Umunyarwanda yashyizwe mu bazayobora CAN 2015

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) ryemeje ko umunyarwanda Théogene Ndagijimana azasifura imikino yanyuma y’Igikombe cy’Afurika izabera mu gihugu cya Guinée Equatorial kuva tariki 17/01/2015 kugeza tariki ya 08/02/2015.

Nk’uko tubikesha urubuga rwa interineti rw’ishyirahamwe ry’umupura w’amaguru mu Rwanda FERWAFA), Ndagijimana azerekeza i Bata muri Guinée Equatorial tariki ya 06/01/2015 aho azaba agiye gukora ikizamini cya nyuma (Physical Test) giteganyijwe tariki ya 09/01/2015 mbere y’uko iyi mikino itangira.

Theogene Ndagijimana azasifura CAN ya 2015.
Theogene Ndagijimana azasifura CAN ya 2015.

Uyu mugabo ufite imyaka 36 araba agiye gusifura imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika ku nshuro ye ya mbere, aho uyu mwaka yanasifuye irushanwa ry’igikombe cy’Afurika cy’abakinnyi bakina ku mugabane wa Afurika (CHAN) cy’abereye muri Afurika Y’epfo, ari naho yagaragariye.

Ndagijimana yatangiye gusifura mu mwaka wa 2000 mu cyiciro cya mbere n’icya kabiri. Mu mwaka wa 2008, nibwo yabaye umusifuzi mpuzamahanga aho yagiye akunda kwitabazwa mu irushanwa ryo mu karere.

Ntagungira Celestin Abega wahoze ari umuyobozi wa Ferwafa ni umwe mu bemeza abasifuzi basifura amarushanwa mpuzamahanga.
Ntagungira Celestin Abega wahoze ari umuyobozi wa Ferwafa ni umwe mu bemeza abasifuzi basifura amarushanwa mpuzamahanga.

Ndagijimana agiye kwiyongera ku basifuzi mpuzamahanga bagiye bahagararira u Rwanda mu marushanwa akomeye nka Ntagungira Céléstin Abega na Kabanda Félicien bo banageze ku rwego rwo gusifura igikombe cy’isi.

Jah d’Eau Dukuze

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

congratulations NDAGIJE, ntagushidikanya ko uzahagararira u Rwanda nk’intore

amata yanditse ku itariki ya: 12-12-2014  →  Musubize

congratulations NDAGIJE, ntagushidikanya ko uzahagararira u Rwanda nk’intore

amata yanditse ku itariki ya: 12-12-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka