’abacengezi tariki 18/3/1997, ahubwo bagahamya ko ari “Abanyarwanda” bigaragaza ko Abanyarwanda bashobora kugaruka ku isano ibahuza y’Ubunyarwanda.
Kuri iyi tariki ya 1/2/2014 yahariwe Umunsi mukuru w’Intwari, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yifatanyije n’Abanyarwanda kuzirikana ku ntwari z’Igihugu, zitangwaho urugero rwo kuba zaraharaniye inyungu z’u Rwanda n’Ubunyarwanda kurusha inyungu zabo bwite, cyangwa iz’abantu bamwe.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’ amashuri yisumbuye cya Murama, basanga kuba bashyikirijwe insakaza mashusho “Télévision”, ikoresha ikoranabuhanga rya Digital ari inkunga ikomeye bahawe, nabo bakazarushaho gukurikira amakuru y’ u Rwanda no hanze , ariko bazanayifashisha mu masomo yabo.
Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) yakiriye inkunga ya moto 30 zizahabwa uturere 30 tw’igihugu n’ingobyi y’abarwayi imwe (ambulance) yagenewe ibitaro bya Kinihira.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro baravuga ko hashize imyaka itatu imwe mu mitungo yabo yarangijwe n’ibikorwa byo gukwirakwiza umuriro muri uwo murenge, ariko bakaba batarishyurwa.
Nsabiyaremye Jean de Dieu, umuyobozi w’umudugudu wa Rwerinka, Akagari ka Bwinza ho mu Murenge wa Kinazi, mu Karere ka Huye, yiyemeje guha imbabazi abamwangirije imitungo mu gihe cya Jenoside barenga ijana kandi batazimusabye.
Umucuruzi witwa Nzeyimana Jean Marie Vianney ukorera mu karere ka Huye yazanye imurikagurisha yateguye ku giti cye mu karere ka Nyanza rikaba rizamara ibyumweru bibiri n’igice.
Abaturage b’akagali ka Buramira mu murenge wa Kimonyi ho muri Musanze, nyuma y’uko babonye ko igisimba cyitazwi cyiri kuruma abantu ku bwinshi, biyemeje kugihiga, baza kubivumbura ari bitatu babasha kwicamo kimwe.
Mu rwego rwo guteza imbere no kumenyekanisha umuryango wa Afrika yunze ubumwe (African Union) hamwe n’ibyo ukora mu Rwanda, hateguwe amarushanwa mu bigo by’amashuli azaba tariki 02-03 Gashyantare 2014.
Abakozi ba sosiyete ya MICON REAL Line Ltd harimo n’umwe wari ushungereye aho bashinga amapoto ku muhanda wa Kigali –Huye bakubiswe n’amashanyarazi y’ikigo cya EWSA bajyanwa mu bitaro bya Nyanza ari indembe.
Tagisi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite puraki RAC 676 C yavaga mu Mujyi wa Rubavu yerekeza i Kigali yakomeze impanuka, abagenzi batatu bahita bitaba Imana, abandi umunani barakomereka.
Abayobozi bakuru ba kaminuza y’u Rwanda, bahuriye mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa kane tariki 30/01/2014, mu mwiherero w’iminsi ibiri kugirango baganire ku nshingano bahawe yo guhindura iyi kaminuza imwe mu z’icyitegererezo muri Afurika.
Mu bukangurambaga ku ikoranabuhanga bwabereye mu murenge wa Nyungo akarere ka Rubavu, Minisiti w’urubyiruko n’ikoranabuhanga yasobanuye ikoranabuhanga yifashishije interuro eshatu zigira ziti: “Ikoranabuhanga ni urufunguzo, Ikoranabuhanga ni ibanga ry’ejo hazaza, ikoranabuhanga ni ubukungu”.
Abakora ubucuruzi bw’akajagari ku muhanda mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu barasabwa kubireka bakagana udusoko bashyiriweho “selling point”. Ni nyuma y’aho abemeye bagacururiza mu dusoko twabugenewe, bagarararije impungenge zo kubangamirwa n’abacururiza ku muhanda bigatuma batagurisha uko bikwiye.
Nyuma y’uko kuwa gatatu tariki 29.1.2014 hasohokeye itangazo ryambura uwari Nyampinga wa CBE Uwase Samantha Ghislaine ikamba yahawe ngo abe Nyampinga w’iri shuri mu mwaka w’amashuri 2013-2014, impaka zirakomeje aho bamwe bemeza ko yarenganye abandi bakemeza ko yahawe igihano kitajyanye n’ikosa yakoze.
Bamwe mu bacuruza ifumbire bo mu turere twa Musanze na Burera, baravuga ko serivisi y’ikoranabuhanga ya mVisa ije kubafasha kubona ifumbire mu buryo bworoshye kandi bwihuse cyane ko umucuruzi azaba ashobora kugurira aho ashaka.
Bamwe mu baturage batuye imidugudu ine yo mu murenge wa Cyeza cyane igice cy’akagari ka Kivumu bavuga ko bamaze ibyumweru bibiri barabuze umuriro w’amashanyarazi nyuma yuko hibwe icyuma gisakaza umuriro mu bice bitandukanye bigize uyu murenge.
Abafasha mu by’amategeko 72 baturutse mu mirenge icyenda igize akarere ka Ruhango, basobanuriwe tekiniki zo kuba umufasha mu by’amategeko ndetse banibutswa ko kurega atari byo bakwiye gushyirwa imbere.
Abashinwa batuye mu karere ka Nyamasheke, by’umwihariko abakora muri sosiyete China Road and Bridge Corporation ikora umuhanda muri aka karere, ku mugoroba wa tariki 30/01/2014 bakoze ibirori byo gusoza umwaka wa 2013 bigendanye n’Ingengabihe y’Ukwezi (Lunar Calendar) bakoresha iwabo.
Nubwo byasobanuwe bihagije kuva mbere hose ko mu Rwanda nta Jenoside 2 zahabaye, bamwe mu bagize inzego zitandukanye kuva ku mudugudu no mu tugari bamaze iminsi bahabwa ibiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, bavuga ko aribwo bumvise neza ko habaye gusa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inganda zo mu Rwanda zirashimirwa ubushake zigira mu gucunga neza ibizikorerwamo no kwita ku bidukikije, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi (MINICOM).
Abarwanyi ba FDLR batashye taliki ya 28/1/2014 batangaza ko batashye kubera gutinya ko uyu mutwe ushobora kuraswaho na MONUSCO ifatanyije n’ingabo za Congo (FARDC) nk’uko byandekeye M23 yarwanyaga Leta ya Congo na ADF-Nalu irwanya Leta ya Uganda.
Impugucye muri Kaminuza n’abashakashatsi bo mu bihugu bigize umuryango wa CEPGL hamwe na kaminuza yo mu gihugu cy’Ububiligi ndetse n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere RGB baraganira ku mikorere y’umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiga bigari mu myaka 50 iri imbere.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari uba buri tariki 1 Gashyantare, abaturage bo mu karere ka Burera batangaza ko kwibuka Intwali z’u Rwanda bituma n’abandi baharanira kugera ikirenge mu zacyo cyane ko ngo ari zo zatumye u Rwanda rugera aho rugeze ubu.
Umuyobozi w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo-Kinshasa, Martin Kobler, yatangaje ko muri uyu mwaka wa 2014 bashyize imbere kurwanya umutwe wa FDLR kimwe na ADF Nalu, umutwe ukomoka muri Uganda.
Abacamanza baburanisha urubanza rwitirirwa Lt Joel Mutabazi kuri uyu wa 30/01/2014 bamujyanye mu karere ka Rwamagana kwerekana aho bivugwa ko yari yarahishe imbunda mu rugo rw’uwitwa Mutamba Eugene, nyirarume wa Lt Mutabazi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza ngo bifuza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yashyirwamo ingufu mu mashuri, kandi ikaba rimwe mu masomo y’ingenzi yigishwa kuko mu mashuri ariho hari imbaraga z’ahazaza h’u Rwanda.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari barasaba ubuyobozi bw’akarere kubazamura mu ntera bagahabwa 15% by’umushahara nk’uko babimenyeshejwe n’ubuyobozi muri Nyakanga 2013 ariko bikaba bitarashyizwe mu bikorwa.
Umuryango nyarwanda FCYF (Fair Children and Youth Foundation) watangije ibikorwa byawo mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa 30/01/2014 uzibanda gufasha abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kwiga unabakorere ubuvugizi.
Abayarwanda batahutse bavuye muri Congo kuri uyu wa 30/01/2014 bavuze ko batari bazi ko bakwakiranwa impuhwe bitewe n’ibihuha babwirwaga mu mashyamba ya Congo.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport buratangaza ko kugeza ubu butarumvikana n’umutoza w’Umubiligi Luc Eymael uri mu Rwanda, akaba yari yaje gusimbura umufaransa Didier Gomes da Rosa ariko kugeza ubu amafaranga arimo gutuma impande zombi zitumvikana.
