U Rwanda rwishimiye impano yo guteza imbere ubushakashatsi rwahawe na Suwede, ingana na miliyoni zirenga 278 SEK (amafaranga y’icyo gihugu) ahwanye n’amanyarwanda miliyari 28, kuko ngo izagira uruhare rukomeye mu kugeza igihugu ku cyerekezo 2020 kizashingira ku baturage bafite ubumenyi.
Abari aba Local Defense Force mu karere ka Bugesera, baravuga ko ngo bakoze akazi katoroshye mu gihe bari bamaze muri aka kazi, iyi ikaba ari yo mpamvu basaba ubuyobozi bw’akarere kubaha imperecyeza ngo bitewe n’uko banahuriyemo n’ibibazo byinshi.
Abacuruzi bo mu mujyi wa Kigali barifuza ko ubuyobozi butabaharira ikibazo cyo kwirindira inkongi z’umuriro, bakavuga ko n’ubwo hari ibikorwa remezo byashyizweho ariko hari ibigikenewe nk’amazi yo kuzimya akiri kure y’umujyi mu gihe agiye kwitabazwa.
Umuyobozi Mukuru wungirije wa Banki y’Isi akaba n’umuyobozi mukuru ushinzwe imari, Bertrand Badré, arashima ko u Rwanda rukoresha neza amafaranga atangwa n’iyi Banki mu rwego rwo gushyigikira imishinga iteza imbere abaturage.
Imigano yera cyane cyane mu bibaya hafi y’amazi ni kimwe mu gihingwa bigaragara ko cya cyakwera mu Karere ka Musanze mu bice byegereye ibirunga. Ngo yitaweho igahingwa ku bwinshi yakoreshwa mu mirimo y’ubwubatsi n’ibindi, amashyamba agasubira.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze barema isoko rya Byangabo riri mu Murenge wa Busogo bavuga ko babangamiwe n’umukono w’urusimbi bakunda kwita kazungunarara ukinirwa inyuma y’iryo soko, abana n’abagore bajya bashukwa bagakina uwo mukino bataha imbokoboko kandi baba baje guhaha ibintu bitandukanye.
Ikigo cy’ubwisungane mu buvuzi cya gisirikare (MMI) cyahaye abahoze mu mwuga w’uburaya ibikoresho bitandukanye bibafasha gutangira ubuzima bushya, nyuma yo guhugurwa mu myuga itandukanye.
Bamwe mu banyamuryango ba koperative yo kubitsa no kugurizanya y’abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative ya KOBACYAMU bakorana n’uruganda rw’icyayi rwa KITABI, “COOPEC Ntukabumwe”, baratangaza ko batishimiye kuba amafaranga yabo bagiye bakatwa agashyirwa muri iyi koperative yarahombye, none ngo bakaba bagiye kongera (…)
Abacuruzi bakorera inyuma y’isoko rya Byangabo mu Karere ka Musanze n’abahaturiye bavuga ko babangamiwe n’umunuko uva mu myanda iva mu isoko imenwa aho, basaba ubuyobozi ko bubatabara bagashaka ahandi yajya ishyirwa.
Bamwe mu batuye akagari ka Kagina ko mu murenge wa Runda, bitabiriye amashuri y’imyuga yashyizweho n’Umuryango w’Abanyakoreya wotwa Good Neighbors. Ibyo ngo babitewe n’uko akazi k’ububumbyi n’ak’ubuhinzi bari basanzwe bakora badakuramo umusaruro uhagije.
Bahigana Martin wasoje amahugurwa y’ikoranabuhanga mu kigo cy’urubyiruko cyo mu karere ka Nyamasheke, avuga ko nyuma yo kwitegereza agasanga akarere ke karasigaye inyuma mu bijyanye n’ikoranabuhanga, agiye gushinga cyber cafe ya mbere muri ako karere.
Bamwe mu babyeyi n’abarezi bo mu karere ka Nyamasheke bavuga ko uburezi bw’abana bafite ubumuga ntacyo buhindura ku burezi bufite ireme mu gihe abana bose bigira hamwe, ndetse bagahabwa inyigisho zimwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwamurikiye abafatanyabikorwa bako mu iterambere (JAF) ingengo y’imali y’uyu mwaka wa 2014-2015 isaga miliyari 12 ndetse n’imirongo migari izakoreshwamo kugira ngo abafatanyabikorwa na bo babone aho imbaraga zabo zikenewe maze bagaragaze uruhare rwabo mu bikorwa bateganya gukora kugira ngo (…)
Abahuriye mu ihuriro ry’abavumvu bo mu gace kegereye ibirunga barasabwa kudategereza buri gihe inkunga bahabwa ahubwo bakishakamo ubushobozi nabo bakikorera ibyo baba bakeneye kuko aribwo bazagera ku iterambere rirambye.
Abageze mu kiruhuko cy’izabukuru bo mu karere ka Gicumbi barasaba ko bakongererwa amafaranga bahabwa y’izabukuru ndetse bagahabwa inguzanyo bagakora imishinga ibyara inyungu kugirango babashe kugira amasaziro meza.
Mu Rwanda, usanga abahanzi baririmba indirimbo zisanzwe (Secular) iyo bamaze gukundwa bahita batera imbere mu buryo bugaragarira buri wese aho usanga iyo ari umuhanzi uzi gucunga neza umutungo we atera imbere ku buryo bugaragara, ugasanga afite imitungo hirya no hino, bagenda mu modoka zabo biguriye n’ibindi.
Umuryango utabara imbabare Croix Rouge wakoresheje isuzumabumenyi abakorerabushake ba wo bo mu karere ka Kayonza, binyuze mu mukino abaturage bo mu mudugudu wa Gatoki mu kagari ka Shyogo ko mu murenge wa Nyamirama bakinnye tariki 17/07/2014 bigaragaza nk’abahuye n’ibiza.
Nshimiyimana Eric, wari wagizwe umutoza wa Kiyovu Sport ariko igatinda kumusinyisha amasezerano, yerekeje muri AS Kigali nayo itari ifite umutoza nyuma y’aho Casa Mbungo André wayitozaga yerekeje muri Police FC.
Munyemana Grégoire, ukora akazi ko gucuruza ibirayi abitwara ku igare kuva mu murenge wa Gatare abijyana mu mujyi wa Nyamagabe, aratangaza ko n’ubwo ari akazi kavunanye ariko kamugejeje kuri byinshi mu buzima bwe bwa buri munsi.
Abaturage batuye mu kagari ka Kabeza n’aka Marumba mu Murenge wa Kabarore mu Karere ka Gatsibo, barishimira ko bo ubwabo barimo kwishakamo igisubizo cy’ikibazo cy’umuhanda uhuza utu tugari twombi wababuzaga guhahirana.
Minisiteri y’Ubuzima yashyikirije ibigo nderabuzima byo mu turere dutandatu amapikipiki 80 afite agaciro ka miliyoni 167 azaborohereza mu bikorwa byo gukurikirana no kuvura indwara ya malariya kugira ngo umuhigo u Rwanda rwihaye wo kuyirandura burundu ugerweho.
Ubwo kuri uyu wa 17 Nyakanga 2014 ikirombe cya Koperative COMIKAG cyagwiraga abacukuzi barindwi b’iyi koperative mu Kagari ka Gikingo mu Murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke, mu gitondo cyo kuri uyu wa 18 Nyakanga 2014 nibwo babashije kuvamo bose ari bazima.
Sosiyete y’itumanaho ya MTN yumvikanye na Banki za KCB na I&M Bank (yahoze yitwa BCR), ko umuntu ufite telefone irimo amafaranga kuri mobile money, ubu ashobora kuyabikuza yegereye icyuma gitanga amafaranga (ATM) cya I&M; ndetse akaba anashobora kohereza no kubikuza amafaranga kuri konti za KCB.
Nyuma yo gutwara igikombe cy’isi cya 2014 cyabereye muri Brazil, Ubudage bwahise bufata umwanya wa mbere ku isi ku rutonde ngarukakwezi rw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi (FIFA) hakaba hari hashize imyaka 20 icyo gihugu kidafata uwo mwanya, naho u Rwanda rwazamutse ruva ku mwanya wa 116 rugera ku mwanya wa 109.
Minisitiri w’inganda n’ubucuruzi, Kanimba Francois, mu ruzinduko rwe yagiriye mu karere ka Ruhango tariki 16/07/2014, yasuye uruganda rw’imyumbati ruri mu murenge wa Kinazi ndetse n’urw’umuceri ruri mu murenge wa Mwendo ahitwa Gafunzo.
Umwalimu wigishaga ku rwunge rw’amashuri rwa Rusororo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro yataye akazi kuva mu ntangiriro z’iki gihembwe cy’amashuri nyuma yo gukekwaho kurarana umunyeshuri w’umukobwa wigaga kuri icyo kigo.
Ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 yerekeje i Kampala muri Uganda aho izakina n’iya bagenzi babo ku wa gatandatu tariki ya 19/7/2014 mu rwego rwo guhatanira itike y’igikombe cya Afurika kizabera muri Niger muri Gashyantare umwaka utaha.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Murenzi Abdallah, aratangaza ko itorero ry’igihugu asanga ari urufunguzo rufungura imyumvire y’Abanyarwanda kugira ngo bashobore kwitoza ndetse no gutoza abazabakomokaho kuba inyangamugayo no gukorera mu mucyo.
Abayobozi b’imidugudu 473 igize akarere ka Ngoma kose nyuma yo guhabwa telephone zo gukoresha mu kazi kabo batangaje ko zigiye gutuma imikorere yabo izarushaho kunoga kuko ikibazo cy’itumanaho ari kimwe mu byari bibangamiye imitangirwe ya service kuri uru rwego.
Nyuma y’uko mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke, hari gukorwa umuhanda uva Rusizi werekeza i Karongi, ababyeyi baturiye aho ikorwa ry’umuhanda rikorerwa bakomeje guhangayikishwa n’iterwa ry’inda ku bakobwa babo cyane abiga mu mashuri yisumbuye.
Hussein Hadji, umushoferi w’ikamyo ya Scania hamwe na bagenzi be babili bari kumwe mu modoka, bafungiye kuri station ya police ya Kirehe nyuma yo gufatira urumogi rupima ibiro 70 mu ikamyo barimo.
Umuryango utegamiye kuri Leta Food For The Hungry ukora ibikorwa bitandukanye mu guteza imbere abaturage, kuri uyu wa gatatu tariki 16/07/2014, washyikirije ishuri ribanza rya Giseke mu murenge wa Mwendo akarere ka Ruhango ibyumba by’amashuri 5 n’intebe 150 byose bifite agaciro gakabakaba miliyoni 20.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza, Mugabo John, avuga ko umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi wagabanutse muri ako karere ku gipimo kigera kuri 60 ku ijana ugereranyije n’igihembwe cy’ihinga gishize, ariko ngo ntibizatuma abaturage basonza nk’uko uwo muyobozi akomeza abivuga.
Imyumvire ikiri hasi ya bamwe mu babyeyi n’ubumenyi buke ku bijyanye n’uburenganzira bw’abana ngo biracyatuma abana bahohoterwa bakamburwa uburenganzira bemererwa n’amategeko nk’uko bamwe mu babyeyi bo mu kagari ka Kawangire mu murenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza babyemeza.
Mu duce dutandukanye tw’umurenge wa Runda ahari igice kinini cy’umujyi wa Kamonyi; abakora umwuga w’ubucuruzi bagenda biyongera. Bamwe mu bakora uwo mwuga bawukorera mu muhanda cyangwa mu mazu batuyemo. Ubuyobozi buvuga ko babangamira abo bakora bimwe ndetse bagatera n’impungenge ku mutekano.
Mu gihe cy’ibyumweru bibiri, mu kigo nderabuzima cya cyanika, kiri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, habera igikorwa cya “Army Week” cyo gukeba abagabo ndetse no kuvura abaturage indwara zitandukanye, ubuyobozi bw’icyo kigo nderabuzima butangaza ko abaturage bitabiriye icyo gikorwa mu kigero gishimishije.
