Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
Dr. Pierre Damien Habumuremyi, wigeze kuba Minisitiri w’Intebe, yagizwe umuyobozi mushya w’urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta y’Ishimwe.
Iyi nkuru yamenyekanye nyuma y’itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’inama y’abaminisitiri yari iyobowe n’Umukuru w’Igihugu, Perezida Paul Kagame, yateranye kuri uyu wa gatanu tariki 13/2/2015.
Dr. Habumuremyi wabaye Minisitiri w’Intebe hagati ya tariki 7/10/2011 kugeza tariki 24/7/2014, yasimbuwe kuri uyu mwanya na Anastase Murekezi ashyizweho na Perezida Kagame nk’uko itegeko nshinga ribimwemerera.
Mbere y’uko aba Minisitiri w’Intebe, Dr. Habumuremyi yabaye umudepite mu nteko ishinga amategeko ya Afurika y’Iburasirazuba (EALA) avamo aba Minisitiri w’Uburezi mbere yo kwerekeza muri PRIMATURE.
Dan Ngabonziza
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Nibyiza ubwo yagarutse mukazi ubwo ntazongera gukosa