Kizito Mihigo nabo bareganwa bireguye ariko bataha batazi niba bazafungwa iminsi 30
Urubanza umuhanzi Kizito Mihigo aregwanamo n’abandi bantu batatu rurangiye urukiko rubabwiye ko bazamenya umwanzuro wabo niba bazafungwa iminsi 30 cyangwa bazaburana bari hanze, nyuma yo kumva ibyireguro bya buri umwe.
Urubanza rwari rwongeye guteranira mu rukiko rw’ibanze rwa Kacyiru, kuri uyu wa Kane tariki 24/4/2014. Abacamanza bafashe umwanzuko ko kuwa Mbere tariki 28/4/2014 aribwo bazabwirwa niba bafungurwa by’agateganyo cyangwa bazakomeza kuburana bafunze.

Umwe mu bunganizi babiri ba Kizito yari yasabye ko umukiriya we yaburanishwa mu muhezo bitewe n’inyungu ze n’uko ibyo aregwa bifitanye isano n’umutekano w’igihugu ariko icyifuzo cye cyatewe utwatsi n’abacanza bavuze ko urubanza rugomba kuburanirwa mu ruhame kuko nta kibazo cy’umutekano w’igihugu byakwangiza.
Kizito wagaragaye mu ikoti ry’umikara, ishati y’ubururu bwerurutse, yabanje gusomerwa ibyo aregwa nyuma nawe ahabwa umwanya yongera kubyemera. Umushinjacyaha yavuye imuzi amavu n’amavuko y’ikibazo cya Kizito, uburyo yamenyanye n’uwitwa Gerard Niyomugabo mu mwaka wa 2012.

Yasomye bwinshi mu butumwa Kizito yagiye agirana n’uwo Niyomugabo ndetse n’uwitwa Sankara, byagaragazaga urwango n’ubugome afitiye Leta iriho. Umushinjacyaha yagaragaje ko Kizito yari azi neza ikirimo gutegurwa kuko yanacuze umugambi wo kwica bamwe mu bayobozi barimo Bamporiki na Perezida Kagame.
Ahawe umwanya wo kwisobanura, abunganizi be babiri (Maitre Bigaraba Rwaka John na Maitre Felix Sengabiro Musore) bagaragaje uburyo amagambo Kizito yavuze n’ubwo yari mabi ariko atafatwa nk’icyaha kuko nta gikorwa cyayagaragaje.

Ikindi abunganizi ba Kizito Mihigo bagaragaje ni uko ubutumwa yandikaga butari bugenewe uruhame, ahubwo ko bwari ibiganiro byihariye bitakagombye gushyirwa mu ruhame.
Umwe mu bamwunganira ati "Ibyo Kizito akurikiranyweho byose ntago ariwe wabishyize mu ruhamwe ahubwo byahawe ubwamamare n’ubutabera n’ubushinjacyaha byo byabitangaje."
Kizito nawe yahawe umwanya yongera kugira icyo atangaza avuga ko yicuza kuba yarasebeje umukuru w’igihugu, akavuga nabi ubutegetsi buriho.Yatangarije ubutabera ko yamaze kwandika amabaruwa menshi asaba imbabazi Perezida Kagame, kubera ubuhemu yagaragaje nyamara ariwe wamugiriye neza.

Yatangaje ko atigeze atekereza ko ibyo yavugaga byajya mu bikorwa, ndetse anagaragaza uburyo atanga Leta iriho kuko yagize uruhare mu gushyigikira ibikorwa bya Leta.
Abandi bose bahawe ijambo ku kwiregura ku birego baregwa n’ubushinjacyaha, ntibahakanye ibyo baregwa ariko bavuga ko batari bazi uburemere byari bifite. Bose basabye imbabazi Abanyarwanda bose, banicuza kuba batararanze amakuru.
Kizito Mihigo arareganwa n’umunyamakuru Cassien Ntamuhanga, Jean Paul Dukuzumuremyi na Agnes Niyibizi.
Emmanuel N. Hitimana
Inkuru zijyanye na: Kizito Mihigo
- Iperereza rya RIB ku rupfu rwa Kizito Mihigo ryagaragaje ko yiyahuye
- Kizito Mihigo yapfuye yiyahuye - Polisi
- RIB yemeje ko Kizito Mihigo yatawe muri yombi
- Amashimwe ni yose kuri Kizito na Ingabire Victoire bakijijwe Gereza
- Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bahawe imbabazi
- Kizito Mihigo yasabiwe gufungwa burundu
- Mama wa Kizito Mihigo ntabwo arwaye
- Kizito n’abo baregwana ibyaha by’iterabwoba n’ubugambanyi bakatiwe gufungwa iminsi 30
- Minisitiri Mitali yagize icyo atangaza ku itabwa muri yombi ry’umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo ariyemerera ko yakoranaga na RNC na FDLR
- Umuhanzi Kizito Mihigo arakekwaho ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu
- Ngoma: Kizito Mihigo yabasusurukije anabakangurira kuzitabira amatora
- Kirehe: Kizito Mihigo yakoze igitaramo cyo gutegura amatora y’abadepite
- Kizito Mihigo, Sophia na Fulgence basusurukije Abanyagakenke
- Nyamagabe: KMP irasaba urubyiruko kugira umuco w’amahoro n’ubwiyunge
- Ubumuntu ntibugomba gupfobywa n’ubumuga-Umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo yashyize ahagaragara indirimbo yahimbiye ikigega AgDF
Ibitekerezo ( 6 )
Ohereza igitekerezo
|
Sha kizito arantunguye cyane nukuntu namwizeraga ariko ubutabera nyine ntibubera buzakora igikwiye
Que la Justice soit rendu au nom du Peuple. Mureke dutegereze icyo Ubutabera buzemeza. Ubutabera OYE!!!! Mwacecetse se ubundi n’amashumi yabo ko azaza akaburanishwa?!
Mumbarire mutambutse igitekerezo cyanjye kuko Callixte Nsabimana wiyita sankara ndamuzi twariganye, mu ishuri rimwe kuri kaminuza ibutare, uko yaje guteza akavuyo mubanyeshuri kuri kaminuza ahereye muri faculte y’amategeko yigagamo kugeza mubuyobozi bw’abanyeshuri ba kaminuza (AGEUNR) aho nayuma umuyobozi wakaminuza abonye ko atamwihanganira muri societe universitaire, yahisemo kumwigizayo, na nyuma ayitsinze, akomereza ahandi kubwumvikane bwabo ariko atagarutse muri kaminuza, icyo nababwira cyo Callixte ni umuntu urangwa:
a) gushwanisha abantu, akanyurwa nuko abantu batumvikanye uhereye no mw’ishyaka yabayemo ryitwaga UDPR niba rikibaho simbizi;
b) ni umunyamatiku, n’umujinya ndetse n’urwago afitiye abantu bamwe utazi icyabimuteye;
c) ari mubantu bagira kamere twita ubutagondwa kuko kumvira kwe biri kure.
NB: narimbizi ko agomba kuzigaragaza uko ari nibimurimo byose kuko atari kubihisha ngo bimukundiro kuko baravunga ngo "Plus qu’un seinge monte, plus qu’il montre son anus" mumbarire gukoresha iyo mvugo. gusa nanone nibajije kumitekerereze ndetse n’ubwenge, n’ubuhanga bwari busanzwe buzwi ku munyampano Kizito mihigo, ntabwo ari uguseka imbohe ariko nibajije ko nawe ubwenge bwe bukemangwa umuntu ushobora kujya inyuma ya Callixte agakurikira butama (aveugelement), ahaaaa nzaba ndora ni umwana w’umuyarwanda
kizi to ni gute ugambanira igihugu cyakubyaye nu kuntu president yagufashije akaguha brouse ukajya kwiga wabitewe niki koko? iyi niyo nyiturano uhaye leta y’u rwanda koko? wabuze iki?
What, ngo ntibari bazi ko ibyo bavuga byagirira nabi igihugu? Ngo si bo babishyize mu ruhame? Ngo kizito yanditse amabaruwa menshi ansaba imbabazi Umukuru w’Igihugu?
Ariko ntibagafate Abanyarwanda nk’abana please!!!
Nibura nibabe intwali bemere baryozwe ubugome n’ubugambanyi bukabije bakoreye igihugu, ariko bareke uburyarya no kwigira nyoninyinshi.
Turasaba butegetsi kureba kure murubanza rwa kizito mihigo kuko arenganye agafungwa twaba duhombye intiti muguharanira amahoro. cyane kotubona hari agatsiko kamurwanya ngo bamwe atazabasimbura mukazi doreko banikeka ikibaba.