Nyuma y’igihe kinini ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’ubwa sosiyete yitwa GMC (Gatumba Minning Concession) icukura amabuye y’agaciro muri uwo murenge batavuga rumwe ku kwishyura abaturage bwabangirije amazu hamwe n’indi mitungo, umuyobozi bw’akarere buvaga ko bwihaye igihe cy’icyumweru kimwe bugashyikiriza GMC (…)
Abatuye akarere ka Rusizi by’umwihariko abo mu mujyi wa Kamembe barifuza ko Polisi ikorera muri aka karere yajya ihana by’intagarugero abahungabanya umutekano muri uyu mujyi kuko hari bamwe mu bahungabanya umutekano bafatwa na polisi nyuma y’igihe gito bakarekurwa.
Bamwe mu baturage batuye mu bice bitandukanye bigize umurenge wa Gashenyi mu karere ka Gakenke bavuga ko badakunze kworoherwa n’urugendo bakora bagiye kurema isoko bitewe nuko mu murenge wabo ntaryo bagira.
Abaturage bo mu mudugudu wa Gacamahembe mu murenge wa Gihundwe ho mu karere ka Rusizi baravuga ko babangamiwe n’ikibazo cyo kuba bamaze iminsi itatu bari mu kizima kuko ikigo gishinzwe gutanga amashanyarazi (EWSA) giheruka kubakupira umuriro bitewe n’amasinga yari yamanutse akagwa hasi kuko ibiti byari biyafashe byaboze.
Paruwasi ya Crête Congo Nil yujuje inyubako y’amacumbi yahawe izina rya “Cana House” kikaba ari igikorwa cyakozwe na paruwasi ubwayo mu rwego rwo kwiteza imbere muri gahunda yo kwigira no kwibeshaho, ndetse no kunganira abagenda mu karere ka Rutsiro rimwe na rimwe baburaga aho gucumbika.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu tugali twa Kagina na Gishororo umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare bavuga ko bahangayikishijwe no kuba nta miti isukura amazi babona ku buryo bworoshye dore ko bakoresha ayo bakura mu bishanga, ubuyobozi bw’uyu murenge bwo buvuga ko ubu iyi miti yamaze kugezwa ku bajyanama b’ubuzima (…)
Ni ku nshuro ya kane amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) abaye hano mu Rwanda nyamara buri mwaka usanga amategeko agenga iri rushanwa agenda ahinduka cyangwa se hakiyongeramo andi mashya ibi bikaba bitabonwa kimwe n’abahanzi baryitabira.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kigiye kumara ibyumweru bibiri birenga mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza cyigisha urubyiruko rwo muri iki gice cy’icyaro ikoranabuhanga ryifashisha mudasobwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu murenge wa Gihombo mu karere ka Nyamasheke bagabiye inka ababarokoye muri icyo gihe, aba bombi bakaba bibumbiye mu ishyirahamwe bashinze baryita INSHUTI NYANSHUTI mu rwego rwo kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu banyarwanda.
Iyo uganiriye na bamwe mu bagore bo mu karere ka Muhanga bagannye gahunda yo kuboneza urubyaro ku buryo bwa kizungu, usanga bishimira ko byagabanyije imihangayiko yo kurera abo badashoboye kurera bituma babona n’umwanya wo guteza imbere ingo zabo.
Ubuyobozi bwa Rwanda Mountain Tea ifite imigabane myinshi mu ruganda rw’icyayi rwa Kitabi buratangaza ko kugeza ubu rutarabasha kubyazwa umusaruro wose rushobora gutanga kubera ko rutabona icyayi gihagije cyo gutunganya, bukaba buri mu rugamba rwo kongera umusaruro w’icyayi ngo rubashe kubyazwa umusaruro 100%.
Abashinzwe irangamimerere mu mirenge ndetse n’abashinzwe ibarurishamibare (statistiques) mu turere kimwe n’abagaragaza imibare y’abarwariye kwa muganga, abahavukiye hamwe n’abahapfiriye, bazajya bifashisha ikoranabuhanga mu kugaragaza iyo mibare.
Bamwe mu bagore bahuye n’ikibazo cyo gutandukana n’abana babo mu gihe cya Jenoside baracyafite agahinda ko kutamenya irengero ryabo, bakaba bariyemeje gushyiraho umuryango wo gufasha abandi bahuye n’icyo kibazo.