Nkombo: KCB yoroje abaturage amatungo magufi

Abaturage batishoboye bo mu murenge wa Nkombo mu karere ka Rusizi, tariki 08/11/2014, borojwe ihene 30 na banki y’ubucuruzi ya Kenya (KBC) muri gahunda yo kubafasha kwiteza imbere.

Bazimaziki Jean ni umwe mu bahawe ihene avuga ko ubutaka bwa Nkombo budashobora kwera nta gafumbire ushyizemo aho aboneye itungo atangaza ko ngo azaribyaza umusaruro kuburyo ubutaka yahingaga buzatanga umusaruro bityo akabona ibimutunga.

Abaturage bo ku Nkombo barishimira ihene bahawe na KCB.
Abaturage bo ku Nkombo barishimira ihene bahawe na KCB.

Umucungamutungo wa KCB ishami rya Rusizi, Kabananiye Jean Claude, avuga ko iki gikorwa ari ngarukamwaka muri iyo banki aho muri uyu mwaka bakigeneye abaturage bo mu murenge wa Nkombo nyuma yo kubona ko abaturage baho bakennye kurusha abandi mu karere ka Rusizi.

Umurenge wa Nkombo ufite ikibazo cy’ubutaka butera ugereranyije n’indi mirenge aho abaturage baho batunzwe n’umwuga w’uburobyi bukomoka mu kiyaga cya kivu kandi kikaba kitagitanga umusaruro bitewe n’ibihe bigenda bihindagurika.

Umucungamutungo wa KCB Rusizi avuga impamvu boroje abaturage bo ku Nkombo.
Umucungamutungo wa KCB Rusizi avuga impamvu boroje abaturage bo ku Nkombo.

Umukozi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Nkombo, Akimana Marie Solange, avuga ko iki ari igikorwa cyiza kizabafasha kuzamura imibereho myiza y’abaturage bityo akaba asaba aba baturage kuzabyaza umusaruro aya matungo bahawe aho yanashimiye KCB yaboroje.

Aba baturage kandi basabwe gufata aya matungo neza bakazoroza bagenzi babo mu gihe azaba abyaye.

Ushinzwe imibereho myiza y'abaturage mu murenge wa Nkombo, Akimana Marie Solange, ashimira KCB inkunga yateye abaturage ba Nkombo.
Ushinzwe imibereho myiza y’abaturage mu murenge wa Nkombo, Akimana Marie Solange, ashimira KCB inkunga yateye abaturage ba Nkombo.

Umucungamutubngo wa KCB ishami rya Rusizi avuga ko iki gikorwa cyatwaye amafaranga miliyoni imwe n’igice kikaba cyabimburiwe n’umuganda udasanzwe aho abaturage bo muri uwo murenge bifatanyije na KCB kurwanya isuri yisuka mu kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije.

Abakozi ba KCB bifatanyije n'abaturage bo mu murenge wa Nkombo gukora umuganda udasanzwe.
Abakozi ba KCB bifatanyije n’abaturage bo mu murenge wa Nkombo gukora umuganda udasanzwe.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

birakwiy ko ibigo bigiye bikomakomeye mu Rwanda bijya bigira igihe runaka bikegera abantu nkaba baciye bugufi bakabafasha kuko ejo ejobundi nibo baba abakiliya babo kandi bimena, iyi ni intambwe ishimishije

kirenga yanditse ku itariki ya: 10-11-2014  →  Musubize

Is it KBC or KCB Kenya Comercial Bank?

nzabo yanditse ku itariki ya: 10-11-2014  →  Musubize

turashimira KCB yatanze ubufasha kuri aba batishoboye kandi tubasaba kuba kufata neza aya matungo bahawe bityo akazabagirira akamaro mu minsi izaza

kabuye yanditse ku itariki ya: 10-11-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka