Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Amajyepfo zubakiye ishuri abaturage

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro muri Sudan y’Amajyepfo (UNMISS) zashyikirije ubuyobozi inyubako ikigo cy’ishuri rya amashuri abanza ya Kapuri, rigizwe n’ibyumba umunani, ibiro bibiri by’abayobozi n’ibikorwaremezo by’isuku rihereye muri leta ya Equatorial yo hagati.

Col M Nkangura, uyoboye ingabo z’u Rwanda muri ubu butumwa, yatangaje ko iri shuri ryubatswe ari umusaruro w’ubufatanye bw’ingabo z’u Rwanda n’abaturage ba Sudan y’Amajyepfo.

Ibyo nibyo byumba by'amashuri ingabo z'u Rwanda zubakiye abaturage bo muri leta ya Equatorial yo hagati mu gace ka Kapuri.
Ibyo nibyo byumba by’amashuri ingabo z’u Rwanda zubakiye abaturage bo muri leta ya Equatorial yo hagati mu gace ka Kapuri.

Yavuze ko iri shuri ryuzuye ritwaye amadolari y’Amerika 79,213 bingana na 36% by’igiciro cyari giteganyijwe. Yagize ati “Ibi byashobotse kubera ibikorwa by’umuganda byagabanyije ku kigero kigaragara igiciro twari gutanga.”

Hon William Ater Maciek, umujyanama wa Minisitiri w’Uburezi muri Sudani y’Amajyepfo, yashimye umuco uranga Abanyarwanda w’umuganda wakozwe n’izi ngabo n’uburyo bagize umutima wo kurengera uburenganzira bw’abana bigiraga munsi y’ibiti.

Ubuyobozi bw'iki gihugu n'ubwa UN bose bashimye ibikorwa by'ingabo z'u Rwanda.
Ubuyobozi bw’iki gihugu n’ubwa UN bose bashimye ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda.

Senior Col MA Ning, uyoboye ubutumwa bwa UNMISS mu gice cy’Amajyepfo, we yatangaje ko uburezi ari imwe mu nkingi zatuma Sudani y’Amajyepfo kimwe n’ahandu ku mugabane wa Afurika bigira amahoro arambye.

Iri shuri ni kimwe mu bikorwa ingabo z’u Rwanda zagizemo uruhare, mu rwego rwo gufasha kugarura amahoro arambye muri iki gihugu.

Abana bo muri aka gace bari basanzwe bigira munsi y'ibiti.
Abana bo muri aka gace bari basanzwe bigira munsi y’ibiti.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

Turashima Ingabo Zurwanda Ariko Nkibaza Ese Ko Abanyarwanda Bari S.Soudan Batemerako Twagize Uruhahare Kuyubaka Twatanze Umuganda Turubaka Abandi Bahabwa Amapeta? Ninde Musudani Wigeze Aterura Block Ciment?

JUBA JEBEL yanditse ku itariki ya: 6-05-2015  →  Musubize

ingabo zacu imana izihe umugisha

rurangwa landry yanditse ku itariki ya: 15-02-2015  →  Musubize

RDF n.iyagacirope.

joreph yanditse ku itariki ya: 15-02-2015  →  Musubize

Nukuri ingabo zacu Imana izazihembere ubufasha zitanga! kd ni ishema ku gihugu cyacu nk’u Rwanda.

kado yanditse ku itariki ya: 14-02-2015  →  Musubize

ibikorwa by’ingabo z’u Rwanda ni ibyo kwishmirwa kandi tukaba twanazishmira ko zigomwe byinshi birimo n’amafranga ngo bagoboke aba bana babone aho bigira hakwiye

nkusi yanditse ku itariki ya: 14-02-2015  →  Musubize

amahoro yimana abane nabo kandi bakomereze aho.

muhinda shaban yanditse ku itariki ya: 14-02-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka