Abakirisitu Gatolika bo mu karere ka Burera bafata umunsi mukuru wa Noheli nk’umunsi udasanzwe kuburyo bateganya ibyo bagomba guhemba umubyeyi Bikira Mariya uba wibarutse umwana Yezu.
Rurangirwa Laurent w’imyaka 39 y’amavuko uherutse kwivugana Nyirarume witwa Nsanabandi Froduard w’imyaka 61 y’amavuko yakatiwe imyaka 20 y’igifungo.
Josiane Nzayisenga w’imyaka 30 y’amavuko yongeye kugaragara mu kagari ka Nyarubuye mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro mu cyumweru gishize ahita atabwa muri yombi azira guta umwana w’ukwezi kumwe agatoroka akajya ahantu hatazwi.
Nk’uko ibikorwa remezo bitwara ingengo y’imari nini uburambe bwabyo ni inshingano ihurirweho n’abaturage n’ubuyobozi kandi buri ruhande rukuzuza inshingano yarwo kuri iyo ngingo.
Ikigo cy’Urubyiruko cya Ngororero (NGORORERO YOUTH FRIENDLY CENTER; NYFC) kimaze icyumweru (15- 23 Ukuboza 2013) muri gahunda yitwa “Talent Detection” aho cyari kigamije gushakisha impano z’urubyiruko mu mikino inyuranye n’imyidagaduro.
Mu mujyi wa Karongi usibye imvura yatangiye kugwa guhera saa yine z’ijoro rishyira Noheli kugeza mu ma saa saba , nta bindi bibazo byihariye byabayeho kugeza bukeye, nubwo hari bamwe baraye banywa bukabakeraho bituma bagwa mu makosa nayo adakabije cyane.
Amabuye y’agaciro acukurwa mu Rwanda ntashobora kugurishwa hamwe ku masoko mpuzamahanga yo ku umugabane w’i Burayi ahubwo akajyanwa ku masoko yo muri Asiya agurira ku giciro gitoya ugereranyije n’i Burayi no muri Amerika, ibitera igihombo ku gihugu.
Mu rwego rwo kurwanya inzoga z’inkorano zituma abantu basinda cyane bagata ubwenge bikabaviramo ibikorwa by’urugomo, polisi y’i Huye, ifatanyije n’ingabo z’igihugu zihakorera, tariki 24/12/2013 yamennye bene izi nzoga zingana na litiro 2800.
Ibitabo bya Kibogora byo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24/12/2013 byakoze ibirori byo kwifuriza Noheri nziza abakozi babyo, biboneraho no gutanga ibihembo ku byiciro (services) byabaye indashyikirwa mu gutanga serivise nziza.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bitabiriye ibikorwa byo kwizihiza iminsi mikuru isoza umwaka wa 2013 bavuga ko hari itandukaniro ry’iminsi mikuru ya 2013 na 2012.
Urubyiruko 713 rwari rusanzwe mu kigo ngororamuco n’imyuga kiri ku kirwa cya Wawa basubiye mu ntara bakomokamo kuharira iminsi mikuru ya noheri n’Ubunane nyuma y’igihe kirenga umwaka baragiye kugororwa mu kigo kiri i Wawa.
Bizimana Evariste na Mugengana Jean bo mu murenge wa Kaduha mu karere ka Nyamagabe bageze imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Gasaka kuri uyu wa 24/12/2013, bakurikiranyweho kwiba inka bakaba bemera icyaha bagasaba imbabazi.
Nyuma y’iminsi itatu yari imaze ifunze kubera ikibazo cy’amazi y’umwanda w’igikoni yari yamenetse mu muhanda barimo kuyagabanya, ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwongeye gukingura imiryango ya Golf Hotel kubera ko ubuyobozi bwa Golf bwamaze gukemura bimwe mu byo bwari bwasabwe.
Rusibirana Jean w’imyaka 82 y’amavuko n’umuhungu we Thomas Kanini w’imyaka 35 bari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 24/12/2013, bakekwaho guteka ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Ibigo bibiri by’amashuri yisumbuye, irya IJW-Kibogora n’irya APEKA-Kagano yo mu karere ka Nyamasheke yemerewe n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Ubumenyingiro (WDA) gutanga amasomo y’ubumenyingiro ku rwego rwa A2 mu mwaka w’amashuri wa 2014.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyabirasi bufatanyije n’abaturage ndetse n’akarere ka Rutsiro batangiye kubaka bundi bushya ibyumba by’amashuri abanza ya Busuku nyuma y’uko itorero rya ADEPR rigaragaje ko nta bushobozi rifite bwo kuvugurura ikigo cyaryo.
Mbere y’uko apfa, Brenda Schmitz wari utuye Iowa ho muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yanditse ibaruwa yari irimo ibyifuzo bye 3 bya nyuma, ayisigira inshuti ye ayisaba kuzatangaza ibiyirimo nyuma y’uko umugabo we azaba yabonye undi mukunzi.
Umugore w’imyaka 45 witwa Mukabitekerezo Esperance yaguye mu Murenge wa Nemba mu Kagali ka Mucaca mu ijoro rishyira tariki 24/12/2013 nyuma y’amasaha arenga 12 ahageze ngo bamusengere akire indwara ya diayabete.
Imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yari ivuye mu gihugu cy’u Burundi yinjiye ku mupaka wa Nemba itwaye ibiti by’umushikiri ariko yinjirira ku bipapuro by’uko itwaye imbuto izijyanye mu gihugu cy’Ubugande.
Shabani Vedaste wo mu murenge wa Mururu yabonetse yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa 23/12/2013 hafi y’akabari yari yagiye kunyweramo inzoga aho basanze bamunize bakamukuramo n’amaso yombi hanyuma bakamuta mu kigunda ahantu hatagaragara.
Mikhail Kalashnikov, umujenerali w’umusoviete (Uburusiya bw’ubu) wakoze imbunda yamamaye cyane yitwa AK-47 yitabye imana kuri uyu wa 23/12/2013 ku myaka 94.
Byibura abana 4 b’ingagi buri kwezi nibo bavutse mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2013, nk’uko byagaragajwe na raporo y’abashinzwe kubungabunga ubuzima bw’urusobe bw’ibinyabuzima n’inyamaswa zo muri parike.
Kuri uyu wa mbere tariki ya 24/12/2013, mu karere ka Rulindo habereye umuhango wo gusinyana amasezerano y’ubufatanye hagati y’turere tugize intara y’amajyaruguru na polisi y’igihugu.
Ubuyobozi bwa polisi mu ntara y’Amajyaruguru burasaba ababyeyi kurinda abana babo inyamaswa z’inkazi ndetse n’amatungo agira amahane ashobora gukomeretsa cyangwa kuvutsa ubuzima abo babyaye.
Mutazihana na Nimusifu bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa amadorari ibihumbi 2600 y’amakorano barimo kuyahangika abaturage.
Umuryango uharanira guteza imbere uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (RWAMREC) wagiranye ubusabane n’abanyamakuru bandika n’abatanga ibiganiro ku bijyanye n’ubuzima ubasobanurira umushinga wayo wa MEN CARE+ ushishikariza abagabo kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa.
Umunyarwenya nakaba n’umushyushyarugamba (MC) Ramjaane Niyoyita yateguriye abana bato igitaramo cyo kwidagadurana nawe ku munsi wa Noheli aho kwinjira bizaba ari ubuntu.
Bamwe mu banyamakuru bahagarariye ibitangazamakuru ndetse n’abafite uburambe muri uyu mwuga bateraniye mu karere ka Musanze kugirango baganire ku ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye baravuga ko umuco upfobya umugore ukwiye guteshwa agaciro.
Mu marushanwa ngarukamwaka ahuza imigi yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yabereye i Bujumbura mu Burundi mu mpera z’icyumweru gishize, umugi wa Kigali wegukanye ibikombe bitandatu, uba ari nawo mugi wa mbere witwaye neza kurusha iyindi yose muri iyo mikino.
Mukantwari Belthilde w’imyaka 17 na murumuna we Ayinkamiye Rose, bo mu murenge wa Kazo mu karere ka Ngoma batoraguye igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade bakita imari y’injyamane (ibyuma bishaje bagurisha) maze kirabaturikana ariko ku bwamahirwe nta wapfuye.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa 23 Ukuboza 2013, ikipe ya Arsenal yakiriye ikipe ya Chelsea ku kibuga cyayo Emirates stadium mu mujyi wa London binganya ubusa ku busa.
Kwibuka ku nshuro ya 20 Jenoside yakorewe Abatutsi bizajyana no gutwara urumuri ruzazenguruka uturere twose tw’u Rwanda, igikorwa kizatangira mu ntangiriro za Mutarama 2014 kugera muri Mata ubwo u Rwanda ruzibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 20.
Urubanza rw’umucuruzi ukomeye wo mu karere ka Nyamagabe, Hategekimana Martin bakunze kwita Majyambere, ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari perefegitura ya Gikongoro rwasubitswe bibanje kutavugwaho rumwe.