Umusore witwa Kaneza uri mu kigero cy’imyaka 23 wo mu mudugudu wa Nyakigarama mu kagari ka Shyogo ko mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza mu ijoro rya tariki 29/01/2013 yateye icyuma abantu babiri ahita atoroka.
Nyuma y’igihe kirekire hatari kumvikanwaho ku nyito ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda muri Mata 1994, Umuryango w’Abibumbye washyize eemeza ku mugaragaro ko izina ryitirirwa aya mahano ari ‘Jenoside yakorewe Abatutsi.’
Umugabo witwa Niringiyimana w’imyaka 38 y’amavuko yiyahuye tariki 29/01/2014 yimanitse mu mugozi, ibyo bikaba byarabereye mu murenge wa Ngeruka mu kagari ka Murama mu mudugudu w’Ikoni mu karere ka Bugesera.
Umusore w’imyaka 19 y’amavuko wo mu mudugudu wa Gitwa akagaroi ka Rutabo umurenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango, ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 30/01/2014 ashinjwa gusambanya mushikiwe w’imyaka 7.
Isoko rikuru rya Musanze rigiye kuba ryimukiye mu gice cyimwe cya gare ya Musanze, kugirango imirimo yo kubaka iri soko ku buryo bujyanye n’igihe itangire, nk’uko ubuyobozi bw’iri soko, ubwa sosiyete ifite gare ya Musanze RFTC ndetse n’akarere byabyemeranyije.
Umuhanzi Justin Bieber w’imyaka 19 yaba yagiye ku rutonde rw’ibibazo biri gushakirwa umuti na Perezidansi ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, nyuma y’uko abantu barenga ibihumbi 100 bashyize umukono ku nyandiko isaba ko uyu musore yasubizwa iwabo muri Canada.
Abaturage baturiye umuhanda uva i Kigali werekeza mu Majyepfo barasaba ko bahabwa amahagurwa n’ibikoresho nkenerwa ku butabazi bw’ibanze kuko ukunze kuberamo impanuka bagakora ubutabazi nta bumenyi babifiteho.
Ikipe y’igihugu na Ghana n’iya Libya nizo zizakina umukino wa nyuma w’igikombe cya Afurika gikinwa n’abakinnyi bakina mu bihugu byabo (CHAN), nyuma yo gusezerera Nigeria na Zimbabwe mu mikino ya ½ cy’irangiza yabaye ku wa gatatu tariki ya 29/1/2014.
Sebagenzi Jean Claude wo mu murenge wa Nyamyumba uherutse kwivugana umugore we Nyanzira Claudine amukubise yahanishijwe n’urukiko rwisumbuye rwa Rubavu igifungo cy’amezi 15 kubera uburyo yakozemo iki cyaha.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu baturiye amasoko yubatswe ariko adakorerwamo bavuga ko impamvu ituma aya masoko adakorerwamo ari imisoro kandi n’abayacururizamo batabona abaguzi kubera akajagari k’abandi bantu bacururiza mu nzira n’ahandi hatemewe.
Impuguke zo mu mushinga mbaturabukungu CIP (Centro International de la Papa) ziratangaza ko abaturage bakwiye guha agaciro igihingwa cy’ibijumba kuko gitunze benshi kandi kikaba cyanavamo ibindi biribwa, aho kukitirira amazina agaragaza ko ntacyo kimaze.
Mu isoko rya Rugarama riri mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, hagaragamo abantu bihangiye umurimo wo gucuruza telefone zigendanwa zakoreshejwe (occasion) kuburyo ushobora kubasangana telefone igura amafaranga y’u Rwanda 1000.
Ku munsi wa kabiri wo kuburanisha mu mizi urubanza rwa Lt Joel Mutabazi, tariki 29/01/2014, umwunganira mu mategeko, Me Antoinette Mukamusoni yahisemo kureka umukiriya we bitewe no kwivuguruza mu nkiko, aho yanze kuburana kandi yari yarabyemeye.
Abayobozi b’inzego z’ibanze mu murenge wa Nkanka mu ka Rusizi bazahugura abandi mu midugudu no mu tugari barasbwa gusobanurira Abanyarwanda gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kugirango abakiyumva uko itari bayisobanukirwe.
Nubwo hatewe intambwe igaragara muri gahunda y’uburezi budaheza, aho abana bafite ubumuga bahabwa amahirwe yo kwiga kimwe n’abatabufite, haracyagaragara imbogamizi ku bana bamwe na bamwe bitewe n’ubumuga bafite ntibabashe kwigana n’abadafite ubumuga.