Inama y’umutekano mu ntara y’Amajyaruguru yateraniye mu karere ka Rulindo tariki 23/12/2013 yasanze muri rusange umutekano uhagaze neza, uretse bimwe mu byaha bikunze kuhagaragara biterwa n’abaturage baba banyweye za kanyanga.
Umusaza Hakizamungu Kagangure bakunze kwita Ndugu utuye mu murenge wa Nyarubuye ho mu karere ka Kirehe, yemeza ko amagambo “Umuhutu n’Umututsi” byahawe indi nyito n’abazungu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gakenke batangarije Kigali Today ko noheli n’ubunani ubundi basanzwe bafata n’iminsi ikomeye ngo izaba ari iminsi isanzwe kuri bo kuko nta amafaranga yo kuyizihiza bishimisha babonye.
Kweli Alexandre w’imyaka 23 uherutse kwica umugore we babanaga mu buryo butemewe n’amategeko, kuri uyu wa mbere tariki ya 23/12/2013, yaburanishirijwe aho icyaha cyakorewe mu kagari ka Kizimyamuriro mu murenge wa Buruhukiro mu karere ka Nyamagabe.
Mu mujyi wa karere ka Rusizi hateye ubujura bwibasiye amatelefone kandi bukorwa ku manywa yihangu. Abasore bakora iyo ngeso ngo bipanga ku murongo ku buryo baba begeranye bagashikuza umuntu telephone bakagenda bayihererekanya kuburyo uwayishikuje atariwe uyufatanywa mu rwego rwo kuyobya ibimenyetso.
Umuyobozi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Chief superintendent Bahizi Rutagerura, avuga ko bongereye imicungire y’ibinyabiziga bivuduka cyane mu muhanda muri ibi bihe bya Noheri n’ubunani, mu rwego rwo kurwanya impanuka ubusanzwe zihitana abantu benshi cyane muri ibi bihe.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) hamwe n’andi bikorana mu Rwanda, yatanze inkunga ya miliyoni 28 z’amadolari y’Amerika; agamije kubaka ubushobozi, kubahiriza amategeko agenga ibidukikije, gusubiranya urusobe rw’ibinyabuzima; hamwe no kunganira ikigega cyagenewe guhangana n’ingaruka z’ihindagurika (…)
Abagabo bane n’imodoka ya FUSO bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera bazira gutema ibiti by’umushikiri. Undi umwe we afungiye ku Ruhuha azira gutema inka y’umuturanyi.
Hashize iminsi itari mike ikipe ya Espoir FC yo mu karere ka Rusizi ivugwamo ikibazo cy’amarozi iki kibazo ngo cyatangiye umwaka ushize ubwo bamwe mu bayobozi bo muri iyi kipe bahagarikagwa bitewe nuko iyi kipe itari ikigaragaza umusaruro mwiza.
Urubyiruko rurangije amahugurwa mu myuga inyuranye mu Kigo ngororamuco giteza imbere imyuga cy’Iwawa mu Karere ka bemeza nyuma yo kwigishwa bamaze kwiha icyerekezo mu guteza imbere igihugu binyuze mu gukora cyane.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Nyabihu bavuga ko isozwa ry’umwaka atari igihe umuntu yakagombye gusesagura ibyo yaruhiye mu mwaka wose uba ushize, ahubwo ko ari igihe cyo gutekereza akarushaho kuzigama.
Rutazihana Faustin w’imyaka 54 y’amavuko arimo gushakishwa nyuma yo kugonga uwitwa Nzabarinda Alphonse w’imyaka 41 y’amavuko agacika amaguru yombi.
Nyuma yaho ikibazo cy’ubujura bukabije gikomeje kugaragara mu mujyi wa Kamembe, abayobozi b’utugani tw’uwo murenge bose bayobowe n’umuyobozi w’uyu murenge hamwe n’inzego z’umutekano batangiye guhagurukira iki kibazo aho abenshi bavuga ko kuba ubu bujura bukabije ngo biterwa nuko irondo ritagikorwa nkuko bikwiye.
Itsinda ry’abahanzi ryitwa Lovers Group ntabwo ryabashije kumurika indirimbo zaryo, nk’uko byari byitezwe ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 22/12/2013 bitewe n’umuriro washize muri cash power y’akarere, kugura undi muriro bikananirana.
Bamwe mu bakora umwuga w’ubumotari mu karere ka Ruhango, baravuga ko akanozasuku kuba katakitabirwa gukoreshwa, ahanini ngo biterwa no kwiyongera kw’ibiciro.
Mu gihe hari abavuga ko batazabona uko bizihiza noheri n’ubunani, abakora umwaga w’uburaya bo mu karere ka Muhanga bo basanga iminsi mikuru ariho hari amaramuko kurusha ikindi gihe babayeho.